Ubuyobozi bwa Polisi y’igihugu mu mujyi wa Kigali bwasabye abafite ibinyabiziga bose kugenzura imikorere yabyo, mbere yo kubyerekeza mu mihanda, hamwe no kwitabira kubisuzumisha mu kigo kibishinzwe cya “Controle technique”, kiri i Remera mu mujyi wa Kigali.
Ubuyobozi bwa bimwe mu bigo by’amashuri mu karere ka Rutsiro buvuga ko hari abanyeshuri bagira ingeso yo kunyura hirya no hino mu gasozi bigatuma bagera ku bigo batinze bakitwaza ko imodoka zabuze.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru arasaba abayobozi b’uturere two muri iyo ntara kugenzura abayobozi batandukanye bo mu turere bayobora bafatanya akazi ka Leta no kwiga kugira ngo kwiga bitazabangamira ako kazi bashinzwe.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru atangaza ko, muri iyo ntara, mu gihe cy’iminsi mikuru isoza umwaka wa 2012 hagaragaye ituze ritari risanzwe rigaragara mu gihe cy’iminsi mikuru isoza umwaka kuburyo ibyaha byagabanutse.
Itsinda ry’Abasenateri bo muri komisiyo ishinzwe uburenganzira bwa muntu, imibereho myiza n’ibibazo by’abaturage riri gusura akarere ka Kayonza mu rwego rwo kureba uko gahunda y’ubwisungane mu kwivuza (mitiweri) ikora n’icyo imariye Abanyarwanda.
Umumotari witwa Hakizimana Ephrem w’imyaka 21 y’amavuko wo mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke arwariye mu Bitaro bya Kibogora nyuma yo gukora impanuka ya moto.
Abayobozi b’akarere n’aba gisirikare mu karere ka Karongi basabye abayobozi ku rwego rw’ibanze n’ibindi byiciro bitandukanye by’abaturage kujya bihutira gutanga amakuru, igihe babonye abantu badasanzwe bazwi mu tugari n’imidugudu.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza, Ntirenganya Gervais, avuga ko ubuyobozi bw’uwo murenge bwafashe ingamba zo gukuraho impamvu zose zituma abana bata amashuri.
Abatuye umujyi wa Ngoma bavuga ko nta cyumweru gishira hatagaragaye umurwayi wo mu mutwe mushya, igitangaza kandi abo barwayi bashya ngo baba basa naho bafashwe vuba.
Abatuye Akarere ka Gatsibo, mu mirenge ya Kiziguro, Murambi na Kiramuruzi, bavuga ko bagikora hafi ibirometero bitatu bajya gushaka amazi meza.
Nyuma y’uko ikipe ya AS Muhanga igarukiye mu cyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru ndetse stade ya Muhanga igakorwa neza, abakunzi ba ruhago bishimiye ko bagiye kongera kubona imikino myinshi hafi yabo ariko bahangayikishijwe nuko ikipe yabo itsindwa umusubizo.
Komisiyo y’ububanyi n’amahanga, ubutwererane n’umutekano muri Sena y’u Rwanda iri gusura inkambi zirimo impunzi z’Abanyekongo mu rwego rwo gukora ubushakashatsi ku mpamvu izi mpunzi zikomeza guhunga. Tariki 07/01/2012 hasuwe inkambi ya Kigeme.
Abaturage batuye muri centre ya Kibumba muri Congo ahegeranye n’u Rwanda batangaza mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere taliki 07/01/2013 batunguwe n’urusaku rw’amasasu rwatewe no guhangana kw’ingabo za M23 n’abarwanyi ba FDLR bari baje gutwara inka z’abaturage.
Rwagatore Elisa w’imyaka 36 utuye mu mudugudu wa Karama, akagari ka Nyarurama, umurenge wa Ntongwe mu karere ka Ruhango, yishe umugore we wisezerano amutemaguye mu mutwe amuca n’ukuboka mu rukerera rwa tariki 07/01/2013.
Uwizeyimana Nehema w’imyaka 22 utuye mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yahengereye umugabo we baryamanye mu ijoro rishyira tariki 07/01/2013 amuca imyanya ndangagitsina amuziza kumukekaho kumuca inyuma agasambanya murumuna we babana mu rugo.
Umugore witwa Nyirahabimana Philomene wo mu kagali ka Gahogo, umurenge wa Nyamabuye mu karere ka Muhanga afunzwe kubera gufatanwa amafaranga y’inoti za bitanu z’impimbano azicuruza mu mujyi wa Ngororero.
Muri iyi minsi mike isigaye ngo umuhanzi Alpha Rwirangira asubire muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yashyize hanze indirimbo ye yise “Beautiful”.
Ikamyo yo mu Burundi yari ijyanye inzoga zo mu bwoko bwa Amstel mu karere ka Rubavu, yakoze impanuka mu karere ka Ngororero winjira kuri centre ya Gatumba ahagana saa 05h00 tariki 07/01/2013 ariko ku bw’amahirwe ntihagira umuntu ihitana.
Komiseri ushinzwe amahoro n’umutekano mu muryango w’Afurika Yunze Ubumwe (AU) yagiranye ibiganiro na Perezida Kagame mu rwego rwo gutegura raporo kibazi cy’intambara ibera mu burasirazuba bwa Kongo, kizafatirwa umwanzuro n’abakuru b’ibihugu bya Afurika mu mpera z’uku kwezi.
Ababyeyi bo mu karere ka Gatsibo bavuga ko batorohewe no gusubiza abana mu mashuri kubera uburenge bwagaragaye muri iyi ntara, cyane cyane mu turere twa Gatsibo, Kayonza na Nyagatare bigatuma amasoko y’amatungo ahagarara.
Abatangabuhamya batatu biyemerera ko bafatanyije na Louise Muhire (umugore wa nyakwigendera) mu kwica Dr. Radjabu Mbukani mu ijoro rya tariki 29/12/2012. Muri aba batangabuhamya harimo na mukuru wa Louise Muhire.
Umubare w’abafatwa n’indwara ya Malaria mu karere ikomeje kwiyongera cyane cyane abatuye mu bice by’ahitwa mu mayaga muri ako karere baturiye ibishanga bihingwamo umuceli n’ibyuzi byororerwamo amafi.
Ibitaro bya Kabgayi ni byo bitaro bya mbere mu Rwanda bizwiho ubuvuzi bw’amaso bukomeye nyamara ibi bitaro sibyo bikuru mu gihugu kuko biri ku rwego rw’ibitaro by’uturere.
Mu gikorwa cyo kugenzura isuku n’imikorere y’ibikorwa biri mu karere ka Muhanga, abagize itsinda rikora igenzura bafunze buranjeri ikora imigati yitwa “Boulangerie Welcome” kubera umwanda mwinshi.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu karere ka Rutsiro bishimira ibimaze kugerwaho, n’abagize uruhare mu gutegura isabukuru ya FPR y’imyaka 25 mu rwego rw’akarere, kandi bafashe ingamba z’uko mu gihe kiri imbere bagiye kurushaho gukora byinshi kandi vuba.
Ikipe enye z’abatarengeje imyaka 15 na 17 (abahungu n’abakobwa) mu mukino wa Handball zasoje umwiherero wari ugumaji kubaka amakipe akomeye ku rwego rw’igihugu kugirango ajye ashobora guseruka hanze nta mbogamizi y’ubumenyi afite.
Abaturage bo mu murenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke bahawe ubufasha butandukanye mu gihe Umuryango wa FPR-Inkotanyi wizihizaga isabukuru y’imyaka 25 barishimira intambwe ishimishije bateye kubera ubwo bufasha.
Sergent Majoro Sibomana Joseph yinjiye igisirikare mu mwaka 1990 mu Rwanda atangaza ko kuva icyo gihe atigeze agira amahoro kuko ngo ubuzima bwe bwagiye buhura n’intambara.
Abapolisi bane baguye mu mpanuka i Nyanza tariki 04/01/2013, basezeweho mu cyubahiro kuri iki cyumweru tariki 06/01/2013. Aba bapolisi ni CIP Peter Mugabo, AIP Andrew Bizimana, Mbarushimana Aimé na Rutwaza Innocent.
Umunyamabanga wungirije ushinzwe umutekano mu muryango w’Abibumbye, Madamu Mbaraga Gasarabwe, yijeje impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi ya Kigeme ko azakomeza gukora ubuvugizi mu muryango w’Abibumbye kugira ngo hafatwe ibyemezo bigamije kugarura umutekano muri Kongo.
Polisi yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiba cheque z’ikigo nderabuzima cya Kayenzi, Akarere ka Kamonyi bakagerageza kuzikoresha kugira ngo babikuze amafaranga.
Komiseri mu bijyanye n’amahoro n’umutekano mu muryango w’Afurika yunze ubumwe, Ambasaderi Ramtane Lamamra, arasaba ko ibyakorewe inzirakarengane z’Abatutsi mu Rwanda bidakwiye kongera kuba ahandi ku isi.
Bimenyimana Emmanuel w’imyaka 34 yitabye Imana tariki 04/01/2013 ubwo we n’abagenzi be Nshumbusho Michel na Mutabaruka Assiel bari bahekanye ku igare bagongwaga n’ivatiri mu kagari ka Rwoga mu murenge wa Ruhango.
Abacukuzi b’imicanga n’amabuye yo kubakisha bo mu karere ka Gicumbi mu murenge wa Byumba barasabwa kubireka kuko byangiza ibidukikije ndetse bigatuma n’imisozi n’ubutaka bitwarwa.
Umwana w’umuhungu uri mu kigero cy’umwaka umwe yatoraguwe mu musarane mu rugo rw’umuturage witwa Nyirampana Eveline utuye mu murenge wa Rwimiyaga akagali ka Nyendo tariki 27/12/2012 ariko ku bw’amahirwe aracyari muzima. Gusa bivugwa ko hari hashize amezi atatu uyu murutage atahaba.
Polisi yataye muri yombi umugore imukurikiranyeho kugira uruhare mu rupfu rwa Dr. Radjabu Mbukani, umuganga wazobereye ku kwita ku babyeyi batwite wakoraga muri CHUK na Kaminuza Nkuru y’u Rwanda.
Itsinda ry’amanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bari bayobowe na Depite Hon. Evode Kalima banenze imyiteguro y’itangira ry’amashuri mu kigo cy’Ishuli ryigenga ryisumbuye rya College ya Kigoma mu karere ka Nyanza.
Toringabo Nsengiyumva w’imyaka 60, wari utuye mu kagari ka Bulima umurenge wa Kinazi akarere ka Ruhango, yitabye imana azira inkoni yakubishwe na Bizimana Narcisse ubwo yamfatiraga mu murima we w’imyumbati mu ijoro rya tariki 04/01/2013.
Ambasaderi Ramtane Lamamra ushinzwe amahoro n’umutekano mu muryango w’Ubumwe bwa Afurika, avuga ko hari igihe ibibazo bya Congo bizacyemuka impunzi z’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bahohoterwa bagasubizwa mu gihugu cyabo.
Abagize ikipe ya tekiniki y’umuryango FPR ku rwego rw’igihugu n’abayobozi b’umuryango ku rwego rw’Akarere ka Rusizi, abakuriye umuryango n’abashinzwe iyamamaza matwara mu mirenge yose y’Akarere ka Rusizi, baremeza ko umuryango FPR-Inkotanyi ufite imigambi mishya yo kwihutisha itera mbere mu Rwanda.
Abandi barwanyi bo mumutwe wa FDLR bagera kuri 47 muri bo harimo abasirikare 13, abagore icyenda n’abana 25, batahutse baturutse muri zone ya kabare muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, ku mugoroba wo kuwa 05/01/2013.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu karere ka Nyamasheke barasabwa guteza imbere ibyagezweho mu myaka 25 irangiye uyu muryango umaze uvutse, nk’uko byagarutsweho kuri uyu wa Gatandatu tariki 05/01/2013, mu nama yahuje abanyamuryango ba FPR muri aka karere.
Umurenge wa Kanombe mu karere ka Kicukiro, wamuritse isoko rishya rigezweho ryuzuye rigiye gucururizwamo n’abahoze bacururiza mu isoko rishaje rigiye gusenywa, aho akaba ari naho hagiye kubakwa irindi soko najyo rya kijyambere.
Tariki 05-13/01/2013, mu masoko yo mu turere dutanu dukunze kwibasirwa n’indwara ya malaria kurusha utundi, hatangijwe ubukangurambaga bwo kurwanya iyo ndwara hifashishijwe gukinira abantu karate, biherekejwe n’inyigisho zivuga ku bubi bwa malaria n’uburyo bwo kuyirinda.
Nyuma y’uko umugabo we yinjiye undi mugore akamusigira abana bane babyaranye, Ayinkamiye Clementine utuye mu kagari ka Ruhingo, umurenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro avuga ko yanze gusabiriza no kwandagara ahubwo yiyemeza guhinga no gucuruza isambaza kugira ngo abone ikimutunga.
Guverineri w’intara w’Amajyepfo, Munyentwari Alphonse, aravuga ko ntubwo hari ibyumba by’amashuri bitaruzura ntakizabuza abanyeshuri gutangirira igihe nk’uko biteganyijwe.
Icyamamare muri sinema za Hollywood, Denzel Washington mu mpera z’ukwezi gushize kwa 12-2012 yari muri Nigeria aho yagombaga gukina muri film nshya y’abanya Nigeria yitwa Spider Basket.
Umuyobozi w’akarere ka Kamonyi, Rutsinga Jacques, aravuga ko kuba mu Rwanda serivisi zidatangwa neza uko byakagombye biterwa n’uko mu muco nyarwanda abantu badatozwa uwo muco kuva cyera.
Lance Armstrong wari umaze iminsi ahakana ko yakoreshaga imiti yongera imbaraga bikamuviramo kwamburwa imidari n’amashimwe yahawe muri Tour de France, ngo yatangarije abantu be ba hafi ko agiye kwemera ko yafataga imiti yongera imbaraga.
Filimi “Ineza Yawe” y’umukinnyi ndetse n’umuhimbyi w’amafilimi utuye mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera biteganyijwe ko izashyirwa ahagaragara mu mpera z’ukwezi kwa mbere mu mwaka wa 2013.