Gakenke: Ikamyo yakoze impanuka irangirika cyane, batatu barakomereka

Ikamyo yo mu bwoko bwa Scania ifite puraki RAA 153 M yakoze impanuka irangirika cyane, abantu babiri barimo barakomereka byorohereje na ho umushoferi avunika imbavu enye ziratana.

Iyi mpanuka yabereye mu metero nke uvuye mu mujyi wa Gakenke uherereye mu Murenge wa Gakenke, Akarere ka Gakenke ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu tariki 10/04/2013 kubera imodoka yacitse icyuma gikaraga amapine (cladon).

Ikamyo yaguye mu muferegi kubera gucika Cladon. (Foto:L. Nshimiyimana)
Ikamyo yaguye mu muferegi kubera gucika Cladon. (Foto:L. Nshimiyimana)

Mundenge Gerard w’imyaka 56 wari utwaye iyo modoka, avuga ko yavaga mu Karere ka Musanze munsi y’ikirunga cya Kalisimbi yerekeza i Kigali. Ngo yenda kugera mu Mujyi wa Gakenke yumvise Cladon icitse, abona ibye bimurangiranye kuko nta feri zafataga.

Agira ati: “ Numvise cladon icitse mbwira abandi bantu babiri twari kumwe mu modoka ko dushize. Imbere yanjye hari FUSO navugije ihoni kugira ngo yihute ive mu nzira agira ngo ndamuhagaritse arahagara, nadubuye imodoka ngira muceho ku bw’amahirwe mucaho.

Umushoferi yayegetse ku mugunguzi ibona guhagarara. (Foto: L. Nshimiyimana)
Umushoferi yayegetse ku mugunguzi ibona guhagarara. (Foto: L. Nshimiyimana)

Nahuye n’ivatiri ya RAV ndayikwepa nibuka ko imbere yanjye hakunda kuba ingusho mfata icyemezo cyo kuyegeka ku mugunguzi.”

Uko ari batatu bahise bajyanwa kwa muganga ku Bitaro ya Nemba kugira ngo bakurikiranwe n’abaganga. Mudenge umaze imyaka 30 atwara imodoka yavunitse imbavu mu gihe bagenzi be babiri bakomeretse ku buryo bworoshye mu mutwe.

Imodoka yangiritse cyane ku buryo ishobora kudasubira mu muhanda. (Foto: L. Nshimiyimana)
Imodoka yangiritse cyane ku buryo ishobora kudasubira mu muhanda. (Foto: L. Nshimiyimana)

Nk’uko Mudenge abyivugira, ngo agiye koherezwa kuvurirwa ku Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali (CHUK) kuko ari hafi y’umuryango we kandi gukira bizafata igihe kirekire.

Ikamyo yangiritse cyane aho abantu bicara (cabin), n’amapine abiri y’imbere araturika ku buryo kuyihakura bitazoroha. Uretse cladon yaturitse n’ibindi byuma byangiritse harimo n’ibyavuyemo.

Nshimiyimana Leonard

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Nibihangane disi!!!

Hishams yanditse ku itariki ya: 13-04-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka