Umuhanzi Jean Paul Murara umaze kumenyekana cyane mu bahanzi baririmba indirimbo zihimbaza Imana (Gospel) bo mu idini Gaturika, ku wa kabiri tariki 27.8.2013, azashyira hanze amashusho y’indirimbo ye yise “Ndabyemeye” iri kuri alubumu ye “Nzaririmba”.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye riri mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’epfo (UNMISS) ryambitse imidari y’ishimwe Ingabo z’u Rwanda zo muri batayo ya kabiri irwanira ku butaka, hamwe n’umutwe wa 85 w’ingabo zirwanira mu kirere, kuri uyu wa gatanu ushize tariki 23/8/2013.
Abagore 26 bahatanira kuzatorwamo abadepite 6 bazahagararira intara y’Iburasirazuba mu nteko ishinga amategeko bahawe amabwiriza y’uko bazitwara mu gihe cyo kwiyamamaza no mu matora nyirizina kandi berekwa abayobozi b’inzego z’ibanze n’iz’umutekano banabasaba kuzabafasha mu buryo bwemewe n’amategeko.
Mu gihe cy’impeshyi usanga abantu bakora umurimo w’ubuhinzi badafite icyo bakora kuko haba hariho izuba ryinshi . Bamwe mu bagore bo mu karere ka kamonyi , baturiye uruganda rutunganya kawa rwa sosiyete C.DORMAN Rwanda bahitamo kuhasaba akazi ko kujonjora kawa ;bikabafasha kubona amafaranga yo kugura ibyo bakeneye.
Abaturage bo mu murenge wa Ruramira mu karere ka Kayonza bavuga ko bizeye iterambere mu gihe kiri imbere bazagezwaho n’umushinga Higa Ubeho bazaniwe n’umuryango utegamiye kuri Leta witwa Young Women Christian Association (YWCA).
Kuwa gatanu tariki 23/8/2013 mu karere ka Rulindo habereye umuhango wo guhemba no gushimira abantu bose cyangwa ibigo byateye inkunga mu gutanga amafranga mu kigega Agaciro Development Found.
Mu gihe abanyeshuri bari barabujijwe gutunga ama telephone, ubu noneho Ikigo cy’itumanaho cya MTN cyabagombotse kibaha ubundi buryo bazajya bifashisha kugirango babashe kuvugana n’imiryango yabo.
Gutanga ubumenyi bufite ireme ari nabyo nkomoko ya service ifite ireme nibyo byasabwe abarezi n’abanyeshuli 201 bahawe impamyabumenyi z’ikiciro cya mbere cya kaminuza bo mu ishuli ry’ubuforomo n’ububyaza rya Nyagatare kuri uyu wa 23 Kanama.
Mu mukino wayo wa kabiri, ikipe y’u Rwanda ya Basketball yatsinzwe na Maroc amanota 87-57 mu gikombe cya Afurika (Afrobasket 2013), kirimo kubera i Abidjan muri Cote d’Ivoire
Abasirikare n’abapolisi bakuru b’ibihugu bitandatu by’Afurika baje mu Rwanda kwiga uburyo bwo kubaka amahoro n’ubutabera bwunga mu bihugu bivuye mu ntambara, bavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi ari icyaha kirenze kamere, kandi ko abayikoze aho bari hose bagombye gukurikiranwa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bwagiranye inama n’abaturage mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, yari igamije kubahumuriza no kubasaba kwirinda kugendagenda kugira ngo ibisasu biri guterwa mu Rwanda bitagira uwo bihitana.
Imurikagurisha n’imurikabikorwa ryari ritegerejwe mu karere ka Nyamasheke ryatangijwe ku mugaragaro kuri uyu Gatanu tariki 23/08/2013. Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga mu Itumanaho n’Isakazabumenyi (MYICT), Jean Philbert Nsengimana, waritangije yashimiye abikorera intambwe bagezeho y’ibikorwa bigaragara, anabasaba (…)
Minisitiri w’umutungo kamere, Sitanslas Kamanzi avuga ko kuba umukandara w’ishyamba utandukanya pariki y’igihugu ya Nyungwe n’abaturage hagamijwe kubungabunga ubusugire bwayo utasarurwaga byari igihombo gikomeye ku Rwanda.
Mu rwego rwo gutegura neza shampiyona ndetse n’amarushanwa mpuzamahanga, ikipe ya Rayon Sport iri mu biganiro by’uko yakina imikino ya gicuti n’amakipe yo mu karere harimo Yanga yo muri Tanzania na Vital’o yo mu Burundi.
Uwintore Jean Bosco, umusore w’imyaka 16 ukora umwuga wo gusiga amarangi ku magare, gushyiraho indi mitako no kuyasana, yitangariza ko umubeshejeho nyuma yo kuba imfubyi ku babyeyi bombi.
Nyuma yo gutsindwa na Reta Zunze ubumwe za Amerika mu mukino wayo wa mbere, ikipe y’u Rwanda ya Volleyball mu batarengeje imyaka 21, kuri uyu wa gatanu tariki 23/08/2013 yongeye gutsindwa na Tuniziya amaseti 3-0 mu gikombe cy’isi kirimo kubera muri Turukiya.
Bamwe mu baturage bo mu turere dukora kuri Pariki y’ibirunga bagiye kugabanywa miliyoni 124, zizajya mu mishinga igamije kuzamura imibereho myiza y’abaturiye iyi parike, kurinda urusobe rw’ibinyabuzima ndetse no kubungabunga ibikorwa remezo.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga mu Itumanaho n’Isakazabumenyi, Jean Philbert Nsengimana arasaba urubyiruko gukangukira gukoresha ikoranabuhanga, koko ari wo murima wo gukuramo umusaruro ubuziraherezo.
Mu masaha y’isaa 16h30’ zo kuri uyu wa Gatanu tariki 23/08/2013, ikindi gisasu cyongeye kugwa mu karere ka Rubavu, mu murenge wa Busasamana akagari ka Gacurabwenge umudugudu wa Bukumu.
Uruganda rwagenewe gutunganya umusaruro w’imyumbati rwubatse mu murenge wa Muhororo mu karere ka Ngororero rwari ruteganyijwe gutangira gukora mu ngengo y’imari y’umwaka ushize wa 2012-2013, ariko ubu ntiruruzura kubera ikererwa ry’imashini zizakoreshwa muri urwo ruganda.
Nyuma y’uko abaturage bo mu mujyi wa Ngororero no mu nkengero zawo bari bamaze igihe bishimiye ikoranabuhanga rya internet ryabegerejwe mu bigo bizwi ku izina rya BDC (Business Development Center), ubu bararira ayo kwarika kuko hashize amezi 5 iyo serivisi yarahagaze.
Abayobozi b’amadini n’amatorero akorera mu murenge wa Muhororo mu karere ka Ngororero biyemeje gufatanya n’ubuyobozi bwa Leta muri uwo murenge mu gikorwa cyo kwimura abantu batishoboye batuye ahantu habi hateza impanuka (High Risk Zone).
Ubwo yatangizaga uruganda rutunganya imbuto z’ibigori, ubuhinikiro bw’imyaka, n’ahateranirizwa imashini z’ubuhinzi kuri uyu wa gatanu tariki 23/8/2013, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye ashimitse abashoramari n’abahinzi kongera umusaruro w’ibiribwa, bashingiye ku bumenyi bafite.
Abantu 16 bari mu maboko ya Polisi bakurikiranweho kwangiza ibidukikije batema ishyamba nta burenganzira, ndetse banatwika amakara mu ishyamba rya gisirikare rya Gako mu karere ka Bugesera.
Umurambo w’umukobwa w’imyaka 27 witwa Dusabe Elisabehte wari usanzwe ari umukozi wo mu rugo mu murenge wa Gihundwe mu kagari ka Kamatita watoraguwe mu kiyaga cya Kivu kuwa 22/08/2013, saa cyenda aho abaturage bawubonye ugeze mu murenge wa Nkaka mu kagari ka Kangazi.
Nyuma y’impfu zitunguranye zimaze iminsi ziboneka mu karere ka Gicumbi, inteko rusange y’ako karere yashishikarije abaturage gutangira amakuru ku gihe kugirango izo mpfu zishireho burundu.
Scanner ifotora ibintu bitari impapuro bikaza bifite impande zabyo zose (3D Scanner), yitwa The Makerbot Digitizer ikaba igura amadolari y’America 1.400 (850.000FRW). Izatangira kujya ku isoko mu ntangiriro z’Ukwakira.
Abahanzi bibumbiye mu itsinda ryitwa "Swagga Slow” ribarizwa mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Kabarore, bahagurukiye kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko bakoresheje impano bifitemo yo kuririmba.
Abanyenshuli 44 basoje amasomo y’igihe igito (short courses) mu gutunganya imitsima (Kitchen technology), gutunganya ibyo kurya ( Food Production) bahabwaga muri ES Jill Barham ku nkunga y’ikigo cy’igihugu giteza imbere ubumenyingiro (WDA).
Nyuma y’aho umutoza wa Rayon Sport atangarije ko akeneye abakinnyi babiri bakina ku busatirizi, iyo kipe irimo kugerageza ba rutahizamu babiri Ngunga Robert na Cyubahiro Jacques uwo bazashima akazahita asinya amasezerano.
Koperative y’abahinzi b’ibitoki bo mu murenge wa Mushikiri mu karere ka Kirehe, kuri uyu wa 22/08/2013, batanze inkunga y’ibitoki ingana na toni cumi n’eshanu na kilogama 600 mu rwego rwo gufasha Abayanyarwanda bari mu nkambi ya Kiyanzi birukanywe mu gihugu cya Tanzaniya.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 23/08/2013, Umucuruzi wa boutique n’inzoga witwa Niyigena Theophile yatawe muri yombi na Polisi imusanganye magendu y’amakarito 25 y’inzoga ya African Gin.
Umukwabo wakozwe n’inzego z’umutekano mu rukerera rwa tariki 23/08/2013, wataye muri yombi indaya 5, inzererezi 4 n’abacuruzi b’ibikwangari 7.
Abantu batandukanye barimo n’abashinzwe umutekano mu muhanda bavuga ko uburyo inka zitarwa mu mamodoka cyane cyane zijyanwe ku masoko Atari bwiza kuko bushobora no guteza impanuka.
Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge iratangaza ko kwiyunga kw’Abanyarwanda bikibangamiwe na bamwe mu Banyarwanda baba mu mahanga, bavuga amagambo mu bitangazamakuru yumvikanamo ingengabitekerezo ya Jenoside.
Polisi y’u Rwanda mu karere ka Rwamagana yataye mui yombi umugabo w’imyaka 37 ukekwaho gusambanya umwana w’imyaka ine bari baturanye mu murenge wa Munyaga aho muri Rwamagana.
Umugabo witwa Nkerabigwi Theogene w’imyaka 35 afungiye kuri station ya Police ya Rusatira mu karere ka Huye hafungiye azira guhinga urumogi mu murima w’imyumbati, akavuga ko yabitewe no kuba yarabwiwe ko ruvamo amafaranga menshi.
Abapolisi baturuka mu bihugu 12 by’Afurika barahabwa impamyabumenyi kuri icyi cyumweru tariki 25/08/2013, mu ishuri rikuru rya police riherere ye mu karere ka Musanze, nyuma y’umwaka umwe bakurikira amasomo muri iri shuri.
Abanyamakuru bo mu Rwanda no mu Burundi barahamagarirwa gukangurira abaturage guhindura imyumvire ku mihindagurikire y’ibihe n’ihungabana ry’ibidukikije.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Huye batishoboye, tariki 22/08/2013, bashyikirijwe impano y’amakarita y’ubwisungane mu kwivuza n’intumwa za Caisse d’entraide yo muri Kaminuza y’u Rwanda (NUR).
Minisitiri w’ubutabera w’u Rwanda, Johnson Busingye, yasabye abanyeshuli barangije kwiga amasomo y’ubumenyingiro mu mategeko mu ishuri rikuru ryo kwigisha no guteza imbere amategeko ( ILPD) riri mu karere ka Nyanza kuba inyangamugayo.
Mu biganiro mpaka ku mikorere y’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) byahuje amwe mu mashuli y’icyitegererezo yo mu Ntara y’Amajyepfo, GS Mater Dei yo mu karere ka Nyanza yatsinze GS Notre Dame de Lourde yo mu karere ka Ruhango.
Kuri iki cyumweru tariki 25/08/2013, abahanzi Ama-G The Black, Rafiki, Lil G na bagenzi babo bazataramira abakunzi babo muri Zaga Nuty Club ku Kimisagara imbere ya Maison des Jeunes.
Abaturage bo mu murenge wa Rugendabari mu karere ka Muhanga batoraguye umurambo w’umugabo wishwe akajugunywa mu mugezi wa Nyabarongo.
Abaturage bajya gusaba serivisi mu Murenge wa Gasaka wo mu Karere ka Nyamagabe baratangaza ko babona imitangire ya serivisi muri uyu murenge ari myiza ngo kuko bakirwa neza kandi ibyifuzo n’ibibazo byabo bikakirwa bikanashakirwa ibisubizo.
Igisasu cyo mu bwoko bwa roquette cyaguye mu kagari ka Busigari Umurenge wa Cyanzarwe akarere ka Rubavu saa saba n’igice zo kuri uyu wa kane tariki 22/08/2013 cyangiza ubwiherero bw’umuturage.
Guverinoma y’igihugu cy’Ubuyapani ibinyujije mu kigo cyayo gistinzwe ubufatanye mpuzamahanga (JICA) yamurikiye guverinoma y’u Rwanda aho igeze ivugurura station y’amashanyarazi ya Musha mu karere ka Rwamagana, igikorwa cyizatwara akayabo ka miliyoni zisaga 30 z’amadolari ya Amerika.
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Nsengimana Jean Philibert, arasaba Abanyarusizi ko nta terambere rigerwaho hatari ikorabuhanga kimwe nuko utamenya iby’ahandi utifashishije ikoranabuhanga kuko nta kanyoni kamenya iyo bweze katagurutse none ubu byaroroshye ntibazongera ku jya kure bazajya babikorera iwabo (…)
Impuguke akaba n’umwarimu muri kaminuza ya Oxford mu Bwongereza yatangije umushinga ukomeye wo gusaba abacamanza kutazongera guhanisha abajura igihano cyo gufungwa ngo kuko ntacyo cyimarira uwibye n’uwibwe ndetse ngo bigahombya n’abaturage muri rusange.
Umugore witwa Musabeyezu Delphine uturuka mu karere ka Ruzisi atanga ubuhamya avuga uburyo ngo yumva ubu amerewe neza mu mubiri nyuma yo kuvurirwa kanseri y’ibere mu bitaro bya Butaro biherereye mu karere ka Burera.