Murundi: Harubakwa urugomero ruzagomera amazi yo gukoresha mu gishanga cy’umuceri cya Gacaca

Mu kagari ka Karambi ko mu murenge wa Murundi hari kubakwa urugomero ruzagomera amazi yo gukoresha mu gishanga cya Gacaca kizajya gihingwamo umuceri.

Imirimo yo kubaka urwo rugomero igeze kure, hakaba jari icyizere ko hazaboneka amazi ahagije azagomerwa, kuko muri ako gace gakundaga kurangwa n’imvura nyinshi yajyaga inatwara imyaka y’abaturage.

Harubakwa urugomero ruzagomera amazi yo gukoresha mu gishanga cy'umuceri cya Gacaca.
Harubakwa urugomero ruzagomera amazi yo gukoresha mu gishanga cy’umuceri cya Gacaca.

Igishanga cya Gacaca kirategurirwa guhingwamo umuceri nyuma y’aho imisozi igikikije ikozweho amaterase y’indinganire.

Mbere y’uko ayo materase akorwa, imvura yaragwaga igasenya amazu y’abaturage ikanabatwarira imyaka ikaruhukira muri icyo gishanga, ku buryo ngo byari bigoranye kugitunganya nk’uko abaturage batuye hafi ya cyo babivuga.

Benoît Sikubwabo, umuyobozi w’akarere ka Kayonza wungirije ushinzwe ubukungu, n’imari avuga ko igishanga cya Gacaca kigiye kubyazwa umusaruro ku buryo bufatika, kuko imbogamizi y’isuri yacyangizaga itakiriho kubera amaterase yakozwe ku misozi igikikije.

Umwe mu batekinisiye asobanura uburyo urugomero ruzagirira akamaro abahinzi.
Umwe mu batekinisiye asobanura uburyo urugomero ruzagirira akamaro abahinzi.

Uretse kuba ayo mazi azakoreshwa mu gishanga cya Gacaca biteganyijwe ko kizahingwamo umuceri, ngo ashobora no kuzakoreshwa mu kuhira imyaka mu gihe imvura yaba yabaye nkeya, cyane cyane mu bihingwa bizaba bihingwa mu materase akikije icyo gishanga.

Abatuye mu nkengero z’igishanga cya Gacaca bavuga ko urwo rugomero rushobora kuzabafasha mu kubona umusaruro mwinshi, kuko hari amazi yajyaga abacika kandi akabasenyera, nyamara nyuma y’igihe gito izuba ryacana bakayifuza ntibayebone.

Ingomero nk’uru rugiye kubakwa ku gishanga cya Gacaca ngo zigira akamaro kanini mu buhinzi, nk’uko bivugwa n’abatekinisiye bubaka urwo rugomero.

Cyprien M. Ngendahimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka