Ibitaro bya nyanza byatangije gahunda yiswe Agaseke k’urukundo igamije gufasha abarwayi batishoboye bagana ibitaro, bakabura ubushobozi bwo kwishyura imiti n’ibindi bikenerwa kwa muganga.
Minisiteri y’Ubutabera iratangaza ko hagiye kurebwa uko Kaminuza yigisha iby’amategko mu Rwanda, ILPD, yanatangira kwigisha hifashishijwe iya kure (Online) kugira ngo serivisi itanga zirusheho kugera kuri benshi babyifuza.
Abaturage bo mu Murenge wa Hindiro mu Karere ka Ngororero, baratangaza ko ubu bafite umutekano usesuye, nyuma yo gutangiza ubugenzuzi bukorwa n’irondo rigenzura ayandi mu Murenge wose.
Abasesengura iby’imikoreshereze y’ubwenge bukorano (Artificial Intelligence/A.I.), baratangaza ko uko Isi itera imbere ikeneye ikoranabuhanga mu bikorwa by’iterambere, by’umwihariko mu burezi bugezweho.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’ababiciye ababo, baratangaza ko nyuma y’imyaka 30 aribwo babashije kubohoka, bakira ibikomere batewe na Jenoside yakorewe Abatutsi, bakaba na bo bagiye kwigisha bagenzi babo kugira ngo bakire ibyo bikomere.
Inzego z’ubuzima n’iz’ubuyobozi mu Karere ka Muhanga, ziragira inama abaturage yo gucika ku kwivuriza kwa magendu, ahubwo bakagana amavuriro, ibitaro n’ibigo nderabuzima, kuko ubuvuzi butemewe bugira ingaruka mbi ku buzima.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, arasaba abacukuzi b’amabuye y’agaciro babiherewe ibyangombwa, kutagura amabuye acukurwa n’abiyita abahebyi babikora mu buryo butemewe n’amategeko, akabibutsa ko batayaguze ubwo bucukuzi butemewe bwahagarara.
Abaturage bo mu Mirenge ya Kinihira na Mwendo mu Karere ka Ruhango, baratangaza ko nyuma yo gukorerwa ubuvugizi bujurijwe ikiraro cyo mu kirere, kizatuma nta baturanyi n’abavandimwe babo bongera kwicwa n’umugezi wa Kiryango.
Abaturage bo mu Murenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango baratangaza ko kuba bashyikirijwe isoko rya kijyambere, bizatuma bakora igihe kinini kandi ntibongere kunyagirwa no kwangirika kw’ibicuruzwa byabo.
Umushoramari ukomoka mu Gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC), Alain Tshenke Mayuke, aratangaza ko u Rwanda rufite amabuye y’agaciro menshi nk’uko bimeze mu bihugu byo mu Karere ruherereyemo.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Munzereri mu Kagari ka Remera mu Murenge wa Muhanga, baravuga ko kubera kwizezwa amashanyarazi aturuka ku muyoboro muto w’amashanyarazi utarakozwe, byatumye badahabwa ay’imirasire y’izuba ari guhabwa bagenzi babo.
Abagore bo mu Karere ka Muhanga baratangaza ko imyaka 30 ishize u Rwanda rubohowe, hari impinduka nyinshi zabaye mu iterambere ry’umugore, kuko yahawe ijambo n’uburenganzira akitabira ibikorwa bitandukanye biteza imbere Umuryango n’Igihugu muri rusange.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko ibiciro bishya by’ingendo, bizatangirana n’ibyerekezo na Kompanyi nshya, zizajya zitwara abantu mu Mujyi wa Kigali, aho Kompanyi zisanzwe zitwara abantu zavuye kuri eshatu zikagera kuri 18.
Umunyekongo witwa Alain Tshenke ucukura ukanatunganya amabuye y’agaciro y’amabengeza mu Karere ka Muhanga, avuga ko yiyemeje gutera ikirenge mu cya Perezida Kagame mu guteza imbere abagore bakinjira mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.
Abanyenganda zitunganya umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi, bavuga ko babangamiwe n’abafite imashini zoroheje bigana ibikorerwa mu nganda, ndeste n’ishoramari rikiri hasi mu kugura no kubika umusaruro wo gutunganya.
Tombola ishinzwe guteza imbere Siporo mu Rwanda ‘Inzozi Lotto’, iratangaza ko igiye kujya iha amahirwe yo gutsinda, abantu baje ku mwanya wa kabiri bakegukana amafaranga batsindiye, igihe tombola ya Impamo Jackpot izajya iba yabuze umuntu wabaye uwa mbere.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, aratangaza ko ibivugwa ko utubari n’ahandi hacururizwa inzoga, batemerewe gukora mu masaha y’akazi bigamije ubukanguramabaga ku kurwanya ubusinzi n’ibindi byaha n’imyitwarire bishamikiye ku businzi bukabije, bugenda buzamuka hirya no hino.
Amashyirahamwe y’Abanyamulenge hirya no hino ku Isi, arasaba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), gufata ingamba zihamye zo gutabara abo mu bwoko bw’Abatutsi bakomeje kwicwa no gufungwa, mu cyo ayo mashyirahamwe yita akarengane.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda mu Rwanda (MINICOM), iratangaza ko hagiye kubakwa inganda zikora amacupa y’ibirahure n’amasashi ashobora kubora, mu rwego rwo gushakira ibisubizo abanyenganda nto n’iziciriritse babangamiwe n’ikibazo cyo kubona ibyo gupfunyikamo ibicuruzwa.
Impunzi z’Abanyekongo zahungiye mu Rwanda ziratangaza ko zihanze amaso imiryango mpuzamhanga ngo ibagereze ijwi ryabo ku buyobozi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gihe byakwanga bagashyigikira umutwe wa M23 watangije intambara yo kurengera abo mu bwoko bw’Abatutsi.
Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Dr Jeannette Bayisenge, arasaba abakorera umwuga wo gusudira mu gakiriro ka Muhanga, kwihuriza mu makoperative kugira ngo babashe kwagura isoko ry’ibyo bakora, kuko usanga gukora batatanye bituma badatizanya imbaraga.
Impunzi z’Abanyekongo bahungiye mu Rwanda bari mu Nkambi zitandukanye, batangiye imyigaragambyo y’amahoro, bavuga ko igamije kwamagana Jenoside irimo gukorerwa mu bice bitandukanye byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC).
Abantu batandatu bo mu Mudugudu wa Rutenga mu Kagari ka Gahogo mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Nyamabuye, bakekwaho guhisha amakuru y’ahajugunywe imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside.
Abigisha muri Kminuza n’abatanga amahugurwa ku ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu mashuri, baratangaza ko ikoranabuhanga ritangiriye kwigwa mu mashuri abanza, rifasha abiga mu yisumbuye na Kaminuza kurikomezamo.
Abahinzi b’ibigori mu Karere ka Kamonyi baravuga ko kubera ko bagize ibihe byiza by’ihinga mu gihembwe gishize, umusaruro wabo w’ibigori wiyongereye, bityo ko bakeneye ubwanikiro bw’inyongera ku busanzwe kugira ngo bazabashe kuwufata neza.
Abacuruzi b’inzoga mu Karere ka Muhanga baratangaza ko batunguwe no guhabwa ibihano birimo no gufungwa, kubera kuzicuruza mu masaha y’akazi, bakibaza igihe amasaha yabo y’akazi azajya atangira, dore ko batangiye guhanwa batanabanje kuganirizwa ngo bamenyeshwe ibijyanye n’ayo mabwiriza mashya.
Amakipe y’umupira w’amaguru y’Umurenge wa Shyogwe mu bagore n’Umurenge wa Nyamabuye mu bagabo, yatwaye ibikombe byose by’amarushanwa Umurenge Kagame Cup ku rwego rw’Intara y’Amajyepfo mu mupira w’amaguru, akaba azanahagararira iyo Ntara mu marushanwa ku rwego rw’Igihugu azabera i Kigali.
Hirya no hino mu Gihugu hubatswe imidugudu y’icyitegererezo, (Model Villages) ituzwamo abantu bo mu byiciro bitandukanye birimo abimuwe mu duce twashyira ubuzima bwabo mu kaga (Amanegeka), abatishoboye, abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’abamugariye ku rugamba rwo kubohora Igihugu.
Abantu bivugwa ko bari bitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro n’amacumu, bateye agasantere k’ubucuruzi ka Mutara mu Murenge wa Mwendo, baragasahura banatema abaturage barimo n’abanyerondo.
Abaturage batandukanye baragaragaza ko ubwishingizi magirirane bwitwa Mituweli, bubafasha mu buvuzi muri rusange, ariko bakifuza ko hari zimwe muri serivisi bifuza ko zahinduka kuko zibangamiye imitangire ya serivisi bifuza guhabwa mu buvuzi.