Abantu batanu bo mu Kagari ka Mubuga mu Murenge wa Muhororo mu Karere ka Ngororero bajyanywe kwa muganga, kubera gukoresha imiti gakondo, bakamererwa nabi ku buryo batabashaga kwitangira amakuru y’icyo babaye.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, aranenga abafatanyabikorwa b’Uturere (JADF) bashora amafaranga mu baturage, ariko wagenzura ugasanga bakomeza gukena kandi bagafashijwe kwikura mu bukene.
Abanyamuryango ba Koperative Umwalimu SACCO mu Ntara y’Amajyepfo barasaba ubuyobozi bwabo kurushaho kubegereza serivisi z’ikoranabuhanga, kugira ngo zijyane n’igihe kuko usanga hari abagikora ingendo ndende bajya gushaka serivisi kuri koperative zabo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko bugiye gutangira isuzuma n’isesengura, ku bigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye mu Mirenge yatsindishije abana bake umwaka ushize w’amashuri, mu rwego rwo kurebera hamwe icyabiteye n’uko bahangana nacyo.
Umuyobozi wa Burigade ya 201 mu Ntara y’Iburengerazuba, Col. Rugambwa Albert, arasaba Abanyarwanda kubaha igitambo cy’amaraso, yamenekeye ku rugamba rwo kubohora Igihugu, hagambiriwe kubaka Ubumwe bw’Abanyarwanda bwari bwarasenyutse.
Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, iratangaza ko abapolisi babiri bari kuri moto bava mu Karere ka Muhanga berekeza mu Karere Ruhango, baguye mu mpanuka ya moto yagonze ikamyo yapfiriye mu muhanda.
Bamwe mu baturage b’Akarere ka Muhanga baravuga ko abagore bahohotera abagabo babo bitwaje ko uwabakoraho, bahita bahamagara urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), abagabo bagafungwa.
Abanyeshuri 23 bafite ubumuga butandukanye biga mu ishuri ribanza rya Gatenzi mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga, bashyikirijwe ibikoresho by’isuku byo kwifashisha mu rwego rwo gukurikirana ubuzima bwabo cyane cyane ku ishuri.
Umuryango Nyarwanda wita ku buzima (SFH Rwanda) wahawe gucunga amavuriro y’ibanze (Health posts) mu Rwanda, umaze gusuzuma ibibazo byugarije imikorere n’amavuriro y’ibanze usuzuma n’ingamba zafatwa kugira ngo arusheho gukora neza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burasaba Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari bahawe moto nk’inyoroshyangendo, kuzamura igipimo cy’imitangire ya serivisi bakarusho kwegera umuturage, nk’uko Politiki ya Leta ibiteganya.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Eric Rwigamba, arasaba Abanyarwanda bakora umwuga w’ubuhinzi, guhinga ubutaka bwose bushoboka, kugira ngo igihembwe cy’ihinga 2024A kizatange umusaruro ushobora gutuma abaturage babona ibyo kurya bihagije.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rurasaba abaturage kwirinda guhishira ibyaha by’ihohotera, kuko bibyara ibindi byaha bishobora no kuviramo uwahohotewe kwicwa cyangwa kwica.
Abaturage bo mu Murenge wa Mushishiro mu Karere ka Muhanga, by’umwihariko abagore, barishimira kongera kugira uburenganzira, nyuma y’uko ibyangombwa byabo by’irangamimerere bitwitswe n’abacengezi, bakaba barongeye kubihabwa.
Umushumba wa Diyosezi ya Nyundo, Musenyeri Anaclet Mwumvaneza, arasaba Abakirisitu ba Paruwasi Muhororo mu Karere ka Ngororero kwiyunga n’abo bahemukiye, inshuti n’abavandimwe mu rwego rwo kubaka ubukirisitu bubereye Abanyarwanda kandi bifite imbonezamutima nzima.
Ikigo gishinzwe Mine Gaz na Peteroli mu Rwanda (RMB), cyatangaje ko umutingito wumvikanye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 24 Nzeri 2023, ntaho uhuriye n’iruka ry’ibirunga kuko wo uterwa n’ikubitana ry’ibice bigise Isi.
Ikiganiro Ed-Tech Monday cyo kuri uyu wa 25 Nzeri 2023, kiragaruka ku gusesengura uko ikoranabuhanga rifasha umwarimu n’umunyeshuri mu burezi bukoresha ikoranabuhanga, akamaro ryitezweho, n’ibikenewe ngo koko ikoranabuhanga ribashe gufasha kuzamura ireme ry’uburezi ryifuzwa.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Dr. Dushimimana Lambert, aratangaza ko yifuza guhindura isura mbi Intara yambitswe n’abayobozi bitwaye nabi bagakurwa mu nshingano, kugira ngo Intara ikomeze gutera imbere.
Abahinga mu gishanga cya Songa mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Ngororero, baravuga ko bifuza kubona imashini zuhira, kugira hirindwe ibihombo byo kurumbya kubera imihindagurikire y’ikirere.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) kiratangaza ko abana 7% bageze igihe cyo gufata imfashabere ari bo gusa babona igi, naho abana 22% bagejeje igihe cyo gufata imfashabere akaba ari bo babona indyo yuzuye.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko umwaka ushize w’ingengo y’imari wa 2022-2023 warangiye hakiriwe amadosiye asaga ibihumbi 90 y’ibyaha byakozwe.
Ubuyobozi bw’Uturere dutandukanye bumaze iminsi busaba abaturage bafite amasambu adahinze, kwitabira kuyahinga bo ubwabo cyangwa kuyatira abakeneye kuyahinga, bitakorwa bakaba bayamburwa ku itegeko agatizwa abashobora kuyabyaza umusaruro.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, arahumuriza abanyamuryango ba Koperative (KOPARWAMU) ihinga mu gishanga cya Rwansamira mu Murenge wa Nyamabuye, kubera kwamburwa icyo gishanga kigahabwa umushoramari uzagicukuramo ibumba, akavuga ko kitazacukurirwa icyarimwe.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibizamini bya Leta n’ubugenzuzi bw’amashuri (NESA), kiratangaza ko amanota y’abanyeshuri ari hafi gusohoka, kandi ko abantu bakwiye kumenya uko ayo manota abarwa, uko abanyeshuri bashyirwa mu myanya n’uko wajurira igihe utishimiye uko byakozwe.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe uburezi bw’amashuri abanza n’ayisumbuye (REB), cyatangaje gahunda y’uko abarimu babyifuza batangira gusaba kugurana imyanya, (Permutation) aho batangira kubikorera mu ikoranabuhanga rishinzwe abarimu (TMIS).
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko imibiri 12 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yabonetse mu bitaro bya Kabgayi, inyuma y’inyubako bavuriragamo inkomere zoroheje.
General Kabarebe wavuze mu izina rya bagenzi be, ashimira Perezida wa Repubulika Paul Kagame babanye kuva urugamba rwo kubohora Igihugu rutangijwe kugeza magingo aya. Avuga ko uko Igisirikare cy’u Rwanda cyubakitse, bitanga icyizere ko mu myaka 100 iri imbere umutekano w’u Rwanda uzaba uhagaze neza, kuko ubu rufite (...)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buranenga urubyiruko rudashaka kwitabira umurimo ahubwo rukararikira iby’abandi bakoze, rimwe na rimwe bikarukururira mu ngeso mbi z’ubujura n’indi myitwarire mibi.
Giverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, arasaba abakirisitu Gatolika gukomeza kubahiriza gahunda za Leta, zirimo no gukomera ku bumwe bw’Abanyarwanda kugira ngo babashe gukorera hamwe, kandi babone umusaruro unogeye Igihugu muri rusange.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, arasaba abayobozi b’amashami mu Karere, gufasha kuzamura serivisi zitangirwa mu Mirenge, mu byiciro by’imiyobirere, iterambere n’umutekano mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, arasaba abayobozi mu nzego zitandukanye mu Karere ka Muhanga, kwita no kubungabunga ubumwe bw’Abanyarwanda, kuko ari bo barinzi b’igihango cy’ibyagezweho.