Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, arasaba abayobozi mu nzego zitandukanye mu Karere ka Muhanga, kwita no kubungabunga ubumwe bw’Abanyarwanda, kuko ari bo barinzi b’igihango cy’ibyagezweho.
Ibyamamare bitandukanye ku Isi birimo abakinnyi ba filimi zitandukanye zikunzwe cyane ku Isi, bitabiriye umuhango kwo ‘Kwita Izina’ ku nshuro ya 19 abana b’ingagi 23 baheruka kuvuka, maze bahereye ku buzima bwabo n’ibyo basanzwe bakora bagaragaza udushya dutandukanye mu kwita izina.
Mu mujyi wa Muhanga hatashywe indi Hoteli ya Diyosezi ya Kabgayi, yitwa Lucerna Kabgayi Hotel, ije yiyongera ku yindi Hoteli ya Saint-André Kabgayi na yo imenyerewe mu Mujyi wa Muhanga.
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda (MINUBUMWE) n’abafatanyabikorwa bayo, batangije ubukangurambaga bwo kwita ku buzima bwo mu mutwe mu Turere twa Ngororero, Burera na Musanze.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burasaba abayobozi b’amakoperative kurushaho kwita ku mitungo yayo, bakayicunga neza kuko hari ahakigaragara ko abanyamuryango basubiranamo, kubera micungire mibi y’umutungo wabo.
Abasesengura ikigero cy’iterambere ry’ikoranabuhanga mu burezi, n’akamaro karyo mu itereambere, baravuga ko guhindura imyumvire no kugira ubushake mu kurikoresha, byatanga umusaruro mu iterambere.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, arasaba abaturage gukora cyane kuko byagaragaye ko hari abantu bitwaza ko bakennye cyane, ntibashyire imbaraga ku murimo, ahubwo bagatagereza gufashwa kandi ugasanga harimo n’urubyiruko rutifuza gukora.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burahamagarira abagore gutinyuka gukorana n’ibigo by’imari, kandi bagaharanira kumemya amakuru yabahuza nabyo, kuko bahabonera igishoro gituma bagura imishinga yabo.
Mu Karere ka Karongi hatangije gahunda yo kurwanya guta amashuri kw’abana, mu rwego rwo gukomeza kwita ku bana bakennye cyane, dore ko ubukene ari bwo buza imbere mu gutuma abana bata amashuri, ikaba ari gahunda yatangijwe na Foundation Cyusa Ian Berulo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yanenze abayobozi bashinzwe ibigendanye na siporo zitandukanye mu Rwanda, bigwizaho ibyakabaye bitunga amakipe n’abakinnyi kugira ngo bibafashe kuzuza neza inshingano zabo, bafite ubuzima bwiza.
Inzego z’umutekano zirimo Polisi n’urwego rw’UbugenzacyaIB mu Karere ka Muhanga, ziragira inama urubyiruko ngo rwirinde ibiyobyabwenge kuko bigira ingaruka nyinshi ku buzima bwarwo, zirimo no gufungwa kugeza ku gifungo cya burundu.
Urukiko rw’ibanze rwa Muhanga rwahamije Ndababonye Jean Pierre Alias Kazehe, icyaha cyo kwica bidaturutse ku bushake, abana 10 barohamye muri Nyabarongo mu Murenge wa Mushishiro.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buratangaza ko bugiye kwegurira abikorera amavuriro mato (Postes de Santé) adakora neza, mu rwego rwo kuyashakira abakozi bashoboye kandi bavura abaturage buri munsi.
Umunyarwandakazi Denyse Uwimana wapfakajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi avuga ko nyuma yo kubura umugabo we n’abagize umuryango we yahuye n’igikomere gikomeye cyo kumva atakongera kuvugana n’abamwiciye n’abafitanye amasano nabo, ariko aza gukira icyo gikomere.
Umuryango w’Abanyamulenge batuye hirya no hino ku Isi, wibutse ku nshuro ya 19 bene wabo biciwe mu nkambi ya Gatumba mu Gihugu cy’u Burundi, basaba Leta y’icyo Gihugu kubafasha kubona ubutabera kuko ababiciye bakidegembya.
Abaturage bo mu Karere ka Ruhango bagaragaza ko imbuto n’amafumbire bibageraho bitinze, kandi hari imiryango n’abashoramari bita ku buhinzi bakwiye kuba babibagezaho kare, bagasaba ko iki gihembwe cy’ihinga 2024A kigiye gutangira, izo mbogamizi zaba zitakiriho.
Ndababonye Jean Pierre bakunze kwita Nyakazehe, ukurikiranweho icyaha cy’ubwicanyi budaturutse ku bushake, yasabiwe gufungwa imyaka ibiri n’ihazabu ya miliyoni ebyiri.
Imiryango y’abibasiwe n’ibiza mu Karere ka Rutsiro, yaganujwe, ihabwa inka n’imbuto yo guhinga, kubera ko hari abapfushije amatungo arimo n’inka abandi ibyo bahinze bitwarwa n’inkangu n’imyuzure, imiryango umunani ikaba yarapfushije inka mu biza.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuri uyu wa Kane tariki 03 Kanama 2023, yatashye ku mugaragaro uruganda rwa sima (Anjia Prefabricated Construction Rwanda Company Ltd) rwuzuye mu Karere ka Muhanga mu Ntara y’Amajyepfo.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) irasaba abayobozi b’inzego z’ibanze kwishyira mu mwanya w’umuturage, kugira ngo babashe kumva ibibazo bye babikemure, kuko ari byo byatuma umuturage ashyirwa ku isonga koko.
Abaturage bo mu Mirenge ya Gatumba na Bwira barishimira gutangira kubaka umuhanda uzabafasha kugeza abarwayi ku bitaro bya Muhororo, hifashishijwe imbangukiragutabara, dore ko ubusanzwe bakoreshaga ingobyi ya gakondo.
Abafatanyabikorwa mu burezi bw’abafite ubumuga mu Rwanda, baratangaza ko hakiri urugendo mu guteza imbere ikoranabuhanga mu mashuri y’uburezi budaheza, kubera ko ibikoresho by’ikoranabuhanga bitaragera hose.
Abaturage bo mu Mirenge ya Kabaya na Muhanda baciriwe amaterasi y’indinganire mu Karere ka Ngororero, bahamya ko yatumye bazamura umusaruro, kuko isuri yabatwariraga ifumbire mu butaka itakibangiriza.
Umushinjacyaha Mukuru w’Urugereko rw’Urukiko Mpuzamahanga rushinzwe gukurikirana abakoze Jenoside mu Rwanda (IRMCT), Serge Brammertz, aratangaza ko hazakomeza kubaho ubufatanye n’Ubushinjacyaha bukuru bw’u Rwanda, kugira ngo Kayishema Fulgence aburanishirizwe mu Rwanda.
Umushinjacyaha Mukuru w’Urugereko rw’Urukiko Mpuzamahanga rushinzwe gukurikirana abakoze Jenoside mu Rwanda (IRMCT) Serge Brammertz, ari mu ruzinduko mu Murenge wa Nyange, Akarere ka Ngororero mu Ntara y’Iburengerazuba, aho aganira n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero, Nkusi Christophe, aratangaza ko kubera ingamba nshya zashyizweho mu kugaburira abana indyo yuzuye, mu myaka ibiri ishize ikigero cy’igwingira ku bana cyagabanutse kugeza kuri 23%.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo buratangaza ko abanyeshuri 179 batitabiriye gukora ibizamini bisoza amashuri yisumbuye, mu cyiciro rusange (Tronc Commun) n’abarangiza mu myuga n’ubumenyi ngiro (TVET).
Abagize ishyirahamwe ‘Pourquoi Pas’, bafunguye isomero bitiriye izina ryabo mu mujyi wa Muhanga, mu rwego rwo gufasha abashaka kwihugura mu rurimi rw’Igifaransa, gukora ubushakashatsi no kwigira ku byanditswe n’impuguke mu bumenyi bw’Igifaransa.
Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’Ubutabazi, Marie Sonange Kayisire, arasaba abayobozi kuba urugero rw’abo bayobora kuko ari byo byafasha guhindura imyumvire y’abaturage, bakarushaho kwiteza imbere no kugira ubuzima bwiza.
Imibiri 10 y’abana barohamye muri Nyabarongo ku wa 17 Nyakanga 2023, bashyinguwe mu cyubahiro, nyuma y’iminsi ibiri bashakishwa.