Umwana w’umukobwa witwa Uwimana Jeanette ukomoka mu mudugudu wa Mukingo mu kagali ka Gatagara mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza yatewe inda akiri umwana w’imyaka 17 y’amavuko abyara abana babiri b’impanga.
Dr Jean Claude Ndagijimana wari umuyobozi w’ibitaro bya Rwamagana, tariki12/01/2012, yagaharitswe ku mirimo ye kubera isuku nke Minisitiri w’ubuzima, Dr Agnes Binagwaho, yasanze muri ibyo bitaro ubwo yabisuraga.
Imbuto Foundation ifatanyije n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kurwanya SIDA (RBC/IHDPC), uyu munsi, yatangije Icyumweru cy’Urukundo Nyakuri mu rwego rwo gushishikariza urubyiruko kwipimisha agakoko gatera SIDA no gukebwa. Ku rwego rw’igihugu iki cyumweru cyatangiriye ku kirwa cya Iwawa.
Dr Uwiragiye Joseph, ukuriye ikigo mbonezamirire mu bitaro bikuru bya Kigali (CHUK), avuga ko ikinini cya Goet’s milk gikoze mu mahenehene kizafasha abana barwaye bwaki gukira neza.
Umuyobozi w’ibitaro bikuru bya Byumba, Dr Muhairwe Fred, arasaba ko hakorwa iperereza ryimbitse ku byakorewe umugore witwa Murekatete Zawadi uvuga ko yagiriwe nabi n’abaganga bo mu bitaro bikuru bya Byumba ubwo bamubyazaga bakamusigamo ipamba, seringe n’uturindantoki (gants).
Kuva tariki 10/01/2012 umuryango w’abantu batandatu bo mu mudugudu wa Kigarama mu Kagali ka Nyanza mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza bari mu bitaro bya Nyanza bazira indwara itaramenyeka usibye isombe bakeka ko yaba yahumanijwe
Komisiyo y’abadepite ishinzwe ubumwe bw’Abanyarwanda, uburenganzira bwa muntu no kurwanya Jenoside irimo kwiga umushinga w’itegeko rigena imiterere, imikorere n’imitunganyirize y’ubwishingizi bw’indwara mu Rwanda, tariki 10/01/2012, basuye ibitaro bya Nyagatare baganira n’abakozi ba servisi z’ubuzima mu karere ndetse (…)
Ibiro by’igihugu by’ubushakashatsi kuri SIDA mu Bufaransa (ANRS) biratangaza ko byabonye umuti urinda kwandura agakoko gatera SIDA abagabo bakorana imibonano mpuzabitsina n’abandi bagabo bazajya bafata mbere yo gukora iyo mibonano.
Minisitiri w’ubuzima, Dr Agnes Binagwaho, arasaba abakora mu gice cy’ubuvuzi bose barimo n’abaganaga kwakira neza no kugaragariza abarwayi icyizere kugira ngo u Rwanda rukomeze kugera ku intego z’ikinyagihumbi mu buvuzi.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwari, aratangaza ko ibitaro bya gitwe hari ibikorwa byinshi bimaze kugeraho, kandi ko inzego z’ubuyobozi zizakomeza gufatanya n’ibi bitaro kugira ngo zibakorere ubuvugizi.
Ntihabose Egide w’imyaka 20 y’amavuko ukomoka mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza ari mu bitaro kuva mu mwaka wa 2007 kubera ubumuga yatewe n’inka yamwishe ikamuvuna urutirigongo.
Mu gihe akarere ka Rusizi kafashe ingamba zo gukumira icyorezo cya kolera cyadutse i Bukavu muri Kongo, abacuruza ibiribwa bihiye i Rusizi baravuga ko ubuyobozi bw’akarere bubirukankana gusa ntibubabwire ko hari ikibazo cya kolera.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi bwafashe ingamba zo kwirinda ko icyorezo cya kolera cyagaragaye i Bukavu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo cyagera muri ako karere.
Abaturage bo mu Murenge wa Juru mu karere ka Bugesera baravuga ko nyuma yo kubona ikigo nderabuzima nta mubyeyi uzongera ku byarira mu rugo cyangwa se ngo hagire umuntu urembera mu rugo.
Abantu bagera kuri 151 bo mu murenge wa Mamba mu karere ka Gisagara bari mu bitaro bya Gakoma bazira indwara kugeza ubu itari yamenyekana, gusa ngo imvano y’iyi ndwara ni umususuru banyweye ubwo bari bari mu bukwe kuri Noheri.
Umuganga ku giti cye ufite ibitaro byitwa La Croix du Sud i Kigali, Dr Nyirinkwaya, atangaza ko agiye kuzana uburyo bufasha abafite ikibazo cyo kudatwita kubona urubyaro.
Ubushakashatsi bugaragaza ko uku kwishushanya ku mubiri (tatouge) bishobora gutera indwara zitandukanye zirimo kanseri cyangwa icyorezo cya Sida.
Benshi mu bahanga babikoreye ubushakashatsi bwimbitse basobanura ko kugira uruhara no gupfuka umusatsi bituruka ku guhagarara kw’ikorwa ry’uturemangingo.
Mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubwiyongere bw’abaturage bukabije, Leta y’u Rwanda yashyizeho uburyo bwo kuboneza urubyaro butandukanye burimo kwifungisha burundu ku bushake ariko ubu buryo ntibuvugwaho rumwe n’abantu bose.
Uwineza Clarisse wari ufite imyaka ibiri n’igice yitabye Imana, tariki 16/12/2011, ahitanwe n’ikinini cy’inzoka cya Mebendazole mu gikorwa cy’ikingira cy’abana batarengeje imyaka itanu cyaberaga mu murenge wa Kintobo, akarere ka Nyabihu muri iki cyumweru gishize.
Burya igihe icyo ari cyo cyose umuntu uwo ari we wese yagira ubumuga bwo kutabona bitewe n’impamvu runaka. Urugero ni umugabo witwa Nzeyimana Aloys utuye mu murenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi wagize ubumuga bwo kutabona mu mwaka wa 2001 abitewe n’impanuka y’imodoka.
Nyuma y’ivugururwa rya politiki y’ubwisungane mu kwivuza, haracyari abantu benshi batarabona uburenganzira bwo kwivuza kuko batarabona amakarita yo kwivurizaho.
Uyu munsi, abakozi ba MTN Rwanda bari kumwe n’umuyobozi wayo, Khaled Mikkawi, bahaye amaraso ikigo cy’igihugu gitanga amaraso (National Center for Blood Transfusion). Iki gikorwa cyabereye ku cyicaro cya MTN i Nyarutarama.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS) ejo ryatangaje ko impfu ziterwa n’indwara ya maralia zagabanutse ku isi muri rusange.
Ubushakashatsi bwerekanye ko interinete idakoresha urusinga (wi-fi) yangiza intanga ngabo.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ubuzima, Dr. Uzziel Ndagijimana, asanga kuba Leta y’u Rwanda yarafashe icyemezo cyo kugira ubwishingizi mu kwivuza itegeko ku bantu bose harimo n’abanyamahanga bizatuma nta Muturarwanda uzasigara adafite ubwishingizi.
Ikinyamakuru Le Figaro cyanditse ko hari ubushakashatsi bwakozwe buvuga ko benshi mu bashakanye iyo bamaranye imyaka 15 cyangwa irenga batangira kurangwa n’ubwumvikane buke kugeza nubwo basabye gatanya (divorce).
Mu gihugu cya Chili hari gukorerwa ubushakashatsi ku rukingo batekereza ko ruzafasha mu kurwanya ubusinzi. Uru rukingo ngo ruzakora ku buryo uko umuntu afashe ku nzoga cyangwa ibindi bisindisha azajya yumva agize iseseme, ugata umutwe n’ibindi byatuma yumva azanze, bityo ngo bikagabanya ubusinzi.
Urubuga rwa interineti www.anyvitamins.com ruvuga ko vitamini A irinda umubiri kurwara indwara zandura (infections) n’indwara z’uruhu.
Nk’uko bigaragazwa n’impuguke zinyuranye zirimo Dr Joseph Musaalo wo mu gihugu cya Uganda, ngo hari ibiribwa bitagoye kubibona umuntu ashobora gufata bikamurinda kugira indwara zifata imyanya myibarukiro ndetse bigafasha n’ubifata kongera ubushake mu mibonano mpuzabitsina (libido).