Abasenateri barasaba ko imisanzu ya mutuelle yajya itangwa hakiri kare kugira ngo abayitanze babashe kwivuza badakererewe kandi inzego zose zirebwa n’iyi gahunda zigakora ibishoboka kugira ngo ubushake bwo gutanga ubu bwisungane buhinduke umuco.
Ibitaro bikuru bya Gisirikare bya Kanombe (RMH), bigiye gutangiza uburyo bwihariye bwo kuvura ububabare buturuka ku ndwara zitandukanye, zirimo uburwayi busanzwe n’ihungabana, uburyo bugiye kugezwa bwa mbere mu Rwanda.
Umugabo w’imyaka 52 witwa Murenzi utuye mu karere ka Rusizi amaze umwaka yibasiwe n’indwara z’amavunja zamufashe ubu akaba atabasha kugenda kuko ngo iyo akandagira aba ari kubabara.
Ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro ry’i Kigali (IPRC) ryatanze impamyabushobozi ku bakozi b’ibitaro 17 baryigagamo, bakaba bagiye kuziba icyuho kigeze byibuze kuri 1/3, cyo kubura abasana ibyuma bikoreshwa mu bitaro bya Leta mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe buremeza ko bizagera muri Nyakanga 2013 abaturage 8540 bagejejweho amazi meza nubwo kugeza ubu abamaze kuyabona ari 85 gusa. Icyi kizere ngo kiraterwa nuko imishinga izageza aya mazi meza ku baturage iri gukurikiranwa.
Abagore n’abagabo 20 baturuka mu bihugu birindwi bya Afurika bateraniye mu Kigo cya Kaminuza Nkuru y’u Rwanda gishinzwe ikoranabuhanga rishingiye ku bumenyi bw’isi (CGIS) biga uko ikoranabuhanga rishingiye ku bumenyi bw’isi ryifashishwa mu gukemura ibibazo bijyanye n’ubuzima.
Abashakashatsi b’urubuga YouTube/Vsauce rushyira ahagaragara amashusho y’ingingo zakozweho ubushakashatsi mu bya siyansi bavuga ko kwayura bidaterwa n’uko umwuka uba wabaye muke ahantu umuntu wayura aherereye, nk’uko bamwe babikeka.
Mu rwego rwo gukomeza gukangurira abatuye akarere ka Ngororero kugira akarima k’igikoni muri buri rugo, ibikorwa byo gufasha abatishoboye byakoze uturima tw’igikoni 2900 mu kwezi kwahariwe umuryango.
Minisitiri w’intebe arakangurira Abanyarwanda gutanga amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (Mituelle se Santé), kuko umubare w’abamaze kuyatanga mu Rwanda ukiri muto kandi ari ngombwa kuyatanga kugira ngo umuntu ajye aboba uko yivuza bimworoheye.
Urubyiruko rwo mu karere ka Nyanza ni rumwe mu bakomeje kubeshywa ku bijyanye n’indwara ya SIDA, kugeza ubu itarabonerwa ubumti n’urukingo. Ibihuha ugasanga byibasira uburyiruko mu turere twinshi tw’u Rwanda tugizwe n’igiturage.
Umurenge wa Rwankuba mu karere ka Karongi kuri uyu wa kane wahawe ishimwe n’akarere ka Karongi kubera ko uri ku isonga mu bwisungane bwo kwivuza (mutuelle) mu kwaka wa 2012-2013, aho ugeze ku 100%.
Mu myaka ine iri imbere umujyi wa Kigali ugiye kwibanda ku byiciro bitatu birimo gukumira abishora mu buraya no gufasha ababukora mu buryo bw’amaburakindi, mu rwego rwo kurwanya ubwandu bwa virusi itera SIDA.
Mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza guheka umurwayi mu ngobyi ya kinyarwanda bimaze kwibagirana muri ako gace bitewe n’imbangukiragutabara abaturage baho biguriye.
Kuri uyu wa 07/11/2012, ku kigo cy’amashuri yisumbuye cya Cyabingo kiri mu karere ka Gakenke hatangijwe gahunda yo gukangurira abanyeshuri kwirinda indwara y’igituntu.
Ibigo 11 by’amashuli yisumbuye byo mu karere ka Nyanza bikunze guhura n’ikibazo cy’ihungabana rituruka ku ngaruka za Jenoside byatangiye guhabwa amahugurwa y’uburyo bwo kurirwanya no kurikumira.
Umukecuru utuye mu karere ka Rulindo yemeza ko kuba amaze imyaka 10 abana n’agakoko gatera SIDA kandi akaba yumva agifite imbaraga byaratewe no kwipimisha kare akamenya uko abyitwaramo.
Umubyeyi witwa Kamucyera Belancile utuye mu mudugudu wa Buvumo, akagari ka Mukoto, umurenge wa Bushoki mu karere ka Rulindo arwaye indwara yo kubwimba amaguru amaranye imyaka 18 ariko kugeza n’ubu yaburiwe umuti.
Muri iki gice kuzabagezaho imibare bafatiraho kugira umuganga yemeze ko umuntu arwaye indwara y’umuvuduko ukabije w’amaraso (hypertension). Turavuga kuri hypertension idafite ikiyitera kizwi iyo bita primary (essential) hypertension.
Rubibi Louis Pasteur ushinzwe gukurikirana ikurwaho ry’amabati ya asibesitosi abandi bakunda kwita fibro-ciment mu Ntara y’Amajyepfo avuga ko umukungugu uva muri ayo mabati ari wo utera indwara.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muyongwe, Habanabakize Jean Claude atangaza ko amabagiro ashaje yubatswe mu Kagali ka Gasiza, Umurenge wa Muyongwe abangamiye abaturage kuko ateza umwanda kandi akaba yubatse mu muhanda.
Ibitaro bya Mibilizi biherereye mu karere ka Rusizi, byasinyanye amasezerano n’umuryango w’Abataliyani Azienda Ospedaliera di Legnano, azajya abifasha kubona ibikoresho bitandukanye mu buvuzi.
Umukobwa witwa Muhimpundu Jacqueline uzwi ku izina rya “Manyobwa” utuye mu Kagali ka Burimba mu Murenge wa Rushashi Akarere ka Gakenke afite umubyibuho udasanzwe kuko apima ibiro 100 kandi afite imyaka 10 y’amavuko.
Umugabo witwa Nzabahungirahe Germain utuye mu Kagali ka Buheta, Umurenge wa Gakenke mu Karere ka Gakenke amaze imyaka 19 arwaye indwara yo kubyimba ukuguru kuva ku kirenge kugeza aho gatereye.
Uyu mubyeyi yitwa Marie Goretti Mukarugambwa, avuga ko arwaye indwara y’Impyiko zose zamaze kwangirika, ku buryo umumaro zakoraga usigaye ukorwa n’imashini z’aho arwariye ku bitaro byitiriwe Umwami Faycal ku Kacyiru.
Umusore witwa Matayo Dushimirimana yiyemeje gukora ibishobka byose agashaka mituweli, nyuma yo gukora impanuka y’igare agasanga asabwa kwishyura amafaranga menshi kwa muganga, agahitamo kurwarira iwabo.
Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) n’u Rwanda by’umwihariko, bifite impungenge ku buziranenge bw’ibiribwa abaturage barya biturutse hanze, nk’uko babitangaje ubwo bemezaga ko bi biribwa bigomba kujya bigenzurwa, kuri uyu wa Mbere tariki 29/10/2012.
Mu cyumweru gishize abana babiri bazize inka bariye ziroze abandi bantu bagera ku 100 bajyanwa mu bitaro, nyuma y’aho umuganga w’abatungo yari yategetse ko izo nyama zigomba kujugunywa ariko abaturage bakabirengaho bakazitaburura.
Urubyiruko ruturuka mu mirenge itandukanye igize akarere ka Musanze, rwahuguriwe ko gukoresha agakingirizo atari uburyo bwitabazwa igihe kwifata byananiranye, ahubwo ko ubwo kwirinda SIDA n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.
Nubwo mu gihe cyashize hari amadini amwe namwe yari atsimbaraye atemera uburyo bwo kuringaniza imbyaro hakoreshejwe uburyo bita ubwa kizungu, ubu ahenshi mu bitaro no mu bigo nderabuzima by’amadini hatangirwa izo serivisi.
Ubwo itsinda ry’abaganga b’inzobere mu bizamini byo kwa muganga baturuka mu Budage basuraga Isange One Center tariki 24/10/2012 bashimye intambwe u Rwanda muri rusange na Polisi by’umwihariko bateye mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.