Aragira ati “njye nzi kuvura amavunja cyane muri aka karere ntekereza ko nta muntu undusha. Nkitangira kuyavura nabonaga abantu benshi baza kuyivuza kandi koko nkabona bayarwaye, ariko uko iminsi igenda ishira bagenda bagabanuka. Iki ni ikinyereka ko nzi kuvura amavunja.”
Uyu muvuzi wa Gihanga n’ubwo avuga ko afite umwihariko mu kuvura amavunja, si yo yonyine avura kuko avuga ko avura n’izindi ndwara nyinshi.
Yagize ati “mvura indwara zitandukanye kandi mbifitiye ubushobozi. Mvura ibimeme, igicuri, nyabingi, imvuvu zabaye akarande hamwe usanga umuntu yomoka ibintu bimeze nk’ifu mu mutwe. Nabanje mvura abo mu karere ka Rulindo, ariko ubu naguye ubuvuzi bwanje.”
Akomeza avuga ko ajya no kuvura abandi Banyarwanda bo mu gihugu hirya no hino kandi abenshi ngo baza kumushimira bavuga ko bakize.
Nepo kandi avuga ko akenshi usanga amavunja aterwa n’umwanda, bityo akaba agira inama abantu batuye mu byaro kwita ku isuku.
Hortense Munyantore
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
where is their full address?