Umuryango ushinzwe ubuzima ku isi (OMS) watangaje ko virusi nshya yitwa Coronavirus ifitanye isano n’iyitwa Sras yigeze guhitana abantu 774 muri 2003 kandi birakekwa ko yaba ituruka ku ducurama.
Uzanyinzoga Suzan w’imyaka 53, utuye mu kagari ka Musongati, umurenge wa Nyarusange mu karere ka Muhanga, afite uburwayi ku munwa amaranye imyaka 53 nta buvuzi arabona.
Bamwe mu bafite uburwayi bw’impyiko bwabaye akarande bavuga ko bategereje urupfu mu gihe kitarenze icyumweru, nyuma yo gusezererwa ku byuma bibagabanyiriza amazi mu mubiri aterwa no kudakora neza kw’impyiko.
Akarere ka Rubavu gashima ko ingamba zo kurwanya imirire mibi zafashwe zitanga icyizere ko Bwaki n’indwara zikomoka ku mirire mibi zizashira.
Mu gukomeza gushakira abaturage ari nabo bavamo abakiriya babo ubuzima bwiza Banki y’ubucuruzi ya Kenya (KCB) ishami rya Rusizi yatanze utumashini 10 twa glucometres dufasha abarwayi ba diyabete kumenya isukari bafite mu mubiri wabo.
Abaturage batuye ikirwa cya Mazane kiri mu kiyaga cya Rweru bahawe ubwato bugezweho kugirango bujye butwara ababyeyi kwa muganga kuko bahuraga n’ikibazo cyo kwambuka amazi bajya kwivuriza ku kigonderabuzima cya Nzangwa giherereye mu birometero nka 12.
Abavuzi gakondo mu karere ka Huye bategetswe kujya bacuruza imiti bikoreye bakarea gukoresha iva hanze, nyuma y’uko hari amaduka yagiye agaragara ko acuruza iyo miti ariko agahita afungirwa.
Ahantu henshi hageze gahunda ya kandagira ukarabe muri gahunda ngari yo kwimakaza umuco w’isuku, ariko kuri ubu usanga ahenshi ibikoresho byari byarashyizweho iyo kandagira ukarabe bitakiharangwa ahandi ukahasanga utujerikani turimo ubusa cyangwa twaboreyemo amazi.
Abaforumu 18 n’abaganga babiri bakuru bo mubitaro bikuru bya Mibirizi batangiye amahugurwa ku ikoreshwa ry’umuti mushya wa Malariya witwa Artesunate.
Ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara n’abashakashatsi b’Abanyamerika bagize amatsiko yo gukurikirana igisekuruza cy’ubwami muri Koreya bwatanze umwanzuro w’uko abagabo b’inkone barama imyaka 14 kurusha abadasiramuye.
Inzego zishinzwe kubungabunga ubuzima mu Rwanda zatangaje ko mu mwaka wa 2015 indwara ya Malariya izaba yaracitse mu Rwanda; nk’uko byatangajwe mu nama nyunguranabitekerezo ku kugabanya Malariya yatangiye i Kigali kuva kuri uyu wa gatatu tariki 26/09/2012.
Umuryango mpuzamahanga wa gikiristu (Word Vision) ufasha mu kurengera ubuzima bw’umwana, kurwanya ubukene n’akarengane, ntiwishimiye kuba mu Rwanda hari abana bagera kuri 52/1000 bapfa batarageza ku myaka itanu, bitewe n’impamvu zishobora kwirindwa.
Ishami ry’umuryango W’abibumbye ryita ku iterambere ry’abaturage (UNFPA) ritangaza ko kutita ku buzima bw’imyororokere bitera ingaruka nyinshi zirimo impfu z’ababyeyi basaga ibihumbi 800 bapfa babyara buri munsi ku isi.
Ihuriro ry’amashyirahamwe agenzura uko serivisi z’ubuzima zihabwa abaturage mu bigo nderabuzima no mu bitaro mu karere ka Nyamasheke na Rusizi (FASACO) riri guhugura abakangurambaga b’urungano bazarifasha guhugura urubyiruko ruri hagati y’imyaka 14 na 24 ku kurwanya icyorezo cya SIDA n’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.
Rwanda Military Hospital, tariki 24/09/2012, yatangije igikorwa cyo kuvura abacitse ku icumu bafite uburwayi butandukanye mu karere ka Kirehe ku bufatanye na FARG mu cyumweru cy’ibikorwa byahariwe ingabo (Army week).
Umuryango SFH (Society for Family Health) uherutse kwegurirwa ibikorwa byakorwaga na PSI, kuri uyu wa 23/09/2012 yatangije ku mugaragaro ibikorwa byayo mu karere ka Ngoma ahari hasanzwe hakorera PSI.
Igikorwa cyo kuvura amaso imfungwa n’abagororwa cyakorwaga n’ikipe y’abaganga bo ku bitaro bya gisirikari by’u Rwanda (RMH) muri za gereza zitandukanye cyarangiye 7609 babashije kubona ubufasha.
Ubushakashatsi bwa vuba buremeza ko abantu banywa agatabi bafite amahirwe make yo guhanagura ibishushanyo cyangwa inyandiko ku mubiri (tattoo), ndetse n’abafite za tattoo zirimo amabara y’ubururu n’umuhondo irengeje ubugari bwa cm 12.
Minisitiri w’ubuzima, Agnes Binagwaho, arasaba abayobozi b’ibitaro bya Remera Rukoma kwihutira gukemura ibibazo bya srivisi mbi zibirangwamo, nyuma y’uko abenshi mu bahivuriza bakomeje kwinubira serivisi bahabwa.
Indwara ya kanseri ishobora kuvurirwa mu Rwanda igakira burundu, cyane iyo ibonetse hakiri kare, nk’uko byemezwa n’abaganga bafite ubunararibonye mu kuvura iyi ndwara ihangayikishije isi kugeza uyu munsi.
Mukaniragire Soumaya arashinja abaforomo bo ku kigo nderabuzima cya Gihundwe kumurangarana bigatuma umwana amupfira mu nda ubwo yajyagayo tariki 18/09/2012.
Nzeyimana Zidan w’imyaka 12 na mushiki we Umuto Uwase w’imyaka 9 bakomoka mu karere ka Rusizi bafite indwara yo gucika ibisebe ku mubiri. Iyo ndwara ngo yabafashe kuva bagifite amezi icyenda.
Ubushakashatsi bwakozwe n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) buvuga ko indwara y’umusonga ari yo iza ku isonga mu guhitana abana benshi batarageza ku myaka itanu, kuko 18% by’abapfa ariwo ubahitana.
Umugabo witwa Ben Pawle yakoze agakingirizo k’abagabo gafunguzwa gusa ikiganza kimwe, mu rwego rwo korohereza abafite ubumuga bwo kugira akaboko kamwe.
Abanyeshuri bo kuri kaminuza ya Western University yo muri Canada bagiye kuza gukora ubushakashatsi bugamije guteza imbere ubuzima bw’ababyeyi n’abana muri Afurika y’Iburasirazuba.
Kuri uyu wa mbere tariki 17/09/2012 kuva saa kumi n’imwe kugera saa moya z’umugoroba, Minisitiri w’ubuzima, Dr Agnes Binangwaho, azasubiza ibibazo bijyanye na service z’ubuzima mu Rwanda mu kiganiro yishe MinisterMondays.
Nyuma yo guhurira ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook, urubyiruko rw’abasore n’inkumi biyemeje guhuza imbaraga mu rwego rwo gufasha abadafite kivurira, bashinga umuryango witwa Wake up Children Foundation ugamije ibikorwa by’urukundo.
Nzabamwita Emmanuel w’imyaka 23, wo mu murenge wa Mugina mu karere ka Kamonyi wari warakoze impanuka yatumye amara imyaka ibiri n’igice mu bitaro atihagarika akoresheje igitsina cye, yamaze kuvurirwa mu bitaro bya Gitwe.
Abatuye umurenge wa Nyarubaka bishyize hamwe bagura imodoka izajya ibahekera umurambo, mu gihe bajya ku irimbi rusange cyangwa se bakura uwatabarutse mu bitaro. Ngo ntawe uzongera kugurisha isambu kuko yapfushije umuntu.
Abaturage bo muri imwe mu midugudu yo mu murenge wa Kiyumba mu karere ka Muhanga babashije kwesa imihigo y’ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de santé) kubera ko bashyize hamwe buri muturage akamenya ibibazo bya mugenzi we.