Urubyiruko rwo mu karere ka Nyamagabe rwishimiye gahunda y’itorero yatangijwe izajya ikora mu birihuko n’ikindi gihe urubyiruko rudahugiye mu masomo, kugirango urubyiruko rubone urubuga rwo kuganiriramo no kwiga indangagaciro na kirazira biranga umuco Nyarwanda.
N’ubwo akarere ka Gakenke kari gasanzwe kazi ko gafite abantu bafite ubumuga 5041 siko bimeze kuko umushinga wita ku gutanga uburezi n’uburere ku bafite ubumuga (EEE Project) wagaragaje ko abafite ubumuga muri aka karere bageze ku 8596 kandi 67% muri bo babuvukanye.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyabihu buremeza ko hakigaragara abana bata ishuri bukaba bwafashe icyemezo ko umubyeyi bizagaragara ko ariwe nyirabayazana wo kuba umwana yaravuye mu ishuri azajya abihanirwa.
Ministeri y’uburezi (MINEDUC) iratangaza ko inama yiswe Innovative Africa irimo gutegurwa kubera i Kigali mu cyumweru gitaha izazamo abashoramari b’ibigo bikomeye ku isi mu by’ikoranabuhanga kugira ngo bafashe kuvugurura ireme ry’uburezi hashingiwe ku ikoranabuhanga.
Umubare w’abanyeshuri bitabira gufatira amafunguro ku ishuri uracyari hasi mu bigo by’amashuri byo mu karere ka Nyamagabe, bitewe n’impamvu z’ubukene no kutumva akamaro kabyo kwa bamwe mu babyeyi.
Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) iratangaza ko impinduka zihora zikorwa mu burezi zigamije kugirira inyungu uburezi bw’u Rwanda, n’ubwo hari benshi mu bana bagisa nk’aho babihomberamo kuko uburyo biga ubu atari bwo bakomeza kwigamo uko impunduka zibaye.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iri mu biganiro bigamije kunoza politiki y’uburezi kuva mu mashuri abanza kugeza muri kaminuza kuburyo amasomo atangwa mu mashuri yajya aba ahuye n’ubumenyi bukenewe ku isoko ry’umurimo.
Nyuma y’aho hashyiriwe gahunda y’uburezi budaheza, abanyeshuri bafite ubumuga barishimira intambwe abo bigana bamaze gutera ugereranyije na mbere, aho babafataga nk’abadafite agaciro ariko ubu bikaba byahindutse.
Bamwe mu barimu n’abashinzwe uburezi mu mirenge yose igize akarere ka Nyamasheke barasaba Leta ko ururimi rw’amarenga rwakwigishwa mu mashuri yose yo mu gihugu kugira ngo intego yayo yo kugira uburezi budaheza igerweho.
Mudahemuka Maurice umaze imyaka 13 yigisha muri Groupe Scolaire ya Mwendo mu karere ka Ruhango, yaremewe inka ya Kijyambere y’ikimasa ubwo hizihizwaga umunsi wa mwarimu tariki 10/10/2014.
Umuyobozi w’itorero ry’igihugu, Rucagu Boniface, atangaza ko bitandukanye na mbere y’umwaka wa 1994 aho Leta yahamagarira abanyabwenge gukora ikibi, ubu Leta ibahamagarira gutanga umusanzu mu kubaka igihugu cyabo bashyira imbere gukora icyiza aho gukora ikibi.
Umuryango Transparency Rwanda urasaba ababyeyi guhaguruka bagakurikirana imyigire y’abana babo, kuko byamaze kugaragara ko akenshi abana bahura n’ibibazo kubera ababyeyi baba barahariye gahunda zose abarezi, ibi bakaba bituma ireme ry’uburezi ridindira.
Bamwe mu barezi bo mu karere ka Kirehe baratangaza ko kuba umushahara wabo ubageraho utinze ari imbogamizi ku buzima bwabo bwa buri munsi. Ibi ni bimwe mu byatangajwe mu birori byo kwizihiza umunsi ngarukamwaka wahariwe mwarimu kuri iki cyumweru tariki 5/10/2014.
Abarimu bo mu karere ka Ngoma ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanaga w’umwarimu basabye ko abarimu bashyirirwaho ihahiro ryihariye kuri bo rihendutse ku giciro kugira ngo bahangane n’ibiciro byo ku masoko bitakijyanye n’umushahara.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe imibereho myiza muri MINALOC, Dr. Mukabaramba Alvera, yasabye ubuyobozi bw’akarere ka Musanze gukora ibishoboka byose kugira ngo abana b’abasigajwe inyuma n’amateka bagane ishuri kugirango bizagire uruhare mu gukemuka kw’ibibazo bafite.
Ubwo yatangizaga urugerero muri kaminuza n’amashuri makuru yo mu Rwanda kuwa gatatu tariki ya 1/10/2014, Nyakubahwa Minisitiri w’intebe (PM), Anastase Murekezi, yatanze impanuro zinyuranye harimo n’uko bikwiye ko amashuri yose, uhereye ku y’inshuke, yajya yigisha ibijyanye no kwihangira imirimo.
Nyuma y’amezi atatu gusa bamaze bahawe inyigisho, abakobwa n’abahungu bigishwa umwuga w’ubudozi mu kigo Yego Centre Nyamagabe babasha kwambara ibyo bidodeye harimo imyambaro y’ishuri (uniform), imyenda yo kwambara mu buzima busanzwe kandi bakabasha kudoda iyo bagurisha.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri byo mu karere ka Huye baributswa ko bagomba kuzuza inshingano zabo uko bikwiye, bakaboneka mu bigo bayobora, batitwaje indi mirimo cyangwa inshingano baba bafite ahandi.
Uwintije Gaudence utuye ku kirwa cya Bushongo, kiri mu kiyaga cya Burera, mu murenge Rugarama, akarere ka Burera, wabanjirije abandi bakobwa batuye kuri icyo kirwa kurangiza amashuri yisumbuye, avuga ko yifuza gukomeza kwiga ngo ariko ubukene bwamubereye inzitizi.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) irasaba ko inzego zose zishinzwe uburezi mu Ntara y’Iburasirazuba zongera ubukangurambaga mu babyeyi mu rwego rwo kugira ngo ibibazo bigaragara hari abana bamwe barya ku ishuri naho abataratanze umusanzu ntibarye bikemuke.
Ikigo cy’ikoranabuhanga Victory Technologies cyahaye impamyabushobozi abakozi 33 cyahuguraga mu gihe cy’amezi atatu muri porogaramu z’ikoranabuhanga, zidasanzwe zigirwa mu Rwanda. Aba bakozi bakemeza ko bibafunguriye imiryango yo guhangana n’abanyamahanga bihariye isoko mu Rwanda.
Ku nshuro ya kane, mu Rwanda hatangiye ibizamini ngiro, ku banyeshuri basoza icyiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye, aho umuhango wo gutangiza ibi bizamini wabereye mu ishuri ryitiriwe mutagatifu Kizito riherereye mu murenge wa Save mu karere ka Gisagara tariki 11/09/2014.
Ubwo hizihizwaga umunsi wahariwe guca ubujiji uba buri tariki 08 nzeri, Minisiteri y’Uburezi yasabye ko Abanyarwanda nibura kujya bafata iminota icumi ku munsi yo gusoma ibitabo mu rwego rwo guca ubujiji.
Ushinzwe uburezi mu karere ka Rutsiro aratangaza ko inda zidateganyijwe mu mashuri zagabanutse mu gihe hari igihe zari zarabaye nk’icyorezo aho wasangaga yakira raporo y’ibigo byinshi bivuga ko bifite abana b’abakobwa batwite.
Umuyobozi wa Banki y’isi mu Rwanda, Carolyn Turk, hamwe n’uhagarariye itsinda SDP, Skills Development Project rishinzwe guteza imbere ubumenyingiro mu mashuri y’imyuga mu Rwanda, bwana Hiroshi Saeki baragaragaza icyizere ko imirimo yo kubaka amashuri y’imyuga mu ntara z’Iburasirazuba no mu majyaruguru izarangira nk’uko (…)
Abanyeshuri b’abakobwa bo mu rwunge rw’amashuri rwa Gasagara mu murenge wa Gikonko mu karere ka Gisagara bibumbiye mu matsinda yo kwizigama, barahamya ko bituma badata amashuri ku mpamvu zo kubura ubushobozi.
Muri gahunda y’uburezi budaheza, abafite ubumuga biga mu mashuri abanza ndetse n’ayisumbuye bo mu karere ka Rutsiro boroherejwe kwiga bitabagoye n’umushinga utegamiye kuri Leta Handicap International.
Nubwo bamwe mu banyeshuri bashima gahunda ya Leta yo kugaburira abana ku mashuri, hari abatarabashije kwishyura imisanzu ibahesha uburenganzira bwo kugaburirwa ku ishuri kimwe n’abandi, ku buryo ngo iyo bagenzi ba bo bagiye kurya bo basigara mu mashuri bigatuma biga amasomo ya nyuma ya saa sita bibagoye kuko abatariye baba (…)
Murwanashyaka Jean d’Amour, umunyeshuri mu mwaka wa gatandatu w’Indimi n’Ubuvanganzo mu Kigo cy’Amashuri yisumbuye cya Bisesero mu Karere ka Karongi ahamya ko kureka ibiyobyabwenge byamufashije kuba umuntu mushya kandi akaba ngo asigaye ari umunyeshuri mwiza dore ko ngo yagize amanota 75% akaba uwa kabiri kandi ubundi (…)
Mu Karere ka Bugesera hatangijwe ibikorwa byo kubaka ibyumba by’amashuri byo muri gahunda y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12, azubakwa mu mezi ane kuko azigirwamo mu mwaka w’amashuri wa 2015.