Bamwe mu rubyiruko rutuye umurenge wa Mpanga ho mu karere ka Kirehe ruvuga ko rufite ubushake bwinshi bwo kwiga imyuga ariko rugahura n’imbogamizi zuko amashuri yigisha imyuga atarabageraho aho batuye mu cyaro.
Abahinzi b’icyayi bibumbiye muri koperative “Coopte Mulindi” bashyikirije ku mugaragaro amashuri yasaniye urwunjye rw’amashuri rwa Mulindi ku nkunga ya miliyoni zisaga 26.
Ubwo hatahwaga icumbi ry’abarimu bigisha kuri G.S Cyabayaga mu murenge wa Mimulimu karere ka Nyagatare kuri uyu wa 21 Gicurasi, abarimu bizeje ko umusaruro w’amasomo uziyongera ndetse n’ayo bakoreshaga mu bukode yakoreshe indi mishinga yabateza imbere.
Abakozi biga muri za kaminuza zo mu mahanga bagiriwe inama n’abayobozi bo mu karere ka Nyamasheke mu buryo bakwigamo hanze y’igihugu kandi bakarushaho kuba umusaruro ku Rwanda ariko ibyo ntibireba abayobozi bafite inshingano zo kwita ku baturage umunsi ku munsi nk’abanyamabanga nshingwabikorwa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko bugiye gutangiza ikigo kigisha imyuka (TVET) kizafasha urubyiruko rutandukanye rwo muri ako karere gukora indi mirimo idashingiye ku buhinzi.
Itorero ADEPR, ribifashijwemo n’umushinga USAID Ejo heza, ryatangije igikorwa cyo kwigisha abantu bakuru kwandika, gusoma no kubara hifashishijwe telephone zigendanwa. Iki gikorwa cyatangijwe tariki 6/5/2014 nyuma y’amezi atatu kigeragejwe bagasanga bitanga umusaruro ufatika.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke butangaza ko nta muntu n’umwe wemerewe kujya kwiga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo kubera impamvu nyinshi zirimo umutekano w’igihugu, impamvu z’uburezi buhatangirwa, umuco n’ibindi.
Mu muhango wo gusabana kw’abakozi b’akarere ka Nyamasheke, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 2/5/2014, mu nzu mbera byombi y’akarere, umuyobozi w’akarere yasabye abarimu kwima amatwi umwanzi urekereje ngo ahindure imitima yabo.
Umuyobozi w’agateganyo w’Ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’iburasirazuba (IPRC East) Ing. Euphrem Musonera arahamagarira abakozi kurushaho gutanga services nziza kandi ku gihe kugirango iri shuri rirusheho kugera ku ntego zaryo.
Minisitiri w’Ubutegetsi w’Igihugu, James Musoni, yabwiye Abanyamusanze ko abantu bashaka kongera ubumenyi hanze y’igihugu bari mu kazi bagomba kubisabira uruhusa ababakuriye mu kazi kuko bashobora kuba bajyanwa n’izindi gahunda.
Itorero “Evangelical Restauration Church” mu karere ka Rwamagana, kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 23/04/2014 ryatanze inkunga y’ibikoresho bifite agaciro k’amafaranga miliyoni 7 n’ibihumbi 500 ku banyeshuri batishoboye bo muri aka karere basanzwe bafashwa n’Umuryango Compassion International.
Georgette Umuringa wahoze ari umwarimu mu gihe cya Jenoside atangaza ko aterwa ipfunwe kubera uburezi bwa mbere ya Jenoside yakozemo, bwavanguraga abanyeshuri bugendeye ku moko yagejeje igihugu kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abanyeshuri biga mu kigo cya Saint Paul international School bageneye inkunga igizwe n’ibiribwa n’imyenda abanyarwanda birukanwe muri Tanzania bari mu karere ka Ngoma mu murenge wa Zaza.
Umuyobozi w’itorero ry’igihugu, Rucagu Boniface, atangiza itorero muri Kaminuza yigenga ya ULK ishami rya Gisenyi taliki 02/04/2014 yatangaje ko ULK ishimirwa kuba intangarugero mu gutangiza Kaminuza yigenga mu Rwanda bijyanye n’indangagaciro z’Ubunyarwanda.
Umuyobozi w’umuryango Imbuto Foundation, Ladegonde Ndejuru, kuri uyu wa 31 Werurwe 2014, yatangaje ko mu myaka iri imbere uyu muryango uzajya uhemba abana bose muri rusange aho guhemba abakobwa gusa.
Abatuye umurenge wa Mutendeli mu karere ka Ngoma barashima ikigo cy’imyidagaduro n’ikoranabuhanga (Mutendeli Community Center) cyafunguwe iwabo cyubatswe n’umukorerabushake w’Umunyamerika witwa Brian Lee ukorera mu muryango U.S. Peace corps.
Ku cyumweru tariki 30/03/2014, Imbuto Foundation yahembye abana b’abakobwa mu mashuri abanza n’ayisumbuye, babonye amanota ya mbere mu mwaka ushize w’amashuri. Ibi ngo bigamije kubafasha kuzasarura imbuto nziza zereye igihe, nk’uko Umukuru w’abadepite, Donatilla Mukabalisa yabibamenyesheje.
Abaturage b’akarere ka Gatsibo barasabwa gukomeza gushyigikira uburezi bw’umwana w’umukobwa nk’imwe mu nkingi z’ibanze zo kuzamura ubukungu bw’igihugu kuko umukobwa wize agatera imbere adasiga inyuma umuryango we.
Abaturage babarirwa muri 555 bo mu Karere ka Karongi basoje amasomo yo kwandika, gusoma no kubara , kuri uyu wa gatanu tariki 21 Werurwe 2014, binyuze mu iterero rya ADPR ku nkunga y’umuryango Global Communities ubicishije mu mushinga USAID EJO HEZA barishimira ko bavuye mu mubare w’injiji bakaba bagiye kujyana n’abandi (…)
Umuhuzabikorwa w’ikigo cy’urubyiruko cya Kayonza, Mwiseneza Jean Claude avuga ko isomero ryafunguwe muri icyo kigo rizagira uruhare runini mu kugabanya umubare w’urubyiruko rwishoraga mu bikorwa bibi.
Abasenateri bari muri komisiyo y’imibereho myiza, uburengazira bwa muntu n’ibibazo by’abaturage baganiriye n’abayobozi b’ibigo by’amashuli abanza n’ayisumbuye yo mu karere ka Nyanza kuwa 13/03/2014, biga ku kibazo cyo kuzamura ireme ry’uburezi no gushakira umuti imbogamizi zose zibubangamiye.
Isomero ryashyizweho n’ishuri rikuru ry’amahoteri n’ubukerarugendo (RTC) ishami rya Rubavu ku bufatanye n’Ambasade y’Amerika mu Rwanda, taliki ya 12/3/2014, ryizihije imyaka 2 ritangiye gukora mu kwigisha abaturage bo mu karere ka Rubavu Icyongereza no kubagezaho serivise bibashishikariza gusoma.
Abarimu bo mu karere ka Nyanza mu ntara y’Amajyepfo basoje amahugurwa ku kwimika amahoro arambye mu Rwanda, baratangaza ko biyemeje kuba abigisha b’amahoro bahereye ku bana basanzwe barera.
Mu gihe impunzi ziri mu Rwanda zitabasha kubona uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 nk’uko Abanyarwanda babasha kububona bikaba imbogamizi ku rubyiruko rw’impunzi, minisiteri ifite imicungire y’ibiza n’impunzi mu nshingano zayo (MIDIMAR) iratangaza ko hari icyizere ko iki kibazo cyazakemuka maze urwo rubyiruko narwo rukabasha (…)
Nyuma y’ibyumweru hafi bibiri hatangijwe itorero mu mashuri abanza n’ayisumbuye, ryanatangijwe muri kaminuza no mu mashuri makuru. Iki gikorwa cyabereye kuri sitade ya Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, ku itariki ya 4/3/2014.
Abanyeshuri bafite ubumuga bwo kutabona biga mu rwunge rw’amashuri rwa Gahini mu karere ka Kayonza bavuga ko kuba abafite ubwo bumuga batiga mu mashami ya siyansi atari uko batayashobora, ahubwo ngo biterwa n’uko nta bikoresho byabugenewe bihari abo banyeshuri bakoresha igihe biga ayo masomo.
Umuyobozi wungirirje mu nteko nyarwanda y’ururimi, Dr Kayishema Jean Marie Vianney, arihanangiriza ibigo by’amashuri usanga babuza abanyeshuri kuvuga Ikinyarwanda igihe bari ku ishuri ngo babashe kumenya izindi ndimi z’amahanga.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri hamwe n’abarezi baravuga ko kwigisha amahame y’itorero ry’igihugu mu mashuri bizoroha cyane kuko itorero ku rwego rw’amashuri ryatangijwe abanyeshuri baramaze gucengera ibyiza byaryo ndetse bakaba basanzwe bafite indangacaciro na za kirazira bagenderaho.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Dr. Mathias Harebamungu, avuga ko gutangiza itorero ry’igihugu mu mashuri abanza n’ayisumbuye ari igikorwa gikomeye ku gihugu cy’u Rwanda.
Mu Rwanda hatangijwe irushanwa ryiswe “Andika Rwanda” rigamije guteza imbere umuco wo gusoma no kwandika no gufasha abana kubona ku buryo bworoshye inkuru n’imivugo byo gusoma.