Minisitiri w’uburezi mu Rwanda, Prof Silas Lwakabamba ari kumwe n’umunyamabanga wa Leta uhoraho muri iyi minisiteri bahagarukijwe no kuganira n’inzego zishinzwe uburezi mu Ntara y’Amajyepfo mu rwego rwo kurushaho kuzamura ireme ryabwo.
Abanyeshuri bashoje amashuri yisumbuye babona nta mpungenge bafite yo guhura n’ikibazo cy’ubushomeri kuko ngo bizeye ubumenyi bakuye mu masomo cyane cyane ajyanye no kwihangira imirimo.
Gahunda yo kugaburira abanyeshuri biga amashuri y’uburezi bw’imyaka 12 (12-YBE) ngo uretse kurinda abana isari, gusangirira hamwe bigira uruhare kandi mu kubatoza gukundana no kubana neza bigereranwa na gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” ku bantu bakuru.
Abayobozi b’inzego zitandukanye ku rwego rw’igihugu n’intara y’Iburengerazuba bahagurukijwe no kureba ibibazo bituma abana bata amashuri abandi bagasibizwa mu buryo butumvikana.
Bamwe mu barimu n’abashinzwe uburezi mu Karere ka Rusizi baravuga ko bishimira intambwe imaze guterwa muri gahunda y’uburezi budaheza kuko yatumye n’abana bafite ubumuga butandukanye bagerwaho n’uburezi.
Abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye bafashwa n’umuryango Imbuto Foundation bishimira kuba barabonye uyu muterankunga watumye babasha gukomeza amashuri ndetse no kuba bahurizwa mu ngando bagira mu biruhuko.
Abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye barihirwa amafaranga y’ishuri n’Imbuto Foundation bateraniye mu ihuriro bagenewe n’umuterankunga wabo Imbuto Foundation muri ibi biruhuko, mu ihuriro riri kubera muri rwunge rw’amashuri yubumbuye rwa Butare GSOB.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Gakenke barangije amashuri yisumbuye batangiye ibikorwa by’itorero, baratangaza ko gahunda y’itorero uretse kuba ngombwa kuri buri Munyarwanda inatuma basobanukirwa byinshi batari bazi ku Bunyarwanda n’indangagaciro zabwo.
Minisitere y’uburezi, Minisitere y’urubyiruko n’ikoranabuhanga hamwe n’impugucye mu kigo cya Intel barimo gukora igenamigambi ry’uburezi mu Rwanda ritegenya ko mu myaka ibiri abanyeshuri bose mu Rwanda bagomba ku bakoresha mudasobwa.
Nyuma y’uko mu mwaka w’amashuri ushize, mu ntara y’Iburasirazuba abarimu bakopeje abanyeshuri, bigatuma ibizamini by’abana basaga 1800 biba imfabusa, muri uyu mwaka wa 2014 irashimirwa ko nta bikorwa nk’ibyo byongeye kugaragara.
Umuryango utari uwa Leta ufasha abafite ubumuga wa Handicap International wishimiye aho usize ugejeje gahunda y’uburezi budaheza mu gihe umaze ukorera mu Karere ka Rutsiro.
Kaminuza y’u Rwanda (UR) yiyemeje ko igiye guhagurukira ikibazo cy’itinda ry’amafaranga agenerwa abanyeshuri buri kwezi yo kubafasha, ku buryo bitazongera kujya birenza ibyumweru bitatu atarabageraho igiye yarekuwe na Minisiteri y’Imari n’igenamigambi (MINECOFIN).
Abahungu bahoze ari mayibobo n’abakobwa bahoze mu buraya mu mujyi wa Rusizi 18 bahawe impamyabushobozi zitandukanye mu myuga bamazemo iminsi biga, izabafasha guhinduka abantu bazima bafite ejo heza hazaza.
Umuyobozi w’ikigo cy’ishuri ry’inshuke n’amashuri abanza cya Centre Scolaire de Kabeza kiri mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro, Mugabekazi Julie aravuga ko ababyeyi bohereza abana babo kwiga mu bihugu bikikije u Rwanda baba bihunza inshingano zo kurera.
Ubuyobozi bw’akarere, abayobozi b’uburezi, abayobozi b’ibigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye , abarimu ndetse n’abafatanyabikorwa batandukanye bakoze inama tariki 24/11/2014 bagasanga ireme ry’uburezi riri hasi banafata ingamba zo kurizamura.
Urubyiruko rwo mu karere ka Nyamagabe rwishimiye gahunda y’itorero yatangijwe izajya ikora mu birihuko n’ikindi gihe urubyiruko rudahugiye mu masomo, kugirango urubyiruko rubone urubuga rwo kuganiriramo no kwiga indangagaciro na kirazira biranga umuco Nyarwanda.
N’ubwo akarere ka Gakenke kari gasanzwe kazi ko gafite abantu bafite ubumuga 5041 siko bimeze kuko umushinga wita ku gutanga uburezi n’uburere ku bafite ubumuga (EEE Project) wagaragaje ko abafite ubumuga muri aka karere bageze ku 8596 kandi 67% muri bo babuvukanye.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyabihu buremeza ko hakigaragara abana bata ishuri bukaba bwafashe icyemezo ko umubyeyi bizagaragara ko ariwe nyirabayazana wo kuba umwana yaravuye mu ishuri azajya abihanirwa.
Ministeri y’uburezi (MINEDUC) iratangaza ko inama yiswe Innovative Africa irimo gutegurwa kubera i Kigali mu cyumweru gitaha izazamo abashoramari b’ibigo bikomeye ku isi mu by’ikoranabuhanga kugira ngo bafashe kuvugurura ireme ry’uburezi hashingiwe ku ikoranabuhanga.
Umubare w’abanyeshuri bitabira gufatira amafunguro ku ishuri uracyari hasi mu bigo by’amashuri byo mu karere ka Nyamagabe, bitewe n’impamvu z’ubukene no kutumva akamaro kabyo kwa bamwe mu babyeyi.
Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) iratangaza ko impinduka zihora zikorwa mu burezi zigamije kugirira inyungu uburezi bw’u Rwanda, n’ubwo hari benshi mu bana bagisa nk’aho babihomberamo kuko uburyo biga ubu atari bwo bakomeza kwigamo uko impunduka zibaye.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iri mu biganiro bigamije kunoza politiki y’uburezi kuva mu mashuri abanza kugeza muri kaminuza kuburyo amasomo atangwa mu mashuri yajya aba ahuye n’ubumenyi bukenewe ku isoko ry’umurimo.
Nyuma y’aho hashyiriwe gahunda y’uburezi budaheza, abanyeshuri bafite ubumuga barishimira intambwe abo bigana bamaze gutera ugereranyije na mbere, aho babafataga nk’abadafite agaciro ariko ubu bikaba byahindutse.
Bamwe mu barimu n’abashinzwe uburezi mu mirenge yose igize akarere ka Nyamasheke barasaba Leta ko ururimi rw’amarenga rwakwigishwa mu mashuri yose yo mu gihugu kugira ngo intego yayo yo kugira uburezi budaheza igerweho.
Mudahemuka Maurice umaze imyaka 13 yigisha muri Groupe Scolaire ya Mwendo mu karere ka Ruhango, yaremewe inka ya Kijyambere y’ikimasa ubwo hizihizwaga umunsi wa mwarimu tariki 10/10/2014.
Umuyobozi w’itorero ry’igihugu, Rucagu Boniface, atangaza ko bitandukanye na mbere y’umwaka wa 1994 aho Leta yahamagarira abanyabwenge gukora ikibi, ubu Leta ibahamagarira gutanga umusanzu mu kubaka igihugu cyabo bashyira imbere gukora icyiza aho gukora ikibi.
Umuryango Transparency Rwanda urasaba ababyeyi guhaguruka bagakurikirana imyigire y’abana babo, kuko byamaze kugaragara ko akenshi abana bahura n’ibibazo kubera ababyeyi baba barahariye gahunda zose abarezi, ibi bakaba bituma ireme ry’uburezi ridindira.
Bamwe mu barezi bo mu karere ka Kirehe baratangaza ko kuba umushahara wabo ubageraho utinze ari imbogamizi ku buzima bwabo bwa buri munsi. Ibi ni bimwe mu byatangajwe mu birori byo kwizihiza umunsi ngarukamwaka wahariwe mwarimu kuri iki cyumweru tariki 5/10/2014.
Abarimu bo mu karere ka Ngoma ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanaga w’umwarimu basabye ko abarimu bashyirirwaho ihahiro ryihariye kuri bo rihendutse ku giciro kugira ngo bahangane n’ibiciro byo ku masoko bitakijyanye n’umushahara.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe imibereho myiza muri MINALOC, Dr. Mukabaramba Alvera, yasabye ubuyobozi bw’akarere ka Musanze gukora ibishoboka byose kugira ngo abana b’abasigajwe inyuma n’amateka bagane ishuri kugirango bizagire uruhare mu gukemuka kw’ibibazo bafite.