Mu gutangaza amanota y’ibizamini mu mashuri yisumbuye n’icyiciro rusange y’umwaka wa 2015, Minisiteri y’Uburezi yagaragaje ko imitsindire yazamutse ugereranyije n’umwaka wa 2014.
Kuri uyu wa kane, abanyeshuri barenga 250.000 bakoze ibizamini bisoza amashuri abanza n’ay’icyiciro rusange bazafata ifunguro rya ku manywa bazi uko bakoze.
Nubwo Leta yemerera ababyeyi kwishingira amashuri y’abana b’incuke, Akarere ka Gasabo karavuga ko hashobora kuba hatangiye kuzamo akajagari.
Ababyeyi bo mu Karere ka Nyagatare baravuga ko amashuri y’incuke yo ku rwego rw’umudugudu adakora kubera amikoro n’imyumvire by’ababyeyi.
Ishami rishinzwe uburezi mu Karere ka Gatsibo ritangaza ko muri ako karere hakenewe abarimu bashya 146 mu mashuri atandukanye.
Perezida Kagame n’abandi bayobozi, basobanuriye abanyeshuri bo muri Kaminuza ya Stanford muri Amerika, akamaro ka Referandumu n’ejo hazaza h’u Rwanda.
Mu Rwanda hagiye kubakwa ku ikubitiro ibigo bitatu by’icyitegererezo mu mashuri makuru muri Afurika y’Iburasizuba n’iy’Amajyepfo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo n’abiga mu ishuri rya Gikomero, barizeza kuzamuka kw’ireme ry’uburezi nyuma yo guhabwa inkunga irimo za mudasobwa.
Umukozi wa Mount Kenya University (MKU) mu Karere ka Ngororero avuga ko gutangiza amasomo muri ako karere byahagaritswe no kubura umubare uhagije w’abanyeshuri.
Ubuyobozi bushya bw’abanyeshuri ba kaminuza ya Kibogora Polytechnic (KP) bwarahiriye ku mugaragaro kuzayobayobora neza babizeza ubuvugizi ku bibazo bahura nabyo.
Abatuye mu Mudugudu wa Kabahushi mu Kagari ka Sakara mu Murenge wa Murama barasaba kwegerezwa amashuri kuko baterwa impungenge n’abana bato biga kure bazamuka imisozi.
Umuyobozi wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Prof Kalisa Mbanda, avuga ko Komisiyo y’Igihugu y’Amatora(NEC) nta gitutu yashyizweho mu gutegura Referendumu kuko yigenga.
Imbwe mu miryango yo mu Karere ka Nyagatare, iracyafata ababana n’ubumuga nk’imburamumaro mu muryango, mu gihe bo bavuga ko bashoboye.
Icyicaro gikuru cy’Ishuri Rikuru ry’Afrika ry’Ubumenyi mu Mibare (AIMS), guhera mu mwaka utaha wa 2016, kigiye kwimurirwa mu Rwanda kivuye muri Afurika y’Epfo.
Umuryango Action Aid uvuga ko gahunda uri gufatanyamo n’Akarere ka Karongi ku ishyirwaho ry’amashuri y’incuke, izatuma abagore babohoka bagakora.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) irasaba abayobozi b’ibigo by’amashuri nderabarezi (TTC) byahawe imodoka kutazikoresha mu nyungu zabo mu rwego rwo kuzifata neza.
Tuyisenge Odette umukobwa w’imyaka 21 nyuma yo kubyara mbere y’iminsi itatu ngo ibizamini bya Leta bitangire ashimishijwe no kwemererwa gukora ibizamini ifite uruhinja.
Umukobwa witwa Germaine Mukanyandwi wiga kuri G.S. Nyarunyinya, kuri uyu wa 12 Ugushyingo 2015 yakoreye ibizamini bya Leta kuri Poste de Santé.
Umunyeshuri witwa Mukasekuru Charlotte ufite imyaka 30 yageze mu kigo cya College Amis des Enfants aho yagombaga gukorera ikizami cya Leta afatwa n’ibise ahita ajya kwa muganga arabyara, ariko akomeza gukora ibizamini.
Abanyeshuri 2668 nibo bakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye mu mashuri nderabarezi mu bigo 18 mu Rwanda.
Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda, Kiyokazu Ota yatashye inyubako y’ishuli rya Nyanza Peace Academy riherereye mu Karere ka Nyanza.
Ibyumba by’amashuri birimo kubakwa mu Murenge wa Juru mu Karere ka Bugesera ngo byitezweho kugabanya ubucucike bw’abana mu ishuri.
Mu gihe abanyeshuri bo mu Rwanda biteguye ibizamini bisoza amashuri abanza n’ibyiciro by’ayisumbuye, Intara y’Iburasirazuba yakajije ingamba zo guca “gukopera.”
Ishuri ry’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12, ES Mutima, kuri uyu wa 25 Ukwakira 2015, ryishimiye ko ryatsindishije ku kigero cya 95% mu bizamini bya Leta.
Urubyiruko rwo mu Murenge wa Kibumbwe, rufite icyizere cy’ejo hazaza heza, kuko rwabonye amashuri y’ubuntu kandi ruturuka mu miryango ikennye.
Kuri uyu wa 20 Ukwakira 2015, mu Karere ka Gatsibo habaye inama yiga ku buryo bwo kwita ku burezi bw’abana bafite ubumuga.
Nikuze Vestine wigisha ku ishuri ry’Urwunge rw’Amashuri rya Murama mu Murenge wa Musasa mu Akarere ka Rutsiro arasaba gufashwa kwivuza
Ababyeyi n’abarezi bo mu Kagari ka Mbare mu Murenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga baravuga ko ishuri rishya rya Rubugurizo rizabafasha kuboneza inkingi eshatu z’uburezi.
Abagize Ihuriro ry’Amashuri Makuru yo muri Afurika (AAU) basanga abayarangizamo bagomba kuba bafite ubumenyi buhagije butuma babona akazi cyangwa bakagahanga.