Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Muko, Akarere ka Musanze bamaze gusobanukirwa n’akamaro k’uburezi bw’abana babo, aho bakorera abandi baturage bifite kugira ngo babashe kwishyurira abana amafaranga y’ishuri ibihumbi 25 ku gihembwe mu mashuri y’incuke.
Ku wa 04 Mata 2015, Ishuri rikuru ryo kwigisha no guteza imbere amategeko (ILPD) riri mu Karere ka Nyanza ryatanze impamyabushobozi ku banyamategko barimo abacamanza, abashinjacyaha n’abunganira abandi mu mategeko 269 bize ibirebana n’uko amategeko akorwa ndetse n’uko ashyirwa mu ngiro mu gihe cy’amezi icyenda.
Kuva aho Kaminuza Gaturika y’u Rwanda (CUR) yafunguriye imiryango, mu mwaka w’2010, ku nshuro ya mbere , kuri uyu wa 31 Werurwe 2015, yatanze impamyabushobozi ku baharangije magana cyenda n’umwe.
Umuryango w’abanyakoreya y’Amajyepfo wa Good Neighbors wubakiye ishuri rya Kagina riri mu Kagari ka Kagina mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi inyubako zifite agaciro ka Miliyoni 130 z’amafaranga y’u Rwanda, zizabafasha kwinjira muri Gahunda y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 9.
Abanyeshuri barangije icyiciro cya gatatu muri kaminuza ya Open University of Tanzania (OUT) ishami rya Kibungo riri mu Karere ka Ngoma mu Murenge wa Kibungo barasabwa gukoresha ubumenyi bahawe mu kuzana impinduka zikemura ibibazo by’aho batuye.
Abanyeshuri bo mu Rwunge rw’amashuri rwa Shwemu ruri mu Murenge wa Rugerero, Akarere ka Rubavu bongeye gusubira mu masomo nyuma y’uko ababyeyi n’abayobozi b’ikigo bemeye kubagurira mudasobwa zo kwigiraho, kuko izari zisanzwe zatanzwe n’ikigo cy’igihugu gishinzwe uburezi (REB) zibwe.
Ishuri Ryisumbuye rya Rwamashyongoshyo, riri muri gahunda y’amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 (12YBE), riherereye mu murenge wa Gahengeri mu karere ka Rwamagana, ryaciye agahigo ko gutsindisha abanyeshuri bose uko ari 25 bakoze ikizame cya leta gisoza amashuri yisumbuye.
Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Ruhango baravuga ko bitoroshye gukangurira abana b’iki gihe kugira umuco wo gusoma kubera gukurira mu mafilime na televiziyo.
Komite y’abanyeshuri barahiriye kuyobora abandi mu Ishuri rikuru ry’Ubukerarugendo (RTUC), biyemeje ko bagiye guteza imbere imyigire yifashisha ikoranabuhanga, kugira ngo bigabanye umwanya abanyeshuri batakazaga bajya gushaka amanota kwa mwalimu.
Abanyeshuri 230 bigaga mu Ishuri rRikuru rya ISPG “Institut Superieur Pédagogique de Gitwe”, mu mashami ya Bio-medical, ubuforoma na computer science, kuri uyu wa 26 Gashyantare 2015, bashykirijwe impamyabumenyi zabo maze basabwa kurangwa n’ubwitange no kwakira neza mu ababagana kazi kabo.
Abanyeshuri 483 barangije mu mashami atandukanye mu Ishuri Rikuru ry’Ubumenyingiro rya INES-Ruhengeri barakangurirwa gukoresha ubumenyi bahawe bagahanga imirimo mishya aho guhora basiragira hirya no hino basaba akazi.
Akarere ka Ngoma katashye ku mugaragaro ibyumba by’amashuri icyenda n’ubwiherero 12 byatwaye miliyoni zigera kuri 48, muri gahunda yihariye yo gusimbuza bimwe mu byumba by’amashuri bishaje.
Abanyeshuri barangije muri Lycée Ikirezi de Ruhango baravuga ko biteguye kujya ku isoko ry’umurimo kandi ko ubumenyi bahawe atari ubuzatuma biruka inyuma y’akazi, ahubwo bagomba gutinyuka bakihangira imirimo.
Abasigajwe inyuma n’amateka bo mu Mudugudu wa Nyarutovu, Akagari ka Gitarama, Umurenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga bavuga ko abana babo batiga amashuri y’inshuke kuko nta bushobozi bwo kubarihirira bafite.
Ababyeyi barerera mu ishuri rya G.S. St Joseph Muhato bavuga ko bahangayikishijwe n’uburyo umunyamabanga nshungamutungo, Karamira Jacques yananiwe kugaragaza irengero ry’amafaranga arenga miliyoni 1 n’ibihumbi 200 akandika avuga ko azayasubiza ikigo ariko imyaka ikaba ishize ari ibiri atarayagarura.
Ishuri rikuru ryigenga y’Abadivantisiti b’abalayiki ya Kigali (INILAK) yashyikirije impamyabushobozi abanyeshuri 772 barangije mu cyiciro cya kabiri cya kaminuza n’abandi 48 barangije mu cyiciro cya gatatu cya kaminuza, mu muhango wabaye ku wa kane tariki 12/2/2015.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangije igenzura rigamije kureba uburyo ireme ry’uburezi n’isuku bihagaze mu bigo by’amashuri byose bikorera mu turere tuwugize.
Umugore w’ imyaka 44 n’umugabo w’imyaka 43 bo mu Karere ka Musanze bafashe icyemezo cyo gusiga abana n’abafasha babo mu rugo basubira ku ntebe y’ishuri kwiga imyuga, kugira ngo bazagire icyo bamarira imiryango yabo.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ishyigikiye uburezi butangwa mu mashuri y’abadivantisiti b’umunsi wa karindwi, kuko bujyana n’ibyo igihugu kirimo guha imbaraga kugira ngo bisubize ibibazo bijyanye n’ubukungu hamwe n’imibereho y’abenegihugu.
Mu rwego rwo kurengera ibidukikije ndese no kubyaza umusaruro imyanda, mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro ryo mu Karere ka Huye, IPRC-South, batangiye kubyaza ibisigazwa by’ibarizo imbaho (panneaux) zo kwifashishwa hakorwa ibikoresho bisanzwe n’ubundi bikorwa mu mbaho.
Ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’iburasirazuba (IPRC East) ryatanze impamyabushobozi ku banyeshuri 231 barangije amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro guhera muri 2012.
Urubyiruko rusanga 170 rwo mu cyaro nyuma yo kwigishwa imyuga itandukanye n’umushinga E.H.E (Education Health and Economy), rwemeza ko umwuga bize watangiye kubagirira akamaro bakiwiga bityo bagasaba ko mashuri y’imyuga yakegerezwa urubyiruko rwo mu cyaro.
Abanyeshuri bo mu Karere ka Gatsibo barangije icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye bakaba batarabona ibigo bakomerezaho nyuma yo gusaba ko bahindurirwa aho bari bashyizwe, bavuga ko bahangayikishijwe n’uko amasomo ari kubacika.
Ishuri rikuru ry’abadivantisti b’abalayiki rya Kigali (INILAK) ryiyemeje gukorana n’Ikigo giteza imbere ibaruramari (iCPAR), kugira ngo abaryigamo ndetse n’abaharangije amasomo ajyanye n’icungamari, bazajye bakorera impamyabushobozi y’umwuga w’ibaruramari iri ku rwego mpuzamahanga.
Bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri abanza yo mo turere tugize intara y’Amajyepfo turimo utwa Kamonyi, Muhanga, Ruhango na Nyanza ntibavuga rumwe na Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda ku mibare y’abana ivuga ko bataye ishuri mu mwaka ushize wa 2014.
Umuyobozi w’Intara y’amajyepfo, Munyantwari Alphonse arasaba abiga Filosofiya gukomeza kurangamira icyo bemera ariko bakanibuka ko hari n’ibindi bidatatirwa birimo umutekano w’igihugu, iterambere n’ibindi biteza imbere abanyarwanda.
Uwari umuyobozi w’Urwunge rw’amashuri rwa Murunda (GS Murunda) ruherereye mu Murenge wa Murunda ho mu Karere ka Rutsiro ukekwaho kwiba sima yari igenewe kubaka iryo shuri ubu yamaze gusimbuzwa by’agateganyo.
Umukobwa witwa Bamusonere Esther ageze mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye yirihira abikesha kuboha ibiziriko no guhimba imivugo, nyuma yo gukora umwuga w’ubushumba n’ubuyaya.
Umuyobozi w’akarere ka Burera, Sembagare Samuel, asaba abayobozi b’ibigo by’amashuri gukora ibishoboka byose bakitegura abanyeshuri, bakora isuku ku bigo kugira ngo ku munsi wa mbere abo banyeshuri bazaba batangiriyeho umwaka w’amashuri 2015, bazahite batangira kwiga.
Ibyumba by’amashuri bigera kuri 48 biri gutegurwa kugira ngo bizigirwemo mu mwaka w’amashuri wa 2015, kugeza ubu nta na kimwe kiruzura neza ku buryo ku munsi w’itangira ry’amashuri abana bazakijyamo kakigiramo, mu gihe hasigaye iminsi ibarirwa ku ntoki abana batangire amasomo.