Abanyeshuri ba Collège Gitwe mu Karere ka Ruhango biga ibijyanye n’ubumenyi rusange, bagaragarije abayobozi n’imiryango yabo ubuhanga bamaze kwiga bwo gukamura amavuta mu bihingwa, bifashishije ikoranabuhanga ry’inganda zigezweho.
Minisitiri w’Uburezi, Dr Joseph Nsengimana, avuga ko kwigisha umwana ufite ubumuga atari impuhwe aba agiriwe, ahubwo ko ari inshingano ku babishinzwe kugira ngo na we yige nk’abandi bana badafite ubumuga.
Abakurikiranira hafi iby’uburezi bwifashisha ikoranabuhanga mu Rwanda, basanga amashuri yo mu cyaro agifite ikibazo gikomeye cy’ubuke bw’ibikoresho by’ikoranabuhanga, bikadindiza abanyeshuri bayigamo.
Ikiganiro EdTech Monday cya Mastercard Foundation cyo kuri uyu wa 24 Ugushyingo 2025, kiragaruka ku buryo u Rwanda rwakomeza kongerera Ikoranabuhanga mu mashuri yo mu cyaro, himakazwa uburezi bushingiye ku ikorabuhanga.
Madamu Jeannette Kagame yavuze ko we n’abandi babaye mu buhungiro mu gihugu cy’u Burundi, batigeze boroherwa no kuba impunzi, kuko hari amahirwe menshi abanyagihugu babonaga, ariko bo batari bemerewe.
Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ko yanejejwe no kumva ko abenshi mu barangije muri Kepler College bahita babona akazi mu gihe cy’umwaka umwe, kuko ari gihamya cy’ireme ry’uburezi buhatangirwa.
Aho Isi igeze uyu munsi uvuze uburezi ukibagirwa ikoranabuhanga, sinzi niba uwavuga ko ubwo burezi bwaba bufite icyo bubura kugira ngo bube bufite ireme yaba yibeshye, kubera uko uruhare rwaryo rumaze kugaragara mu buzima bwa buri munsi bwa muntu n’ibimukikije.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri bose ndetse n’abandi bafite aho bahuriye n’uburezi bo mu Karere ka Kirehe, ku wa Gatanu tariki ya 17 Ukwakira 2025 bahuriye mu mwiherero w’uburezi w’iminsi ibiri, mu rwego rwo kwishimira ibyo bagezeho no kurebera hamwe ingamba zatuma barushaho gukora neza.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Ukwakira 2025, yayoboye umuhango wo gutanga impamyabumenyi wabaye ku nshuro ya 11, ku barangije muri Kaminuza y’u Rwanda wabereye ku ishami rya Huye, aho abazihawe ari 9,526 barangije mu mashami arindwi, abasaba gukora cyane baharanira guhanga udushya.
Ku ishuri rya Kagarama Secondary School riherereye mu Karere ka Kicukiro, hasorejwe ku mugaragaro icyiciro cya mbere cy’umushinga Rwanda Smart Education Project, abanyeshuri n’abarimu bakagaragaza ko ikoranabuhanga bize rigiye kuborohereza mu masomo.
Ingingo y’imihindagurikire y’ikirere ni imwe mu zihangayikishije abatuye Isi, ndetse ibihugu bishora ingengo y’imari nini mu guhangana n’ingaruka zayo.
Abanyeshuri 40 bacikirije amashuri yisumbuye bakagira amahirwe yo kurihirwa imyuga itandukanye n’umushinga ‘Igire Gimbuka’ ushyirwa mu bikorwa n’umuryango Caritas Rwanda ubitewemo inkunga n’umuryango BK Foundation, bahawe ibikoresho bizabafasha guhita bajya ku isoko ry’umurimo.
Ikiganiro EdTech Monday cyatambutse kuri KT Radio ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 29 Nzeri 2025, cyagarutse ku buryo bwo guteza imbere ikoranabuhanga mu burezi n’uko habaho guhererekanya amakuru ashingirwaho hafatwa ibyemezo mu burezi.
Bimaze kumenyerwa ko buri wa mbere wa nyuma w’ukwezi saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, mukurikira ikiganiro EdTech Monday cya Master Card Foundation kuri KT Radio, icyo kuri uyu wa 29 Nzeri 2025, kiragaruka ku ifatwa ry’ibyemezo bishingiye ku makuru mu rwego rw’uburezi mu Rwanda (Data-Driven Decision Making in Rwanda’s (…)
Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva, yibukije abarangije amasomo mu Ishuri Rikuru ry’Ubuhinzi Bubungabunga Ubutaka (Rwanda Institute for Conservation Agriculture/RICA), ko bahamagariwe kuba abahindura ibintu bakemura ibibazo, ndetse bagatanga amahirwe ahindura ubuzima bw’abaturage.
Minisitiri w’Uburezi, Dr Nsengimana Joseph, yasabye ababyeyi gukurikirana imyigire y’abana babo, bityo ntibaharire inshingano abarimu zo kubigisha bonyine, bityo abanyeshuri bazabashe gutsinda neza.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu Karere ka Muhanga by’umwihariko abafashijwe kwiga imyuga itandukanye na BK Foundation, bavuga ko mbere imibereho yari igoye ku buryo harimo n’abo kubona icyo kurya byari ikibazo gikomeye.
Ku mugoroba utuje i Kigali, Umuhoza Alice, umubyeyi w’abana babiri biga mu mashuri yisumbuye, yabujijwe amahwemo n’abana be bari bamuzaniye ikibazo cy’imibare mu mukoro wo murugo, bamubwira ko gikomeye cyane, bamubaza uko bagikora.
Bimaze kumenyerwa ko abahize abandi mu bizamini bya Leta bisoza icyiciro runaka, bahembwa na Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) mu rwego rwo kubashimira no gutuma bongera umuhate.
Intara y’Iburasirazuba ni yo yahize izindi mu gutsindisha neza mu banyeshuri bakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’icyiciro rusange cy’ayisumbuye ,mu mwaka w’amashuri wa 2024/2025.
Ba Ofisiye 81 bo mu Ngabo z’u Rwanda (RDF) bigiraga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako, bahawe impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu mwaka wa 2025.
Inteko Rusange umutwe w’Abadepite yateguye umushinga w’imyanzuro wo gusaba Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), gukemura ibibazo byagaragaye mu ikoreshwa rya Sisitemu y’ikoranabuhanga ‘Integrated Education Business Management Information System/IEBMIS’ ya Kaminuza y’u Rwanda, bituma idatanga umusaruro yari itegerejweho, hagamijwe (…)
Amateka y’Uburezi mu Rwanda si aya none kuko kera Abanyarwanda bagiraga uburezi gakondo, aho ingimbi n’abangavu bajyanwaga mu ‘Itorero’ no mu ‘Rubohero’ bakigishwa indangagaciro na kirazira by’umuco Nyarwanda, bikabategura kuzavamo abagabo batabarira Igihugu n’abagore bacyambarira impumbya.
Abanyeshuri bafite ubumuga barenga 700 ni bo bazakora ibizamini bya Leta mu barimo abazaba basoza icyiciro rusange (Ordinary Level) n’icya kabiri cy’amashuri yisumbuye (Advanced Level).
Mu Mujyi wa Kigali abanyeshuri 29,262 ni bo bazindukiye mu bizamini bya Leta bisoza icyiciro cy’amashuri abanza, aho bagomba gukorera kuri site 99.
Komisiyo y’Abadepite ishinzwe gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu (PAC), yabajije Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB), abiba mudasobwa ziba zagenewe ibigo by’amashuri ndetse n’iherezo ry’izibwe uko bizagenda, cyane ko kuzigaruza bigenda biguru ntege.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), ibicishije mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), yatangaje ko abanyeshuri basoza amashuri abanza batangira ibizamini bya Leta kuri uyu wa Mbere tariki 30 Kamena 2025.
Ku ishuri rya Groupe Scolaire Saint Dominique Savio Bumbogo riherereye mu Murenge wa Bumbogo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, ni hamwe mu hatangirwa uburezi budaheza. Icyo kigo cyakira abana bose barimo abafite ubumuga n’abatabufite, kandi bakigira mu cyumba kimwe cy’ishuri.
Mu kiganiro kivuga ku ruhare rw’amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro ku iterambere ry’Igihugu, cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Kamena 2025, hasobanuwe byinshi byagezweho mu rwego rw’amashuri ya tekiniki n’ubumenyingiro, harimo kuba abagana ayo mashuri bariyongereye, ndetse n’imyumvire abantu bari bayafiteho ngo yarahindutse, (…)
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), iratangaza ko mu rwego rwo gushyigikira ubumenyi bufite ireme, mu mashuri yisumbuye n’ayigisha imyuga n’ubumenyi ngiro, hagiye gutangizwa kwiga amasomo ajyanye no gukoresha ubwenge buhangano (AI).