Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), Isaac Munyakazi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye yagaragaje ingengabihe y’umwaka w’amashuri wa 2018.
Ubuyobozi bwa Kaminuza ya Kibungo izwi nka UNIK, iherereye mu Karere ka Ngoma butangaza ko uko imyaka igenda ishira abanyeshuri bayigamo bagenda bagabanuka.
Abanyeshuri biga Farumasi muri Kaminuza y’u Rwanda bavuga ko bagorwa no kubona aho bimenyerereza umwuga kuko nta nganda zikora imiti zihari.
Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) ivuga ko umubare w’abanyeshuri ugenda wiyongera uko imyaka igenda ishira, kubera ingamba zitandukanye guverinoma igenda ishyiraho.
Ubuyobozi bw’ishuri ribanza rya New Vision ry’i Huye bwiyemeje gushyiraho umuganga uzajya avurira abana ku ishuri, kuko ngo hari abana barwara ntibitabweho batashye.
Kaminuza y’Abadivantiste y’Afurika yo hagati (The Adventist University of Central Africa/ AUCA) yadohoye amabwiriza akarishye y’imyambire ku bakobwa ariko basabwa kwambara bakikwiza.
Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi,umubare wa Kaminuza, wavuye kuri kaminuza imwe, ubu zigeze kuri 32. Izo kaminuza zikaba zaragize uruhare rukomeye mu kuzamura umubare w’Abanyarwanda bakandagiye muri Kaminuza.
Umuyobozi wa Christian University of Rwanda (CUR), DR. Habumuremye Damien, aravuga ko gufungwa kwa za kaminuza,kwabayeho mu minsi ishize, ba nyirazo ari bo babifitemo uruhare.
Abanyeshuri 126 basoje amasomo yabo mu bijyanye n’imyubakire mu ishuri rya St Joseph i Nyamirambo baravuga ko biteguye guteza imbere umwuga w’ubwubatsi ukigaragaramo akajagari.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Uwihanganye Jean de Dieu yasabye Akarere ka Ngoma kwita ku bikorwa byo kubaka ibyumba by’amashuri abana bazigiramo umwaka utaha.
Ubuyobozi bw’ishuri ribanza rya Kiboga buvuga ko mu bana 100 baharangiza, 70 gusa aribo bakomeza mu yisumbuye nabo ntibayarangize bose kuko baba bajya kwiga kure.
Ishuri ry’abakobwa rya Gashora Girls Academy ryihariye ibihembo mu biganiro mpaka byari bihuje abanyeshuri byaberaga muri Uganda.
Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi yizeje Kaminuza y’u Rwanda inkunga ya Guverinoma kugira ngo ireme ry’uburezi rigerweho mu mashuri yose mu Rwanda.
Abanyeshuri bigaga mu mashami atanu yari yarahagaritswe muri INES –Ruhengeri bagarutse kwiga nyuma y’uko ayo mashami yose yongeye gufungurwa.
Ubushakashatsi bw’Umuryango "Save the Children" ukorera mu Rwanda, bugaragaza ko abana 13% basoza amashuri abanza batazi gusoma ikinyarwanda.
Abayobozi batandukanye bo mu Ntara y’Amajyepfo barahamagarira ababyeyi n’abarezi kwita ku burere bw’abana kugira ngo boye gukomeza guta ishuri.
Ababyeyi bo mu Karere ka Bugesera baravuga ko nta mashuri y’incuke ahagije bafite bigatuma babura aho bajyana abana babo.
Uburyo bushya bwo kwigisha abanyeshuri bo mu mashuri abanza hakoreshejwe indirimbo bwiswe ‘World Voice’ ngo buzabafasha gutsinda neza kuko butuma bafata vuba amasomo.
Ubuyobozi bw’ibigo by’amashuri byo muri Kamonyi bituriye ibirombe bicukurwamo amabuye y’agaciro butangaza ko abana bakomeje guta ishuri bakajya gushaka amafaranga muri ibyo birombe.
Inama nkuru y’uburezi mu Rwanda yatangaje ko yemereye ishuri rikuru rya INES Ruhengeri gufungura abiri mu mashami atanu yaryo yari yafunzwe.
Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko amasomo y’Igihembwe cya Kabiri cy’Amashuri yisumbuye azatangira kuwa Kabiri tariki ya 18 Mata 2017.
Senateri Makuza Bernard arahamagarira abana b’Abanyarwanda gukoresha amahirwe bashyiriweho n’igihugu baharanira kugera kure mu byo bateganya kuzageraho mu hazaza habo.
Ku wa Kane tariki ya 23 Werurwe 2017, Ishuri ryigisha imyuga n’ubumenyingiro riherereye mu Majyepfo IPRC SOUTH, ryatanze impamyabushobozi ku banyeshuri 468 basoje amasomo y’imyaka itatu muri iri shuri.
Donatha Kankindi urangije amasomo muri IPRC South, yatunguwe no guhembwa kuzajya kwiga mu Budage nk’umukobwa wagize amanota meza kurusha abandi muri IPRC-South.
Minisiteri y’Uburezi yongeye gushimangira ko amashuri makuru na za kaminuza zahagaritswe n’izahagarikiwe zimwe muri progaramme zitarenganijwe.
Ubuyobozi bwa Kaminuza ya Gitwe iherereye mu Ruhango bwakiriye ibaruwa ya Minisitiri w’uburezi isaba iyo kaminuza guhagarika ibikorwa byose byo mu ishami ry’ubuganga na Laboratwari.
Ubwo Kaminuza ya Kigali (UoK) yatangaga impamyabumenyi ku bayirangijemo hari bamwe bazibuze ku munota wa nyuma nyamara bari baje biteguye kuzitahana.
Abanyeshuri barangije muri Kaminuza y’amahoteri, ubukerarugendo n’ikoranabuhanga mu bucuruzi(UTB) bahawe impamyabushobozi kuri uyu wa 9 Werurwe 2017, basabwe kwimakaza umuco wo gutanga servisi nziza.
Mu bizami bya Leta bisoza amashuri yisumbuye y’umwaka w’amashuri wa 2016, abakobwa bongeye guhiga abahungu nk’uko byagenze mu mwaka wa 2015.