Abiga muri Christian University of Rwanda (CHUR) bavuga ko bakurikije gahunda ifite, bizeye kuyirangizamo baramaze kwihangira imirimo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame avuga ko yashimishijwe n’imyigishirize ya Kaminuza ya gikirisitu ya Oklahoma(muri Amerika), ndetse n’inyuturano y’abayizemo.
Abarezi b’ibigo byo mu Karere ka Gicumbi, bituranye n’igice gihana imbibe na Uganda, bahura n’imbogamizi z’abana bakura bavuga Igikiga, bigatuma gutangira amashuri bibagora kuko akurikiza gahunda ya Minisiteri y’Uburezi kandi iri mu Kinyarwanda. Umva inkuru hano:
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yahagaritse itegurwa ry’amarushanwa y’ubwiza mu mashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye kugira ngo atabangamira imyigire y’abanyeshuri.
Abarezi barangije gutozwa mu itorero Indemyabigwi mu karere ka Rusizi baravuga ko bazaharanira kurandura ingengabitekerezo mu bigo by’amashuri bakorera.
Ubuyobozi bw’ishuri ribanza rya Mukiza,mu murenge wa Mukindo akarere ka Gisagara buratangaza ko mu mwaka utaha nta shuri rizongera kurenza umubare w’abanyeshuri.
Urwego rw’umuvunyi ishami rishinzwe gukumira Ruswa, ruvuga ko Ruswa ishingiye ku gitsina mu mashuri igabanya ireme ry’uburezi.
Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) yahaye impamyabumenyi abanyeshuri bangana na 2986 bakangurirwa kwihangira imirimo no kuzana ibishya ku isoko ry’umurimo.
Ishuri rikuru rya INES-Ruhengeri rivuga ko rigiye kwifashisha akadege katagira umupilote “Drone” mu bushakashatsi no kwigishirizaho abanyeshuri.
Umunyeshuri witwa Iradukunda Emmanuel wo mu Murenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera, yakoreye ikizami cya leta cy’Icyongereza mu bitaro by’Ikigo Nderabuzima cya Mayange.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’amashuri cya Bisagara, mu murenge wa Mushikiri muri Kirehe bwemeza ko ubucucike mu mashuri ari imbogamizi ku ireme ry’uburezi.
Abanyeshuri biga amashuri yisumbuye muri “ Glory Secondary School” batangije umushinga wo gufasha abatishoboye bahereye ku baturiye ikigo cyabo.
Abiga ku mashuri abanza ya Nyarubara muri Musanze, ntibagifite impungenge z’inyubako zishaje bigiragamo, kuko bubakiwe amashuri n’abanyarwanda baba mu Budage.
Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) ivuga ko itazihanganira abarezi bahanisha abana bakosheje kubirukana kuko ari ukubavutsa uburenganzira bwabo bwo kwiga.
Laboratwari y’ubwubatsi IPRC-South yubakiwe igiye gufasha abanyeshuri kongera ubumenyi bajyaga gushakira ahandi, kubera kutayigira, ininjirize iki kigo amafaranga.
Kabarira Vincent wigisha mu rwunge rw’amashuri rwa Rutonde, mu karere ka Rwamagana yagabiwe inka nk’igihembo cy’umwarimu wahize abandi.
Abantu 60 bize mu ishuri ryigisha gutunganya imisatsi n’inzara bahawe impamyabushobozi bishimira ko badashobora kuzajya mu bushomeri.
Urubyiruko rwiga ubumenyingiro muri VTC Ntendezi, mu Karere ka Nyamasheke, ruvuga ko kutagira ibikoresho bihagije bituma batanoza ibyo bakora.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri muri Karongi bavuga ko gahunda yo kunywa igikoma ku ishuri yatumye bamwe mu bana bataye ishuri barisubiramo.
Ubugenzuzi bwakozwe mu Karere ka Ngororero bugaragaza ko abana 2992 bataye ishuli batararisubiramo kugeza ubu kandi bakoreshwa imirimo ivunanye.
Umuyobozi w’ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ry’i Huye (UR/Huye) avuga ko umunyeshuri uzafatwa yita abatangizi izina ribatesha agaciro azabihanirwa.
Perezida w’Inama y’Amatorero y’Abaporotestanti mu Rwanda, Musenyeri Alex Birindabagabo asaba abayobozi b’amashuri kwakira agakiza, kugira ngo batange uburezi bufite ireme.
Abaturage bo mu kagari ka Rwambogo, umurenge wa Butare, mu Karere ka Rusizi, bavuga ko bahangayikishijwe n’ikibazo cy’abana bata ishuri kubera kwigira kure.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo buvuga ko kuba ababyeyi bamwe batuzuza inshingano zabo, ari kimwe mu bituma abana bata amashuri.
Abana bo mu karere ka Nyamasheke bata ishuri bakajya gushaka akazi ko kuroba mu kivu, bavuga ko babiterwa n’ubukene bw’imiryango.
Kaminuza y’Ikoranabuhanga ya Rushmore (RUT Ltd) yo mu Birwa bya Maurice, igiye gushora miliyari 4.8Frw zo kwigisha ubumenyingiro mu Rwanda.
Kaminuza 12 zo mu Birwa bya Maurice, zizaza gukangurira abanyeshuri bo mu Rwanda kuzigana.
Bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri y’imyuga mu Karere ka Gatsibo, batangaza ko bagihura n’ikibazo cy’amazi adahagije, bikabangamira amasomo yabo.
Amarerero rusange afasha ababyeyi gukora imirimo y’urugo badahangayikiye abana, kuko baba bafitiye icyizere uburere bari buhabwe n’abandi babyeyi baba babasigaranye.