Umuyobozi wungirije ushinzwe integanyanyigisho mu kigo gishinzwe uburezi mu Rwanda, aravuga ko iki aric yo gihe kugirango urubyiruko ruhabwe ubumenyi nyabwo ku bijyanye n’imyororokere, kuko ubumenyi butuzuye buba intandaro y’inda zitateganyijwe ndetse no kwandura indwara zirimo na SIDA.
Kuva kuri uyu wa Kabiri tariki 22/10/2013, abanyeshuri 6723 barangiza amashuri abanza mu Karere ka Gakenke batangiye ibizamini bya Leta, ikizamini cy’imibare cyabimburiye ibindi byose ngo cyari cyoroshye.
Abanyeshuri bo mu karere ka Nyamasheke bigaga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza, kuri uyu wa 22/10/2013 bazindukiye mu bizamini bisoza amashuri abanza kimwe n’ab’ahandi mu gihugu.
Abanyeshuri bo ku bigo bya Kinogo na Munanira mu murenge wa Busasamana akarere ka Rubavu, bavuga ko ubu bishimiye intebe bahawe mu mashuri aho kwicara ku mabuye nkuko byari bisanzwe.
Kaminuza ya Kodai International Business School yo mu Buhinde, yigisha ibijyanye n’ubucuruzi n’amategeko irateganya gufungura imiryango mu Rwanda mu gihe cya vuba. Ariko mu gihe ikiri gushaka ibyangombwa byo gukorera mu Rwanda igatanga amahirwe ku bashaka kwiga mu Buhinde.
Abanyeshuri basoza amashuri yisumbuye mu ishuri ryisumbuye rya Sumba riri mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe, baratangaza ko kuba uburyo bwo gutanga inguzanyo ku banyeshuri bagiye kwiga muri kaminuza bwarahindutse bitabaciye intege ngo bibabuze guharanira kugira amanota menshi.
Ubuyobozi bw’ishuri ryisumbuye Mere du Verbe riherereye mu karere ka Nyaruguru mu ntara y’amajyepfo buratangaza ko kuba abanyeshuri b’abahungu bigana n’ababakobwa bigira icyo byongera ku mitsindire yabo, kuko bose baharanira kurushanwa maze bakigira imbere.
Ubwo yifatanyaga n’abanyeshuri bo mu ishuri ry’abakobwa ry’ubumenyi n’ikoranabuhanga rya Gashora ( Gashora Girls Aacademy Science and Technology) aho ababyeyi n’abanyeshuri basezeraga ku mfura z’iryo shuri, Perezida Kagame yabasabye kwigirira icyizere n’ishema mu myigire yabo.
Ishuri Les Gazelle riherereye mu karere ka Ngoma umurenge wa Kibungo ryongeye gushimirwa rinahabwa igikombe n’akarere ka Ngoma kuba ryaragahesheje ishema ritsindisha abana benshi.
Mu ruzinduko rw’umunsi umwe yagiriye ku kigo cy’amashuri yisumbuye cya Ecole Science de Byimana mu karere ka Ruhango tariki 24/09/2013, umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri mato n’ayisumbuye Dr Mathis Harebamungu, yashimye uburyo inyubako zirimo kwihutishwa.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’amashuyi cya E.S.Kirambo kiri mu murenge wa Cyeru, akarere ka Burere, butangaza ko bukeneye ubufasha kuko imvura ivanze n’umuyaga mwinshi yashenye amazu atandukanye yo muri icyo kigo arimo ibyumba by’amashuri.
Nyuma y’uko habayeho kutumvikana hagati ya bamwe mu babyeyi barerera mu kigo Stella Matutina n’ubuyobozi bw’iki kigo, ubu ngo iki kibazo akarere ka Rulindo karimo karakurikiranira hafi kugira ngo hatagira umwana ubuzwa uburengenzira bwo gukomeza kwiga kubera ubushobozi buke.
Umuyobozi Mukuru w’Ishuri Rikuru rya Kibogora (Kibogora Polytechnic), Prof. David Hamblin aratangaza ko ari byiza kumenyereza ubuzima bwa kaminuza abanyeshuri bashya baba batangiye kwiga bwa mbere bitewe n’uko baba binjiye mu buzima bushya kandi bufite itandukaniro n’ubwo bari basanzwemo.
Guhera mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 11/09/2013, abanyeshuri biga mu ishuri rya College ya Karambi mu karere ka Ruhango, banze kwinjira mu mashuri nk’uko bisanzwe, kubera mugenzi wabo wakubiswe n’umuyobozi akamuvuna itako.
Guverinoma y’u Rwanda yafashe icyemezo cyo gusuzuma ikibazo cy’abanyeshuri biga n’abitegura kujya muri kaminuza bari baranditse bagaragaraza ko batewe impungenge no kutazabasha kwishyura ibyo basabwa ngo bige muri kaminuza kuko bafite iibibazo byihariye bikeneye kwitabwaho.
Uretse kuba ari abacuruzi, Imanzi Investment Group biyemeje no gukora ibikorwa bijyanye n’ubuzima ndetse n’uburezi. Ni na yo mpamvu guhera tariki 30/08/2013, ubu ishuri Autonome riri mu biganza byabo.
Abakobwa 90% biga mu ishuri rya kiyisilamu rizwi ku izina rya Ecole Secondaire Scientifique des filles de Hamoudan bun Rashid, kuri ubu bari kwigira ubuntu mu rwego rwo kongera umubare w’abakobwa bize.
Abanyeshuri 511 barangije mu mwaka w’amashuri 2013 bahawe imyamyabumenyi n’ishuri rikuru ry’ubuhinzi n’ubworozi (ISAE-Busogo) riherereye mu murenge wa Busogo akarere ka Musanze kuwa gatanu tariki 30/08/2013.
Abanyeshuri bo muri Kaminuza y’u Rwanda (NUR) barangije mu cyiciro cya kabiri (bachelor) ndetse n’icya gatatu (master), kuwa 28-29/08/2013 bambaye amakanzu ahamya ko bemerewe gufata impamyabushobozi zabo.
Bamwe mu banyeshuri biga mu ishami ry’ubukungu n’icungamutungo (FEM) muri kaminuza y’u Rwanda ntibishimiye ko basiragijwe mbere yo gushyirwa kuri lisiti y’umugereka ibemerera kwambara amakanzu nk’abandi banyeshuri bazahabwa impamyabushobozi kuri uyu wa 29/08/2013
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye, Dr Harebamungu Mathias, aratangaza ko Leta y’u Rwanda izakomeza guteza imbere uburezi burimo n’ubw’amashuri makuru kugira ngo Abanyarwanda bajijuke babashe kwiteza imbere.
Kaminuza ya Kibogora (Kibogora Polytechnic) ngo igiye guteza imbere ikoranabuhanga mu myigishirize ku buryo buri munyeshuri uzajya ayigamo azabasha kugira mudasobwa ye (laptop) kandi akaba afite ubumenyi bwo kuyikoresha, bityo bikazazamura ireme ry’uburezi ku bahavoma ubumenyi.
Gutanga ubumenyi bufite ireme ari nabyo nkomoko ya service ifite ireme nibyo byasabwe abarezi n’abanyeshuli 201 bahawe impamyabumenyi z’ikiciro cya mbere cya kaminuza bo mu ishuli ry’ubuforomo n’ububyaza rya Nyagatare kuri uyu wa 23 Kanama.
Abanyenshuli 44 basoje amasomo y’igihe igito (short courses) mu gutunganya imitsima (Kitchen technology), gutunganya ibyo kurya ( Food Production) bahabwaga muri ES Jill Barham ku nkunga y’ikigo cy’igihugu giteza imbere ubumenyingiro (WDA).
Ishuri rya Nyagatare Secondary School ryatsindiye kuzaserukira Intara y’Uburasirazuba mu marushanwa ahuza amashuri yisumbuye na kaminuza agamije kwigisha urubyiruko kujya impaka zigamije iterambere rwihangira imirimo.
Urubyiruko rwo mu karere ka Nyagatare rwari rumaze amezi 3 rwiga ’imyuga rurarasabwa kwegera ama banki kugirango abe yabafasha kurushaho gukoresha ubumenyi bahawe hagamijwe iterambere.
Ishuri ribanza rya Centre Scolaire Amizero riherereye mu karere ka Ruhango, ryatangije gahunda yo kujya rigaburira abana bahiga, mu rwego rwo gufasha ababyeyi babo bajyaga bata imirimo yabo bagiye kubashakira ibyo barya kugirango basubire ku ishuri.
Abaforomo 108n’ababyaza 121 barangije bwa mbere mu cyiciro cya kaminuza mu ishuri ry’Abaforomo n’ababyaza rya Rwamagana bahawe impamyabumenyi tariki 06/08/2013, mu mihango yabereye ku cyicaro cy’iryo shuri mu mujyi wa Rwamagana.
Ishuri rikuru rya Institut Superieur Pédagogique de Gitwe (ISPG) ku nshuro yaryo ya mbere nyuma y’imyaka 20 ritangiye imirimo yo kwigisha, tariki 01/08/2013 nibwo ryashyikirije abanyeshuri 1072 baharangije impamyabumenyi zabo.
Ukwiyongera k’urubyiruko ruzi imyuga mu murenge wa Mimuri mu karere ka Nyagatare kuratanga icyizere ko uyu murenge uzatera imbere, dore ko na Leta y’U Rwanda yashyize imbere gahunda zo kuzamura ubumenyi ngiro mu baturage.