Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 19 Kamena 2024, ahitwa mu Kivuruga mu Karere ka Gakenke mu muhanda Musanze-Kigali, ikamyo igonganye n’imodoka itwara abagenzi, 16 muri 29 yari itwaye barakomereka.
Umuvugizi w’Igisirikare cy’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, mu izina ry’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, yakiriye intumwa za Minisiteri ishinzwe iterambere ry’umugore n’uburenganzira bwa muntu ziturutse muri Repubulika ya Somalia ziri mu ruzinduko mu Rwanda.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari tugize Akarere ka Burera, bashyikirijwe moto nshya, bavuga ko zije kuba igisubizo cy’imbogamizi bagiraga zo kudacyemura ibibazo by’abaturage ku gihe, bitewe n’ingendo ndende zivunanye bakoraga badafite uburyo babageraho.
Umuyobozi w’Inama Njyanama w’Agateganyo mu Karere ka Muhanga Nshimiyimana Gilbert, avuga ko kwibuka abari abakozi ba Leta n’ibigo byayo, bikwiye kujyana no kunenga abari abayobozi muri izo nzego, kuko hari abakozi bishe abayobozi babo, cyangwa abakoresha bakica abo bakoreshaga.
Leta ya Luxembourg yahaye u Rwanda inkunga y’amayero miliyoni 12, ahwanye na miliyari 16 na miliyoni 700 z’amafaranga y’u Rwanda, akaba ari ayo gushyigikira gahunda yo kongera amashyamba mu Rwanda mu myaka itanu iri imbere.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze Padiri Nkomejegusaba Alexandre, ushinzwe Umutungo ndetse na Padiri Mbonigaba Jean Bosco ushinzwe Imyitwarire y’abanyeshuri, muri Seminari Nto ya Zaza n’abanyeshuri barimo Tuyizere Egide w’imyaka 20 na Murenzi Armel w’imyaka 18, kubera urupfu rw’umunyeshuri (...)
Abarokotse Jenoside b’i Mata mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko bahawe ubutabera kuko abagize uruhare muri Jenoside babihaniwe, na none ariko ngo bumva ubutabera bazabugeraho byuzuye umunsi abayoboye ubwicanyi na bo bafashwe bagahanwa kuko kugeza ubu batarafatwa.
Mu Buhinde impanuka ikomeye ya gariyamoshi ebyiri zagonganye yahitanye abantu 8 abandi bagera kuri 50 barakomereka.
Ibihugu 10 bigize Afurika yo hagati byishyize hamwe bisaba abaterankunga kubishakira uburyo bwabifasha gusangira amakuru y’Iteganyagihe, aho kugira ngo buri gihugu gishingire ku bipimo byacyo nyamara ingaruka zambukiranya imipaka.
Mu Murenge wa Busogo Akarere ka Musanze, haravugwa amakuru y’abagore babiri bagiye gucukura umucanga ikirombe kibaridukiye, Imana ikinga akaboko.
Abarokotse Jenoside mu Bisesero mu Karere ka Karongi, bavuga ko mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, bagerageje kwirwanaho bakoresheje intwaro gakondo bayobowe n’uwitwaga Marara n’umuhungu we banasize ubuzima mu guhangana n’ibitero by’interahamwe.
Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yayoboye umuhango wo guha ipeti rya Assistant Inspector itsinda rya mbere ry’abofisiye bashya 166 mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS) wabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Kamena 2024 ku Ishuri ry’amahugurwa rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana.
Kuri uyu wa 18 Kamena 2024, u Rwanda na Luxembourg byasinyanye amasezerano y’imikoranire agamije iterambere, yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe na Minisitiri w’Intebe wungirije wa Luxembourg, Xavier Bettel.
Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) yemereye abacuruzi babarirwa mu 180 bafite inyubako ku nkengero z’umugezi wa Sebeya kongera gufungura ibikorwa byabo nyuma y’igenzura ryakozwe rikagaragaza ko Sebeya imaze gushyirwaho ibikorwa bikumira amazi ku buryo atazongera gutera abaturage.
Ubuyobozi bw’umuryango FPR-INKOTANYI bwatangaje ko ibikorwa byo kwamamaza bitazabangamira izindi gahunda z’akazi.
Mu muhango wo gutaha ku mugaragaro inyubako y’ibiro nshya by’Akarere ka Burera, yuzuye itwaye Miliyari 2 na Miliyoni 996, abaturage bagaragaje ko babyitezeho imitangire ya serivisi itabasiragiza kuko noneho yo ijyanye n’igihe ndetse ikaba inagutse.
Umuryango Nyarwanda utari uwa Leta witwa ‘Hope for Life Association’ wateguye inama nyunguranabitekerezo, abayitabiriye baganira ku ikoreshwa ry’ururimi rw’amarenga, no ku mbogamizi abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bahura na zo mu byerekeranye n’itumanaho.
Dr Vincent Biruta wari Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, kuri uyu wa Kabiri 18 Kamena yahererekanyije ububasha na Alfred Gasana wari Minisitiri w’Umutekano imbere mu gihugu.
Ikipe ya Boston Celtics yatsinze ikipe ya Dallas Mavericks amanota 106-88 mu mukino wa gatanu w’imikino ya nyuma ( playoffs) muri shampiyona ya Amerika (NBA) , yegukana Igikombe cya 18 ndetse ihita iba ikipe ya mbere ifite ibikombe byinshi muri NBA.
Ku gicamunsi cyo ku cyumweru tariki ya 16 Kamena 2024, abashumba barwanye n’abakarani ahitwa mu Irango mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, bamwe bakubita abandi imyase n’ibibando, abandi na bo babakeba bakoresheje za najoro ku buryo hari abajyanywe kwa muganga ari inkomere.
Mu karere ka Karongi, Umurenge wa Murambi, Akagari ka Shyembe, Umudugudu wa Nyabisindu, RIB yataye muri yombi; umugore n’abagabo 2 bakekwaho ubufatanyacyaha mu kwica Mporanyisenga Jean D’amour, umugabo w’uwo mugore.
Ubuyobozi bwa Komisiyo y’Igihugu y’amatora (NEC) bwatangaje ko bifuje ko aho bishoboka ibiro by’itora (Sites) byazegerezwa ibigo nderabuzima mu rwego rwo korohereza uwaramuka atunguwe n’uburwayi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame anenga abamufata nk’ubangamiye umutekano mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), kuko icyo kibazo cy’umutekano gifite ibisubizo byava mu buyobozi bwa DRC ubwabwo.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yegukanye irushanwa mpuzamahanga mu mukino wa Kungfu ryari ryateguwe mu rwego rwo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ryakinwe mu mpera z’icyumweru gishize tariki ya 15 na 16 Kamena 2024.
Nyuma yo gusura urwibutso rw’i Ntarama mu Karere ka Bugesera, tariki 15 Kamena 2024, abakozi b’ibitaro bya Kacyiru batanze inka 10 ku miryango y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Perezida Kagame mu kiganiro yagiranye na RBA tariki 17 Kamena 2024, yagarutse ku kunoza ururimi rw’Ikinyarwanda, asaba itangazamakuru kukinoza aho bishoboka bagashyiraho gahunda y’Ikinyarwanda mu biganiro bitambuka cyane cyane kuri televiziyo na Radiyo.
Inyabarasanya ni icyatsi kiboneka hirya no hino mu Gihugu. Mu myaka yahise u Rwanda rutaratera imbere mu bikorwa remezo birimo amavuriro, icyo cyatsi kikaba cyarifashishwaga mu kuvura inkomere.
Mu kiganiro yagiranye na RBA kuri uyu wa Mbere tariki 17 Kamena 2024, Perezida Kagame yavuze ku ngingo zitandukanye, harimo n’icyo atekereza ku banenga ubuyobozi bwe bavuga ko butagendera kuri Demokarasi.
Abanya-Jordan 14 bapfiriye mu mutambagiro wa Kisilamu wa Hajj muri Arabie Saoudite kubera ubushyuhe bwinshi.
Polisi yafatiye litiro 2,000 z’inzoga itemewe yitwa Nzoga Ejo, mu rugo rwa Ndagijimana Callixte w’imyaka 42 wo mu Kagari ka Bukinanyana, Umurenge wa Cyuve, Akarere ka Musanze, aratoroka, hafatwa umugore we witwa Mukeshimana Béâtrice bafatanyaga kwenga izo nzoga.
Perezida Paul Kagame avuga ko icyo atakoze cyashobokaga mu gihe gishize agomba kuzagikora, akongeraho n’ibindi bijyanye n’igihe kigezweho, mu rwego rwo kurushaho guteza imbere u Rwanda.
Umuturage witwa Sindikubwabo Jean Marie Vianney, afungiye kuri RIB Sitasiyo ya Rwempasha mu Karere ka Nyagatare akekwaho kwica imisambi 10. Bikekwa ko yayicaga akoresheje imiti y’uburozi yashyiraga mu binyampeke harimo ibigori n’umuceri, iyo misambi yabirya igapfa.
Ku wa Gatandatu tariki ya 15 Kamena 2024, Abanyarwanda baba muri Burkina Faso, abayobozi mu nzego zinyuranye za Leta, abahagariye ibihugu byabo, abakozi b’imiryango mpuzamahanga n’inshuti bibutse ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni igikorwa cyabereye mu murwa mukuru wa Burkina Faso, Ouagadougou, ku (...)
Mu isiganwa ry’amamodoka ryaberaga mu karere ka Huye na Gisagara, ryasojwe Gakwaya Claude na Mugabo Claude ari bo baryegukanye
Nyuma y’uko Inteko Nkuru ya AEBR yateranye tariki 11 Gicurasi 2023 yatoreye Bishop Ndayambaje Elisaphane kuba Umuvugizi Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Amatorero y’Ababatisita mu Rwanda (AEBR), ku Cyumweru tariki 16 Kamena 2024, yimitswe ku mugaragaro.
Mu mikino ya nyuma y’Akarere ka gatanu muri Basketball mu batarengeje imyaka 18 yaberaga mu gihugu cya Uganda yaba mu bahungu n’abakobwa, ikipe y’igihugu ya Uganda yegukanye igikombe itsinze ikipe y’u Rwanda.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kicukiro ku bufatanye n’abafatanyabikorwa batandukanye, bateguye ubukangurambaga bugamije kumenyekanisha amatora ari imbere mu Rwanda y’Umukuru w’Igihugu ndetse n’ay’abadepite. Ubwo bukangurambaga babujyanishije n’amarushanwa atandukanye, bukaba bwari bufite insanganyamatsiko igira iti “Imiyoborere (...)
Ikipe y’umupira w’amaguru y’Abasirikare barinda Umukuru w’Igihugu n’abandi bayobozi bakuru b’Igihugu (Republican Guard) yatsinze iy’Ishuri ritangirwamo imyitozo y’ibanze ya Gisirikare (BMTC Nasho) ibitego 3-0, yegukana Igikombe cyo #Kwibohora30.
Mu ma saa moya zo mu gitondo cyo kuri uyu wa 16 Kamena 2024, inzu ibikwamo ibicuruzwa, mu nzu z’ubucuruzi ziherereye ahitwa mu Kizungu rwagati mu mujyi i Huye, hafi y’isoko, yahiriyemo iby’agaciro ka miliyoni 70, nk’uko bivugwa na nyir’ibyo bicuruzwa witwa Viateur Akimana.
Abasore n’inkumi bitabiriye irushanwa ry’isiganwa ry’abatwara abagenzi ku magare rizwi nka “Visit Musanze Tournament 2024” bo mu Karere ka Musanze, bahize abandi bashyikirijwe ibihembo, biyemeza kurangwa n’imyitwarire ibahesha agaciro, bagakuraho urujijo ku bafata umwuga wabo nk’akazi kadafite icyo kamaze.
Ephron Bizigira w’i Runga mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza ahinga imboga za dodo zikagara ku buryo n’igiti kimwe cyatunga umuryango, kuko zitanga umusaruro mwinshi.
Umuhanzi Sam Gakuba wamamaye mu muziki nka Samlo kuwa Gatandatu tariki 15 Kamena 2024, yakoze ubukwe n’umukunzi we Mutesi Betty, bari maranye imyaka umunani bakundana.
Umusore w’imyaka 36 wo mu Kagari ka Mpenge Umurenge wa Muhoza, Akarere ka Musanze, afungiye kuri Polisi Sitasiyo ya Muhoza, aho akekwaho gusambanya umukobwa w’imyaka 15.
Obed Gasangwa, ni umusore wasoje amashuri yisumbuye, ubu akaba yitegura kwinjira muri Kaminuza. Afite ubumuga bw’uruhu we n’umuvandimwe we.
Ubuyobozi bw’Ishuri ribanza ryitwa Le Petit Prince riri i Gikondo mu Mujyi wa Kigali, buvuga ko abana baryigamo bazajya barangiza amashuri bafite ubumenyi bubafasha guhangana n’imvugo hamwe n’ibikorwa bipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.