Inama Nkuru idasanzwe y’Umuryango FPR-Inkotanyi yongeye gutora ku majwi 99.1%, Perezida Paul Kagame kuzayihagararira mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba muri Nyakanga 2024.
Abaturage bo muri imwe mu Mirenge yo mu Karere ka Nyabihu bahangayikishijwe n’abajura bakomeje kwigabiza amashyamba yabo bagakokora amababi y’ibiti bakayagurisha abashoramari bashinze inganda ziyakamuramo umushongi w’amavuta bivugwa ko yaba yifashishwa mu buvuzi.
Mu Karere ka Kamonyi, Umurenge wa Gacurabwenge, hafi y’urwibutso rwa Jenoside rwa Kibuza, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 9 Werurwe 2024 habereye impanuka y’imodoka zagonganye, umuntu umwe ahita apfa abandi 18 barakomereka bikomeye.
Mu mukino w’umunsi wa 24 wa shampiyona, ikipe ya APR FC yatsinze Rayon Sports ibitego 2-0, ishyiramo ikinyuranyo cy’amanota 13 ku rutonde rwa shampiyona.
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano n’abaturage mu Karere ka Gasabo yafatiye mu cyuho umugabo w’imyaka 66 y’amavuko, wari utekeye ikiyobyabwenge cya Kanyanga mu gishanga.
Abashoramari basaga 30 baturutse mu rugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF), kuva ku itariki ya 04 kugera tariki 08 Werurwe 2024, bari muri Repubulika ya Congo mu rugendo rugamije kurebera hamwe uko babyaza umusaruro ubutaka Leta ya Congo yatije sosiyete nyarwanda ya Macefield Ventures Ltd-Congo(MVL) ku gihe cy’imyaka 30.
Bamwe mu bacuruzi b’imyaka mu Turere twa Nyagatare na Gatsibo bavuga ko bahagaritse kugura umusaruro w’ibigori kubera ko batabasha kubahiriza igiciro cyatangajwe na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda mu gihe na bo ababagurira babaha amafaranga ari munsi cyane y’ayo basabwa kuguriraho.
Mu birori by’umunsi mpuzamahanga w’umugore byabereye muri BK Arena, Perezida Kagame yasobanuye amazina yise abuzukuru be nyuma yo kubisaba ababyeyi babo bakabimwemerera, maze akabita amazina yumva ko akubiyemo ibyo abifuriza mu buzima ndetse n’ibyo yifuriza Abanyarwanda bose.
Colonel Stella Uwineza, mu kiganiro yatanze ku wa Gatanu tariki ya 8 Werurwe 2024 ku munsi Mpuzamahanga w’Umugore, yavuze ku rugendo rwe rwo kujya mu gisirikare.
Raporo y’Urwego rushinzwe kugenzura Ihame ry’Uburinganire n’Ubwuzuzanye (GMO), igaragaza ko umugore yateye imbere mu byiciro binyuranye by’imibereho, nubwo agihura n’imvune zo gukora amasaha y’ikirenga kurusha umugabo.
Mu Kagari ka Mucaca, Umurenge wa Rugengabari mu Karere ka Burera, haravugwa inkuru y’umugabo wakomerekeje mugenzi we akoresheje umuhoro, bikavugwa ko yamusanze iwe amusambanyiriza umugore.
Perezida wa Kenya, Dr William Ruto, yagize Dr Peter Mutuku Mathuki wari Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) kuba Ambasaderi wa Kenya mu Burusiya.
Umuntu iyo agejeje ku myaka 80 kuri ubu bavuga ko akuze, yageza ku myaka 100 bakavuga ko yaramye, ariko mu nyamaswa hari izigeza ku myaka magana ane.
Kuri uyu wa Gatanu, tariki 8 Werurwe 2024 Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwakatiye igifungo cya burundu Kazungu Denis, nyuma yo kumuhamya ibyaha byose ashinjwa.
Ubuyobozi bw’urugaga rw’amasendika y’abakozi mu Rwanda CESTRAR buratangaza ko kuba hatariho umushahara fatizo mu Rwanda bitera ubusumbane buhanitse mu bakozi.
Minisitiri w’Ingabo Juvenal Marizamunda n’intumwa ayoboye yitabiriye inama ya 37 yiga ku bufatanye mu bijyanye n’Ingabo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba izibanda ku bikorwa na gahunda zihuza Ingabo.
Buri mwaka tariki ya 8 Werurwe u Rwanda rwifatanya n’isi kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore. Kuri uyu munsi nyirizina Kigali Today yabakoreye ikegeranyo cy’ishusho y’umugore mu myaka 30 ishize u Rwanda rwibohoye, aho tugaruka ku bikorwa by’Indashyikirwa mu iterambere ry’umugore ndetse n’abagiye bahabwa inshingano (...)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe ku bufatanye n’umuryango w’ivugabutumwa witwa A Light to the Nations (ALN), tariki 07 Werurwe 2024, batashye ku mugaragaro inzu ebyiri bubakiye abatishoboye bo mu Murenge wa Kirehe muri ako Karere ka Kirehe.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagaragaje ko abagore bagize uruhare runini mu kongera kubaka u Rwanda, nyuma y’ibibazo byatewe n’amateka mabi rwanyuzemo.
Tombola ishinzwe guteza imbere Siporo mu Rwanda ‘Inzozi Lotto’, iratangaza ko igiye kujya iha amahirwe yo gutsinda, abantu baje ku mwanya wa kabiri bakegukana amafaranga batsindiye, igihe tombola ya Impamo Jackpot izajya iba yabuze umuntu wabaye uwa mbere.
Abahinzi, abagoronome n’abacuruza inyongeramusaruro mu Turere twa Gisagara, Huye, Nyamagabe na Nyaruguru, bagaragarijwe ko kongera umusaruro w’ibigori kandi bikera no mu gihe gito bishoboka.
Umunyarwanda wese uba mu Gihugu cyangwa mu mahanga, yahamya ashize amanga ko uburezi bw’u Rwanda budaheza. Mu myaka 30 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe, imwe mu mpinduka ikomeye kandi igaragara, ni umubare munini w’Abanyarwanda bashoboye kwiga. Imyinshi mu miryango- niba atari buri muryango uramutse ufashe (...)
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente, yakiriye Dr. Sahr John Kpundeh, Umuyobozi uhagarariye Banki y’Isi mu Rwanda, baganira ku buryo barushaho gushimangira ubufatanye busanzwe buranga impande zombi.
Ubuyobozi bw’Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA), buratangaza ko abacuruzi benshi bo kuri uwo mugabane bataribona muri iryo soko, kuko amahitamo yabo ya mbere akiri gukura ibicuruzwa ahandi.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Leta zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), Noura bint Mohammed Al Kaabi, Noura bint Mohammed Al Kaabi, yashimye ubutwari n’umurava byaranze abanyarwanda ndetse avuga ko amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, agomba kuba isomo ku bihugu bikayigiraho.
Muri Nigeria, abantu bitwaje intwaro bashimuse abanyeshuri basaga 280, babasanze mu ishuri riherereye mu Majyaruguru y’uburengerazuba bwa Nigeria, uwo ukaba ushobora kuba uri mu mibare minini y’abantu bashimutiwe rimwe muri icyo gihugu, nk’uko byatangajwe n’umwe mu barimu bo kuri iryo shuri.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 09 Werurwe 2024 saa cyenda (15h00) kuri Kigali Pelé Stadium, ikipe ya Rayon Sports irakira APR FC mu mukino w’umunsi wa 24 wa shampiyona. Ni umukino ukomeye mu Rwanda kuko iyo umukino wegereje, hirya no hino haba hari impaka nyinshi mu bakunzi b’aya makipe zishobora kuvamo n’imirwano.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, aratangaza ko ibivugwa ko utubari n’ahandi hacururizwa inzoga, batemerewe gukora mu masaha y’akazi bigamije ubukanguramabaga ku kurwanya ubusinzi n’ibindi byaha n’imyitwarire bishamikiye ku businzi bukabije, bugenda buzamuka hirya no hino.
Umushabitsikazi akaba n’umwe mu bagore bamamaye ku mbuga nkoranyambaga, Zarinah Hassan, yanenze umugabo we Shakib Cham Lutaaya, wemeye kwishyurwa Amadolari 1000 n’umunyamakuru wo muri Tanzania, Mange Kimambi, akamena amabanga y’urugo.
Umugabo afungiye kuri Polisi Sitasiyo ya Nyagatare akekwaho kwiba inka akazibagira iwe, ndetse no guhinga urumogi nyuma y’uko iwe hasanzwe ikinono cy’inka n’akarima k’urumogi.
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Hon Mukabalisa Donatille, yitabiriye Inama y’Abagore bayobora Inteko Zishinga Amategeko yabereye mu Bufaransa.
Uruganda rw’isukari rwa Kabuye, ari na rwo rwonyine ruri mu Rwanda, rwafunze ibikorwa byarwo mu gihe cy’amezi abiri, bikaba bizongera gusubukurwa muri Gicurasi 2024, nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’urwo ruganda. Ibi ariko ngo nta mpinduka bizateza ku bijyanye n’ibiciro ku isoko kuko n’ubundi rwakoraga isukari nkeya cyane (...)
Umukinnyi w’Ikipe y’Igihugu y’ u Rwanda muri Basketball akaba na Kapiteni wahoze akinira Patriots BBC, Willson Kenny Gasana, yagarutse muri iyi kipe, ayisinyira umwaka umwe.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare (NISR) kigaragaza ko muri 2022 ingo zari zifite amashanyarazi afatiye ku muyoboro mugari zari 47.1%, abakoresha itoroshi 28.4%, naho abakoreshaga ingufu z’imirasire y’izuba bari 13.9%, mu gihe abakoresha igishirira mu kumurika bari 4.2%, abakoresha buji bari 2.9%, abakoresha (...)
Umunyamuziki akaba n’umunyabigwi mu mukino wa Tennis, Yannick Noah, uherutse kuva mu Rwanda agasubira iwabo mu Bufaransa, ubwo yari mu Rwanda, yakomoje ku kuntu yahoraga abwirwa ko u Rwanda ari Igihugu cyiza ariko akavuga ko azabyemera yigereyeyo.
Urugereko rw’Urukiko rw’Ubujurire rwa Paris mu Bufaransa rwatesheje agaciro ubusabe bwa Dr Munyemana Sosthène wifuzaga kuburana ubujurire adafunze, rutegeka ko akomeza gufungwa.
Ibiro by’Umukuru w’Igihugu (Village Urugwiro), byatangaje ko Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakiriye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 07 Werurwe 2024, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Leta zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), Noura bint Mohammed Al Kaabi n’abo bari kumwe.
U Rwanda rwashyikirijwe inshingano zo kuyobora Ihuriro ry’Inzego zishinzwe imitunganyirize y’amasoko ya Leta muri Afurika (African Public Procurement Network- APPN), rusimbuye Côte d’Ivoire yari ku buyobozi.
Mu Kiyaga cya Kivu habereye impanuka y’ubwato bwarohamye, bwari butwaye amatungo arimo inka n’ingurube Abanyekongo bari bavuye kugura mu Karere ka Nyamasheke mu Murenge wa Macuba mu Kagali ka Rugali, Umudugudu wa Matare, mu isoko rya Rugali, hapfamo inka 4 n’ingurube 32.
Itegeko rigenga umuryango n’imirire, rigiye kujyaho mu gihe u Rwanda ruhanganye n’ikibazo cyo kurwanya igwingira mu bana bafite imyaka iri munsi y’itanu, aho rwihaye intego yo kugera munzi ya 19 % muri 2024, nyamara umwaka wa 2023 ukaba wararangiye rugeze ku gipimo cya 25%.
Umuryango mpuzamahanga uteza imbere ubuhinzi witwa One Acre Fund watangaje ko ugiye guha Abanyarwanda ibiti bivangwa n’imyaka bigera kuri miliyoni 25 hamwe n’iby’imbuto ibihumbi 545, bigomba guterwa mu turere twose tw’Igihugu muri uyu mwaka wa 2024.
Umuhanzi w’icyamamare Zuch uturuka muri Wasafi Records, yasabye imbabazi nyuma y’uko yari yahagaritswe mu bikorwa byose by’ubuhanzi mu gihe cy’amezi atandatu kubera imyitwarire yagaragaje mu gitaramo aheruka gukorera muri Zanzibar kiswe ‘Fullmoon Kendwa Night’ ku itariki 24 Gashyantare 2024.
Muri Uganda, Inteko Ishinga Amategeko yatangije umushinga w’itegeko rigena ibyerekeye gutwitira undi, rikaba riteganya ko ubwo buryo buzaba bwemewe ku gukoreshwa gusa n’abantu bafite ibibazo by’ubugumba n’abafite ibindi bibazo by’ubuzima bituma badashobora kubyara mu buryo busanzwe (natural reproduction).
Perezida wa Kenya, Dr William Ruto, yatangaje ko hamwe n’abandi bakuru b’ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bemeranyijwe kuzashyigikira umukandida umwe mu matora ya Perezida wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe.
Bamwe mu bafite ubumuga bo mu Karere ka Musanze, basanga ubumenyi mu ikoranabuhanga bungutse, hari urwego bugiye kubagezaho mu kurushaho guhanga udushya no kunoza umurimo.
Abaturage bo mu Karere ka Rubavu bakurikiranye ishuri ryo mu murima mu gihe cy’umwaka bavuga ko bungutse ubumenyi butuma bashobora kongera umusaruro, dore ko aho bari basanzwe basarura toni 20 z’ibirayi ubu bahakura toni 30 kugera kuri toni 40, naho aho bezaga ibiro 100 by’ibishyimbo ubu barahasarura ibiro 200.