Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, umukinnyi wo hagati Nkundimana Fabio wakiniraga Marine FC uheruka gusinyira Rayon Sports yatangajwe ku mugaragaro yiyongera kuri Nshimiyimana Emmanuel Kabange na Ganijuru Ishimwe bongereye amasezerano.
Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, GAO Wenqi yakiriwe na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, Gertrude Kazarwa, bagirana ibiganiro byibanze ku mubano w’ibihugu byombi n’ubufatanye mu nzego zitandukanye.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaranga (OIF), Madamu Louise Mushikiwabo, yavuze ko kutabona inyandiko nyinshi z’ikoranabuhanga mu Gifaransa cyangwa mu zindi gakondo mu bihugu binyamuryango ari imbogamizi ikomeye ku kubona amakuru y’ikoranabuhanga no kurikoresha.
Sebahizi Prudence wari Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda yashimye byimazeyo Perezida Paul Kagame, ku cyizere yamugiriye cyo gukorera Igihugu akamuha izo nshingano mu myaka ibiri ishize.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Kamena 2026, nibwo Perezida Paul Kagame yagize Bwana Damien Murwanashyaka, Minisitiri w’Ibikorwa Remezo asimbuye kuri uwo mwanya Dr Jimmy Gasore.
Perezida Paul Kagame yagize abarimo Lt Gen (Rtd) Karenzi Karake na Col (Rtd) Jeannot Ruhunga ba Ambasaderi.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yasimbuje ba Minisitiri b’Ibikorwa Remezo, uw’Ubucuruzi n’Inganda ndetse n’uw’Abakozi ba Leta n’Umurimo. Murwanashyaka Damien, Minisitiri w’Ibikorwa Remezo
Ku nshuro ya kabiri, Bodymax Promotion yateguye irushanwa ryo kwizihiza Umunsi wo Kwibohora rizitabirwa n’ibihugu bitandatu bigize Afurika y’i Burasirazuba.
Urubanza rwa Dr. Eugene Rwamucyo wahoze ari umuyobozi kuri Kaminuza y’u Rwanda n’umuganga ku bitaro bya Kaminuza rwakomeje mu bujurire, nyuma y’uko urukiko rwa rubanda rw’i Paris rutesheje agaciro ibyo uregwa yari yasabye.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda igaragaza ko u Rwanda rutakaza amahirwe yo kwinjiza arenga miliyoni 430 z’Amadolari ya Amerika (asaga miliyari 600 Frw) buri mwaka kubera kohereza mu mahanga impu zitarongererwa agaciro mu gihe rwinjiza ari munsi ya miliyoni 30 gusa z’Amadolari ya Amerika (asaga miliyari 44 Frw) mu kohereza (…)
Icyayi cy’u Rwanda kizwiho ubwiza n’uburyohe butangaje ku rwego mpuzamahanga ndetse kikaba gisanzwe kinjiriza u Rwanda amadovize binyuze mu bucuruzi bw’ibikomoka ku buhinzi byoherezwa mu mahanga, mu minsi iri imbere kizajya cyoherezwa muri Pakistan kinyuze inzira imwe, nta handi kibanje kunyuzwa (direct exports), kugira ngo (…)
Kuva gahunda ya "Dusangire Lunch" itangijwe, abana barenga miliyoni enye biga mu mashuri ya Leta n’afashwa na Leta mu Rwanda nibo bafatira ifunguro ku ishuri.
Itsinda rya UB40 featuring Ali Campbell ryakoze amateka mu gitaramo cyabereye muri BK Arena, kiba kimwe mu bitaramo byihariye bitazibagirana, cyane cyane ku bakuze bumva umuziki waryo.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zasabye u Bubiligi gushyiraho itegeko ribuza cyangwa rigabanya kwinjira ku bagenzi baturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola.
Chorale de Kigali ni imwe mu makorari akomeye, kandi akunzwe cyane mu Rwanda, muri Kiliziya Gatolika.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Luxembourg Aurore Mimosa Munyangaju, yavuze ko ubudaheranwa, uburenganzira bwa muntu, ubushobozi bwo kongera kwishakamo imbaraga n’ubushobozi bwo kongera kwiyubaka nyuma y’amakuba n’imbaraga zo kubabarira ari indangagaciro z’Abanyarwanda kandi bagomba kubisigasira.
Uwahoze ari umupilote mukuru w’indege za Air Canada yatawe muri yombi nyuma yo gushinjwa gutwara indege imyaka hafi 17 adafite uruhushya rumwemerera gutwara indege zitwara abagenzi.
Inzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, zigiye gufashwa gutanga ubumenyi bufite ireme ku rubyiruko rw’u Rwanda by’umwihariko abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye.
Umuhanzikazi Boukuru wari uteganyijwe kubanza ku rubyiniro mu gitaramo cya UB40 Featuring Ali Campbell cyabereye muri BK Arena, ntiyabashije kuririmba nk’uko byari byateganyijwe, bitewe n’impamvu zitunguranye.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, muri Village Urugwiro yakiriye itsinda rigizwe n’abanyamuryango 19 babarizwa mu Muryango w’Abayobozi bakiri bato, (Young Presidents Organisation YPO), bari kumwe n’abo bashakanye.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ys Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije Umunya-Chad Charles Tchouplaou wakiniraga Casric Stars yo mu cyiciro cya kabiri muri Afurika y’Epfo.
Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, babwiye Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, ko abanyabugeni bahangayiksihijwe n’ibihangano byabo byiganwa. bigakorwa kandi bigacuruzwa n’abashinwa ku masoko atandukanye.
Itsinda ry’intumwa zo ku rwego rwo hejuru zaturutse muri Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, Ibikorwa bya Leta n’Ubwiyunge muri Somalia, ziri mu ruzinduko rw’icyumweru mu Rwanda.
Minisitiri Sebahizi Prudence yabwiye abadepite mu Nteko Ishinga amategeko, ko hari uruganda rumaze ukwezi rutangiye, rwasabye abakozi magana abiri, ariko mu Rwanda basanga ubumenyi bakeneye ari bushya, nta buhari.
Abadepite babajije Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda niba inganda zose zabangamira umutekano w"ikibuga cy’Indege cya Bugesera zarigijweyo.
U Rwanda ruri kuvugana n’abashoramari bo muri Kenya, kugira ngo bazane uruganda rwabo rukora isukari mu gihugu, kuko hakiri icyuho cy’umusaruro w’imbere mu gihugu.
Mu gihe byabaye nk’akamenyero ko abajya gusengera i Kibeho ku minsi yitabirwa cyane (ku ya 15 Kanama hizihizwa Asomusiyo no ku ya 28 Ugushyingo hizihizwa isabukuru y’amabonekerwa) babura aho kurara, ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buvuga ko muri uyu mwaka wa 2026, amacumbi mashya magana atatu yiteguye kwakira abashyitsi.
Ikigo cy’Igihugu cy’ Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR) cyatangaje ko indwara zitandura kuri ubu ziza ku mwanya wa mbere mu guhitana umubare munini w’Abanyarwanda.
Uwahoze ari Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA, Kalisa Adolphe bita Camarade azasubira mu rukiko mu cyumweru gitaha kuburana asaba gufungurwa by’agateganyo.
Imana irema umuntu, yamushyizemo uburyo bw’ukuntu amaraso atembera muri we, yagira igituma akomereka cyangwa se ava amaraso nubwo ataba yakomeretse, hakagira uburyo avura kugira ngo kuva bihagarare ibyo bita ‘hemostasis’. Iyo rero uko kuvura kw’amaraso mu buryo busanzwe byakabije, nibyo biba indwara.
Dr Eugène Rwamucyo, wahoze ari umuganga ndetse akaba yaranabaye umuyobozi w’Ikigo cya Kaminuza cyita ku Buzima Rusange (CUSP) i Butare ndetse n’umwarimu muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (UR) aritaba urukiko rw’ubujurire rw’i Paris kuri uyu wa kabiri tariki 9 Kamena kugeza ku wa 16 Nyakanga 2026.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yanditse amateka mashya muri siporo ubwo yitabiraga umukino wa gatatu (Game 3) w’iya nyuma ya kamarampaka muri Shampiyona ya NBA Finals wabereye kuri Madison Square Garden i New York.
Ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 8 Kamena 2026, Uruganda rwa Skol rwari rumaze imyaka 12 ari umuterankunga mukuru wa Rayon Sports rwavuze ko iyi mikoranire yagannye ku musozo nyuma yo kurangira kw’amasezerano, bica amarenga y’imikoranire mishya iri gutegurwa.
Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) binyuze muri gahunda ya Extended Credit Facility (ECF), cyemereye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 250 z’amadolari y’Amerika (ni ukuvuga agana na miliyari 365.75 z’Amafaranga y’u Rwanda) mu gufasha Igihugu gusigasira ubukungu.
Inama y’Abaminisitiri yemeje burundu amasezerano yo gutwara abantu mu kirere, hagati ya Leta y’u Rwanda n’ibihugu by’inshuti.
Kuri uyu wa 5 Kamena, mu Rwanda hatangijwe ku mugaragaro iserukiramuco ryiswe "Global Green Heroes Festival" rigamije kurengera ibidukikije hifashishijwe ubuhanzi nk’umuyoboro wo gushishikariza abantu kurengera ibidukikije no guteza imbere iterambere rirambye.
Inama ya y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa mbere tariki 8 Kamena, yameje ivugurura ry’amasezerano hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’Umuryango mpuzamahanga w’ibihugu bisangiye uruzi rwa Nil, ahesha uwo muryango uburenganzira bwo kugira icyicaro mu Rwanda.
Maj Gen Alexis Kagame, Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara yashimye byimazeyo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo, Paul Kagame ku nkunga adahwema gutanga mu guteza imbere uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagabo n’abagore mu gisirikare.
Florentino Pérez, uherutse kongera gutorerwa kuyobora Real Madrid, kuri uyu wa Mbere yakiriye Papa Leo XIV kuri Stade ya Santiago Bernabéu, mu gikorwa cyahuje imbaga y’abakristu ba diyosezi ya Madrid, kikaba ari nacyo gikomeye mu ruzinduko rw’uyu Mushumba wa Kiliziya Gatolika muri uyu Murwa Mukuru.
Ku wa Gatandatu Tariki ya 6 Kamena, Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Leo XIV yatangiye uruzinduko rw’amateka mu gihugu cya Hispaniya, akaba azahamara icyumweru cyose, azenguruka imigi ikomeye ya Madrid, Barcelona n’ahandi, ndetse atanga imbwirwaruhame zikomeye, harimo n’iyo azageza ku Nteko Ishinga amategeko.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena, iyobowe na Perezida Paul Kagame yemeje politiki, ingamba na porogaramu zirimo no gukodesha ubutaka bwa Leta buri mu Karere ka Karongi sosiyete yitwa Zipline Rwanda Ltd.
Mu Rwanda hagiye gushyirwaho Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ikoranabuhanga ry’Ubwenge buhangano (AI), kikazafasha mu kwihutisha iterambere ry’ikoranabuhanga, guhanga udushya, no gushyira mu bikorwa ishoramari n’imiyoborere.
Itsinda ry’abagize urwego rw’ubutabera baturutse mu Bwami bwa Eswatini, batangiye uruzinduko rw’icyumweru mu Rwanda rugamije kwiga no gusangira ubunararibonye mu bijyanye n’imikorere y’inzego z’ubutabera n’ikoranabuhanga rishyigikira serivisi za Leta.
Ku Cyumweru, tariki 7 Kamena 2026, ikipe ya The Champions Sports Academy yatangije iserukiramuco ry’imikino ngororamubiri aho ku nshuro ya mbere ryitabiriwe n’abana barenga 50 ribera muri Notre Dame des Anges i Remera.
Umuhanzi Nemeye Platini uri mu bakunzwe cyane mu muziki nyarwanda, ari kuvurirwa mu Bitaro bya CHUK (Centre Hospitalier Universitaire de Kigali ).
Izamuka rikomeye ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli ryatangiye kugaragara cyane guhera mu mpera za Gashyantare uyu mwaka, nyuma y’aho intambara hagati ya Iran, Israel na Amerika ikajije umurego, igateza ikibazo ku nzira ya peteroli inyura mu nyanja ya Hormuz (Strait of Hormuz), inyuramo igice kinini cya peteroli yoherezwa (…)
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Dominique Habimana yashimye intambwe DASSO imaze gutera mu kunganira izindi nzego mu kubungabunga umutekano, gukumira ibyaha no gufasha abaturage.