Nyuma y’imikino ya ½ muri kamarampaka, nyuma kandi y’uko amakipe ya APR VC na Police VC ageze ku mukino wa nyuma mu byiciro byombi, abagabo baratangira gukina mu mpera z’iki cyumweru.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’Ubwikorezi (RTDA), cyatangije kuri uyu wa Mbere imishinga y’umuhanda uzateza imbere ubuhahirane n’igihugu gituranyi cyo mu Majyepfo, Uburundi.
Angola yahagaritse inshingano z’ubuhuza hagati y’impande zihuriye mu kibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa DRC.
Igihugu cya Qatar cyatangaje ko cyishimiye ibyatangajwe n’u Rwanda na DRC ndetse na M23 ku guhagarika imirwano mu Burasirazuba bwa DRC. Qatar ivuga ko iyi ari intambwe ishimishije itewe mu gushakira amahoro arambye Akarere.
Imvura yaguye guhera mu ma saa cyenda z’urukerera rwo kuri uyu wa 23 Werurwe 2025, yangije ibikorwa bimwe na bimwe muri Gisagara, birimo inzu n’ikiraro kiri mu gishanga cya Nyiramageni hagati y’Imirenge ya Mamba na Musha.
Abanyamateka bavuga imvano cyangwa inkomoko y’u Rwanda, bavuga ko iki gihugu tugikesha Gihanga wahanze u Rwanda.
Kuri iki Cyumweru hasojwe imikino ya shampiyona ya Sitting Volleyball 2024-2025 mu bagabo n’abagore aho Musanze mu bagabo yegukanye igikombe ku nshuro ya mbere mu bagore kikegukanwa na Bugesera ku nshuro ya karindwi.
Musenyeri Kabayiza Louis Pasteur, watorewe kuyobora Itorero ry’Abangilikani (EAR) Diyoseze ya Shyogwe, yahawe inkoni y’Ubushumba nk’umuyobozi mushya w’iyi Diyoseze, akaba yasimbuye kuri uwo mwanya Musenyeri Jeredi Kalimba ucyuye umugisha (igihe), ugiye mu kiruhuko cy’izabukuru.
Leta y’u Rwanda yatangaje ko rwakiriye neza icyemezo cy’Ihuriro rya AFC/M23 cyo gukura ingabo zaryo muri Teritwari ya Walikale hamwe n’icy’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyo guhagarika ibitero bigabwa ku mutwe wa M23.
Urubyiruko nk’imbaraga z’Igihugu zubaka, rwibukijwe ko ari rwo mizero y’ahazaza heza h’Igihugu, rusabwa gukora cyane, no kwiha intego y’ibyo ruzageraho mu gihe kiri imbere. Byagarutsweho na Perezida w’Inama Njyanama y’Umurenge wa Kicukiro, Karayiga Anastase, mu kiganiro yahaye abiganjemo urubyiruko bari bitabiriye ibikorwa (…)
Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), zatangaje ko zigiye guhagarika ibitero ku ngabo za M23 bahanganye, banasaba abarwanyi ba Wazalendo kubigenza batyo hagamijwe gushyigikira ibiganiro by’amahoro.
Kuri iki Cyumweru, Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Fransisiko yagaragaye bwa mbere mu ruhame nyuma y’ibyumweru birenga bitanu ari mu bitaro aho yari arimo kuvurirwa indwara z’ubuhumekero.
Abantu 13 bakoraga ubucuruzi bw’ibishyimbo mu buryo bwa magendu, bo mu Turere twa Burera na Gicumbi, batahuwe na Polisi bagerageza kwambutsa Toni zisaga 40, babijyanye mu gihugu cy’abaturanyi ibata muri yombi.
Ikipe ya Rayon Sports y’Abagore yegukanye igikombe cya shampiyona 2024-2025 nyuma yo gutsinda Inyemera WFC 2-1 mu mukino w’umunsi wa 20 wabaye kuri uyu wa Gatandatu.
Kuri uyu wa Gatandatu, Perezida w’Inama y’Ubutegetsi ya Rayon Sports, Paul Muvunyi, yavuze ko abavuga ko muri iyi kipe harimo kutumvikana atari ko bimeze kuko ubu bari hamwe kurusha ikindi gihe byigeze kubaho.
Nyuma y’iminsi itatu gusa, umutwe wa M23 utangaje ko wafashe Umujyi wa Walikale mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri RDC, kuri uyu wa 22 Werurwe 2025, Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryafashe icyemezo cyo kwimura ingabo zaryo zari ziri mu Mujyi wa Walikale no mu nkengero zaho.
Banki ya Kigali (BK) yamuritse ku mugaragaro BIGEREHO NA BK, gahunda nshya igamije gufasha Abanyarwanda kugera ku nzozi zabo binyuze mu bisubizo by’imari, BK ibafitiye.
Mu Rwanda, kujya kureba umupira w’amaguru ni ibintu bikundwa na benshi cyane cyane urubyiruko, abasore n’inkumi, abagabo n’abagore n’ubwo hari n’abasaza batahatangwa by’umwihariko ababyirutse bawuconga.
Ibitaro bya Gisenyi byashyikirijwe inyubako igizwe n’aho kubagira abarwayi hagezweho, n’ibikoresho hamwe n’ibyumba byo kwigishirizamo abaganga ndetse n’aho gushyira indembe zabazwe, bityo ikaba igiye kugabanya umubare w’abarwayi boherezwaga mu bindi bitaro.
Umuhanzi mu njyana Gakondo, Cyusa Ibrahim, yasohoye indirimbo yise ’Inkotanyi Turaganje’ irata ubutwari bw’Inkotanyi no guhumuriza Abanyarwanda, kandi ko bagomba gukomeza kuzigirira icyizere.
Amakuru yamenyekanye muri iki gitondo aravuga ko umunyamakuru Jean Lambert Gatare yitabye Imana mu ijoro ryakeye mu bitaro byo mu Buhinde aho yari yaragiye kwivuriza.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (UPDF), Gen Muhoozi Kainerugaba, aherekejwe na mugenzi we w’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, yasuye Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama riherereye mu Karere ka Musanze ndetse anatanga ikiganiro.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’iza Uganda (UPDF) zahuriye mu nama ya Kane igamije gusuzumira hamwe uko umutekano wifashe mu gushaka ibisubizo no kuziba ibyuho bigira ingaruka mu kubungabunga umutekano ku mipaka ihuza u Rwanda na Uganda.
Kuri uyu wa Gatanu, ikipe y’Igihugu ya Nigeria yatsindiye Amavubi ibitego 2-0 kuri Stade Amahoro yuzuye igapfuka, mu mukino w’umunsi wa gatanu wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026, wanarebwe na Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame.
Ikigo cy’ubwishingizi mu Rwanda (Radiant), ku bufatanye na E-NSURE cyatangije ku mugaragaro uburyo bushya bw’ikoranabuhanga bwiswe E-NSURE App, buzafasha abakiriya kurushaho kubona serivisi biboroheye.
One Acre Fund igiye kongera gutera ibiti miliyoni 30 uyu mwaka, mu rwego rwo gushyigikira gahunda ya Leta yo kuba buri rugo rufite nibura ibiti bitanu by’imbuto ziribwa.
Bamwe mu bimuwe ahitwa mu manegeka ubu barataka ko babayeho nabi, kandi ko abashoramari babatwariye ubutaka bwabo ku buntu.
Perezida wa Tunisia Kaïs Saïed, yirukanye Minisitiri w’Intebe w’iki guhugu, Kamel Madouri, wari umaze kuri uwo mwanya amezi atageze ku munani, ahita anashyiraho umusimbura.
Abantu bamaze kubaka izina mu Rwanda kubera ibikorwa bitandukanye n’imirimo bafite mu Gihugu, baganirije abanyeshuri biga mu mashuri abanza mu Karere ka Ruhango mu bice by’icyaro, mu rwego rwo kubaha ubuhamya bw’ubuzima babayemo, kugira ngo bubafashe kwiga bafite intego.
Ubu ni ubugira gatatu. Ubwa mbere baraje, badutoza ishuri na Gatigisimu no kumenya nyir’ibiremwa, kandi kugera aho, ntacyo byari bitwaye.
Nyuma y’iseswa ry’umubano wa Dipolomasi n’u Bubiligi, ryemejwe tariki 17 Werurwe 2025, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwererane y’u Rwanda (MINAFFET), yamenyesheje abantu bose ko Ambasade y’u Rwanda i Bruxelles yafunze imiryango yayo, kandi itazongera gutanga serivisi za dipolomasi ku butaka bw’u Bubiligi.
Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yasinye itegeko rikuraho Minisiteri y’Uburezi muri icyo gihugu, ashinja kudakora neza inshingano zayo.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Imari muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, Godfrey Kabera, yatangaje ko ibigega byo kuzigama ibikomoka kuri Peteroli bigiye kongerwa, bikabika litiro Miliyoni 334 mu gihe ibisanzwe byabikaga litiro Miliyoni 66.4 gusa.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda akaba n’Umujyanama wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni mu bikorwa byihariye bya gisirikare, Gen Muhoozi Kainerugaba, yageze i Kigali kuri uyu mugoroba.
Mu nama yagiranye n’Abakuru b’ibihugu by’u Burayi kuri uyu wa Kane, Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky, yavuze ko mugenzi we w’u Burusiya Vladimir Putin, agomba kurekaraho kuruhanya kugira ngo impande zombi zibashe kugirana amasezerano yo guhagarika imirwano.
Musenyeri Dr. Laurent Mbanda, Umuyobozi w’Itorero ry’Abangilikani mu Rwanda, mu kiganiro yatanze kuri Radio Inkoramutima, yasobanuye byinshi ku bibazo byabaye muri Diyoseze ya Shyira, harimo no kwegura kwa Musenyeri Mugisha Mugiraneza Samuel, weguye ku buyobozi bwa Diyoseze ya Shyira.
Thomas Twagirumwami, umubyeyi wa Marie Chantal Mujawamahoro, umunyeshuri wa mbere wumvikanye abwira abacengezi ko nta Bahutu n’Abatutsi babarimo kuko bose ari Abanyarwanda ari na we wishwe bwa mbere, avuga ko atatunguwe n’ibyo umwana we yakoze, kuko n’ubusanzwe ngo yari amuziho kugira urukundo, rutari gutuma yitandukanya (…)
Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika USA, Umucamanza wa Leta yatambamiye ubuyobozi bwa Perezida Donald Trump, mu mugambi wabwo wo gukinga Ikigo gitera inkunga iterambere mpuzamahanga (USAID).
Kubera akarere nkomokamo ko mu ntara y’Amajyepfo, mu 1994 nahunze u Rwanda numva amasasu mu misozi yo hakurya y’iwacu gusa.
Abaturage bo mu Karere ka Bugesera barashimirwa kuba baramenye ibyiza n’akamaro ko kuvangura ibishingwe, ku buryo bisigaye bikurwa mu ngo zabo bijyanwa kubyazwamo umusaruro.
Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Mahmoud Ali Youssouf, yashimye u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’uko abakuru b’ibihugu byombi bahuriye mu biganiro bigamije gushakira amahoro Uburasirazuba bwa DRC.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Imari muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, Godfrey Kabera, yasobanuriye Abadepite ko Umusoro w’ubukerarugendo ku icumbi numara kujyaho, ntacyo uzahungabanya ku basura u Rwanda.
Kuri uyu wa Gatatu,ikipe ya Mukura VS yatangaje ko umukunzi wayo ukomeye Mukanemeye Madeleine uzwi nka Mama Mukura w’imyaka 103 y’amavuko arembeye mu Bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB).
Umugabo w’Umunya-Peru w’imyaka 61, yatabawe ari muzima nyuma yo kumara iminsi 95 yaraburiwe irengero mu nyanja, guhera ku itariki 7 Ukuboza 2024, ibikorwa byo kumushakisha bikarangira atabonetse.
Mu mpera z’iki cyumweru bizaba ari ibirori n’urusobe rw’amahitamo ku bakunzi b’imikino, aho Stade Amahoro, BK Arena na Petit Stade zose zizakira imikino itandukanye ku munsi umwe.
Abasaga 100 babonye akazi mu mirimo yo gutunganya igishanga cya Nyiramageni mu Karere ka Gisagara, barinubira kutamenya ahashyirwa amafaranga bakatwa ku mishahara, babwirwa ko ari aya Caisse social (Ubwiteganyirize).
Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, avuga ko mu mwaka wa 2023-2024, serivisi zirenga miliyoni 5 zasabwe n’abaturage ubwabo ku Irembo, ndetse abarenga ibihumbi 400 bakaba bamaze gufungura konti bwite ku Irembo.