Abanyamuryango b’Ihuriro ry’abunganira muri gasutamo (kubarisha no kwishyura imisoro n’amahoro), abatumiza n’abohereza ibicuruzwa mu mahanga, basanzwe bazwi nk’abadekarara (Déclarants), bifuza ko bakomeza guhugurwa ku mategeko mashya ajyanye n’ibyinjira n’ibisohoka, kugira ngo bibafashe kurushaho kunoza akazi kabo.
Ubuyobozi bw’Umuryango w’Abayislamu mu Rwanda (RMC) burizeza kwagura ubufatanye na Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Idini ya Isilamu n’ivugabutumwa mu gihugu cya Saudi Arabia. Ibi Umuyobozi w’Umuryango w’Abayislamu mu Rwanda, Sheikh Musa Sindayigaya, yabivuze ahereye ku marushanwa yo gusoma Korowani mu mutwe, RMC yateguye (…)
Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu taliki ya 7 ugushyingo, nibwo hakomezaga shampiyona ya volleyball aho POLICE VC yatsinze REG, APR y’abagore igatsinda EAUR.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 7 Ugushyingo 2025, abanyamakuru bakoze inkuru nziza kurusha izindi mu byiciro bitandukanye bashimiwe mu ruhamwe ndetse begukana n’ibihembo.
Urwego rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu Akamaro (RURA), rwatangaje ko guhera saa kumi n’ebyiri za mu gitondo zo kuri uyu wa Gatandatu tariki 8 Ugushyingo 2025, ibiciro bishya bya lisansi na Mazutu bitangira gukurikizwa.
Ku wa 8 Ugushyingo 2025, Zaria Court izakira irushanwa rishya ry’ iteramakofi rya Kigali Fight Night, riteganyijwe guhindura isura y’umukino w’iteramakofe muri Afurika y’Iburasirazuba.
Mu gihe kuri uyu wa Gatanu tariki 7 Ugushyingo 2025, hasozwaga icyumweru cyahariwe Kuzigama, abafite mu nshingano iby’imari bagaragaje ko Abanyarwanda bagera kuri 3% bakibika amafaranga yabo munsi y’umusego, mu ihembe, cyangwa ahandi hantu hatazwi ariko mu ngo zabo.
Mu nama mpuzamahanga ku buyobozi bw’inzego z’ibanze yaberaga i Dakar muri Senegal (izwi nka Forum International sur la Democratie Participative en Afrique - FIDEPA), u Rwanda rwahawe igihembo cy’ikirenga gihabwa ibihugu byateye intambwe mu guteza imbere ubuyobozi bw’ibanze.
Paula White-Cain, Umujyanama mu Biro bya Perezida Donald Trump wa Amerika mu ishami rishinzwe Imyemerere, ari kumwe n’intumwa ayoboye basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, mu rwego rwo kunamira inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ziharuhukiye.
Amb. Col (Rtd) Donat Ndamage, yashyikirije Umwami Mswati III wa Eswatini inyandiko zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu, mu gikorwa cyabaye ku wa Kane tariki 07 Ugushyingo 2025 mu Ngoro y’Umwami ya Lozita.
Ku mugoroba wa tariki 6 Ugushyingo 2025, nibwo Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye muri Village Urugwiro abajyanama ba Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu bijyanye n’imyemere, bagirana ibiganiro bishingiye ku ndangagaciro n’amahoro.
Abanyamuryango ba Unity Club Intwararumuri, basanga Ubumwe bw’Abanyarwanda ari inkingi ikomeye yubakiyeho u Rwanda rw’Abanyarwanda, ari na yo mpamvu abacuze umugambi wo gusenya u Rwanda babanje gusenya ubumwe bw’Abanyarwanda bwariho, bakoresheje imiyoborere mibi irimo ivangura rishingiye ku moko.
Imiryango 69 y’Abanyarwanda, igizwe n’abantu 223, yishimiye gutaha mu rwababyaye (Rwanda), nyuma y’imyaka myinshi bari bamaze mu mashyamba yo mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Ubuyobozi bw’ikigo cy’ubucuruzi, RICO, cyahawe kurangiza isoko rya Gisenyi rimaze imyaka 15 ryubakwa, butangaza ko rigiye kwakirwa no gukorerwamo ku itariki 15 Ugushyingo 2025.
Umusifuzi wo ku ruhande Karangwa Justin yahagaritswe ibyumweru bine adasifura nyuma yo kwanga igitego cya APR FC cyari kuba ari icya kabiri ku mukino yanganyijemo na Rutsiro FC 1-1.
Minisitiri w’Umutekano Imbere mu Gihugu, Dr. Vincent Biruta, yashimye ubufatanye bw’ibihugu bya Eastern Africa Police Chiefs Cooperation Organization (EAPCCO) ndetse n’u Bushinwa, mu guhangana n’ibibazo by’umutekano, birimo ibyaha by’ikoranabuhanga, kuko bwongereye umutekano.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 5 Ugushyingo 2025, abaturage b’Akarere ka Nyarugenge, abayobozi n’abafatanyabikorwa bako, bateye ibiti mu Murenge wa Mageragere, banatangiza ikoranabuhanga rizajya rifasha ababishinzwe gukurikirana buri giti cyatewe kigakura.
Umuyobozi ushinzwe Imari muri Sosiyete ya MTN Rwanda, Dunstan Ayodele Stober, yagaragaje uko iyo sosiyete y’itumanaho ihagaze mu gihembwe cya gatatu cy’umwaka wa 2025 ndetse n’ingamba bafite mu minsi iri imbere.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Kenya, Gen. Charles Kahariri hamwe n’itsinda ayoboye, bari mu ruzinduko mu Rwanda, rwatangiye kuri uyu wa Kabiri tariki 4 Ugushyingo, rukazarangira ku itariki 7 Ugushyingo 2025.
Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 2 Ugushyingo 2025, BK Arena yari iteye amabengeza ubwo ibirori bya Sherrie Silver Gala 2025, byahurizaga hamwe ubuhanzi, imideli, ibikorwa by’ubugiraneza n’ubudasa bwa Afurika byabereye hamwe.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 5 Ugushyingo 2025, u Rwanda rwifatanyije n’ibindi bihugu bitandukanye mu muhango wo gufungura ku mugaragaro imurikabikorwa ku byinjizwa mu Bushinwa (China International Import Expo - CIIE), ririmo kubera i Shanghai muri icyo gihugu, rikaba ryitezweho kongera ibyo u Rwanda rwoherezayo.
Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yavuze ko nta kipe y’igihugu izongera gusohokera u Rwanda igiye kuba ingwizamurongo gusa.
Leta y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), ku bufatanye na Leta ya Denmark na Banki y’Isi, yatangije ku mugaragaro igikorwa cyo gushyira ibuye ry’ifatizo ahagiye kwagurirwa Ikigo Nderabuzima cya Nyarubuye, kiri mu Murenge wa Nyarubuye mu Karere ka Kirehe, kugira ngo gishyirwe ku rwego (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana bwatangaje ko bwafunze uruganda rwengaga inzoga rukoresheje ibirimo urusenda, amajyane n’itabi aho kuba ibitoki nk’uko byavugwaga.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yanenze MONUSCO iherutse guha imyitozo Ingabo za RDC, yo gukoresha indege z’intambara zitagira abapilote no gukoresha ibitwaro biremereye, ashimangira ko ubutumwa bwayo nk’uko bizwi ari ukubungabunga amahoro no kurinda abasivile.
Mu gihe shampiyona ya volleyball mu Rwanda igeze ku munsi wa kane, imikino yo y’umunsi wa kane iteganyijwe mu mpera ziki cyumweru yashyizwe mu kibuga gishya kiri mu mujyi wa Kigali muri St Famille.
Mu birwa bya Philippines, abantu 66 bahitanywe n’imyuzure yatejwe n’inkubi y’umuyaga ikomeye ivanze n’imvura, ndetse ibihumbi by’abandi bantu bata ingo zabo barahunga, nk’uko inzego z’ubuyobozi zabitangaje.
Minisitiri w’Ikoranabuhanga no Guhanga Udushya, Ingabire Paula ageza ibisobanuro ku nteko rusange umutwe w’Abadepite, ibisubizo mu magambo ku bibazo byagaragaye mu ikoreshwa ry’ikoranabuhanga hatangwa serivisi ku baturage, yavuze ko hakenewe iminara 2,500 yiyongera ku 1700 yari isanzwe kugira ngo Internet ibashe kugera mu (…)
Mukamusoni Agnes, umugore uyobora Umudugudu wa Kinyami mu Kagari ka Kinini, mu Murenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga, aratangaza ko ubu nta muturage ayobora ukinywa inzoga itujuje ubuziranenge izwi nk’igikwangari, kuko yahanganye n’abakora iyo nzoga bagacika burundu, akaba yaranabihembewe.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangije ikoranabuhanga rishya rya e-IDSR (Electronic Integrated Disease Surveillance and Response), rizajya rikoreshwa mu gukusanya no gukurikirana amakuru y’indwara z’ibyorezo, harimo izandura hagati y’abantu, amatungo ndetse n’inyamaswa zo mu gasozi.
U Rwanda rwahawe igihembo nk’Igihugu gifite ibikorwa remezo byakira inama mpuzamahanga, n’amahoteli yo ku rwego rwo hejuru, bigamije guteza imbere no koroshya urwego rw’ubukerarugendo ku Mugabane wa Afurika (Best Tourism Infrastructure Award).
Kuri uyu wa Mbere tariki 3 Nyakanga 2025, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yageze i Doha muri Qatar aho yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Iterambere ry’Abaturage.
Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan, yarahiriye kuyobora icyo gihugu muri manda ya kabiri, mu muhango wabereye mu muhezo kubera ikibazo cy’umutekano giterwa n’imyigaragambyo iri muri iki gihugu.
Me Moïse Nyarugabo, wabaye mu nzego nkuru mu butegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yagarutse ku ruhare rw’ingabo z’u Burundi mu misozi miremire y’i Mulenge.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwataye muri yombi abagabo batatu (3) bakurikiranyweho kugura no kugurisha amahembe y’inzovu afite ibilo 20, bayavanye muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, ajyanywe gucuruzwa ku Mugabane wa Aziya.
Imikino isoza umunsi wa Gatandatu yasize Rayon Sports itsinze Marine FC igitego 1-0, Kiyovu Sports itsinda AS Kigali ibitego 3 -0 Gicumbi FC igwa miswi na Etincelles FC, mu mikino yakinwe kuri iki Cyumweru.
Madamu Jeannette Kagame akaba n’Umuyobozi Mukuru wa Unity Club Intwararumuri, yibukije Abanyarwanda ko uwambaye Ubunyarwanda agendana ubudahangarwa mu ngamba zose, abasaba gukomeza kwimakaza ihame ndakuka ryabwo.
Umuhanzi wo hambere, Ngabonziza Augustin, wamenyakanye mu ndirimbo yamamaye cyane ‘Ancilla’, yitabye Imana mu ijoro ryakeye ry’uyu wa Mbere tariki 3 Ugushyingo 2025 azize uburwayi.
Amakipe ya Gisagara volleyball club ndetse na Kepler VC zatanze ubutumwa kuri Police na APR nyuma yo kubatsindira I Gisagara badakozemo.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, arasaba abakozi b’Umurenge wa Nyamabuye, kuba indorerwamo y’Ibikorwa by’Akarere kuko uwo Murenge ufite amahirwe yo kugira ishoramari riza ku mwanya wa mbere mu Karere kose, bityo ko ayo mahirwe adakwiye gutakara.
Byatangarijwe mu birori bibereye ijisho bya ‘The Silver Gala’, byari bigamije gushaka ubufasha bwo gushyigikira urubyiruko rwo muri Sherrie Silver Foundation, rufite impano mu muziki ndetse no kubyina.
Abakurikirana ibijyanye n’imihindagurikire y’ikirere n’ingaruka bigira ku bantu, basanga abana bari mu ba mbere bibasirwa cyane, ari yo mpamvu ari ngombwa kumva ibitekerezo byabo kuri icyo kibazo, ndetse bakanagira uruhare rugaragara rujyanye n’ubushobozi bwabo mu gukumira izo ngaruka.
Ikipe ya APR FC yanganyirije na Rutsiro FC 1-1 kuri Stade Umuganda, Mukura VS ihagama Police FC kuri Kigali Pele Stadium, mu mikino y’umunsi wa gatandatu wa shampiyona wongeye gusiga imisifurire igarukwaho.
Ku wa Gatanu, tariki ya 31 Ukwakira 2025, ubuyobozi bukuru bw’igisirikare cya Guinée-Bissau, bwatangaje ko bwaburijemo igeragezwa ryo guhirika ubutegetsi.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 1 Ugushyingo 2025, nibwo Komisiyo y’Amatora muri Tanzania yatangaje ko Samia Suluhu Hassan ari we watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu n’amajwi 97,66%.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, MINECOFIN, iratangaza ko Leta yihaye intego yo kugera ku kigero cy’ubwizigame kingana na 25.9% by’umusaruro mbumbe w’Igihugu mu 2029.