Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB) cyatangaje ko hagati ya tariki ya 8 na 12 Kamena 2026, u Rwanda rwohereje mu mahanga ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi bifite agaciro ka miliyari 15 Frw.
Sosiyete icukura amabuye y’agaciro ya Trinity Metals ikorera mu Rwanda yatangaje ko umusaruro wa Tungsten uva mu kirombe cya Nyakabingo ugeze ku rwego rwo gutanga hafi 20% bya tungsten y’ibanze ikoreshwa buri kwezi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye indahiro z’Abaminisitiri bashya baherutse gushyirwaho, ndetse n’abandi bayobozi bashya baherutse guhabwa inshingano.
Umuhanzi akaba n’umwe mu bakora bakanatunganya indirimbo Mugisha Robinson uzwi nka Element Eleeeh, agiye gutangira urugendo rw’ibitaramo bizenguruka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), ruzaba mu mezi abiri akurikirana y’Ugushyingo n’Ukuboza 2026.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), yashyizeho Brigadier General Patrick Karuretwa ku mwanya w’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda asimbuye Brigadier General Ronald Rwivanga.
Inzego z’ubuzima muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ziri mu gihirahiro nyuma y’uko umwana w’umukobwa w’imyaka itandatu wari urwaye Ebola ashimuswe avanywe mu kigo nderabuzima.
Mu rubanza rw’ubujurire rwa Dr Eugène Rwamucyo ushinjwa ibyaha bya Jenoside, Padiri Hildebrand Karangwa, umuhanga mu mateka akaba n’umupadiri, yatanze ubuhamya bwibanze ku mateka n’imiterere byagejeje u Rwanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu Ngishwanama, Tito Rutaremara, yibaza impamvu ibihugu bisa nkaho bifite ijambo ku bindi ku Isi, bifata abantu bose nk’ibicucu.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE), yatangaje ko mu gihe hashize ukwezi icyorezo cya Ebola kigaragaye mu Karere, u Rwanda rukomeje kuba maso mu gutahura byihuse aho cyamenera.
Minisitiri w’Intebe wa Equatorial Guinea, Manuel Osa Nsue Nsua yatanze ubwegure bwa Guverinoma yari ayoboye nyuma yo kunanirwa kugera ku ntego yari yihaye, nk’uko byatangajwe na Visi-Perezida w’icyo gihugu Teodoro Nguema Obiang Mangue.
Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva Yavuze ko u Rwanda rwakajije ingamba zo kugenzura no gukurikirana indwara ya Ebola ku mipaka yose yinjira mu Gihugu, hongerwa ubushobozi bwo gusuzuma no gupima iyi ndwara muri laboratwari.
Ikipe y’igihugu ya Argentina n’u Bufaransa zatangiye Igikombe cy’Isi 2026 zitsinda Algeria na Senegal, Lionel Messi na Mbappe bakora amateka.
Umunyabigwi mu mukino w’iteramakofe, Floyd Mayweather, akurikiranyweho ibyaha bibiri bikomeye, nyuma y’iperereza ryagaragaje ko yatanze sheki itazigamiwe ubwo yashakaga kwishyura isaha ihenze ifite agaciro k’ibihumbi 200 by’Amadolari ya Amerika (Ni ukuvuga arenga miliyoni 297Frw)
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije rutahizamu Nizeyimana Mubarak wakiniraga Marine FC.
Itsinda ryaturutse mu Ishuri Rikuru ry’Ubushakashatsi ku Mutekano muri Nigeria riri mu Rwanda mu rugendoshuri rw’icyumweru rugamije gusuzuma isano iri hagati y’imitwe yitwaje intwaro ishingiye ku moko, ihatanira umutungo kamere, n’ibibangamira umutekano w’ibihugu.
Kayinamura Gabriel yibuka ubuzima bugoye yabayemo mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, maze akaza kwisanga yaburiye mu ishyamba rya Gako wenyine, agafatwa n’abasirikare bakamufungira muri Kasho yo mu kigo cya gisirikare aho yamaze iminsi 25, agasohokanamo n’abahunga kuko Inkotanyi zari zahagaze.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) cyatangaje ko mu gihembwe cya mbere cya 2026, umusaruro mbumbe w’Igihugu wiyongereyeho 10%, ugera kuri miliyari 6346 z’amafaranga y’u Rwanda, uvuye kuri miliyari 5276 wariho mu gihembwe cya mbere cya 2025.
Urukiko rukuru rwa Kigali rwanzuye ko Ingabire Victoire, umunyapolitiki uyobora ishyaka ritemewe n’amategeko akomeza kuburana nta gisibya.
Itsinda ry’intumwa ziturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe ndetse no muri Minisiteri muri Perezidansi ya Liberia, riri mu ruzinduko rw’iminsi itanu mu Rwanda rugamije kwigira ku bunararibonye bwarwo mu miyoborere no mu micungire y’inzego za Leta.
Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Hon. Judith Uwizeye yahererekanyije ububasha na Ambasaderi Christine Nkulikiyinka asimbuye kuri izo nshingano. Uyu muhango wabereye ku cyicaro cya MIFOTRA, witabirwa n’abayobozi batandukanye ndetse n’abakozi b’iyi Minisiteri.
Ambasaderi Urujeni Bakuramutsa yashyikirije Perezida wa Slovenia, Nataša Pirc Musar, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo Gihugu ndetse baganira ku gushimangira umubano mu nzego zitandukanye.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Dr. Usta Kaitesi yashimangiye ko u Rwanda rwiyemeje gukomeza gushyigikira ubufatanye bw’ibihugu byo mu Karere kuko ariryo shingiro ry’iterambere rirambye.
Nyuma yo gushyira kaburimbo mu muhanda ugana mu isoko rya Gatunda uturutse ku Munini, hatahiwe ugana mu Iviro, rimwe mu masoko ahahirwamo cyane mu Karere ka Nyaruguru, intara y’Amajyepfo.
Umunyezamu w’Ikipe y’Igihugu ya Cape Verde, Josimar José Évora Dias uzwi cyane nka Vozinha, akomeje kuvugisha benshi nyuma yo kwitwara neza bidasanzwe yagaragaje mu mukino w’amateka wahuje ikipe ye na Espagne mu Gikombe cy’Isi 2026.
Minisiteri y’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), yatangaje ko icyorezo cya Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo kugeza ku wa 14 Kamena yari imaze guhitana abantu 191 mu gihe abo byemejwe ko bapimwe bamaze kuyandura ari 808.
Nubwo Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) giherutse kugabanya imibare y’izamuka ry’ubukungu ku bihugu bimwe na bimwe bya Afurika, uyu mugabane uracyihagazeho mu kuyobora ibihugu bizagira ubukungu bwihuta kurusha ubundi ku Isi mu mwaka wa 2026.
Uyu munsi, ibitangazamakuru mpuzamahanga byacitse ururondogoro, nyuma y’uko FIFA itangaje ko abana ba Palestine n’aba Israel ari bo bagomba gufungura Igikombe cy’Isi cy’abana bari munsi y’imyaka 15.
Perezida Paul Kagame yashimangiye ko ubufatanye mu by’ingendo zo mu kirere ari ingenzi mu guteza imbere ubwikorezi bwo mu kirere no kuzamura ubukungu bw’ibihugu bya Afurika, agaragaza amahirwe u Rwanda rwungukiyemo.
Ikigo gicuruza moto z’amashanyarazi zitwa Spiro cyavuze ko cyumvise neza ikibazo cya bateri zitinda kuboneka, bigakerereza motari, none ngo kizanye igisubizo.
Umunya-Romania Laurențiu Reghecampf wari umaze umwaka atoza Al Hilal SC yo muri Sudani iri gukina Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda, yasubiye muri Espérance de Tunis yari yaje aturukamo.
Irushanwa Mpuzamahanga ryo Gusiganwa ku Maguru, Kigali International Peace Marathon ya 2026 ryasize amateka mashya mu mujyi wa Kigali, haba mu mubare w’abayitabiriye, uburyo ryakinwemo, ibihembo byatazwe ndetse no mu musaruro udasanzwe w’Abanyarwandakazi mu cyiciro cya Half-Marathon.
Amateka ashingiye ku buhamya bw’ababaye i Bugesera, barimo abarokotse Jenoside, abayikoze n’abarinzi b’Igihango, agaragaza ko Leta ya Juvenal Habyarimana yateguye Jenoside, ikanayishyira mu bikorwa.
Perezida Paul Kagame yageze i Lomé muri Togo kuri uyu wa Mbere tariki 15 Kamena, aho yitabiriye Inama n’Imurikabikorwa byerekeye ubwikorezi bwo mu kirere muri Afurika (African Air Transport Convention and Expo), iteganyijwe kuva tariki 15-19 Kamena 2026.
Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo Gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) bwasanze 44% by’Abiga mu mashuri abanza aribo bashobora gusubiza neza ibyo basomye.
Umuhanzi Nyarwanda Ngabo Richard umaze kwamamara nka Kevin Kade, ntazitabira ibitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival nk’uko byari biteganyijwe, nyuma yo gutangaza ko afite ibibazo by’uburwayi.
Denise Zaneza na Théophile Mpozembizi ni bamwe mu bandi benshi bahuriye ku mugambi wo gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, by’umwihariko babinyujije ku mbuga nkoranyambaga.
Umuryango w’Abaskuti mu Rwanda (Rwanda Scouts Association) wifatanyije n’Abanyarwanda muri iyi minsi 100, Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, mu gikorwa cyabereye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza ya Kicukiro.
Ingabire Victoire, umunyapolitiki uyobora ishyaka ritemewe mu mategeko ryitwa DALFA Umurinzi ukurikiranyweho ibyaha byo kurema umutwe w’abagizi ba nabi, yabwiye urukiko rukuru rw’i Kigali ko adashobora kuburana kuko atameze neza mu mubiri, mu marangamutima no muri roho.
Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Hakuziyaremye, yavuze ko u Rwanda rumaze gutera intambwe ishimishije mu kugeza serivisi z’imari ku baturage benshi n’ubwo imibare igaragaza ko hakiri icyuho hagati y’abagore n’abagabo.
Lt Col Emmanuel NSENGIYUMVA wo mu Ngabo z’u Rwanda yarangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare mu gihugu cya Jordan (Royal Jordanian Command and Staff College).
Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, yatangaje ko guverinoma igiye gushyiraho itegeko ribuza abana bari munsi y’imyaka 16 gukoresha imbuga nkoranyambaga, mu rwego rwo kurinda ubuzima bwo mu mutwe n’imibereho yabo.
Mu ntangiriro z’icyumweru gishize, Kigali Today yanditse inkuru y’uruganda rwabuze abakozi rwari rukeneye mu Rwanda, maze biba ngombwa ko rujya kubashaka hanze.
Banki ya Kigali (BK), yinjiye mu bufatanye bwo kuzana mu Rwanda imodoka nini (Trucks) z’ubwikorezi zikoresha amashanyarazi gusa.
Minisitiri w"intebe wa Pakistani, Shehbaz Sharif akaba n’umuhuza mu mpande zihanganye, yatangaje ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran bemeranyijwe ku mwanzuro wari utegerejwe wo gusinya amasezerano y’amahoro, ndetse bakaba bahise bahagarika intambara yari imaze guteza isi igihombo kinini.
Perezida Paul Kagame, kuri iki cyumweru yakiriye Amb. Johan Borgstam, Intumwa Yihariye y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) mu Karere k’Ibiyaga Bigari.
Umuhanzikazi Jennifer Lopez, yishimiye bidasanzwe ikipe ya New York Knicks yegukanye igikombe cya Shampiyona ya Basketball muri Amerika (NBA) nyuma y’imyaka 53.
Abakinnyi bose b’ikipe y’Igihugu ya Portugal bahawe udukomo two kwambara ku maboko twanditseho amazina ya Diogo Jota witabye Imana aguye mu mpanuka y’imodoka yabereye muri Espagne.
Umusifuzi w’Umunyasomaliya azahabwa amafaranga yose yagombaga kubona mu irushanwa ry’igikombe cy’Isi yagombaga gusifura, nyuma yo kwangirwa kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kimwe mu bihugu bitatu byakiriye iki gikombe.