Knowless araba ari kuri Sky Hotel kuri uyu wa gatanu tariki 06/07/2012; kuwa gatandatu tariki 07/07/2012 azaba ari i Remera kuri Ambiance Club imbere gato ya Alpha Place ahahoze Chaku hanyuma ku cyumweru azataramira abakunzi be Nyabugogo kuri Top Chef.
Igihugu cya Tanzania cyasabye ko Leta Zunze Ubumwe z’Amerika n’Uburayi byagifasha mu gukora iperereza ku makuru avuga ko cyemereye amato atwara peteroli ya Irani gukoresha ibendera ryacyo kugira ngo adakumirwa n’ibihano mpuzamahanga byafatiwe Irani.
Mu gihe amasezerano ikipe ya Mukura VS yari ifitanye n’umutoza Ruremesha yarangiye tariki 05/06/2012, iyi kipe ntiratangaza niba uyu mutoza azongera amasezerano cyangwa niba izashaka undi mutoza ugomba kuyitoza muri shampiyona itaha.
Polisi ikorera mu karere ka Nyagatare yataye muri yombi abagabo babiri bo mu murenge wa Nyagatare bakekwaho gutobora iduka rya Tigo maze bakiba ibintu bifite agaciro kangana n’amafaranga arenga miliyoni 17.
Mu mezi ashize mu karere ka Huye habaye cyamunara maze umuntu agura imodoka yo mu bwoko bwa Volkswagen (VW) amafaranga y’u Rwanda 7500.
Ikompanyi ikora ibijyanye n’ibikorwa remezo, NPD-COTRACO, irasabwa kongera ibikorwa ikora no kubirangiriza igihe amasezerano iba yagiranye n’abakiriya bayo.
Abamotari bongeye kwihanangirizwa kubahiriza amategeko y’umuhanda mu mujyi wa Kigali, kuko impfu nyinshi z’abaguye mu mpanuka zihabera zihitana abari kuri moto kurusha abari mu modoka.
Biteganyijwe ko Perezida Kagame azasura akarere ka Nyagatare tariki 06/07/2012 akanafungura ku mugaragaro uruganda Easter African Granite Industries rukora amakaro ruherereye ahitwa Rutaraka mu murenge wa Nyagatare.
Kuri uyu wa kane tariki 05/07/2012 mu masaha ya saa tanu z’amanywa, abantu 12 barohamye mu kiyaga cya Kivu babiri muri bo bahasiga ubuzima, abandi 10 barohorwa ari bazima.
Ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania irimo kurambagiza abakinnyi batatu bakina mu Rwanda: Meddie Kagere wa Police FC, Iranzi Jean Claude na Mbuyu Twite bakinira APR FC.
Minisitiri w’Uburezi arasaba amashuri makuru na Kaminuza kujya batoza abanyeshuri barera kwihangira imirimo aho kubigisha babategurira kuzashaka akazi.
Ku bufatanye n’abatwara abangenzi ndetse n’Ikigo cy’Igihugu ngenzuramikorere (RURA), Umujyi wa Kigali washyizeho uburyo bwo gutwara abagenzi, wemeza ko buzakemura ikibazo cy’ibura ry’imodoka mu masaha amwe n’amwe.
Umuryango Dothan Revival Ministries wihaye intego yo kubiba inyigisho z’urukundo, amahoro, Ubumwe n’Ubwiyunge mu rubyiruko mu rwego rwo kurukangurira guhashya icyakurura amacakubiri mu Banyarwanda.
Minisitiri wa Siporo n’umuco, Protais Mitali, hamwe n’abayobozi bwa Komite Olympique basezeye ku bakinnyi bakina imikino itandukanye bagiye kwitabira imikino Olympique mu muhango wabereye muri Hotel Lemigo tariki 04/07/2012.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwimuriye urubanza rwa Augustin Ngirabatware tariki 23/07/2012. Ngirabatware yabaye Minisitiri w’imari n’igenamigambi mu gihe cya Jenoside.
Bamwe mu bavuzi ba gihanga basanga umwuga wabo ufitiye igihugu akamaro ariko ukaba udahabwa agaciro nk’uko bikwiye. Aba bavuzi bemeza ko kuba hari abantu batarasobanukirwa neza n’akamaro k’ubu buvuzi bigira ingaruka ku babukora.
Abagize itsinda rya Ministeri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) bamaze iminsi ibiri basuzuma akarere ka Karongi kageze gashyira mu bikorwa imihigo y’umwaka wa 2011/2012 baratangaza ko ako karere gahagaze neza n’ubwo igihe cyo gutanga amanota rusange kitaragera.
Umutoza wa Machester United, Sir Alex Ferguson, arifuza kugura rutahizamu wa Arsenal Robin Van Pesie nyuma y’aho uyu musore w’Umuholandi yangiye kongera amazezerano muri ‘The Gunners’.
Abaturage bivuriza ku kigo nderabuzima cya Kirehe mu karere ka Kirehe barakangurirwa gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza w’umwaka wa 2012/2013 kuko amafaranga batanze ubushize yarangiranye n’ingengo y’imari y’umwaka 2011/2012.
Umukozi ushinzwe imisoro n’amahoro mu karere ka Gakenke, Rurindabagabo Etienne atangaza ko umusoro ku bukode bw’amazu udatangwa neza kuko amazu 28 gusa ari yo yabutanze mu mazu arenga 400 yabaruwe.
Rayon Sport yatwaye umwanya wa gatatu mu irushanwa ry’igikombe cy’Amahoro itsinze AS Kigali bigoranye cyane, nyuma y’aho amakipe yari yanganyije ibitego bibiri kuri bibiri hakiyambazwa za penaliti maze Rayon Sport yinjiza eshanu kuri enye za AS Kigali.
Umunyamakuru Ruzindana Rugasa wamenyekanye cyane ubwo yakoraga ku rubuga rwa interinet rwa www.igihe.com mbere yo kwerekeza mu kinyamakuru Ijwi, aranenga imikorere ya PGGSS2 kubera uburyo idashobora gushyira mu bikorwa ibyo yatangarije Abanyarwanda ko izakora.
APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro nyuma yo gutsinda Police FC ibitego 2 kuri 1 mu mukino wa nyuma wakinwe iminota 120 kuri Stade Amahoro i Remera kuri uyu wa gatatu tariki 04/07/2012.
Umukobwa wa Nelson Mandela warwanyije ivangura rishinjiye ku ruhu mu gihugu cy’ Afurika y’Epfo (Apartheid) yagizwe ambasaderi mu gihugu cya Argentine.
Imibare y’uko ishoramari ryifashe mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC) iragaragaza ko ibigo by’ubucuruzi byo muri Kenya byihariye uruhare runini mu gushora imari mu bindi bihugu bigize EAC.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro i Juba mu murwa mukuru wa Sudani y’Amajyepfo (UNMISS) n’umuryango w’Abanyarwanda bahaba, bifatanyije n’u Rwanda mu kwizihiza umunsi w’Ubwigenge no kwibohora ku nshuro ya 18, tariki 01/07/2012.
U Rwanda ruri ku mwanya wa 125 ku rutonde rw’uko ibihugu bikurikirana mu mupira w’amaguru ku isi rushyirwa ahagaragara n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru ku isi FIFA buri kwezi.
Ikamyo itwara ibikomoka kuri peteroli yo muri Tanzaniya y’ikompanyi AAA yahiye ifunga umuhanda Gisenyi-Kigali amasaha abiri n’igice kuri uyu wa gatatu tariki 04/07/2012 saa ine n’igice za mu gitondo.
Nsanzimana Samuel ufite imyaka 21 akaba yaravukiye mu kagari ka Kagunga, umurenge wa Gikondo mu karere ka Kicukiro, yafatiwe ku rwego rwisumbuye rwa Nyarugenge tariki 22/06/2012 yiyita umwanditsi mukuru w’urukiko (Greffier en chef).
Mu gihe Minisiteri ishinzwe umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (MINEAC) ihora isaba Abanyarwanda gushora imari n’ubwenge mu bindi bihugu bigize umuryango wa EAC, abatwara abantu n’ibintu mu modoka b’Abanyarwanda barinenga kuba sosiyete zikorera mu Rwanda ari inyamahanga gusa.
Impugucye z’abacamanza b’Abafaransa bageze mu Rwanda, tariki 03/07/2012, mu rwego rwo gukorana n’inzego z’ubutabera kugira ngo bashake uburyo bakurikirana Abanyarwanda batuye mu Bufaransa bacyekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Abari mu butumwa bwo kugarura amahoro i Darfur muri Sudani (UNAMID) bifatanije n’Abanyarwanda mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 u Rwanda rubonye ubwigenge, n’isabukuru y’imyaka 18 rumaze rwibohoye.
Maniraguha Deogratias ari mu maboko ya polisi y’akarere ka Rusizi azira gufatanwa ibiro 50 by’urumogi ubwo yageragezaga kurwambukana aruvana muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo tariki 04/07/2012.
Urukiko mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwohereje Colonel Theoneste Bagosora kurangiriza igihano yakatiwe n’uru rukiko mu gihugu cya Mali.
Mu gihe twizihiza imyaka 18 ishize Abanyarwanda bibohoye, abaturage bo mu byiciro bitandukanye bo mu karere ka Nyamasheke baratangaza ko hari aho bageze batera imbere mu bukungu no mu mibereho myiza.
Umwana w’umwaka umwe witwa Erica Mukadusabe utuye mu murenge wa Mugesera, akarere ka Ngoma yarohamye mu kiyaga cya Mugesera kuwa mbere tariki 02/07/2012 ahita yitaba Imana.
Uwari umukinnyi w’ikipe y’u Rwanda ya basketball witabye Imana ari tariki 24/6/2012 muri Amerika, Jonathan Rutare, yashyinguwe ku wa kabiri tariki 03/07/2012 i Rubavu aho akomoka.
Hagenimana Aimable w’imyaka 34 ukorera ku kigo nderabuzima cya Kigoma kiri mu karere ka Ruhango ari mu maboko ya polisi akekwaho gusambanya umurwayi w’imyaka 27 yarimo kuvura tariki 02/07/2012 mu gihe cya saa yine z’amanywa.
Nyuma y’amazi ane yirukanywe muri Chelsea, Umunya-Portugal André Villas Boas (AVB), tariki 03/07/2012, yasinye amasezerano y’imyaka itatu yo gutoza Tottenham Hotspurs yo mu Bwongereza. Asimbuye Harry Redknapp kuri uwo mwanya.
Umugabo witwa Gösta Eloffson wo muri Suwedi yatunguwe no kumva abaganga bamubwira ko atwite nyamara ntabwo byari byo ahubwo ni ibimenyetso yagaragazaga ko afite mikorobe zigaragara ku mugore utwite.
Abapolisi bashinzwe gukurikirana ibyaha birebana n’umutungo mu Bufaransa bakurikiranye bikomeye Nicolas Sarkozy wabaye perezida w’Ubufaransa mu myaka itanu ishize.
Kumurika alubumu ya Lil G bizaba tariki 17/11/2012 aho kuba tariki 24/11/2012; nk’uko yabitangaje tariki 03/07/2012.
Mpfabakuze Célestin wo mu murenge wa Karangazi mu karere ka Nyagatare yariwe n’imvubu tariki 29/06/2012 yoherezwa mu bitaro bya Nyagatare.
Umubiligi witwa Julien Nyssens wabaye mu bategetsi bitwaga Administrateur de Territoire mu gihe cy’ubukoloni mu Rwanda yasohoye igitabo kivuga ku Rwanda hagati y’umwaka w’1948 kugeza mu mwaka w’1961.
Ambasade ya Leta zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda, tariki 03/07/2012, yizihije isabukuru y’imyaka 234 igihugu cyayo kimaze kigobotoye ingoyi ya gikoloni. Ambasaderi wayo yashimiye u Rwanda umubano wihariye ibihugu byombi bikomeje kugirana.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ari kumwe n’umufasha we, Jeannette Kagame, kuri uyu wa 03/07/2012 bagiriye uruzinduko ku kigo cy’amashuri cy’abakobwa cya Gashora Girls Academy riherereye mu karere ka Bugesera.
U Rwanda na Turukiya byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu iterambere, harimo gushyiraho za ambasade mu bihugu byombi, kurwanya iterabwoba n’ibyaha byambukiranya ibihugu, ndetse n’ishoramari mu nzego zitandukanye.
Nyuma y’iperereza ryari rimaze iminsi ibiri mu mujyi wa Karongi, polisi yasubije studio zari zafatiriwe ibikoresho kubera gukekwaho gucuruza ibihangano by’abandi nta burenganzira.