Mu ijoro rya tariki 04 Mata 2025, mu Kagari ka Kanzenze mu Murenge wa Ntarama mu Karere ka Bugesera, hiciwe umubyeyi warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, atewe ibyuma n’ibindi bikoresho gakondo, iperereza rikaba rikomeje ngo abo bagizi ba nabi bafatwe.
Ubushakashatsi mu by’ubuvuzi bwagaragaje ko muri ibi bihe abantu ibihumbi 700 ku Isi, bapfa buri mwaka bazira ikoreshwa nabi ry’imiti ya antibiyotike (antibiotique), kimwe n’indi miti iba yafashwe mu buryo budakwiye, igiraingarukaku buzima bw’abantu, bagasabwa gufata iyo bandikiwe na muganga.
Perezida wa Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage n’Uburenganzira bwa Muntu, Senateri Umuhire Adrie, yagejeje ku Nteko rusange ya Sena yateranye ku wa Gatanu tariki 4 Mata 2025, raporo ikubiyemo igikorwa cyo kugenzura ibikorwa mu guteza imbere amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro, aho basanze abiga muri aya mashuri bafite imbogamizi (…)
Itsinda ry’Abasenateri ryagiriye urugendo mu gihugu cya Denmark, Sweden, Norway na Finland, kuva tariki ya 10 kugera ku ya 15 Werurwe 2025, riyobowe na Senateri Dr Usta Kaitesi, ryagejeje ku Nteko Rusange ya Sena, raporo y’ibyavuye muri urwo ruzinduko, aho ibiganiro n’abayobozi b’ibyo bihugu byibanze ku kibazo cy’umutekano (…)
Ikipe ya Police Women Volleyball Club iri mu zihagarariye u Rwanda mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika, yatangiye itsindwa n’ikipe ya Kenya Pipeline amaseti 3-1.
Ubuyobozi bukuru bwa Koperative Muganga SACCO, buratangaza ko bugiye kubona ubushobozi bw’Amafaranga y’u Rwanda agera kuri Miliyari n’igice, azabafasha gukomeza gufasha abanyamuryango kubona inzu.
Ubuyobozi bukuru bwa BK Foundation ku bufatanye n’Ikigo cy’u Budage cy’Iterambere (GIZ) bongereye amahirwe ba rwiyemezamirimo bakiri bato bafite imishinga bifuza ko yahatana muri gahunda ya ‘Urumuri’.
Inteko rusange ya Sena yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 4 Mata 2025, yemeje abagize inama y’abakomiseri muri Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC).
Muri Indonesia, umugore uzwi cyane mu gukoresha urubuga nkoranyambaga rwa TikTok witwa Ratu Thalisa, yakatiwe n’urukiko gufungwa imyaka 2 n’amezi 10 muri gereza, nyuma yo kubwira Yezu (ishusho ye) ko akeneye kogoshwa.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu, Dr Jean Damascène Bizimana, avuga ko uretse imibiri mikeya yatunganyijwe byihariye, iyindi yari isanzwe igaragara ku rwibutso rwa Jenoside rwa Murambi amaherezo igomba gushyingurwa.
Muri iki gitondo, ibiro by’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda byahamije inkuru y’akababaro y’urupfu rw’Umuvugizi wa Guverinoma Wungirije Alain Mukuralinda.
Nyuma yo kubona ko malariya igenda yiyongera, hakaba n’abarwara iy’igikatu itavurwa n’imiti isanzwe, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), cyatangije gahunda yo kugeza imiti y’iyo malariya ku bitaro no ku bigo nderabuzima hifashishijwe za drones.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 03 Mata 2025, Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye Umunyamabanga Mukuru w’Ihuriro Mpuzamahanga ry’Ikoranabuhanga mu Itumanaho (ITU), Doreen Bogdan-Martin, bagirana ibiganiro byibanze ku gushaka ibisubizo biganisha ku iterambere rishingiye ku ikoranabuhanga.
Ageza ku bagize Sena ibikubiye muri raporo ya Komisiyo ya Politiki n’Imiyoborere, ku gikorwa cyo kugenzura ibikorwa n’inzego z’imitegekere y’Igihugu zegerejwe abaturage, mu gukumira no kurwanya ruswa kuri uyu wa Kane tariki 3 Mata 2025, Senateri Dr Usta Kaitesi, Perezida wa Komisiyo ya Politiki n’Imiyoborere, yavuze ko ruswa (…)
Kuri uyu wa Kane tariki 3 Mata 2025, mu Murenge wa Jabana mu Karere ka Gasabo, habaye igikorwa cyo kwimura imibiri 41 yari ishyinguye mu ngo, hagamijwe kuyegereza indi ishyinguye mu Rwibutso rwa Kabuye ruri muri uwo Murenge, ruruhukiyemo imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda iri gukosora imvugo ikunze gukoreshwa cyane muri gahunda z’ubumwe n’ubwiyunge, aho abakoze Jenoside begera abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, bakabasaba imbabazi, ndetse bakerekana n’indi migirire yerekana ko bahindutse.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascene Bizimana, yabwiye abanyamakuru ko igipimo cy’ubumwe bw’Abanyarwanda kiri ku rwego rushimishije.
Ikipe ya APR Women Volleyball yatangiye imikino nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo, itsinda ivuye inyuma ikipe ya Carthage yo mu gihugu cya Tunisia amaseti 3-1.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu Dr. Jean Damascene Bizimana yatangaje ko ibikorwa bigamije kubangamira Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi atari byinshi, ariko u Bubiligi buri muri bacye badashaka kwibuka.
Amafaranga bahabwa n’ababyeyi babo ngo bajye mu birori cyangwa kwifata neza ku ishuri, bo biyemeje kuyakoresha bunganira Leta muri gahunda yo kugaburira abana mu marerero(ECD) yo hirya no hino mu Gihugu, bahereye ku babyarwa n’abangavu.
Kuri uyu wa Kane,Munyakazi Sadate wayoboye Rayon Sports hagati ya 2019 na 2020,yongeye kwibutsa Aba-Rayons ko ariwe wayigira igitangaza avuga ko yifuza kuba nyira yo aho ku ikubitiro yayishoramo miliyari 5 Frw zizazamuka zikagera ku icumi.
Mu gihe hari abarya imboga ari uko baziguze, hakaba n’abazirya rimwe na rimwe kubera kunanirwa kuzihingira, Marie Chantal Mukeshimana utuye mu Murenge wa Nyanza mu Karere ka Gisagara, we azihinga mu mbuga ku buryo azirya uko abyifuza, agasagurira n’amasoko.
Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru irakomeza mu mpera z’iki Cyumweru, aho Rayon Sports ya mbere yerekeza i Rubavu, APR FC ya kabiri ikerekeza i Bugesera
Abahinzi b’ibireti bibumbiye muri KOAIKA bo mu Murenge wa Kabatwa mu Karere ka Nyabihu, barishimira uburyo bakomeje kongera umusaruro w’ubwo buhinzi, aho n’ubwasisi bagenerwa bwazamutse bugera kuri Miliyoni 24,052,000Frw buvuye kuri Miliyoni 17Frw.
Akanama Ngengamyitwarire muri FERWAFA katumije abahagarariye amakipe ya Kiyovu Sports na Musanze FC mu nama yiga ku majwi y’umutoza Mugiraneza Jean Baptiste Miggy wasabye umukinnnyi wa Musanze FC kwitsindisha iteganyiwe ku wa 6 Mata 2025.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Murasira Albert, mu kiganiro yagiranye n’Abasenateri kuri uyu wa Gatatu tariki 2 Mata 2025, yababwiye ko mu bice by’Intara y’Iburengerazuba n’Amajyaruguru hashobora kuzibasirwa n’ibiza.
Ishuri ry’Umupira w’Amaguru rya Debes Football Academy ryegukanwe irushanwa ryo gushakisha impano z’abakiri bato ryateguwe Children And Youth Sports Academy, abaryitabiriye basaba ko habaho amarushanwa menshi muri iki cyiciro.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi, arasaba abayobozi n’ababyeyi bo mu Karere ka Nyaruguru kongera imbaraga mu kohereza abana mu marerero, kuko byagaragaye ko ari inzira ihamye yo kurwanya igwingira ry’abana.
Uzabakiriho Gervais utuye mu Murenge wa Shangasha mu Karere ka Gicumbi, avuga ko yahoze mu bukene bukabije, gahunda ya Girinka imugobotse ayibyaza umusaruro kugeza ubwo abaye umuhinzi mworozi w’intangarugero mu karere ka Gicumbi.
Mu Bushinwa, umukobwa yatangaje abantu nyuma yo kwerekana ahantu hadasanzwe yibera, kuko aba mu bwiherero bwo ku kazi aho akorera, bikamufasha guhangana n’ikibazo cy’ubukode bw’inzu buhenze mu gace atuyemo, kuko aho mu bwiherero yibera, ngo ahishyura Amayuwani 50 (akoreshwa mu Bushinwa) angana na 9,986 by’Amafaranga y’u Rwanda.
Abahinzi n’aborozi bisunze gahunda y’ubwishingizi ku bihingwa no ku matungo yabo, bakomeje kwishimira uburyo bashumbushwa mu gihe bahuye n’ibibazo ntihabeho guhomba, aho bamaze guhabwa angana na 6,448,769,162Frw kuva iyo gahunda itangiye muri 2019.
Abepiskopi Gatolika b’u Rwanda n’ab’u Burundi, bibumbiye mu Ihuriro ACOREB bagaragaje ko bababajwe no kuba imipaka yo ku butaka ihuza u Rwanda n’u Burundi ifunze, basaba ko hakorwa ibishoboka igafungurwa Abarundi n’Abanyarwanda bakongera kugenderana kuko ari abavandimwe. Babivugiye mu nama isanzwe ibahuza, yateraniye i (…)
Senateri Uwera Pélagie arasaba urubyiruko muri rusange, gukora rukiteza imbere n’Igihugu muri rusange, kuko bimaze kugaragara ko ibihugu bikomeye bisigaye bisuzugura ibiri mu nzira y’Amajyambere kubera inkunga.
Umuyobozi mukuru wa Guverinoma ya gisirikare muri Myanmar, Senior Gen. Min Aung Hlaing, yatangaje kuri televiziyo y’icyo gihugu, MRTV, ko imibare y’abamaze kumenyekana ko bwishwe n’umutingito ari 2,719 naho abakomeretse bakaba ari 4,521 mu gihe ababuriwe irengero ari 441.
Kuva mu mezi abiri ashize, ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ryigaruriye uduce twinshi tugize Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo turimo imijyi ya Goma na Bukavu, abahoze ari abasirikare ba FARDC bagiye bagaragara biyunga kuri uwo mutwe, kugira ngo bafatanye urugendo rwo (…)
Mu rwego rwo kurushaho kwegera abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umuryango IBUKA watanze inka na mituweli, unatanga ubufasha ku barokotse Jenoside bafite ibibazo by’ihungabana mu Karere ka Nyaruguru.
Ubushize nasabye Meya w’Umujyi wa Kigali ngo natwe batwibuke ku bijyanye n’ibyapa biyobora abantu ku mihanda n’amakaritsiye dutuyemo, kandi ndabizi ko abayobozi b’umujyi wacu na bo bazi ibitubereye.
Ishuri rikuru ry’u Rwanda ryigisha Ubuhinzi butangiza Ubutaka (Rwanda Institute for Conservation Agriculture - RICA), na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), bahurije hamwe abafatanyabikorwa, bashyiraho uburyo bw’imihingire ibungabunga ubutaka, aho bushobora gutanga umusaruro hatabayeho kubuhindura intabire.
Ambasaderi w’Ubushinwa mu Rwanda ucyuye Igihe Wang Xuekun, asanga nta kure habaho ku nshuti yawe, iyo muri inshuti nyazo koko ahereye ku mubano mwiza w’u Rwanda n’Ubushinwa, ibihugu byombi bikaba biri ku ntera ndende ariko bitabibujije kubana neza.
Ikigo gishinzwe gutanga amasoko ya Leta (RPPA) kigiye gutangira gukurikiza politiki nshya yo gutanga amasoko mu buryo burambye, nk’uko yemejwe n’Inama y’Abaminisitiri mu Kwakira 2024.
Abagize Inama Njyanama y’Umurenge wa Kicukiro mu Karere ka Kicukiro, biyemeje kongera imbaraga mu kurwanya imirire mibi n’igwingira mu bana, kuko basanga kugira ngo Igihugu gitere imbere, kigomba kuba gifite abaturage bafite ubuzima bwiza.
Uruhare rwa Banki ya Kigali (BK), mu bikorwa bitandukanye by’umwihariko ubucuruzi bw’abakiriya bayo, rwafashije abaturage kurushaho kwiteza imbere.
Mu gihe imikino ya nyuma ya kamarampaka (Finals) yatangiraga ku wa Gatandatu, ikipe ya Police VC yatunguye APR VC iyitsinda amaseti 3-0, mu mukino wari witabiriwe bidasanzwe.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, avuga ko uruganda rutunganya amata y’ifu ruri mu Karere ka Nyagatare ubu rwatangiye gushyira umusaruro ku isoko ry’u Rwanda.
Kuri iki Cyumweru,hakomeje gukinwa imikino y’umunsi wa 22 wa shampiyona aho APR FC bigoranye yatsindiye Vision FC kuri Kigali Pele Stadium 2-1 igakomeza gusatira Rayon Sports mu manota mu gihe Kiyovu Sports yo yahatsindiye Police FC 1-0.
Abayisilamu bo mu Rwanda bifatanyije n’abo ku Isi kwizihiza EIDIL FITRI, umunsi mukuru ngarukamwaka wizihizwa buri gihe iyo Abayisilamu basoje ukwezi kwa Ramadhan, aho baba bamaze igihe cy’iminsi hagati ya 29 na 30 basiba (biyiriza ubusa badafata amafunguro).