Muri Cameroun, abarimu batangije imyigaragambyo igomba kumara iminsi ine uhereye ku wa Kabiri tariki 22 Mata 2025, igakorwa mu bice byose by’icyo gihugu, mu mashuri yose yaba aya Leta ndetse n’ayigenga, ku buryo n’igihembwe cya gatatu cy’umwaka w’amashuri kitatangiye uko byari biteganyijwe.
Minisitiri w’Ubutabera Dr Ugirashebuja Emmanuel yagejeje ku bagize inteko ishinga amategeko umushinga w’itegeko rizahuriza hamwe amategeko yose agenga inshingano zikomoka ku masezerano, izikomoka ku bisa n’amasezerano, ku makosa no ku bisa n’amakosa.
Amategeko ya Kiliziya Gatolika ateganya ko hari ibigomba gukorwa mu gihe cyo gutora Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatolika ku Isi iyo yitabye Imana cyangwa yeguye.
Umuhanzi wamamaye hambere mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana (Gospel), Richard Nick Ngendahayo, wari umaze imyaka irenga 15 atari mu Rwanda ndetse adashyira n’imbaraga nyinshi mu muziki, yongeye kugaruka mu muziki, ashyira hanze indirimbo nshya yise ‘Uri Byose Nkeneye’.
Kuri uyu wa Kabiri, Ikipe ya Mukura VS kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye yahanganyirije na Rayon Sports 1-1 mu mukino ubanza wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro wakinwe iminsi ibiri kubera amatara.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ku Mayaga mu yahoze ari Komini Ntongwe, ubu ni mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Ruhango, barishimira kuba imirimo yo kubaka inzu y’amateka basabye igihe kinini yaratangiye kubakwa.
Abagore n’Urubyiruko bagize Urugaga Rushamikiye ku Muryango RPF-Inkotanyi bo mu Karere ka Burera, batangije ubukangurambaga bufatwa nk’umuyoboro wo guhangana n’ikibazo cy’imirire mibi n’igwingira ry’abana.
Bahereye hambere akijya mu bitaro, maze bumvise ngo ararembye, batangira kutwibutsa imihango ikurikizwa, abandi batangira gukora urutonde rw’uzamusimbura.
Musenyeri Jean Bosco Ntagungira, Umushumba wa Diyoseze Gatolika ya Butare, arasaba abakirisitu kugira umutima utabara, akanibutsa abaca ku muntu uri mu byago ntibamwiteho ko atari ubusirimu nk’uko bamwe babikeka.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda "Amavubi" na Algeria bemeranyijwe umukino wa gicuti uzabera muri Algeria muri Kamena 2025
Perezida Kagame yihanganishije Kiliziya Gatolika n’Abagatulika bo ku Isi yose, nyuma y’urupfu rwa Papa Francis rwabaye kuri uyu wa 21 Mata 2025, aho yavuze ko yari ikimenyetso cy’imbabazi, kwicisha bugufi no kwifatanya n’abandi ku Isi yose.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Damascène, yasabye urubyiruko gukomeza kwamagana inyigisho zibiba urwango, zigikomeje gusakazwa n’abakuru bagifite ingengabitekerezo ya Jenoside.
U Rwanda na Pakistan, kuri uyu wa Mbere tariki 21 Mata 2025, byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu bijyanye n’amahugurwa mu bya dipolomasi.
Ku isaha ya saa tatu n’iminota 45 kuri uyu wa Mbere wa Pasika, tariki 21 Mata 2025, ni bwo inkuru y’urupfu rw’Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis yamenyekanye binyuze mu itangazo ryasomwe na Karidinali Kevin Farrell, yemeza ko yaguye aho yari atuye muri Casa Santa Marta i Vatikani.
Mu Rwanda uko sinema ikomeje gutera imbere umunsi ku munsi, ni na ko hamurikwa filime nshya usanga zigira uruhare mu kugaragaza impano nshya muri uru ruganda.
Senateri Prof. Dusingizemungu Jean Pierre, arasaba abanyamategeko b’Abanyarwanda n’abanyamateka, gutekereza uko hakorwa ibirego ku Gihugu cy’u Bubiligi, cyazanye amacakubiri ashingiye ku moko yatumye habaho Jenoside yakorewe Abatutsi.
Hari imvugo nakuze numva abantu bavuga ngo “dusangiye perezida ariko ntidusangiye ijambo”, bashaka kuvuga ko n’ubwo muri mu gihugu kimwe, muhagarariwe n’umuyobozi umwe, ibyo avuze mutabyemeranyaho.
Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Francis yitabye Imana kuri uyu wa Mbere wa Pasika tariki 21 Mata 2025 aguye aho yari atuye muri Casa Santa Marta i Vatikani.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Jean Patrick Nduhungirehe, yavuze ko uruzinduko arimo muri Pakistan rugaragaza intambwe ikomeye mu gushimangira umubano mu bya dipolomasi hagati y’ibihugu byombi.
Amakipe ya APR na Kepler ahagarariye u Rwanda mu mikino nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo, CAVB Club Championship, ikomeje kubera mu gihugu cya Libya mu mujyi wa Misurata, yatangiye atsinda imikino yayo.
Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yahagaharitse ibikorwa bya Politiki by’Ishyaka rya Joseph Kabila rizwi nka ‘Parti du Peuple pour la Reconstruction et la Démocratie (PPRD), rishinjwa gushyigikira M23.
Ambasaderi w’u Rwanda mu Buyapani, Marie Claire Mukasine yavuze ko insanganyamatsiko y’imurikagurisha mpuzamahanga rya ’Osaka Expo 2025’ rihuza n’icyerekezo cy’u Rwanda cya 2050 cyo kugira Abanyarwanda bafite imibereho myiza ndetse rikazaba umwanya mwiza wo kugaragariza amahanga aho Igihugu kigana.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya APR HC yatsinze Police HC ibitego 27-25 mu mukino usoza umwaka usanzwe wa shampiyona ya Handball isoza ariyo ya mbere mu gihe hategerejwe kamarampaka.
Umuryango uharanira uburenganzira bw’abana, umugore n’urubyiruko ’Save Generations Organization’ uvuga ko n’ubwo cotex zakuriweho umusoro wa TVA, abagore n’abakobwa cyane cyane abo mu cyaro batabona ibyo bikoresho by’isuku mu gihe cy’imihango, bitewe n’uko bigihenze.
Umurenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo wungutse urugo mbonezamikurire (ECD), rwitezweho gutanga ibisubizo ku bibazo byiganjemo imirire mibi, byugarije abana.
Kuri iki Cyumweru,ikipe ya APR FC yanganyirije na Etincelles FC kuri Kigali Pele Stadium, ibitego 2-2 itakaza umwanya wa mbere wasubiranywe na Rayon Sports.
Ikipe ya Rayon Sports yemeye gusubukura umukino ubanza wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro wayihuje na Mukura VS ku wa 15 Mata 2025, ugahagarikwa no kuzima kw’amatara ya Stade Mpuzamahanga ya Huye.
Komisiyo y’Ubujurire muri FERWAFA yatesheje agaciro ubujurire bwa Rayon Sports yari yajuririye icyemezo cyo gusubukura umukino ubanza w’Igikombe cy’Amahoro wayihuje na Mukura VS nturangire kubera amatara yazimye,isaba gutera mpaga.
Mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo hafunguwe urugo mbonezamikurire (ECD), rwitezweho gutanga ibisubizo ku bibazo byiganjemo imirire mibi, byugarije abana bo muri uwo Murenge.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, avuga ko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ari inshingano ya buri Munyarwanda, n’ubwo hari abakibishidikanya bitwaje indege ya Habyarimana.
Ikipe ya Kiyovu Sports yavuye mu makipe abiri ya nyuma ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona, nyuma yo gutsindira Mukura VS i Huye 1-0 mu mukino w’umunsi wa 24.
Kuri uyu wa Gatandatu,hakinwe imikino itanu y’umunsi wa 24 wa shampiyona, aho Rayon Sports yari yakiriwe na Muhazi United yatsindiye i Ngoma ibitego 2-0 ikisubiza umwanya wa mbere ku rutonde rw’agateganyo.
Josiane Mukangarambe, warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, avuga ko akimara kurokokera i Mwulire, yiyemeje kujya i Kayonza guhura n’Inkotanyi ariko mu nzira ahura n’ibyago byinshi, kuko yisanze mu nkambi y’interahamwe zo muri Murambi n’abasirikare ba FAR batsinzwe urugamba, aho yazihungiye bategura igitero cyo kumwica (…)
Hari inkuru yari imaze igihe izwi n’abantu bacye bakicecekera, ariko kubera imyitwarire idahwitse y’uvugwa mu mwandiko, ejobundi yagiye ku karubanda buri wese arayumva.
Mu ijoro ryakeye mu mujyi wa Misurata mu gihugu cya Libya, habereye tombola yagombaga kugaragaza uko amakipe ahagarariye u Rwanda mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’Afurika, mu bagabo bakina volleyball (CAVB Club championship 2025), aho APR na Kepler bamenye aho baherereye.
Visi Perezida wa Sena y’u Rwanda, Nyirahabimana Soline, yibukije ko Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ari umwanya mwiza wo kuzirikana amateka mabi yaranze u Rwanda, no guha icyubahiro inzirakarengane zazize uko zavutse.
Ku wa 17 Mata, inzego zifite aho zihuriye n’ishyirwa mu bikorwa ry’imikoreshereze y’ ubutaka mu Karere ka Burera, zahuriye mu biganiro nyunguranabitekerezo, bigamije kurebera hamwe ibizibandwaho mu kunonosora igishushanyombonera, kugira ngo bagire amakuru yimbitse ashobora gufasha abaturage n’abashoramari kuzajya bagishyira (…)
Mukeshimana Winifride warokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Murenge wa Munini, mu Karere ka Nyaruguru, mu buhamya bwe yatanze tariki 17 Mata 2025, yavuze ko yibuka ijambo rya nyuma mama wabo yababwiye ubwo yicwaga n’interahamwe, yabasabye kubanza kumwica mbere yo kumwicira abana.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana(NCDA) kiri mu bukangurambaga bwo kurwanya igwingira mu bana, aho gikangurira umuryango gushyira imbaraga mu by’ingenzi bigomba kwibandwaho mu minsi 1000 ya mbere y’ubuzima bw’umwana kugira ngo akure neza mu gihagararo no mu bwenge.
Ihuriro ry’Uruhererekane rw’abakora ibikomoka ku biti ‘Rwanda Wood Value Chain Association (RWVCA)’, ryaremeye abarokotse Jenoside b’i Ntarama mu Bugesera inka 4, mu rwego rwo kubafasha kwiyubaka no kongera ibiti muri ako karere gakunze kwibasirwa n’amapfa.
Abahoze mu burembetsi bibumbiye muri Koperative ‘Twiheshe Agaciro Cyanika’ bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera, bavuga ko inkunga ya Miliyoni 10Frw bahawe na Polisi y’u Rwanda, izabafasha mu mishinga yabo y’ubuhinzi n’ubucuruzi.
Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ubwato bw’imbaho butwarwa na moteri, bwari butwaye abagenzi bagera kuri 400 bwafashwe n’inkongi bugeze hafi y’Umujyi wa Mbandaka, abantu 50 muri bo bahasiga ubuzima.
Mu muhanda Kigali-Musanze ahazwi nko muri Kanyinya ya Shyorongi habereye impanuka abantu barakomereka.
Nyuma y’uko ku wa 17 Mata 2025, hafashwe umwanzuro ko umukino ubanza wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro Mukura VS yakiriyemo Rayon Sports kuri Stade Mpuzamahanga amatara akazima utarangiye ukazasubukurirwa aho wari ugeze, Rayon Sports yavuze ko itazakina.
Umubyeyi Mukarubuga Domitila azandikwa mu mateka y’ababyeyi bacye Imana yahaye kurama akabona umwana w’umwuzukuruza we, nyuma yo kurokoka ku buryo butangaje Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ubwo yari afite imyaka irenga mirongo itandatu.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa kane yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Misiri, Abdel Fattah El Sisi, byagarutse ku bikorwa by’indashyikirwa u Rwanda rukomeje gukora muri Repubulika ya Santrafurika ndetse no ku bibazo by’umutekano mu Burasirazuba bwa DRC.
Ndagijimana Justin, warokokeye mu cyahoze ari Komini Rusumo, Akarere ka Kirehe k’ubu, avuga ko ari inshuti z’akadasohoka n’abagize umuryango wishe se n’ubwo bataramusaba imbabazi.