Imitingito ibiri ikomeye yibasiye Venezuela ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki ya 24 Kamena, ihitana abarenga mirongo itatu, ndetse ikomeretsa abarenga 700. Iyi mibare iracyari iy’agateganyo.
Irushanwa ryo Kwibohora “Liberation Cup Tournament” rihuza amakipe ya gisirikare rigeze mu mikino ya ½ (Semi-finals), ahategerejwe imikino ikomeye izahuza amakipe akomeye mu byiciro bitandukanye birimo umupira w’amaguru, volleyball na basketball.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa ushinzwe Ubumwe bw’Abanyarwanda muri MINUBUMWE, Kayumba Uwera Alice, yashimiye Urwego rw’U Rwanda rushinzwe Igorora (RCS) kubera uruhare rukomeye rugira mu gufasha abahamijwe ibyaha bya Jenoside bashoje ibihano bitegura gutaha bagasubira mu buzima busanzwe.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya Rayon Sports na Skol basinye amasezerano y’imikoranire mishya avuguruye nyuma y’imyaka 12 yari imaze ari umuterankunga wayo mukuru aho yageze ku gaciro ka miliyoni 185 Frw mu gihe cy’umwaka avuye kuri miliyoni zisaga 300 Frw yatangwaga.
Perezida Paul Kagame, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Kamena yakiriye Garreth Wood, Umuyobozi Mururu w’Umuryango The Wood Foundation ndetse na David Knoop, Umuyobozi Mukuru wa The Wood Foundation Africa.
Inzego zifite aho zihuriye n’ubutabera n’uburenganzira bwa muntu, zisanga abagore n’abana bafunze bakwiye kwitabwaho by’umwihariko, kuko ari ibyiciro bifatiye runini Igihugu, ku buryo biramutse byirengajijwe bishobora guteza igihombo.
Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite yemeje umushinga w’itegeko ryemeza burundu amasezerano y’inguzanyo ya miliyari zisaga 30 z’amafaranga y’u Rwanda yatanzwe n’Ikigega Nyafurika Gitsura Amajyambere (AfDB), azifashishwa mu gushyira mu bikorwa gahunda y’iterambere rikomatanyije ry’umushinga w’amazi ya Muvumba.
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’ u Rwanda gishinzwe guteza imbere ubufatanye (RCI), Richard Niwenshuti yakiriye itsinda ry’intumwa ziturutse mu kigo cy’uburezi cyitwa Village Way Educational Institute cyo mu gihugu cya Israel, mu ruzinduko rugamije kungurana ubumenyi.
Minisitiri w’Ibidukikije Dr. Bernadette Arakwiye yavuze ko u Rwanda rwiyemeje kuba ahantu heza kandi hizewe ho gushora imari mu bikorwa bibungabunga ibidukikije, bikanafasha mu iterambere ry’abaturage.
U Bufaransa bwatangaje ko bwabonye umurwayi wa mbere wanduye icyorezo cya Ebola, akaba ari umuganga wari umaze iminsi avuye mu butumwa bw’ubutabazi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Tajyire Group, Ikigo cy’Ubucuruzi kibanda ku ikoranabuhanga, gifite isoko ririmo abarenga 1500 mu nzu yitwa Matheus mu Mujyi wa Kigali, agiye gushyira ku isoko robot izakora nk’imfashanyigisho mu mashuri abanza, ayisumbuye ndetse n’amakuru mu kwitabira ikoranabuhanga riyoboye ubukungu bw’isi muri iki gihe, digital economy.
Nate Ament, Umunyarwanda ugiye gukina shampiyona ya basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (NBA), akaba umwe mu bakinnyi bakiri bato bari kuzamuka neza muri uyu mukino, yagarutse ku rugendo rwe yatangiye akiri umwana, agaragaza ko rutari rworoshye ariko yarufashijwemo n’inkunga idasanzwe ya Maman we.
Mu gihe umuziki nyarwanda ukomeje kwaguka no kugera ku rwego mpuzamahanga, abahanzi batandukanye bakomeje kuzana ibikorwa bishya, aho umuhanzi Mishou yashyize hanze indirimbo nshya yise “Angelina”, ishimangira ubwiza n’agaciro k’umukobwa w’Umunyarwandakazi.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), Dr Damascene Bizimana yagaragaje ubugome bwaranze abateguye bakanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi, by’umwihariko Perefe Bagambiki Emmanuel wayoboraga icyahoze ari Perefegitura ya Cyangugu.
Umutoza w’ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa (Les Bleus), Didier Deschamps, ntazatoza umukino wa nyuma wo mu itsinda mu gikombe cy’Isi, buzahuramo na Norway, nyuma yo gusubira mu Bufaransa kujya gushyingura nyina witabye Imana.
Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwami bw’u Bwongereza, Johnston Busingye, yakiriye umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi, bagirana ibiganiro mbere y’igitaramo ateganya gukorera mu Bwongereza.
Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Colonel Pacifique Kayigamba Kabanda, yakiriye Bwana Abdoul Aziz Aguissa, Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta muri Mali, n’itsinda ayoboye mu ruzinduko rw’akazi agirira mu Rwanda.
Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Gao Wenqi, yavuze ko umushinga wo kubaka no kuvugurura umuhanda wa Prince House – Masaka ari umwe mu mishinga y’ingenzi mu iterambere ry’u Rwanda kuko uhuza Umujyi wa Kigali n’Intara y’Iburasirazuba.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Gen Mubarakh Muganga, kuri uyu wa Kabiri yayoboye umuhango wo gusoza amahugurwa yahawe Brigade y’abasirikare barwanira ku butaka Icyiciro cya 08, yabereye mu Kigo cy’Amahugurwa ya gisirikare i Nasho, mu Karere ka Kirehe.
Rutahizamu ukiri muto wa Espagne, Lamine Yamal, yongeye gukurura amaso y’abakunzi b’umupira w’amaguru ubwo yaserukaga yambaye inkweto ziriho amabendera abiri mu mukino we wa mbere mu Gikombe cy’Isi akinira Espagne.
Umubyeyi warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, Uzamukunda Leocadia, umwe mu batuye mu Rugo rw’Impinganzima rwa Rusizi, yatanze ubuhamya bukomeye ku bugome ndengakamere yakorewe n’umuryango we muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Uyu munsi nibwo mu Rwanda hamuritswe bisi nshya z’amashanyarazi zikora ubwikorezi bwo gutwara abantu n’ibintu, zifite ubushobozi bwo kugenda ibirometero 400 zitarashiramo umuriro kuko ziba zimaze gukoresha 80%.
Mu rubanza rw’ubujurire rwa Eugène Rwamucyo rukomeje kubera mu Bufaransa, urukiko rwateye utwatsi ubusabe bw’abunganira uregwa bwo gukura mu bimenyetso biri gusuzumwa umwanzuro w’urukiko ufitanye isano n’umunyamakuru n’umwanditsi Charles Onana, wahamijwe ibyaha bifitanye isano no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi.
Guverinoma y’u Rwanda yiyemeje kuzakomeza gutanga umusanzu wayo mu rugamba rwo guhashya burundu icyorezo cya SIDA mu 2023, binyuze muri gahunda y’Igihugu ishingiye ku buyobozi buboneye, ubufatanye n’abaturage, ubwishingizi bw’ubuzima kuri bose, ndetse n’ingamba zishingiye ku bushakashatsi n’ibimenyetso bifatika.
Imibare y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarura rya Kanseri mu Rwanda, igaragaza ko hagati ya 2007 na 2023, hagaragaye abarwayi 1.901 ba kanseri y’igifu mu bagabo.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zahagaritse by’agateganyo ibihano zari zarafatiye Iran mu gihe cy’iminsi 60, nyuma y’ibiganiro bya mbere byabaye mu rwego rw’amasezerano y’amahoro akiri mu ntangiriro hagati y’impande zombi.
Kuri uyu munsi mpuzamahanga w’abakorera Leta, International Public Service Day, twifatanyije n’urubyiruko, abakuru n’abato bafite umukoresha benshi duhanga amaso, witwa Leta.
U Rwanda rwateye intambwe ishimishije kandi iteye ishema mu rwego rw’ubuzima aho rwarengeje ibikorwa 100 byo gusimbuza impyiko (kidney transplants) kuva hatangizwa gahunda ya Living Donor Kidney Transplant Program muri Gicurasi 2023.
Rutahizamu wa Manchester City n’u Bubiligi ukina aca ku ruhande, Jeremy Doku, yateje impaka nyuma yo kuva mu mwiherero w’ikipe y’igihugu iri mu gihe cy’Igikombe cy’Isi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ajya kuba hafi umugore we wibarutse umwana wabo wa mbere.
Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana, yakiriye ndetse ashimira abanyeshuri bo muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami ry’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga (UR-CST) ku bwo kwitwara neza mu marushanwa mpuzamahanga ya Huawei ICT Competition Global Finals ryaberaga i Shenzhen mu Bushinwa.
Inama yo ku rwego rwo hejuru yahuje u Rwanda, Congo, yarangiye ibihugu byombi byiyemeje kohererezanya impunzi.
Kapiteni w’ Ikipe y’Igihugu ya Argentine, Lionel Messi, yongeye kwandika amateka akomeye mu Gikombe cy’Isi nyuma yo kuzuza ibitego 18 muri iri rushanwa rikomeye ku rwego rw’Isi bituma aba uwa mbere ubikoze.
Ikipe ya Manchester United yatangaje ko yamaze kubona igice kinini cy’ubutaka izubakaho sitade nshya izajya yakira abafana 100,000, igikorwa gifatwa nk’intambwe ikomeye mu mushinga mugari wo kuvugurura no guteza imbere agace ka Old Trafford.
Andy Burnham yarahiriye kuba Umudepite uhagarariye agace ka Makerfield mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza, mu masaha make nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe Keir Starmer atangaje ko yeguye ku buyobozi bw’Ishyaka ry’Abakozi (Labour Party).
Abaturage bo mu Murenge wa Nasho, Akarere ka Kirehe, bahawe inka ebyiri n’ihene 100 mu gikorwa cyateguwe n’Ingabo z’u Rwanda (RDF) ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda (RNP), kigamije gufasha imiryango itishoboye kwiteza imbere no kwivana mu bukene.
Ishyirahamwe rya Basketball mu Rwanda (FERWABA) ryatangaje ko ryahagaritse abakinnyi babiri, Ntore Habimana na Axel Olenga Mpoyo igihe cy’umwaka umwe (1 year suspension) batitabira ibikorwa byose bya Basketball biri mu nshingano zaryo.
Mu gihe u Rwanda rukiri mu minsi ijana yo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ku Cyumweru taliki ya 21 Kamena 2026 ihuriro ry’abafana ba Liverpool FC mu Rwanda (Official Liverpool Supporters Club-Rwanda) bifatanyije n’Abanyarwanda basura Urwibutso rwa Nyarubuye mu karere ka Kirehe banaremera abarokotse.
Minisitiri w’Intebe Dr Justin Nsengiyumva, yavuze ko u Rwanda rwiteguye kurushaho gishimangira ubufatanye na Lesotho mu bijyanye n’imiyoborere kugira ngo bigirire akamara abaturage b’Ibihugu byombi.
Sosiyeye ikora ikanacuruza imodoka z’amashanyarazi yishimiye kwakira bisi zifite ubushobozi bwo kugera aho ari ho hose mu gihugu, zikagaruka i Kigali zidakeneye gusharija mu nzira.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier J.P. Nduhungirehe, yavuze ko u Rwanda rushaka gushyira Umujyi wa Kigali ku rwego mpuzamahanga nk’ahantu hafasha ibihugu byo mu Majyepfo y’Isi (Global South) gusangira ubumenyi n’ubunararibonye.
Amakipe ya Kepler VC na Kenya Pipeline Compan yegukanye irushanwa ryo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 naho Gisagara VC iterwa mpaga kubera kutagera ku kibuga.
Mu iburanisha ry’urubanza rw’ubujurire rwa Dr Eugène Rwamucyo rurimo kubera mu Rukiko rwa Rubanda i Paris mu Bufaransa, mu mpera z’icyumweru gishize, abari mu rukiko batunguwe no kumva bwa mbere uyu muburanyi yihakana ubwenegihugu nkomoko bw’ubunyarwanda akavuga ko akomoka muri Kenya.
Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer, kuri uyu wa 22 Kamena 2026 yatangaje ko yeguye ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe ndetse no ku buyobozi bw’Ishyaka ry’Abakozi (Labour Party), nyuma y’amezi menshi y’igitutu cya politiki n’amakimbirane yari amaze igihe amugaragaraho.
Umutoza Niyoyita Alice wari usoje amasezerano, yongereye umwaka umwe mu ikipe y’Indahangarwa WFC kuri uyu wa Mbere tariki ya 22 Kamena 2026, nyuma y’imyaka ine ayitoza.
Ku wa 21 Kamena 2026, mu karere ka Bugesera hasorejwe irushanwa ry’Umurenge Kagame Cup 2026, Umujyi wa Kigali wiharira ibikombe byinshi birimo icy’umupira w’amaguru cyatwawe na n’ikipe y’umurenge wa Masaka watsinze Nyarugenge 6-3.
Prophet Vincent Mackay usanzwe ukorera ivugabutumwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yakoze ubukwe na Kate Clinton Ndikumagenge, mu birori bibereye ijisho byabaye ku wa Gatandatu tariki 20 Kamena 2026.
Perezida wa Iran, Masoud Pezeshkian, yatangaje ko igihugu cye kitazigera kiyambura uburenganzira gifite bwo kwihaza kuri uranium, ashimangira ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika nta yandi mahitamo zigomba kuzabyemera.
Abasesenguzi mu bya politiki bavuga ko amagambo aherutse gutangazwa na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yo kuvuga ko azisubiza Goma na Bukavu agaragaza ko adashyigikiye inzira y’ibiganiro n’amasezerano agamije kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Congo.
Ikipe ya Karate ya APR y’abagabo n’ikipe y’abagore ya Club Rafiki zitwaye neza zegukanye irushanwa ry’umunsi umwe ryateguwe na FERWAKA mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni irushanwa ryabereye mu Karere ka Karongi.