Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore, yatangaje ko Minisiteri ayoboye ifatanyije n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubwikorezi mu Rwanda (RTDA), bagiye gukora igenzura ryimbitse mu ikorwa ry’imihanda kugira ngo itazongera kujya isenyuka itarambye, hifashishijwe imodoka zabugenewe.
Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB, Dr. Doris Uwicyeza Picard, avuga ko ubuyobozi bwiza ari ubuha serivisi nziza abo bushinzwe, ari na byo bijyana n’intego u Rwanda rwihaye yo gushyira umuturage ku isonga.
Guverinoma y’u Rwanda n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe iterambere ry’inganda (UNIDO), byashyize umukono ku nyandiko nshya y’umushinga ugamije kongerera ubushobozi bw’inganda n’ingaruka zazo ku bidukikije. Uyu mushinga uterwa inkunga na Guverinoma ya Polonye.
Mu gihe shamiyona ya volleyball mu Rwanda ikomeje ku munsi wayo wa gatanu, ikipe ya APR volleyball club ibitse igikombe cya shampiyona iresurana na Gisagara VC itaratsindwa.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb Olivier Nduhungirehe, yakiriwe na Ismail Omar Guelleh, Perezida wa Repubulika ya Djibouti, bagirana ibiganiro ndetse anamugezaho ubutumwa bwa mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), yasabwe gukemura ibibazo bigaragara muri gahunda yo kurwanya imirire mibi n’igwingira mu bana bato bitarenze amezi 12.
Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Gao Wenqi, yishimiye byimazeyo Guverinoma y’u Rwanda ndetse n’Abanyarwanda muri rusange, mu gihe ibihugu byombi byizihiza imyaka 54 ishize umubano wabyo ushinze imizi, bishimangira kandi ubucuti ndetse n’ubufatanye burambye bukomeje kurushaho kwiyongera hagati ya Beijing na Kigali.
Urukiko rw’Ibanze rwa Kiyumba ruherereye mu Karere ka Muhanga rwakatiye Germain Musonera igifungo cy’imyaka 20, rumutegeka kwishyura indishyi z’akababaro za Miliyoni 50Frw ku muryango urengera inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (IBUKA).
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango burishimira ko ibikorwa byakozwe bigamije kwimakaza ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda, byabahesheje umwanya wa gatatu ku rwego rw’Igihugu, n’umwanya wa mbere ku rwego rw’Intara y’Amajyepfo.
Umuhanzi Senderi Hit ukomeje icyiciro cya kabiri cy’ibitaramo bizenguruka Uturere twose tw’Igihugu, mu kwizihiza imyaka 20 amaze mu muziki yataramiye ab’i Musanze avuga ko yasanze baramwiteguye, mu kumushyigikira muri uru rugendo afata nk’amateka.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, arihanangiriza abaturage bakora ibikorwa bigize ibyaha, bibwira ko ari bwo buryo bwo kugaragaza ibibazo bafitanye n’abaturanyi babo, akabasaba kubihagarika.
Abahinzi b’ibigori bahinga mu byanya-bigega by’ibiribwa byatoranyijwe mu Karere ka Muhanga, barishimira kuba bahawe ifumbire yo mu bwoko bwa DAP yo kubagaza, hagamijwe kongera umusaruro.
Perezida w’Agateganyo w’Inama y’Abakomiseri muri Komisiyo y’Igihugu ishinzwe abakozi ba Leta (NPSC) Sebagabo Muhire Barnabé, yatangaje ko uturere twatsinzwe imanza 4 ducibwa 18,826,907Frw kubera kutubahiriza uburenganzira bw’abakozi.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwafashe abagabo batatu bakekwaho kwiba za sitasiyo za lisansi zitandukanye mu gihugu, arenga Miliyoni 17Frw.
Umuhanzi Davido aragaruka gutaramira i Kigali ku wa Gatanu tariki 05 Ukuboza 2025.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagaragaje ko u Rwanda ruteganya ko ubwenge buhangano (AI), buzagira uruhare rwa 5% ku musaruro mbumbe w’Igihugu.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, yasabye amashuri makuru ya gisirikare yo muri Afurika gukomeza guteza imbere ubufatanye, guhanga udushya no kwinjiza ikoranabuhanga mu myigire n’imyitozo, kugira ngo abayobozi b’ingabo bashobore guhangana neza n’ibibazo by’umutekano biri ku mugabane wa Afurika.
Madamu Jeannette Kagame yavuze ko we n’abandi babaye mu buhungiro mu gihugu cy’u Burundi, batigeze boroherwa no kuba impunzi, kuko hari amahirwe menshi abanyagihugu babonaga, ariko bo batari bemerewe.
Ubuyobozi bukuru bwa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB), buravuga ko mu myaka itanu iri imbere buzatera inkunga ya Miliyoni zigera 400 z’Amadolari imwe mu mishinga y’u Rwanda izaba yemejwe.
Umuyobozi Mukuru w’agateganyo w’Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buhinzi n’Ubworozi (RAB), Dr. Uwituze Solange, yabwiye Abadepite bagize Komisiyo y’Ubutaka, Ubuhinzi, Ubworozi n’Ibidukikije, ko Leta yashyizeho ingamba zihamye zo kubungabunga umusaruro w’ibigori ku buryo utazongera kwangirika mu isarura.
Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ko yanejejwe no kumva ko abenshi mu barangije muri Kepler College bahita babona akazi mu gihe cy’umwaka umwe, kuko ari gihamya cy’ireme ry’uburezi buhatangirwa.
Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yashyikirije Perezida João Lourenço wa Angola ubutumwa bwa mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, mu kwifuriza iki gihugu isabukuru y’imyaka 50 kimaze kibonye ubwigenge.
Umunyezamu w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda ’Amavubi’ Ntwari Fiacre agiye kumara amezi abiri adakina nyuma yo kubagwa.
Umuhanzi Richard Nick Ngendahayo wamamaye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, yashimye Perezida Paul Kagame wagize uruhare rukomeye mu gutuma u Rwanda rugira izina rikomeye ku rwego mpuzamahanga, ndetse rukaba Igihugu cyubashywe n’amahanga, akavuga ko aho yaba ari hose aterwa ishema no kwitwa Umunyarwanda.
Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi n’intumwa ayoboye, batangiye uruzinduko rw’iminsi ine muri Maroc, mu rwego rwo kurushaho kwimakaza umubano w’Igisirikare hagati ya RDF ndetse na FAR.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Ugushyingo 2025, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yasezeye kuri Ambasaderi w’u Buyapani, Isao Fukushima, usoje inshingano ze mu Rwanda.
Umutoza w’Ikipe y’Igihugu "Amavubi", Umunya Algeria Adel Amrouche, yahamagaye ikipe y’igihugu y’abakinnyi bakina imbere mu gihugu mu mwiherero w’iminsi ine.
U Rwanda rubinyujije muri Minisiteri y’Ibidukikije rwagaragarije amahanga ko hagendewe ku masezerano ya Paris, mu myaka 10 ishize rwashoboye kugera kuri 81% rwesa imihigo y’intego rwari rwarihaye mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, hadashingiwe ku nkunga y’amahanga.
Amakipe ahagarariye u Rwanda mu mikino y’akarere ka gatanu mu mikino ya basketball mu cyiciro cy’abagore REG WBBC na APR WBBC akomeje kwitwara neza muri Kenya.
Perezida Paul Kagame yageze muri Guinée Conakry, mu gikorwa cyo kwifatanya na mugenzi w’icyo gihugu, Mamadi Doumbouya mu gutangiza ku mugaragaro umushinga wa mbere munini kurusha iyindi ku Isi, mu bijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro (Simandou Iron Ore Project).
Raporo y’ubushakashatsi ku mibereho, imiterere n’uruhare rw’ingo zikora ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda, (AHS 2024), igaragaza ko abari hejuru y’imyaka 30 bari mu bikorwa by’ubuhinzi bangana na Miliyoni 3.6, mu gihe urubyiruko rufite hagati y’imyaka 16-30 rukora ubuhinzi rungana na 30.7%.
Abanyarwanda basaga 300 bari mu nkambi y’agateganyo ya Nyarushishi mu Karere ka Rusizi, baherutse gutahuka bavuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), batangiye guhabwa ibiganiro ku bumwe n’ubudaheranwa.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yabwiye Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe kugenzura imikoreshereze y’imari ya Leta, ko inzu zigera ku 29,732 zigomba gusanwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga n’imiryango itari iya Leta irimo CCOAIB, na TROCAIRE batangije igerageza ry’umushinga wo guteza imbere ubuhinzi, bise ’Twiyubakire engage’, hagamijwe kuzamura uruhare rw’umuhinzi mu rwego rwo kongera umusaruro mu bwinshi no mu bwiza, bityo umwuga w’ubuhinzi ugahesha agaciro abawukora.
Bwa mbere mu mateka Abanyarwanda by’umwihariko abahinzi borozi, bagiye kujya bakoresha ifumbire mvaruganda yakozwe hagendewe ku bipimo by’imiterere y’ubutaka bw’u Rwanda.
Urukiko rw’i Paris mu Bufaransa rwategetse ko Nicolas Sarkozy wabaye Perezida w’icyo gihugu afungurwa by’agateganyo, mu gihe ategereje kuburana ubujurire mu rubanza yakatiwemo gufungwa imyaka itanu.
Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Juvenal Marizamunda, avuga ko ahazaza h’igisirikare cya Afurika haturuka ku byo abayobozi bacyo bemeranyaho ndetse no ku bu byo biyemeza mu biganiro barimo kugirana.
Ikipe ya Maroc y’abatarengeje imyaka 17, yatsinze iya New Caledonia ibitego 16 - 0, ica agahigo ko gutsinda ibitego byinshi mu mukino umwe muri iki cyiciro.
Ihuriro ry’imiryango y’abantu bafite ubumuga mu Rwanda (NUDOR) rivuga ko kuva mu 2013 hamaze gushingwa amatsinda yo kugurizanya no kuzigama y’abafite ubumuga arenga 2,400 bigishwa n’ibijyanye n’ishoramari mu rwego rwo kubafasha kwiteza imbere.
Nyuma y’igihe kirenga imyaka umunani atagera mu Rwanda, umuhanzi Kitoko Bibarwa, wakanyujijeho mu ruhando rwa muzika Nyarwanda, agiye kongera gutaramira mu Rwanda.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yibukije Abanyarwanda ko nta gihugu cyakizwa no gusabiriza, ko ahubwo ibihugu byagombye kwishyira hamwe, bikagirana inama, bigakora bigatera imbere.
Jean de Dieu Uwizeye ni umwe mu Banyarwanda bafite amateka ashingiye ku macakubiri n’urwango yigishijwe akiri muto, nyuma na we agahitamo kuyijandikamo mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, yatangaje ko Ubumwe n’Ubwiyunge bw’Abanyarwanda bwiyongereyeho 13% muri uyu mwaka wa 2025.
APR FC yatsindiye Rayon Sports3-0 mu mukino w’umunsi wa karindwi wa shampiyona y’icyiciro cya mbere Rwanda 2025-2026 wabereye kuri Stade Amahoro kuri uyu wa Gatandatu.
Madamu Jeannette Kagame akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Unity Club Intwararumuri, yagaragaje ko guceceka kw’Abanyafurika, byabereye abatabifuriza ineza, intwaro bifashisha bagoreka amateka yabo, abatabifuriza ineza bituma bamwe muri bo bayoboka inzira y’ibinyoma.
Gen (Rtd) Fred Ibingira ahamya ko iyo Umuyobozi ari muzima, n’abo ayobora baba ari bazima, Umuyobozi yaba arwaye afite ikibazo, n’abandi bose baba bafite ikibazo.
Ikawa mu Rwanda ikomeje kugaragaza impinduka mu musaruro, haba mu bwiza ndetse no mu madovize yinjira mu gihugu, nk’uko bigaragazwa n’amakuru mashya y’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Guteza Imbere Ibyoherezwa mu Mahanga Bikomoka ku Buhinzi (NAEB).