Abanyamuryango n’abakozi ba Koperative Kungahara SACCO Ruhango, baratangaza ko biyemeje gukomeza guhangana n’ababiba ingengabitekerezo ya Jenoside, mu rwego rwo guhesha no gusubiza icyubahiro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Kuva ku wa 20 kugeza kuri uyu wa 21 Kamena 2026, intumwa ziturutse mu Rwanda, Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, ndetse n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi, UNHCR, zahuriye i Addis Ababa muri Ethiopia mu biganiro bigamije kurebera hamwe uburyo bwo gufasha impunzi zishaka gutaha ku bushake ziri mu bihugu (…)
Akarere ka Bugesera kishimiye imishinga y’iterambere kari kugeraho, yaba iri ku ngengo y’imari yako, ndetse n’imishinga y’igihugu izashyira akarere ku rundi rwego rw’iterambere.
Ku wa Gatanu nibwo, Donald Trump yatashye indege nshya itwara Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, izwi nka Air Force One, ikaba ije gusimbura itari isanzwe ikoreshwa. Ni indege yo mu bwoko bwa Boeing 747-8 yatanzwe nk’impano na Qatar ikaba ifite agaciro ka miliyoni 400$.
Amerika na Iran barasubukura ibiganiro mu Busuwisi kuri iki Cyumweru, mu rwego rwo gukomeza gushakira umuti amakimbirane amaze igihe hagati y’ibihugu byombi.
Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza, Keir Starmer, ashobora kwegura kuri uyu wa mbere nk’uko bitangazwa n’ibinyamakuru bikomeye ku isi harimo n’ibyo mu Bwongereza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwabwiye Komisiyo ya Sena y’Ububanyi n’Amahanga, Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Umutekano ko buhangayikishijwe no guhora bwimura abaturage batuye ahashyira ubuzima bwabo mu kaga n’abasenyewe n’ibiza, buyisaba uvugizi kugira ngo imisozi ituweho itunganywe neza bayitureho ku buryo burambye.
Sosiyete Nyarwanda y’ubwikorezi bwo mu kirere ya, RwandAir, yinjiye mu bufatanye n’Urwego rwa Leta ya Nigeria rushinzwe inganda, ubucuruzi n’ishoramari, mu kwagura umuhora w’ubwikorezi bw’imizigo uhuza Nigeria n’Afurika y’Iburasirazuba n’iy’Amajyepfo.
Umuvugizi Wungirije wa RDF, Lt Col Kabera yasabye abagize Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda kugira uruhare rugaragara mu kurwanya abahakana Jenoside n’abakwirakwiza ingengabitekerezo yayo.
Mu myaka itandatu ishize, ubwo Dr. Marie Chantal Umunyana yari atwite umwana we wa mbere w’umukobwa, yisanze ahanganye n’indwara yari amaze imyaka yiga mu buvuzi ariko atigeze atekereza ko na we yayirwara.
Isoko y’Ubuzima ni umushinga wari umaze imyaka itanu wibanda ku guteza imbere ibikorwa by’amazi, isuku n’isukura (WASH). Watewe inkunga na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ugashyirwa mu bikorwa n’umuryango Water For People ku bufatanye n’indi miryango irimo Care International, IRC Wash, VEi, na AEE Rwanda.
Twese twakuze mwarimu atubwira ko amazi yo kunywa agomba gutekwa, akabira kugera kuri dogere ijana, nuko tukayahoza tukabona kuyanywa.
Donald Trump, yatashye ku mugaragaro indege nshya itwara Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika izwi nka Air Force One itandukanye n’iyari isanzwe haba kunmabara ndetse n’ikoranabuhanga ikoranywe.
Uyu munsi ikoranabuhanga ryazanye ibyiza byinshi, ariko nanone rifite ingaruka mu buryo bumwe cyangwa ubundi ku mibanire y’abantu by’umwihariko mu miryango, aho rikomeje guhindura imibereho ndetse kikaba n’ikibazo abahanga basanga kimaze gufata indi ntera kuko hari n’aho riri gusenya imiryango.
Nyuma yo gususurutsa abakunzi b’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana mu Bubiligi, umuhanzi Israel Mbonyi yamaze kugera mu Budage aho afite igitaramo giteganyijwe ku wa 20 Kamena 2026.
Mu gihe abana benshi bari mu myaka iri hagati ya 6 na 10 usanga baba bakiri mu mashuri abanza biga gusoma, kwandika no kubara, umwana w’umukobwa umwe ukomoka muri Mexico we ntiyigeze agira umwanya wo kunyura muri ibyo byiciro kubera ubwenge budasanzwe afite.
Ntuzigera ubona umuyisilamukazi wagiye ku irimbi guherekeza no gushyingura inshuti cyangwa se umuvandimwe we witabye Imana.
Imvi ni kimwe mu bimenyetso bikunze kugaragara uko umuntu agenda asaza, ariko si ko buri gihe ziterwa n’imyaka gusa. Hari impamvu zitandukanye zishobora gutuma umuntu atangira kugira imisatsi y’imvi hakiri kare akiri muto ndetse anashaje.
Ubusesenguzi bwakozwe n’Ikinyamakuru The Athletic bugaragaza ko Ubufaransa ari cyo gihugu cyavukiyemo abakinnyi benshi bitabiriye Igikombe cy’Isi cya 2026, bukurikirwa n’u Buholandi n’u Bwongereza.
U Rwanda rwungutse abapolisi bakuru basoje amasomo y’ubuyobozi ku rwego rukuru nyuma y’umwaka bari bamaze bakarishya ubwenge mu Ishuri Rikuru rya Polisi y’u Rwanda riherereye mu Karere ka Musanze.
Ubwonko n’igice cy’umubiri kiba mu mutwe ariko siho bugarukira gusa kuko bugera no mu mugongo, bukagenda bushamikiyeho imyakura igera mu bice bitandukanye by’umubiri.
Mu rubanza rwa Dr Eugène Rwamucyo rukomeje mu bujurire mu Rukiko rwa Rubanda i Paris mu Bufaransa, kuri uyu wa 18 Kamena, umutangabuhamya wize mu Ishami ry’Ubuvuzi bw’Abantu muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (UNR) i Butare, yavuze ko yibuka Dr Rwamucyo nk’umwarimu wakoraga akazi ke kinyamwuga ariko w’umwirasi utarashakaga (…)
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Hon. Olivier J.P. Nduhungirehe, mu ruzinduko yagiriye muri Afurika y’Epfo, yahuye n’Abanyarwanda batuye muri icyo Gihugu abagaragariza ishusho rusange y’umubano warwo na Afurika y’Epfo.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yatangaje ko imurikabikorwa ry’Ubuhinzi n’Ubworozi rigiye kongera kuba ku nshuro ya 19, guhera ku itariki ya 22 kugeza ku ya 31 Nyakanga 2026 ku Mulindi, mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.
Zimwe mu nyamaswa zo mu gasozi zigira imibanire itangaje hagati yazo, zikagira uburyo bwazo zikoramo ibintu bitandukanye, harimo gukundana, kurwazanya, ndetse no gushyingura iyapfuye no kuyikorera ikiriyo.
Abakunzi b’umuziki batuye mu Karere ka Huye n’abari hafi yako bagiye guhabwa uburyohe bw’iserukiramuco rya primus Iwacu Muzika Festival 2026, riteganyijwe gutangirira muri aka karere kuri uyu wa 20 Kamena 2026.
Guverinoma y’u Busuwisi yatangaje ko ibiganiro byari biteganyijwe kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Kamena hagati ya Amerika na Iran bitakibaye, mu gihe impande zombi zari zitezwe guhurira muri icyo gihugu hagamijwe gukomeza ibiganiro byari bigamije intambara n’ubushyamirane bumaze iminsi urangwa mu Burasirazuba bwo Hagati.
Ubundi kera kwambara ubusa ntabwo byari ibintu bimenyerewe ku muntu udafite ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe, ariko uyu munsi byamaze gufata indi ntera, aho abantu mu byiciro byose basigaye bategura igikorwa cyo guhurira hamwe bambaye uko bavutse kuburyo n’ababibona ntacyo biba bibatwaye.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports bwatangaje kuva mu mwaka w’imikino 2026-2027, izakorana na Banki ya Kigali nk’umuterankunga wayo mukuru mu gihe cy’imyaka itanu.
Intumwa ziturutse mu Ishuri Rikuru ry’Igihugu cya Nigeria ry’Ubushakashatsi ku Mutekano (NISS), ziri mu Rwanda mu rugendoshuri rw’icyumweru, zasuye Ikigo cya Mutobo gishinzwe kwakira no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze mu mitwe yitwaje intwaro giherereye mu Karere ka Musanze.
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Emmanuel Ugirashebuja, yahagarariye Perezida Paul Kagame, mu muhango wo gutangiza inama y’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma igamije kurebera hamwe intambwe imaze guterwa ku cyemezo gikomeye cya Loni A/RES/90/250 ku bucuruzi bwakorewe abacakara bambutswaga inyanja ya (…)
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yanenze Perezida wa RDC, Félix Tshisekedi, wibasiye u Rwanda ubwo ikipe y’Igihugu cye y’umupira w’amaguru (Les Léopards) yari imaze kunganya n’Ikipe ya Portugal mu mukino w’igikombe cy’Isi
Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, Gen Muhoozi Kainerugaba, yasabye Bebe Cool guhagarika ibikorwa byo gukomeza guharabika Miss Mutesi Jolly, yari amaze iminsi ashinja kumutekera umutwe.
Ikigo cy’Itangazamakuru cya Kigali Today Ltd, cyasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF), yemerera icyo kigo kuzamenyekanisha no gutangaza ibikorwa by’ubucuruzi bizabera mu imurikagurisha Mpuzamahanga rya 29 (EXPO 2026).
Ubushakashatsi bushya bwakozwe na CNN ku bufatanye na SSRS bwagaragaje ko Barack Obama, , wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, agifitiwe icyizere n’abaturage ba Amerika kurusha abamusimbuye ku buyobozi bw’Igihugu.
Prophet Vincent Mackay ukorera ivugabutumwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika agiye kurushinga n’Umunyarwandakazi Kate Clinton Ndikumagenge, mu bukwe buzaba kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 20 Kamena 2026.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwabwiye Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubumwe bw’ Abanyarwanda n’Umutekano ya Sena ko muri ako karere hari ahantu 102 ibiza byibanda (hotspots).
Ingabo z’igihugu cya Ghana, ku bufatanye na Ambasade y’u Rwanda muri icyo gihugu, zatashye ku mugaragaro urwibutso rwihariye rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu kigo cya gisirikare cya Burma Camp.
Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Hakuziyaremye yavuze ko mu gihe Isi muri iyi minsi ifite ibibazo by’ihungabana ry’ubukungu hakenewe ubufatanye mu guhangana n’ingaruka z’ibyo bibazo hifashishijwe ubushakashatsi bufite ireme bikajyana no guhuza ibikorwa bya politike.
Inzego z’ubuzima muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, zihanganye n’ibibazo bifitanye isano n’imyemerere ya gakondo cyangwa iyobokamana nka kimwe mu bituma abarwayi bamwe bafatwa na Ebola, maze babona ibimenyetso byayo birimo kuva amaraso mu myanya itandukanye ku mubiri, bakabona ko ari indwara iterwa n’amashitani cyangwa (…)
Uruganda rukora ibinyobwa bisembuye rwa Sam Adams, rwatangaje ko utubari two mu Mujyi wa Boston, mu mpera z’icyumweru gishize twabuze inzoga ikorwa n’uru ruganda "Boston Lager" nyuma y’uko abafana b’ikipe y’igihugu ya Scotland bitabiriye imikino y’Igikombe cy’Isi cya 2026 bayinyoye ku rugero rurenze uko byari bisanzwe.
Umusore wamenyekanye ku izina rya Keane, ni umwe mu bari kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gufata umwanzuro udasanzwe wo gusubiza ubutumwa bwo kuri email bwamumenyeshaga ko atatoranyijwe mu basabaga akazi nawe abasubiza ababwira ko icyemezo cyabo atacyemeye.
Guverinoma y’u Rwanda yakiriye icyiciro cya 23 cy’abimukira 173 baturutse muri Libya, basaba ubuhungiro.
Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), Stephen Mbundi bagirana byibanze ku ruhare rw’u Rwanda mu gukomeza gushyigikira no guteza imbere gahunda z’ubufatanye bw’ibihugu byo mu Karere.
Ikipe ya APR FC yashimiye Niyomugabo Claude wari umaze imyaka irindwi ayikinira inyuma ku ruhande rw’ibumoso, nyuma yo kutongera amasezerano ikamusimbuza Ishimwe Christian yagaruye avuye muri Police FC yasinyishije kuri uyu wa Gatatu.
Mutesi Jolly wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu 2016, yatangaje ko yifashishije sosiyete yunganira abantu mu mategeko yo muri Uganda ya Mbidde & Co Advocates, agiye kujyana mu nkiko umuhanzi wo muri Uganda, Moses Ssali uzwi nka Bebe Cool nyuma y’uko amuharabitse ku mbuga nkoranyambaga amushinja ubutubuzi.
I Cyahinda mu Mudughudu wa Saburunduru mu Karere ka Nyaruguru, umukobwa wiga mu mwaka wa mbere w’amashuri yisumbuye kuri G.S Saint Laurent Cyahinda yakuyemo inda hanyuma ajya gukora ikizamini nk’aho nta cyabaye.
U Rwanda na Afurika y’Epfo byemeranyije gusubizaho uburyo bwo gutanga viza ku Banyarwanda bafite pasiporo zisanzwe bitarenze hagati mu mwaka wa 2027. Iyi ni intambwe ikomeye mu gusubiza ku murongo umubano hagati y’ibihugu byombi nyuma y’imyaka irenga icumi warazahajwe n’amakimbirane ya dipolomasi.
Umuyobozi ushinzwe Ishami ry’Ubuzima bwo mu Mutwe mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), Dr. Gishoma Darius, yatangaje ko ubushakashatsi bw’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) bugaragaza ko umuntu umwe mu bantu 120 ashobora kuba afite Autism.