Ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 5 Nzeri 2025, nibwo binyuze mu itangazo Urwego rw’Igihugu rushinzwe Kugenzura Imikorere y’Inzego zimwe z’Imirimo Ifitiye Igihugu Akamaro (RURA), rwatangaje ko ibiciro bishya by’ibikomoka kuri peteroli byavuguruwe, bikaba byatangiye gukurikizwa uhereye kuri uyu wa Gatandatu tariki 06 Nzeri (…)
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yasinye iteka rya Perezida ritegeka ko Minisiteri y’Ingabo izajya yitwa Minisiteri y’Intambara.
I Bushagara, mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), intimba n’agahinda ni byo bihora mu nkambi z’impunzi ziri hafi y’Umujyi wa Goma.
Mu gihe kuri uyu wa Gatandatu, u Rwanda rwitegura kwakirirwa na Nigeria kuri Godswill Akpabio International Stadium mu mukino w’umunsi wa karindwi wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026, abarimo Enzo, Kavita na Biramahire Abeddy bari mu bakinnyi bashobora kubanza mu kibuga kuri uyu munsi.
Umuyobozi wa Rwanda Golf Union, Amb. Bill Kayonga yacyeje Nsanzuwera Celestin wegukanye irushanwa rya SportsBiz Golf Africa Championship ryabera i Kigali ahigitse ibihangange ku mugabane w’Afurika. Nsanzuwera akimara kwinjiza agapira ka nyuma yahise asanganirwa n’abafana
Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Djihad Bizimama yavuze ko Amavubi atari ikipe nto imbere ya Nigeria nkuko byatekerezwa ahubwo ishobora gukina kandi igahangana mu gihe umutoza avuga ko bazi impamvu bari muri Nigeria.
Ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli mu Rwanda byazamutse, aho igiciro cya lisansi cyabaye 1,862Frw kuri litiro, ivuye kuri 1,803 Frw, bivuze ko hiyongereyeho 59Frw, naho mazutu ikaba yageze kuri 1,808 Frw, ivuye kuri 1,757Frw, ikaba yiyongereyeho 51Frw.
Kuri uyu wa gatanu taliki ya 5 Nzeri, umutoza w’ikipe y’igihugu y’ingimbi Ntawangundi Dominique yatangaje urutonde nta kuka rw’abakinnyi azajyana mu gikombe cy’afurika.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, yagaragaje ko kwita umwana izina atari umuhango gusa ahubwo ari n’ikimenyetso cy’urukundo, kwiyemeza n’icyizere bikorerwa mu muryango.
Uyu munsi, inzira zose zaganishije Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru, mu kirenge cya Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, mu Kinigi, iwabo w’ingagi zo mu Birunga, zisigaye gusa mu birunga biri hagati y’u Rwanda, u Bugande ndetse na Congo Kinshasa.
Binyuze muri gahunda yo gusaranganya umusaruro ukomoka ku bukerarugendo (Revenue sharing), aho abaturiye pariki bahabwa 10% by’amafaranga aba yarinjiye abuturutsemo, abaturage by’umwihariko abaturiye pariki y’Ibirunga, bahinduriwe ubuzima n’ubukerarungendo bwo gusura ingagi.
Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Manzi Makolo, yavuze ko Afurika ari yo ifite imisoro n’amahoro bihanitse kurusha ahandi hose, bigatuma amatike y’indege ahenda cyane.
Itsinda ryamamaye ku Isi mu njyana ya Zouk, Kassav, ritegerejwe gususurutsa abitabiriye umuhango wo Kwita Izina abana b’ingagi ku nshuro ya 20, binyuze mu gitaramo cyiswe Conservation Gala Dinner gitegerejwe kuri uyu wa 6 Nzeri 2025 muri Kigali Convention Center.
Abanyeshuri bitabiriye gahunda y’Intore mu biruhuko mu Karere ka Muhanga, bafite kuva ku myaka ine kugera kuri 14, bagaragaje impano z’umuco Nyarwanda zirimo ubuhanzi nko gushushanya, kuririmba, kumenya gusomera mu ruhame, guhimba indirimbo n’imivugo, kimwe no guhamiriza.
Gukoresha uburyo bwo kuhira hifashishijwe imirasire y’izuba mu Ntara y’Iburasirazuba, byahinduye ubuzima bw’abahinzi n’ubuhinzi muri rusange binyuze mu gufasha abahinzi guhangana n’amapfa, bitewe no kongera kubona umusaruro mwinshi.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Uwimana Consolée, arasaba buri wese kugira ibibazo by’umuryango ibye, bityo ubwo bufatanye butume Igihugu kigira imiryango myiza.
Mu gihe irushanwa mpuzamahanga rya Golf “SportsBiz Africa Championship” ribura umunsi umwe ngo rishyirweho akadomo, umunyakenya Charles Gacheru yatangaje ko guhitamo u Rwanda hagendewe ku bintu byinshi birangajwe imbere n’ibikorwa remezo, koroshya ingendo, amahoteri ndetse n’ibindi
Mu gihe u Rwanda rwitegura igikorwa kimaze kumenyekana ku ruhando mpuzamahanga cyo Kwita Izina abana b’ingagi kizaba kuri uyu wa Gatanu, tariki 5 Nzeri 2025, abarimo ibyamamare bazita amazina abo bana bamaze kumenyekana.
Perezida Paul Kagame atangiza inama ya cyenda Nyafurika ku ngendo zo mu kirere ‘Aviation Africa Summit and Exhibition 2025’, ibera muri Kigali Convention Center, yavuze ko hagikenewe gushora imari mu buryo bufatika mu nzego zijyanye n’iby’indege ku Mugabane wa Afurika.
Esther Mbabazi, umwe mu bapilote ba mbere batangiranye n’ikigo nyarwanda cy’indege cya RwandAir, yavuze ko uyu mwuga yawukuriyemo, kandi akaba afite icyo yabwira abakobwa bagitinya kuba bakwiga gutwara indege.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe y’igihugu y’u Rwanda yakoreye imyitozo ya mbere muri Nigeria yitegura umukino w’umunsi wa karindwi wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026 uzayihuza na Nigeria.
Ku bufatanye na Sunshine Africa Development Tour, SportsBiz Africa yateguye irushanwa rya Golf ryiswe SportsBiz Africa Golf Championship riteguza inama y’ubucuruzi na Siporo “SportsBiz Africa forum” izabera i Kigali.
Iyi ndege yo mu bwoko bwa drone ni ubwa mbere igurukijwe ku mu gabane wa Afurika, ikaba yahagurukiye kuri Kigali Convention Centre, mu gihe u Rwanda rwitegura inama yiga ku iterambere ry’ubwikorezi bwo mu kirere.
Abagize Inama y’Igihugu y’abagore mu Karere ka Muhanga, basinye imihigo yo kwiteza imbere binyuze mu gukora cyane no guhanga udushya mu ishoramari.
Inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri muri Mozambique zahaye amagare abayobozi b’Imidugudu yo mu Karere ka Mocímboa da Praia, mu Ntara ya Cabo Delgado, mu rwego rwo kubafasha mu kazi kabo ka buri munsi karimo kugira uruhare mu kurwanya iterabwoba, gushyigikira iterambere ry’abaturage, no gushimangira imiyoborere y’inzego z’ibanze.
Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Rwamagana, Minisitiri w’Umutekano imbere mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yafunguye ku mugaragaro ikigo gitegura abagororwa bagiye gusubira mu buzima busanzwe (Halfway home), gifite ubushobozi bwo kwakira abagororwa 2500 basigaje ibihano biri hagati y’amezi atandatu n’umwaka.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro, Prosper Zo’o Minto’o, Umuyobozi mukuru w’ikigo gishinzwe umutekano wo mu kirere muri Afurika na Madagascar (ASECNA) uri mu Rwanda aho yitabiriye inama yiga ku iterambere ry’iby’indege muri Afurika, Aviation Africa Summit izabera i (…)
Shema Ngoga Fabrice uheruka gutorerwa kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, akaba yanaherekeje Amavubi mu mikino ibiri yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026 azakina na Nigeria na Zimbabwe yavuze ko gutsindwa bitari mu byo abara kuko iyo uherekeje ikipe, uba utwaye igihugu.
Umuyobozi ushinzwe guhuza ibikorwa by’Ingabo n’Abaturage mu Ngabo z’u Rwanda, Colonel Désiré Migambi Mungamba, yavuze ko mu mateka y’u Rwanda, Abanyarwanda bahoze barangwa n’indangagaciro zirimo ubumwe, ubunyangamugayo, gukunda igihugu, amahoro, kubana mu bwumvikane n’ubudaheranwa.
Umunyarwandakazi witwa Kayitesi Judence ubarizwa mu Budage ku wa Mbere Nzeri yamuritse igitabo “The Unity Quest” kigaruka ku mateka n’ubuzima yanyuzemo mu gihe cya Jenoside.
Urukiko rw’Ikirenga rwa Kinshasa, rwakatiye Constant Mutamba, wabaye Minisitiri w’Ubutabera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), igihano cy’imyaka itatu y’imirimo ifitiye igihugu akamaro.
Perezida Paul Kagame yagaragaje ko Afurika idakwiye guhora itegerereje ahandi ku Isi mu gihe ifite byose kandi n’abaturage bazi icyo gukora.
Corneille Nangaa uyobora AFC/M23 mu kiganiro n’abanyamakuru, yabajijwe icyo atekereza ku bufasha Donald Trump ashobora gutanga mu gukemura ibibazo by’impande zihanganye muri RDC, maze avuga ko ashatse gukoresha ingufu ntacyo byamugezaho.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri saa mbili n’iminota 55, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda "Amavubi" irahaguruka i Kigali yerekeza muri Nigeria aho igiye kuhakinira umukino wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026 mbere yo gusura Zimbabwe muri Afurika y’Epfo.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, akaba na Perezida w’Urwego rw’Ubucamanza, Mukantaganzwa Domitilla yavuze ko ibirarane by’imanza biterwa ahanini n’imyumvire ikiri hasi y’abagana inkiko ku ikemurwa ry’ibibazo mu bwumvikane, kuko benshi bumva ko ibibazo byabo bigomba gukemuka biciye mu iburanisha ry’urubanza hakaboneka utsinda (…)
Minisitiri w’ubutabera akaba n’intumwa Nkuru ya Leta Dr Ugirashebuja Emmanuel yavuze ko bagiye kugabanya umubare w’ibirarane by’imanza kuva kuri 60% ukagera kuri 30%.
Ku mugoroba wo ku wa 30 Kanama 2025 hateguwe irushanwa ry’iteramakofe ryiswe "Ijoro ry’Iteramakofe " hagamijwe kureba urwego abakinnyi b’Abanyarwanda bagezeho muri uyu mukino, banyura abaryitabiriye.
Binyuze mu masezerano bafitanye, Ikigo gitanga serivise z’ikoranabuhanga cya Liquid Intelligent Technologies hamwe na Imbuto Foundation, mu 2022, Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), yatangiye urugendo rwo kubungabunga amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Perezida Paul Kagame yabwiye abitabiriye Inama y’Ihuriro Nyafurika ku buhinzi n’ibiribwa ko hakenewe kwibanda ku rubyiruko nk’abagize igice kinini cy’abaturage b’Umugabane wa Afurika kuko ibitekerezo bikiri bishya n’udushya bafite bigamije kwihangira imirimo byarushaho gutera imbere.
Minisiteri y’Uburenzi (MINEDUC), yatangaje ko mu banyeshuri bakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri 2024/2025, abagera kuri 89.1% babitsinze.
Umuhuzabikorwa wa AFC/M23 Corneille Naanga yaburiye ubutegetsi bwa Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo(DRC) ko nibongera kubatera mu birindiro byabo bazirwanaho, kugeza batsiratsije ibibabangamira bahereye aho bituruka.
Umunyarwandakazi Jovia Mutesi uherutse gushyingiranwa n’Umwami w’Abasoga muri Uganda, William Wilberforce Gabula Nadiope IV, kuri uyu wa Mbere batangaje ko mu cyumweru gishize tariki 27 Kanama 2025, babyaye abahungu babiri b’impanga.
Ubuyobozi bwa BK Group Plc, bwatangaje ko mu mezi atandatu ya mbere ya 2025, icyo kigo cyagize inyungu y’amafaranga y’u Rwanda miliyari 51.9, zingana n’izamuka rya 8.6% ugereranyije n’ayo cyungutse muri ayo mezi umwaka ushize.
Muri iyi imyaka 31, Dafroza Mukarumongi-Gauthier yabaye ijwi ridacogora mu rugamba rwo guharanira ubutabera mu Bufaransa. Uyu umugore wicisha bugufi ariko ufite imbaraga zidasanzwe mu guhiga abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, si umupolisi, si n’umushinjacyaha wa Leta.
Umuryango wa Muyombo Thomas uzwi nka Tom Close wasangije abitabiriye amasengesho y’urubyiruko yo gusengera Igihugu azwi nka Young Leaders Prayer Breakfast urugendo rw’imyaka 12 bamaze bubatse urugo n’ibyabafashije kugira urugo rwiza.
Abitabiriye amasengesho yateguwe n’umuryango Rwanda Leaders Fellowship, yagenewe abayobozi bakiri bato azwi nka ‘Young Leaders Prayer Breakfast’, basanga umuryango ukwiye kuba ishingiro ryo kubaka igihugu n’umurage mwiza.
Umufasha wa Perezida wa Repubulika, Madame Jeannette Kagame yabwiye abitabiriye amasengesho yiswe Young Leaders Prayer Breakfast yari agamije cyane cyane gusengera ingo, ko kimwe mu bibazo bibangamiye ingo ari uko abagiye kurushing bita ku gutegura ibirori kurusha gutegura urugo ubwarwo.