Mu kiganiro Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa 04 Nyakanga 2025, yibanze ku masezerano y’amahoro u Rwanda rwagiranye na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo DRC muri Amerika, ko niba umutwe wa FDLR utarwanyijwe, ugakomeza kuba ikibazo cy’umutekano muke, ntawe u Rwanda ruzasaba (…)
Kuri uyu wa Gatanu tariki 4 Nyakanga 2025, umunsi u Rwanda rwizihiza #Kwibohora31, ikipe ya APR FC yagiye kwizihiriza uyu munsi aho yavukiye ku Mulindi w’Intwari mu Karere ka Gicumbi, aho iri kumwe n’abayobozi batandukanye n’abakunzi bayo, ibirori byiswe ‘APR ku Ivuko’, ikaba ari isabukuru yayo ya 32.
Minisiteri y’Umutekano mu Gihugu, MININTER, itangaza ko mu bikorwa ngarukamwaka byo kwegera abaturage umwaka wa 2024-2025, Ingabo na Polisi y’Igihugu bubakiye abaturage batishoboye inzu 70, ibiraro 13 bifasha Uturere guhahirana, banubaka ibyumba by’amashuri y’incuke 10.
Mu myaka 31 ishize, imvugo igira iti ‘u Rwanda ruraryoshye’ yari kumvikana nabi mu matwi y’Abanyapolitiki batangiranye n’iki gihugu.
Umuhanzi Eric Senderi International Hit, agiye gukorera ibitaramo mu turere 13 tw’u Rwanda, mu rwego rwo kwizihiza imyaka 20 amaze mu ruganda rw’umuziki nyarwanda.
Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga iratangaza ko umwaka w’ingengo y’Imari 2025-2026, uzarangira abatuye umujyi wa Muhanga babonye amazi ahagije, kandi ko ari umuhigo w’Akarere.
Kuri uyu wa Kane, ikipe ya Rayon Sports yasinyishije Mohamed Chelly ukomoka muri Tunisia wazanywe n’umutoza Afahmia Lotfi.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen. Mubarakh Muganga, kuri uyu wa Kane tariki 3 Nyakanga 2025, yifatanyije n’abayobozi batandukanye gutaha ibikorwa byo gushyikiriza amazi meza abaturage mu Karere ka Kayonza, Umurenge wa Ndego mu Mudugudu wa Kamahoro, ibikorwa byose babagejejeho bikaba byatwaye asaga Miliyoni 147Frw.
Rutahizamu ukomoka muri Portugal, Diogo Jota wakiniraga Liverpool yitabye Imana ari hamwe n’umuvandimwe we bazize impanuka y’imodoka yabereye muri Espagne.
Isiganwa ry’imodoka rimaze kumenyerwa mu Rwanda rizwi nka ‘Rwanda Mountain Gorilla Rally’ ryongeye ryagarutse, iry’uyu mwaka rikazatangira ku wa Gatanu tari 4 Nyakanga 2025.
Abaturage n’abayobozi barenga 4,000 bavuye hirya no hino mu Ntara y’Iburasirazuba, cyane cyane i Nyagatare, bakoze urugendo rw’amaguru rureshya n’ibilometero hafi 22 bajya i Gikoba mu Murenge wa Tabagwe, aho bataramiye bakumva amateka y’agataka kiswe Santimetero n’indake ya mbere Perezida Kagame yabayemo, mbere yo kwimurira (…)
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya APR FC yatangiye imyitozo yitegura umwaka w’imikino 2025-2026 igaragaramo Bugingo Hakim, Iraguha Hadji na Fitina Omborenga bavuye kuri Rayon Sports.
Amakipe ya Brazil igizwe na Haruna Niyonzima na Hakizimana Muhadjili na Young Boys irimo umunyezamu Kwizera Olivier zasanze Golden Generation na Native Sports muri 1/2 cy’irushanwa rya Esperance Football Tournament.
Umutoza Gatera Musa watozaga Rutsiro FC yasinyiye gutoza ikipe ya AS Muhanga iheruka kuzamuka mu cyiciro cya mbere.
Mu gihe u Rwanda rwizihiza ku nshuro ya 31 umunsi wo Kwibohora, uba tariki 4 Nyakanga buri mwaka, KT Radio yagiranye ibiganiro na bamwe mu banyamakuru bakoze kuri radio Muhabura mu gihe cy’urugamba rwo kubohoro Igihugu, bagaragaza uruhare rwayo muri urwo rugamba ndetse banahamya ko yafashije Inkotanyi kurutsinda.
Kuri uyu wa Kabiri Nyakanga, KT Radiyo yimuriye ibiganiro byayo ku Mulindi w’Intwari, aho ni mu Karere ka Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru, ahakorereye Radiyo Muhabura yamenyekanye cyane mu rugamba rwo kubohora u Rwanda kubera amakuru mpamo yagezaga ku Banyarwanda mu gihe ikinyoma n’urwango byari byibasiye igihugu.
Abaturage n’abayobozi bavuye hirya no hino mu Burasirazuba bw’u Rwanda barizihiriza Isabukuru yo Kwibohora ku nshuro ya 31 mu gataka ka mbere Inkotanyi zafashe mu 1990 k’ahitwa i Gikoba mu Murenge wa Tabagwe w’Akarere ka Nyagatare.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe Ubukungu, Matsiko Gonzague, avuga ko bitewe n’imishinga yo kongera amazi irimo gukorwa, mu gihe cy’imyaka itanu iri imbere abaturage bose bazaba bagerwaho n’amazi meza.
Minisitiri w’Ibikorwa Remezo (MININFRA), Dr Jimmy Gasore, ari kumwe n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), bavuze ko izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli ritazagira ingaruka zikomeye ku biciro by’ibindi bicuruzwa na serivisi mu Rwanda.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Rayon Sports yatangiye imyitozo yiganjemo abakinnyi bashya yitegura umwaka w’imikino 2025-2026.
Urwego rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu Akamaro (RURA), rwatangaje ibicirobishya bya lisansi, aho byazamutse biva ku mafaranga y’u Rwanda 1633 bigera ku 1803Frw, rikaba ari izamuka ry’amafaranga 170 kuri litiro.
Uyu munsi, u Rwanda rurizihiza isabukuru y’Ubwigenge, aho rwemerewe kwifatira ibyemezo, no kugena ahazaza harwo, mu bwisanzure, mu ituze n’umudendezo.
Kuri uyu wa Kabiri, Umunya-Tunusia Ben Moussa El Kebil Abdessattar yasinyiye ikipe ya Police FC nk’umutoza wayo mushya asimbuye Mashami Vincent uheruka gusoza amasezerano.
Urugamba rwo kubohora u Rwanda rwabaye intangiriro y’ibihe, naho ikurwaho rya Leta yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe abatutsi naryo ritangiza ubuzima bushya butari bufite ireme.
Uko imyaka ishira indi igataha, ni ko umuco n’ururimi bigenda bihinduka bitewe na politiki n’imiyoborere by’igihugu, biba bigamije imibereho myiza y’abaturage nta busumbane hagati y’abagore n’abagabo, abakobwa n’abahungu. Ni yo mpamvu hari amagambo n’imvugo bitandukanye bigenda bicika mu rurimi, bimwe ndetse bikaba byafatwa (…)
Kuri uyu wa Mbere, amakipe y’u Rwanda ya Sitting Volleyball mu bagabo n’abagore yashyikirijwe ibendera, anahabwa impanuro mbere yo kwitabira Shyampiyona Nyafurika izabera muri Kenya.
Komisiyo y’Abadepite ishinzwe gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu, PAC, ntiyanyuzwe n’ibisobanuro yahawe n’abayobozi b’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi, RAB, ku idindira ry’umushinga wo mu Karere ka Kirehe uzwi nka ETI Mpanga, utabashije kugera ku ntego zawo.
Muri Kenya, Minisitiri w’Umutekano w’imbere muri icyo gihugu, Kipchumba Murkomen, yakomerewe no gusobanura impamvu yatumye atanga amabwiriza kuri Polisi, yo kurasa no kwica abaturage bigaragambya.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr. Edouard Ngirente, yagaragaje ko ahazaza ha Afurika hazarushaho kurangwa no gukenera amashanyarazi, cyane ko uyu munsi abarenga Miliyoni 600 kuri uyu mugabane batagira umuriro w’amashanyarazi, kandi abawukenera bazakomeza kwiyongera.
Mu 1921, James Biggs, Umwongereza ukomoka mu Mujyi wa Bristol wakoraga umwuga wo gufotora, yakoze impanuka ikomeye imusigira ubumuga bwo kutabona.
Mu Mujyi wa Kigali abanyeshuri 29,262 ni bo bazindukiye mu bizamini bya Leta bisoza icyiciro cy’amashuri abanza, aho bagomba gukorera kuri site 99.
Ihuriro ry’abatumiza mu mahanga imiti n’ibikoresho byo kwa muganga, ndetse n’ibiribwa nyongeramirire (Association des Importateurs Grossistes en Produits Pharmaceutiques – AIGPHAR), tariki 27 Kamena 2025 bahuriye mu nama y’Inteko rusange y’abanyamuryango iba rimwe mu mwaka, barebera hamwe ibyagezweho, ndetse baganira ku (…)
Ubuyobozi bukuru w’Umuryango uharanira kwihuza no kwigenga kw’Abanyafurika (Pan African Movement (PAM) ishami ry’u Rwanda, bwiyemeje gushyira cyane imbaraga mu gutoza urubyiruko indangagaciro nyafurika, kugira ngo barusheho kumenya no guharanira icyateza imbere u Rwanda na Afurika muri rusange.
Ikipe ya APR Basketball Club isezereye Patriots BBC iyitsinze amanota 81 kuri 67, bituma yerekeza ku mukino wa nyuma isangayo REG BBC.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu Murenge wa Muhanda mu Karere ka Ngororero, basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kibilira, banaremera uwarokotse Jenoside bamworoza inka, nk’uko babyiyemeje ko buri mwaka bazajya bakora bene icyo gikorwa.
Bamwe mu Ngabo zo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), bateraniye mu Rwanda aho bari mu bikorwa bihuza Ingabo n’abaturage, bakaba bari mu bikorwa by’ubuvuzi ndetse n’iterambere ry’abaturage hirya no hino mu gihugu.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Kayitare Jacqueline, arasaba urubyiruko kwirinda kwipfusha ubusa, rwishora mu bikorwa birwandarika ahubwo rugakura amaboko mu mifuka rugakora, kuko iyo rwipfushije ubusa ruba rusenya ejo harwo hazaza n’ah’Igihugu muri rusange.
Muri Pakistan, umwiyahuzi yashoye imodoka yari arimo yuzuye ibisasu ku mudoka zari zitwaye abasirikare b’icyo gihugu, 16 muri bo bahasiga ubuzima, nk’uko inzego z’ubuyobozi muri icyo gihugu zabitangarije AFP.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports yasinyishije abakinnyi babiri bashya, inongerera amasezerano myugariro Serumogo Ally.
Komisiyo y’Abadepite ishinzwe gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu (PAC), yabajije Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB), abiba mudasobwa ziba zagenewe ibigo by’amashuri ndetse n’iherezo ry’izibwe uko bizagenda, cyane ko kuzigaruza bigenda biguru ntege.