Col (Rtd) Augustin Nshimiyimana ‘Bora’, yagaragaje ko uretse kuba umutwe w’iterabwoba wa FDLR ufashwa na Leta ya Kinshasa n’u Burundi, ukura ubushobozi no mu bikorwa by’ubucuruzi burimo guhinga no kugurisha urumogi abari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bushinzwe gufasha kugarura no kubungabunga umutekano muri Repubulika (…)
Niyonkuru Samuel ukinira ikipe ya Amani na Nzayisenga Valentine ukinira Benediction Club mu bagore nibo begukanye Shampiyona y’igihugu y’Amagare 2026 mu isiganwa ryo mu muhanda (Road Race) ryakinwe kuri iki Cyumweru.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascene Bizimana, yavuze ko ingengabitekerezo ivuga ko u Rwanda ari urw’abahutu, bakaba bararwambuwe n’Abatutsi, kandi babaka bagomba kurwisubiza iracyahari, uretse ko ubu isigaranywe na bake.
Abantu 53426 baba bari bakatiwe igihano cyo kwicwa kubera guhamwa n’ibyha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, iyo igihano cyo kwicwa kidakurwa mu mategeko y’u Rwanda.
ACP Kuradupagase Augustin, uzwi ku izina rya Jarudi, wahoze mu Ngabo za FAR, ubu akaba ari muri Polisi y’u Rwanda, yavuze ko ingengabitekerezo yabarangaga icyo gihe yari ishingiye ku kwemera ko Umututsi wese ari umwanzi wabo.
Abanyarwanda barenga ibihumbi 369 bungukiye mu mushinga ‘Isoko y’Ubuzima’ bagezwaho serivisi z’amazi meza, isuku n’isukura (WASH) z’uwo mushinga wari umaze imyaka itanu ukorera mu turere 15 two hirya no hino mu Rwanda kuva mu mwaka wa 2021, ku nkunga ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nk’uko bigaragazwa n’imibare (…)
Ikigo cy’ubucuruzi cyitwa Tajyire Group gifite isoko rinini kuruta ayandi ry’ibikoresho by’ikoranabuhanga - telephone na mudasobwa - mu Rwanda, ryateye indi ntambwe ritangiza ishami ry’ubushakashatsi butanga ibisubizo.
Abakinnyi Niyonkuru Samuel mu bagabo na Mwamikazi Djazilla mu bagore begukanye Shampiyona y’igihugu y’Amagare 2026 mu cyiciro cyo gusiganwa n’igihe umuntu ku giti cye aho bahagurukiye Batsinda akaba ari naho basorezwa banyuze ku Idigiri.
Amakipe ya Kayonza Modern mu bahungu na Center for Champions mu bakobwa zegukanye irushanwa rya FIFA TDS rigamije kuzamura zitsindiye PSG Academy na Petit Séminaire Baptiste ku mukino wa nyuma.
Mu Rukiko rwa Rubanda i Paris, mu rubanza rw’ubujurire rwa Dr Eugene Rwamucyo wakatiwe gufungwa imyaka 27 kubera ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, umutangabuhamya yabwiye urukiko ko Dr Rwamucyo yari umugabo w’umufungamutwe wabaga mu itsinda ry’abakozi ba CUSP baturukaga mu Majaruguru y’u Rwanda.
Ikigo cya WASAC Group cyagowe no gusobanurira Komisiyo y’Umutwe w’Abadepite ishinzwe kugenzura ikoreshwa ry’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) impamvu kimaze imyaka ibiri kidakorerwa ubugenzuzi bw’imari.
Umuhanzi w’indirimbo zisana imitima Musinga Joe yavuze ko buri Munyarwanda, by’umwihariko urubyiruko n’abahanzi, afite inshingano zo gusigasira amateka y’u Rwanda no gukoresha impano ze mu kubaka igihugu no kwimakaza ubumwe.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko kuba Abanyarwanda barabohotse, baribohoye ibibaranga nta pfunwe bibatera kuko ari byo bakwiye kuberaho cyangwa bakabipfira biramutse ari ngombwa.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko amateka akomeye u Rwanda rwanyuzemo yasize byinshi Abanyarwanda bakwiye kwicuza, kugira ngo bibafashe kubaka igihugu gishingiye ku bumwe no kwirinda gusubira mu makosa yakozwe muri ayo mateka.
Abaturage bo mu Murenge wa Kicukiro mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali babarirwa muri 200, basuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Ntarama ruherereye mu Karere ka Bugesera, basobanurirwa byinshi ku mateka yaranze Jenoside muri ako gace, batahana ingamba zo guharanira ko Jenoside itazongera kuba ukundi.
Perezida Paul Kagame yagarutse ku ntambwe y’Ubumwe n’ubwiyunge mu Rwanda, aho yagaragaje ko u Rwanda rwakiriye buri wese, kugira ngo abe hamwe n’abandi, kandi atange umusanzu wo kubaka u Rwanda, ndetse n’abahemutse baremewe.
Perezida Paul Kagame yavuze ukuntu yabwiye abasirikare ayoboye kureka kumwereka aho abantu biciwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kugira ngo arinde amarangamutima ye.
Kuri uyu wa gatanu taliki ya 26 Kamena I Kigali Kuri Zaria Court hasojwe irushanwa ry’umunsi umwe ryo kwibuka Kenrik Kabano wakiniraga ikipe y’igihugu witabye Imana ari kumwe na mama we Rosine Kabano.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame muri Village Urugwiro, yakiriye itsinda ry’impuguke mu by’amategeko shingiro zo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), bari kumwe n’Ubuyobozi Bukuru bw’uwo muryango bayobowe na Andrea Ariik Aguer, Umunyamabanga Wungirije wa EAC.
Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard, yagaragaje ko aka Karere gafite amahirwe yihariye ashingiye ku bikorwaremezo byagutse n’ubutaka bubereye ibikorwa by’ishoramari bityo ko ari umwanya mwiza wo gutumira abashoramari kubyaza umusaruro aya mahirwe.
Mu mwaka wa 2006, Intare z’inkazi, Ikipe y’Igihugu cya Kameruni yaje gukina n’Amavubi y’u Rwanda ku Mahoro ya Kigali.
Zimwe mu noti zirimo gukora mu Rwanda muri iki gihe, zizaba zavuye ku isoko bitarenze ukwezi kwa Werurwe 2027.
Mu cyumweru gishize twanditse inkuru ivuga ku isoko y’amazi ya Rwakibirizi iherereye mu Karere ka Bugesera, abayavoma bakayacuruza ndetse n’abayanywa bemeza ukuntu ari meza cyane, akaba anyobwa adatetse cyangwa se ngo atunganywe mu bundi buryo kuko aba asa neza, kandi akaba adatera indwara.
Pélagie Nyiramajyambere wo mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, ni umubyeyi wahuye n’ikibazo cyo kudashobora kwakira inkuru yamubwiraga ko umwana we w’umukobwa wari ugeze mu gihe cy’ubwangavu, atwite, agahitamo kujya amugaburira ubugari gusa.
Umwana w’umuhungu w’imyaka irindwi witwa Ishank Singh ukomoka muri Jharkhand mu gihugu cy’u Buhinde, yanditse amateka mashya ku rwego rw’isi, nyuma yo kuba umwana muto kurusha abandi ndetse akaba anihuta cyane mu koga ubwo yambukaga umuhora wa Palk Strait, amazi magari ari hagati ya Sri Lanka n’u Buhinde.
Mu buzima busanzwe, hari imvugo ikunze kumvikana ivuga ko “kubyara abahungu bitwara imbaraga nyinshi ku mubyeyi,” ndetse bamwe bakemeza ko bishobora no gutuma asaza vuba.
Mu mpera z’iki cyumweru harakinwa shampiyona y’igihugu y’umukino w’amagare aho kuwa Gatandatu bazasiganwa n’igihe umuntu ku giti cye (ITT) naho ku Cyumweru basiganwe mu muhanda (Road Race).
Banki ya Kigali (BK) yinjiye muri gahunda y’Igihugu yo kwihutisha ikoreshwa ry’imodoka zikoresha amashanyarazi binyuze mu nguzanyo izajya itanga 100% y’agaciro kazo.
Komisiyo y’Abadepite ishinzwe kugenzura ikoreshwa ry’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) yagaragaje impungenge ku mushinga wo gutunganya amazi yanduye mu Mujyi wa Kigali (Kigali Centralized Sewage System-KCSS), nyuma y’aho ubuyobozi bwa WASAC GROUP busobanuye ko uburyo wari wateguwemo bwari gusaba gusenya hafi 80% by’imihanda yo (…)
Pelagie Kuradusenge, Umukobwa wafashijwe na gahunda ya Imbuto Foundation ifasha abangavu batwaye inda y’imburagihe, yatanze ubuhamya bw’ukuntu yiyakiriye, maze akaganiriza ababyeyi be, maze bakamufasha, ubu akaba yariteje imbere.
Muganga Dr. Cyprien Iradukunda, umuganga muri Minubumwe, yakanguriye umuryango nyarwanda, cyane cyane abagabo kwitwararika, kuko uruhare bagira mu nda zitateganyijwe, cyangwa se inda ziterwa abangavu ni runini cyane, kurusha ndetse n’abangavu ubwabo.
Minisitiri Dr. Sabin Nsanzimana, yabwiye urubyiruko ko bagomba kwirinda, bakarinda imibiri yabo kuko ari yo bazagumana, bakayisazana.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yasobanuye imibare ijyanye n’inda ziterwa abangavu, aho yavuze ko buri munsi, abangavu 60 baterwa inda, cyangwa se abana barenga ibihumbi 23 ku mwaka.
Abategura ibihembo bya BET Awards 2026 batangaje urutonde rw’abahanzi bazasusurutsa abazitabira ibirori ndetse n’ibyamamare bizatanga ibihembo muri uyu muhango utegerejwe na benshi uzaba ku wa 28 Kamena 2026 muri Peacock Theater i Los Angeles.
Ariana Grande yongeye kuvugisha abantu ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo kugaragara ari kumwe n’uwahoze ari umukunzi we, Ricky Alvarez, ibintu byatumye benshi bibaza niba bongeye gukundana.
Mu rubanza rwa Dr Eugène Rwamucyo rubera i Paris mu Bufaransa, umutangabuhamya yabwiye urukiko ko katiripirali (Caterpillar) yakoreshejwe mu gushyingura imibiri y’Abatutsi biciwe kuri Paruwasi ya Nyumba no muri Seminari Nkuru ya Nyakibanda, yakoraga mu buryo bwashinyaguriraga imibiri y’abishwe.
U Rwanda rwagaragaje ko rumaze gutera intambwe ifatika mu kurwanya ubukene mu baturage barwo kandi ko rukomeje gushyira imbaraga mu bikorwa n’ingamba zigamije kurushaho guteza imbere imibereho myiza y’Abanyarwanda.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro, Peteroli na Gaze (RMB) cyabwiye abadepite bo muri Komisiyo ishinzwe kugenzura Ikoreshwa ry’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) ko kutubahiriza inama z’Umugenzuzi Mukuru w’Imari wa Leta byatewe no kuba badatindana abakozi kubera guhembwa amafaranga make.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) cyatangaje ko mu gihembwe cya mbere cy’umwaka wa 2026, agaciro k’ubucuruzi mpuzamahanga bw’u Rwanda kagabanutseho 5.13%, ugereranyije n’igihe nk’icyo mu 2025.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro burashima uruhare rw’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere binyuze mu ihuriro ry’abafatanyabikorwa rizwi nka JADF, kuko uruhare rwabo rwigaragaza cyane mu bikorwa by’iterambere Akarere kageraho umunsi ku munsi.
Kuva kuri uyu wa Gatanu, mu karere ka Rwamagana harakinirwa agace ka kabiri ka shampiyona ya Volleyball yo ku mucanga ’ Beach Volleyball ’ itanga amanota ku rwego mpuzamahanga.
Perezida Paul Kagame, muri Village Urugwiro yakiriye itsinda ry’abayobozi baturutse muri Studio Libeskind n’umuryango kENUP Foundation, bagirana ibiganiro byibanze ku mushinga mushya w’Ikimenyetso cy’Urwibutso ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, hagamijwe guteza imbere imikoreshereze y’ikoranabuhanga no gushyiraho uburyo (…)
Imibare y’ubushakashatsi bukorwa mu bihugu bitandukanye bya Afurika kuri serivisi z’imari igaragaza ko muri 2024, 73% by’Abanyarwanda bakuze bakoze nibura igikorwa kimwe cy’imari hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuye kuri 30% mu 2020.
Ihuriro ry’Abafatanyabikorwa mu Iterambere riri kwigira hamwe intambwe zaterwa mu gihe kiri imbere hagamjwe gushyira mu bikorwa politiki nshya y’u Rwanda y’Ubufatanye mu iterambere.
Abadepite bagize Komisiyo ishinzwe Gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) ntibanyuzwe n’ibisobanuro byatanzwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubwikorezi (RTDA) ku miliyari zisaga 6 Frw zakoreshejwe mu isanwa ry’umuhanda Musanze-Rubavu.
Ubuyobozi bwa Rwanda Housing Authority (RHA) bwabwiye abadepite bagize Komisiyo ishinzwe gukurikirana Ikoreshwa ry’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) ko ukwezi kwa Kamena 2026 kuzasiga ubwatsi bwabugenewe bushyizwe muri Sitade ya Huye nk’uko byari biteganyijwe.
Ku bufatanye n’ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda (Ferwaba) n’umuryango wa Kabano, hateguwe irushanwa rya Basketball ryo ku mwibuka na Mama we.
Ubuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’ibikorwa by’Ubwikorezi (RTDA) bwagowe no gusobanurira abadepite bagize Komisiyo ishinzwe gukurikirana Ikoreshwa ry’Umutungo wa Leta (PAC), uburyo bakoresheje miliyoni 392FRW mu gushyira laterite mu muhanda Rusizi-Bugarama, nyamara umuhanda bikigaragara ko n’abanyamaguru (…)
Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yagize bwana John Chrysostom Minisitiri ushinzwe Uburezi na Siporo w’agateganyo
Mu Karere ka Bugesera harabera imurikabikorwa ryitabiriwe n’abafatanyabikorwa 71 baje kumurika ibyo bakora biri mu nkingi eshatu z’ingenzi ari zo ubukungu, imiyoborere myiza ndetse n’imibereho myiza nk’uko byasobanuwe na Murenzi Emmanuel umuyobozi w’ihuriro ry’abafatanyabikorwa b’Akarere JADF.