Mu Bwongereza, umugore witwa Laurie Denman w’imyaka 42 y’amavuko,utuye ahitwa Wales, yasanzwemo inzoka zo mu nda zigera kuri 38 ku bwonko, nyuma yo kurya inyama z’ingurube.
Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (Rwanda Polytechnic) ryananiwe gusobanurira Abadepite bagize Komisiyo Ishinzwe Gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) impamvu rimaze igihe ridasubiza abanyeshuri amafaranga y’ingwate (Caution) arenga miliyoni 250 Frw.
Perezida wa Mozambique akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu (FADM), Daniel Francisco Chapo, yashimiye Perezida Paul Kagame na Guverinoma y’u Rwanda ku ruhare u Rwanda rukomeje kugira mu kurwanya iterabwoba no kugarura amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado.
Ubuyobozi bwa Kingdom Education Center, ikigo cy’amashuri y’incuke n’abanza giherereye mu Murenge wa Kicukiro mu Karere ka Kicukiro ahazwi nko mu Gatenga, buratangaza ko mu mwaka utaha w’amashuri bufitiye udushya twinshi ababyeyi bifuza kuharerera, bukabahamagarira kuza kwandikisha abana babo.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda ryatangaje ko hagiye kujya habaho gupimwa ibiyobyabwenge n’imiti yongera imbaraga ku bakinnyi ba ruhago mu Rwanda.
Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Félix Tshisekedi, yashyize imbere inkuru isobanura ko u Rwanda ari rwo nyirabayazana w’ibibazo, maze Leta Zunze Ubumwe za Amerika isa n’iyemeye itabanje kuyisesengura mu buryo bwimbitse.
Iserukiramuco rishya ryiswe HERIFEST RWANDA, rigamije guteza imbere no gusigasira umuco Nyarwanda, rigiye gutangira ku mugaragaro ku wa 08 Nyakanga 2026 i Gahanga mu Karere ka Kicukiro, ahazwi nka Pyramidal Garden.
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) Prof. Claude Mambo Muvunyi yagizwe Umwe mu bagize Inama y’Ubutegetsi y’Umuryango uhuza ibihugu by’i Burayi n’ibiri mu nzira y’amajyambere mu guteza imbere igeragezwa ry’imiti (European & Developing Countries Clinical Trials Partnership – EDCTP).
Umujyi wa Kigali wagowe no gusobanura uburyo watumyeho imodoko ikora isuku utanze ibisabwa 25 (specifications) igomba kuba yujuje, ariko rwiyemezamirimo ikazana ifite 9 gusa mu byo wasabye kandi ukayakira.
Ambasade y’u Rwanda mu Burusiya ifatanyije n’Umuryango w’Abanyarwanda batuye muri iki gihugu na Belarus, bateguye Irushanwa rya Kwibohora ku nshuro ya 32 ryabereye ku kibuga cy’imikino cya Kaminuza ya RUDN.
Kugeza ku wa 30 Kamena 2026, abamaze guhitanwa n’icyorezo cya Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo mu Ntara za Ituri, Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo, bamaze kugera kuri 438.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwijeje Komisiyo Ishinzwe kugenzura ikoreshwa ry’Ingengo y’Imari ya Leta (PAC) ko ikiraro cya Karuruma cyari kimaze imyaka ine cyarabaye agatereranzamba, noneho bitarenze impera z’uyu mwaka kigomba kuzaba cyatangiye kubakwa.
Nzabonariba Sylvie, washinze Sylvie In Kitenge Fashion Ltd, yavuze uburyo amaze gutera intambwe ifatika mu bucuruzi bwe kuva yatangira kwitabira Expo Mpuzamahanga mu mwaka wa 2020, agaragaza ko ari imwe mu nkingi zamufashije gutera imbere.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Amb Olivier Nduhungirehe yashimye byimazeyo ubuyobozi bwa Louise Mushikiwabo, Umunyamabaga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa, ku mpinduka zifatika amaze kugeza kuri uyu muryango muri Manda ebyiri amaze awuyobora.
Ambasaderi w’u Rwanda mu Buhinde, Jacqueline Mukangira yahamagariye ba rwiyemezamirimo bo mu Buhinde gushora imari mu Rwanda kuko hakiri amahirwe menshi, kandi igihugu kikaba cyorohereza abanyemari.
ASA International (Rwanda) Plc yatangije ku mugaragaro serivisi zo kwakira ubwizigame bw’abaturage, nyuma yo guhabwa uruhushya na Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) rubemerera kwakira amafaranga y’ubwizigame.
Inama y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburenganzira bwa Muntu (Human Rights Council) yemeje raporo y’ibyavuye mu isuzuma rya kane u Rwanda rwakozweho muri gahunda ya Universal Periodic Review (UPR), igamije guteza imbere no kurengera uburenganzira bwa muntu.
Jose Chameleone yavuze ko adashyigikiye kuba umuhungu we, Abba Marcus akoresha ibiyobyabwenge ariko ashimangira ko kumuciraho iteka atariyo nzira nziza kurusha kumuganiriza no kumugira inama yo kubireka.
U Rwanda rwinjiye mu masezerano na Kenya, azatuma ibikomoka kuri Peteroli byinjiraga biciye ku cyambu cya Mombasa byiyongera, ndetse bikarushaho kwihuta.
Urukiko rw’Iirenga rwa Amerika rwemeje ko umwana wese uvukiye ku butaka bwa Amerika azajya aba abonye ubwenegihugu bw’iki gihugu, n’iyo yavuka ku mwimukira ugomba gusubizwa iwabo kuko adafite ibyangombwa.
U Rwanda n’u Burusiya kuri uyu wa Kabiri byashyize umukono ku nyandiko ngenderwaho igamije guteza imbere umushinga mu by’ingufu za Nikeleyeri hifashishijwe inganda nto z’ingufu za Nikeleyeri (Small Modular Reactors – SMR).
Inama y’Abaminisitiri yateranye muri Village Urugwiro kuri uyu wa 30 Kamena, yishimiye umukinnyi ukomeye wa Basket ball uherutse kwinjira muri Shampiyona ikomeye kuri iyi si, NBA.
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Kamana, iyobowe n’Umukuru w’Igihugu Perezida Paul Kagame yafashe ibyemezo bikomeye bigamije kunoza uburyo bwo gutanga imisoro no gufasha abaturage n’abikorera kurushaho kwiteza imbere.
Umuryango One Acre Fund Rwanda, wubatse ubuhumbikiro bw’ingemwe z’ibiti by’imbuto n’ibindi birimo ibivangwa n’imyaka, buzafasha Abanyakigali kubona ingemwe miliyoni buri mwaka, mu rwego rwo kongerera Umujyi wa Kigali ubushobozi bwo guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’Ikirere.
Ikipe y’igihugu y’u Bufaransa yageze muri 1/8 cy’Igikombe cy’Isi 2026 isezereye Suède yatsinze ibitego 3-0.
Abaturage barenga 700 bo mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, bari kumwe n’Ubuyobozi bw’Umurenge, ndetse n’Umuyobozi w’Imirimo Rusange y’Akarere ka Kicukiro, Murenzi M. Donatien, tariki 01 Nyakanga 2026 basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Rukumberi ruherereye mu Murenge wa Rukumberi mu Karere ka Ngoma (…)
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe y’igihugu ya Norvège yasezereye Côte d’Ivoire muri 1/16 cy’Igikombe cy’Isi 2026 igera muri 1/8 cy’irangiza.
Kuri uyu kabiri taliki ya 30 kamena, Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda rwasinyanye amasezerano y’imikoranire n’uruganda rwa Skol afite agaciro kabarirwa muri miliyari y’amafaranga y’u Rwanda.
Isi ubona ihinduka burundu iyo uyirebye uhagaze ku bwato rutura butembera mu mugezi wa Huangpu, bukanyura hagati y’inyubako ndende za Shanghai zimurikiwe n’amatara y’amabara atandukanye.
Mugenzi Jean Claude, yatanze ubuhamya bw’uburyo yarokotse Jenoside yakorewe Abatuti mu 1994, ariko ababyeyi be, n’abavandimwe be bakicwa, we akarokoka ku buryo bw’ibitangaza.
U Rwanda rwasabye u Burundi guhagarika uruhare rwabwo rutaziguye mu makimbirane arimo kubera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Amakipe ya Mukarange mu bahungu na Rukara mu bakobwa ni yo yegukanye ibikombe mu irushanwa ryo kugaragaza impano muri Basketball ryiswe Talent Showcase Basketball Tournament 2026.
Amakipe ya Morocco na Paraguay yasezereye u Budage n’u Buholandi kuri penaliti agera muri 1/8 cy’irangiza cy’Igikombe cy’Isi 2026.
Abanyamuryango b’ishyirahamwe ry’abacukuzi n’abacuruzi b’amabuye y’agaciro mu Rwanda (Rwanda Mining Association), ku wa Kabiri tariki 30 Kamena 2026 bahuriye mu gikorwa cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kibera ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi.
Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru, bagaragaje ko nubwo bashoje urugendo rw’akazi ariko badashoje urw’ubuzima kuko bazakomeza gufatanya n’abandi mu bikorwa bitandukanye byo kubaka Igihugu.
U Rwanda rugiye gutangira gahunda nshya yo gutumiza ibikomoka kuri peteroli bikozwe hagati ya Leta ebyiri (Government-to-Government), mu masezerano y’ubufatanye n’Igihugu cya Oman, guhera mu kwezi kwa Kanama 2026.
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko izakina n’ikipe ya GorMahia yo muri Kenya mu kuri Rayon Day 2026.
Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe Gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) ntiyanyuzwe n’ibisobanuro byatanzwe na Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB) ku gutinda kugeza mu mashuri ibitabo 396,000.
Ikipe y’igihugu ya Brazil yageze muri 1/8 cy’Igikombe cy’Isi 2026 isereye u Buyapani yatsinze ibitego 2-1 bigoranye kuri uyu wa Mbere.
Perezida wa Sena na Perezida w’Umutwe w’Abadepite mu kuri uyu wa 29 Kamena, bamuritse urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwubatswe ku cyicaro cy’Inteko Ishinga Amategeko.
Muri raporo y’ibyavuye mu ngendo rusange Abadepite bakoreye mu Ntara kuva ku itariki 28 Gicurasi kugeza ku itariki 3 Kamena 2026 ndetse no mu Mujyi wa Kigali ku itariki ya 6 n’iya 7 Kamena 2026, byagaragaje ko hari abanyamigabane ba Banki y’Abaturage (BPR) babuze uburenganzira ku migabane yabo muri iyo banki kandi bakaba (…)
Minisitiri w’Uburinganire n’iterambere ry’umuryango Uwimana Consolee, asoza ihuriro ry’urubyiruko kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Kamena 2026, yashimiye Madame Jeannette Kagame wari witabiriye iryo huriro, ku nama nziza adahema gutanga na gahunda zitandukanye zigamije iterambere n’imibereho myiza by’umuryango zikorwa na Imbuto (…)
Amakipe agizwe na Vincent Mbonigaba na Prince Kanamugire(Vincent/Prince) ndetse n’igizwe na Huguette Uwase na Hyacinthe Ingabire( Aline/Divine) zegukanye agace ka kabiri ka shampiyona Volleyball ikinirwa ku mucanga yakinirwaga mu Karere ka Rwamagana.
Urubyiruko rukoresha imbuga nkoranyambaga mu Rwanda ruravuga ko rwahawe intwaro zihagije zo kwifashisha mu kazi ko guhangana n’abapfobya bagahakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Amb.Charles Muligande, yavuze ko ingengabitekerezo ya Jenoside yo kurimbura Abatutsi igenda irushaho gushinga imizi mu Karere u Rwanda ruherereyemo.
Gen.(Rtd) Fred Ibingira yabwiye abari bitabiriye ibiganiro ku mateka y’u Rwanda byateguwe n’umuryango Unity Club, ko hari ibintu abantu bita ko ari bito Perezida Paul Kagame yabatoje nyuma y’urugamba rwo kubohora u Rwanda no guhagarika Jenoside, bikaba byarabagiriye umumaro ukomeye.
Jenerali Fred Ibingira yasobanuye amateka y’urugamba rwo kubohora u Rwanda, aho agaragaza ko nyuma y’iraswa rya Maj. General Fred Gisa Rwigema babuze icyerekezo, maze Perezida Kagame akabasanga akaba ari we utanga icyizere gishya n’ubwo na we umwanzi yamuhize ngo amwivugane rugikubita nk’abandi bayobozi bamubanjrije.
Mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru, ikipe y’igihugu ya Canada yasezereye Afurika y’Epfo muri 1/16 cy’Igikombe cy’Isi 2026 igera muri 1/8 iyitsinze igitego 1-0.
Gen (Rtd) Fred Ibingira yakomoje ku mateka y’urugamba rwo kubohora Igihugu ya Maj. Mupende uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga mu bikorwa byo kuvuga nabi u Rwanda n’ubuyobozi bwarwo, avuga ko ari umuntu watinyaga urugamba ku buryo yigeze kwigaragaza nk’uwarashwe bikomeye bikamutera ubumuga bwa burundu nyuma yarwo akagaragara (…)
Amarerero ya FC Bayern AC Rwanda mu bahungu na PSG Academy mu bakobwa yegukanye ibikombe by’amarushanwa ya FIFA TDS 2026 mu batarengeje imyaka 16, umushinga ugamije guteza imbere impano nshya z’umupira w’amaguru.