Abahinzi b’ibirayi bemeza ko uruganda runini rutunganya umusaruro uva ku birayi rugiye kubakwa mu karere ka Musanze ruzaba igisubizo ku musaruro w’ibirayi wabo kuko bawuboneye isoko rihoraho.
Isoko mpuzamipaka rizubakwa ahitwa Rugari ku mupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo mu karere ka Nyamasheke rishobora kuba ryuzuye bitarenze umwaka mu gihe ibikenewe byose byaba bimaze gukorwa.
Umusore witwa Bimenyimana Jean Paul wo mu murenge wa Bwira, mu karere ka Ngororero avuga ko atunzwe no gusharija za terefoni ndetse n’amabatiri abika umuriro yifashishwa n’abantu biganjemo urubyiruko mu gucuranga amaradiyo.
Nyuma y’igihe kirekire inyubako ya hoteli izajya yakira abashyitsi batandukanye bagenderera Akarere ka Gatsibo ituzura, mu gihe gito yaba igiye gutangira imirimo yayo bityo ikibazo cy’amacumbi ku bagenderera aka karere kikaba gikemutse, nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo.
Mu karere ka Rwamagana hatangijwe imurikagurisha rya 6 ry’intara y’Iburasirazuba ku gicamunsi cyo kuwa 21/09/2014, rihuje abamurikabikorwa 131 baturutse mu bihugu bitanu by’Afurika ndetse no ku mugabane wa Aziya.
Banki ya Ecobank iri mu gikorwa cy’amezi atandatu cyo gukangurira Abanyarwanda kwizigamira, aho iri gutanga ibihembo bitandukanye ku banyamahirwe barushije abandi kwizigamira amafaranga menshi ku ma konti yabo aheereye muri iyi banki.
Abakozi b’akarere ka Rutsiro kuva ku kagali kugeza ku karere bibumbiye muri koperative COTOPROCO (Congo Nil tourism Promotion Cooperative), biyemeje kubaka inzu y’ubucuruzi bazajya bakodesha.
Abayobozi n’abaturage bo mu karere ka Ngororero bavuga ko bishimiye uruganda rutunganya ifu y’ibigori rwakozwe n’umugore witwa Uwimana Mediatrice uvuka mu murenge wa Gatumba mu karere ka Ngororero ari naho urwo ruganda rukorera.
Akarere ka Rutsiro ni kamwe mu turere tudafite ibikorwaremezo ariko ubuyobozi buri gushakisha uburyo bwakemura iki kibazo. Ni muri urwo rwego akarere kagiye kubaka amahoteri atandukanye ariko iyabimburiye izindi yatinze kuzura kubera ikibazo cy’amafaranga.
Rwiyemezamirimo Nyiransabimana Fortunée utuye mu Murenge wa Kirehe, Akarere ka Kirehe akaba umucuruzi w’ibyuma by’imodoka akaba afite n’igaraje byose bifite agaciro ka miliyoni 30 yemeza ko yabigezeho abikesheje igishoro cy’amafaranga ibihumbi bitatu.
Bamwe mu banyonzi bo mu Karere ka Musanze bagaragaza ko batishimiye uburyo batanga amafaranga 100 ya buri munsi na 900 ya buri gihembwe ntibamenye uko akoreshwa kandi bakaba nta bwizigame bagira muri koperative yabo ya CVM (Cooperative velos de Musanze).
Hagati ya tariki 25-27/8/2014, leta y’u Rwanda irashyira ku Guhera ku isoko impapuro mvunjwamafaranga zifite agaciro ka miliyari 15. Igashishikariza Abanyarwanda bose cyane cyane abaciriritse kwitabira iki gikorwa cyo kuyiguriza amafaranga bazasubizwa mu gihe cy’imyaka itanu.
Amabanki hamwe n’Ibigo by’imali bikorera mu karere ka Gatsibo, bigaragaza ko ba rwiyemezamirimo bo muri aka karere bagihura n’imbogamizi zitandukanye mu gihe bagiye kwaka inguzanyo bashaka gushyira mu bikorwa imishinga yabo.
Mu rwego rwo kwagura imitekerereze mu ishoramari, abashoramari bo mu karere ka Rusizi barasabwa no gushora imari mu kwizigamira aho guhora mu bucuruzi busanzwe kandi bumwe gusa.
Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Francois Kanimba, yashimye ko abatuye akarere ka Ngororero bahagurukiye kubaka inganda hamwe no gushora imari nyinshi mu bucuruzi. Ako karere gasanzwe kagaragaramo inganda n’ibikorwa by’ubucuruzi bikiri ku rwego rwo hasi kuko kagizwe ahanini n’icyaro.
Ikigo gikorana n’abaturage mu gukora imishinga no kubishingira mu mabanki (BDF) kiratangaza ko cyamaze gushyiraho uburyo bushya bwo gukorana n’abakiriya bacyo ku buryo byorohera umuturage kugera ku mafaranga yakiye umushinga we bimworohere butandukanye n’inzira yacagamo mbere.
Equity Bank, imwe mu ma banki akomeye yo mu gihugu cya Kenya ngo irishimira isoko imaze kugira mu Rwanda mu gihe cy’imyaka ibiri gusa imaze ihafunguye imiryango.
Abaminisitiri batatu barimo uw’ubucuruzi n’inganda Francois Kanimba, uw’imari n’igenamigambi Amb. Claver Gatete n’uwubuhinzi n’ubworozi, Dr. Agnes Kalibata basuye uruganda rwa Mount Meru Soyco rutunganya Soya rukayibyaza amavuta rwo mu karere ka Kayonza, kuri uyu wa gatanu tariki 18/7/2014.
Mu kwemerera uruganda rwo mu Bushinwa kuza gukorera imyenda mu Rwanda, ubuyobozi bw’Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) buvuga ko u Rwanda rwatangiye gushaka ibicuruzwa byoherezwa mu mahanga byongerewe agaciro kugera ku rwego rwa nyuma; kugira ngo intego yo kuzamura ubukungu bushingiye ku byoherezwa hanze ibashe (…)
NIBAN WINE Company Ltd ni sosiyete ikorera mu karere ka Rutsiro ahitwa mu Gisiza igizwe ahanini n’urubyiruko ikaba yarazanye agashya ko gukora inzoga n’umutobe mu bisheke mu rwego rwo gushaka igisubizo ku rutoki rwari rumaze gucika biturutse ku ndwara ya kirabiranya.
Urubyiruko 210 rwo mu Karere ka Gakenke rwahuguwe mu myuga itandukanye irimo ububaji, ubudozi, ubwogoshi no gusudira rwahawe ibikoresho bizajya bibafasha mubyo bahuguwemo ariko runibutswa ko rugomba guharanira kwishyura iryo deni bahawe ngo rizagere no ku bandi.
Umugabo witwa Haguminshuti Dieudonnee yiyemeje gushora imari mu bworozi bw’inkoko zitanga inyama, aho amaze gushyiramo amafaranga agera kuri miliyoni maganatanu, kandi akaba agikomeje kwagura ibikorwa bye.
Urubyiruko rwo mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza rukomeje gukangurirwa ko kwihangira imirimo uko bikwiye ariyo nzira yo kurufasha kwiteza imbere hanifashishijwe ibigo by’imali byo kuzigama no gutanga inguzanyo.
Ubwo yari mu nama y’ubucuruzi ihuza Ubuyapani na Afurika, ambasaderi Rugwabiza uyobora ikigo gishinzwe iterambere mu Rwanda RDB yabwiye abashoramari b’Abayapani ko mu mugambi bafite wo kugana Afurika bakwiye kuzagira icyicaro mu Rwanda kuko ngo rufite umutekano udacyemangwa rukanarwanya ruswa rutajenjetse.
Kuri uyu wa Gatatu taliki 11/6/2014, U Rwanda nicyo gihugu cya mbere muri Afurika cyasinyanye amasezerano y’umubano n’igihugu cya Israel.
Mu rwego rwo kwihutisha iterambere ry’akarere ka Burera mu bijyanye n’ubukerarugendo hafashwe umwanzuro ko abikorera baguze ibibanza ku biyaga bya Burera na Ruhondo bakaba baratinze kubibyaza umusaruro bagiye kubyamburwa bigahabwa abandi babifitiye ubushobozi.
Umushoramari Karyabwite Pierre uri kubaka uruganda rw’icyayi aho bita mu Gatare, mu murenge wa Karambi, avuga ko ahangayikishijwe n’uruganda yumva ko rushobora kubakwa , hafi y’uruganda rwe akemeza ko byaba binyuranyije n’amasezerano yagiranye na Leta mu guteza imbere ako karere.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko isoko mpuzamahanga ryagombaga kubakwa ku mupaka wa Cyanika ritacyihubatswe mu mwaka wa 2014 kuko umushoramari wagombaga kuryubaka yahagaritse uwo mushinga kubera gasutamo imwe yashyizwe ku cyambu cya Mombasa muri Kenya.
Ahantu nyaburanga, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’imicanga ndetse n’ubuhinzi bwa kijyambere bigaragara muri Kamonyi, ni bimwe mu byagaragajwe mu mahugurwa y’iminsi ibiri RALGA yokereye abayobozi mu nzego zitandukanye byabafasha gukurura bikorwa by’iishoramari no guharanira kwigira.
Mu karere ka Gatsibo hatashywe ku mugaragaro uruganda Star Leater Products Company Ltd. rukora inkweto mu ruhu. Uru ruganda ruherereye mu Murenge wa Kabarore, rwafunguwe kuri uyu wa gatanu tariki 16/5/2014.