Minisiteri y’Iterambere ry’Umuryango, MIJEPFOF, iratangaza ko imishinga y’abagore ifite ibibazo muri BDF n’amabanki kugira ngo yemerwe kandi ihabwe inguzanyo.
Abaturage b’i Nyabihu baribaza impamvu uruganda rw’amata rwa Mukamira rwagombaga gutangira bitarenze Werurwe rwatinze gutangira.
Abubatse Biogaz mu Murenge wa Rongi muri Muhanga, bamaze imyaka hafi imyaka itatu bishyuza ibirarane bya miliyoni 30 frw bambuwe.
Ba Rwiyemezamirimo b’Abanyarwanda bakiri bato bashyiriweho uburyo bwo kumenyekanisha imishinga n’ibikorwa byabo ku rwego mpuzamahanga binyuze mu guhura n’abashyitsi bazitabira inama mpuzamahanga ku bukungu “World Economic Forum on Africa”.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda(MINICOM) ivuga ko uruganda Aquasan rukora ibikoresho byifashishwa mu gutwara no kubika amazi rugiye kugabanyiriza u Rwanda amafaranga yajyaga hanze.
Abikorera bo mu Burasirazuba basabye imbabazi kuko batitabiriye gushora imari muri Epic Hotel yubakwa i Nyagatare, nk’uko bari barabyiyemeje.
Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Udahemuka Aimable, arasaba abafasha muri gahunda ya “Gira inka” gukurikirana inka batanga kugira ngo ziteze imbere abazihibwa.
Ambasaderi w’Ubuholandi mu Rwanda, Frédérique de Man, yashimye ibikorwa bya COOPEK Inkunga mu kuzamura abatuye uturere twa Rutsiro na Karongi ikoreramo.
Ministiri w’Intebe, Anastase Murekezi na Ambasaderi mushya w’Ubuholandi mu Rwanda, Frédérique de Man, biyemeje kuzana abashoramari b’Abaholandi gufasha amakoperative.
Leta y’u Rwanda yagaragarije abashoramari mpuzamahanga mu by’amabanki n’ibigo by’ubwishingizi, amahirwe yo kuza gukorera mu Rwanda ndetse n’imishinga y’iterambere.
Ababoshyi b’uduseke bo mu Karere ka Ruhango barasaba kuvuganirwa ku mushoramari ubagurira uduseke kuko ngo hashize amezi atandatu batishyurwa.
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi, kuri uyu wa 24 Gashyantare 2016 ari i Kinshasa mu nama igamije guha agaciro ibyagezweho n’abikorera mu Karere k’Ibiyaga Bigari.
Abibumbiye muri za koperative z’abahinzi b’ibigori n’umuceri mu karere ka Gatsibo, barasabwa gukoresha neza inguzanyo bahabwa n’ibigo by’imari bakanishyura neza.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) irasaba abashoramari mu biribwa n’ibinyobwa kongera umusaruro kugira ngo bahaze isoko ryo mu gihugu bityo ibitumizwa hanze bigabanuke.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru n’ubw’ikigo cy’igihugu gishinzwe amakoperative (RCA) mu majyaruguru, buravuga ko imirenge Sacco itarasubizwa amafaranga yu Rwanda asaga miliyari 6.
Intumwa za Rubanda mu inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite, zirasaba ko abazanye ibyuma bishaje mu ikaragiro rya Giheke muri Rusizi bakurikiranywa.
Ku ruganda rutonora umuceri rwa Mukunguri muri Kamonyi, hatangiye kubakwa urundi ruganda ruzakora ibicanwa byitwa “Burikete (Briquettes)" bikoze mu bisigazwa by’umuceri.
Mu gihe agakiriro ka Kirehe kafunguriwe abubatsi,ababaji n’abandi banyabukorikori kuwa 18/01/ 2016 bamwe mu bahakoze barataka inzara bitewe n’ubwambuzi bakorewe.
U Rwanda rurashishikariza abikorera gushora imari mu nganda z’imyenda kugira ngo ruzibe icyuho gituma rutakaza miliyoni zirenga 15 z’amadolari mu gutumiza imyambaro mu mahanga.
Alain Patrick Ndengera, Umunyarwanda uba muri Canada afatanyije na bagenzi, bagiye kubaka Imidugudu y’amazu akodeshwa, “real estate” mu mujyi wa Kigali.
Uruganda rw’imyumbati rwa Kinazi ruri hafi gutangira gukoresha nyiramugengeri igasimbura mazutu yari isanzwe ikoreshwa mu kumutsa ifu y’imyumbati.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza bwahuje abikorera baturutse hirya no hino ku isi bubahishurira amahirwe ahaboneka bashoramo imari.
Kuva tariki 03 Ukuboza 2015 u Rwanda ni umunyamuryango wa 12 w’ikigo cya Africa cy’ishoramari, AFC nk’uko icyo kigo cyabitangaje.
Abaturage batuye mu murenge wa Gihango mu Karere ka Rutsiro barashinja abayobozi b’imidugudu kutabahesha inguzanyo batse muri Sacco ya Gihango.
Itsinda ry’abashoramari bo muri Turikiya kuva ku gicamunsi cya tariki 03/11/2015 bari gusura Akarere ka Kayonza berekwa aho bashora imari.
Urubyiruko rufite inyemezabumenyi za WDA ngo rufite amahirwe yo gufashwa na BDF ruhabwa inkunga ingana na ½ ku nguzanyo y’ibikoresho.
Ikigo cy’Imihahirane cyo muri Afrika y’Uburasirazuba, EAX, gikangurira abahinzi guhunika umusaruro wabo mu bigega byacyo kikaborohereza kubona inguzanyo.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere amakoperative (RCA), kirakangurira abakozi b’amakoperative y’umurenge SACO muri Rutsiro, kwirinda amarangamutima yabo mu gutanga inguzanyo.
Abikorera barasabwa kugana isoko mpuzamahanga kuko mu gihugu hagaragara abanyamahanga bazana ibya bo, mu gihe Abanyarwanda bohereza ibicuruzwa hanze bakiri bake.
Ubuyobozi bwa banki ya COGEBANQUE, bwagaragarije abaroshoramari bayo uko mu mezi atandatu ashize bungutse miliyari y’amafaranga y’u Rwanda.