Umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’uburayi [EU] urareshya ibigo bishora imari mu ngufu zishobora kuvugururwa ( Renewable Energy) byo ku mugabane w’Uburayi, ngo bize gushora imari yabyo mu Rwanda.
Sanjeev Anand, wari usanzwe ayobora Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR) yahawe kuyobora ibijyanye n’imari n’amabanki muri Atlas Mara.
Akarere ka Kicukiro gashobora kuzakurura abashoramari benshi mu minsi iri imbere, kubera ibikorwaremezo bitandukanye birimo kuhubakwa, bizatuma haba amarembo y’Umujyi wa Kigali mu minsi iri imbere
Banki Nyafurika y’Ubucuruzi (CBA) yatangaje ko iri mu nzira zo kwemererwa gukorera mu Rwanda, aho yiteguye kuziba icyuho muri serivisi za banki zifashisha ikorabuhanga rya telefone.
Umujyi wa Kigali n’abakorana nawo mu bijyanye n’imyubakire barashaka ingamba zatuma abaka impushya zo kubaka bazihabwa bidatinze.
Urubyiruko rwihangiye imirimo rutangaza ko kubura igishoro bituma bamwe batihangira imirimo akaba ngo ariyo mpamvu bazakomeza kugaragaza icyo kibazo kugira ngo kizakemuke.
Ikigo gishinzwe gucunga no guteza imbere ibigega by’umugabane ku ishoramari, Rwanda (RNIT), kirakangurira abantu kwizigamira bashora imari mu kigega RNIT Iterambere Fund.
Umushoramari wo mu gihugu cya Scotland yaguze imigabane myinshi mu nganda ebyiri z’icyayi mu Rwanda yizeza Perezida Kagame gukuba kabiri umusaruro w’icyayi mu myaka ibiri itaha.
Raporo ya Banki y’Isi yashyize u Rwanda ku mwanya wa kabiri muri Afurika, mu bihugu byoroshya ishoramari na bizinesi
Nyuma y’amezi asaga ane Uruganda rw’Ibirayi rwa “Nyabihu Potato Company” ruhagaze kubwo kubura ambalaje rupfunyikamo ibyakozwe rwongeye gufungura imiryago.
Abagore bagize komite y’inama y’igihugu y’abagore mu Burasirazuba basanga Gahunda y’Igiseke batangije igiye kubakuriraho imbogamizi y’ingwate n’igishoro bagatera imbere.
Ubushakashatsi Bizimana Jean Bosco wo mu Karere ka Ngoma yakoze asoza amashuri ye mu by’ubuhinzi ngo bwatumye akora uruganda rw’ifu ikungahaye ku ntungamubiri.
Abitabiriye inama yateraniye i Kigali yiga ku ishoramari mu bigo by’imari biciriritse, bari kuganira aho ishoramari mu buhinzi rishobora guturuka kugira ngo rifashe Afurika mu gutera imbere.
Ministiri w’Inganda n’ubucuruzi, Francois Kanimba yijeje abitabira imurikagurisha mpuzamahanga(Expo), ko Leta izababonera aho gukorera hagutse kandi hujuje ibisabwa.
Ku bufatanye bw’ishyirahamwe ritanga inguzanyo ku buhunzi n’ubworozi n’imishinga yo cyaro (AFRACA), BRD, MINAGRI na AFR, mu Rwanda hagiye kubera inama mpuzamahanga y’impuguke mu ishoramari mu buhinzi n’ubworozi.
I&M Bank Ltd iravuga ko yiteguye gufasha abashoramari mu karere ka Rusizi kugira ngo babashe gukora imishinga migari itarabona abayikora.
Abanyamuryango ba “Koperative Zigama Bigufashe” [KOZIBI] yakoreraga mu Karere ka Rwamagana bemeje ko iseswa nyuma y’igihombo cyatewe n’inyerezwa ry’umutungo wayo.
Abize muri Kaminuza ya Wharton muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bashimye intambwe u Rwanda rugezeho rwiyubaka baniyemeza kurushoramo imari.
Abakora ibikorwa by’ubukorikori ndetse no kongerera agaciro ibikomoka ku buhinzi, mu Karere ka Bugesera, barasaba ko bafashwa kubona ibikoresho bigezweho.
Umushinga wo kubaka uruganda ruzajya rutunganya inyama mu Karere ka Kayonza ugiye gushyirwa mu bikorwa nyuma y’igihe kinini waradindiye.
“Burera Beach Resort Hotel” yubakwaga ku Kiyaga cya Burera yuzuye, Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera bukaba butangaza ko buri mu myiteguro ngo itangire kwakira abahagana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi bwatanze icyizere ku iyubakwa rya Hotel Kivu Marina Bay, buvuga ko izaba yuzuye mu uy mwaka.
Raporo ya Banki Nkuru y’u Rwanda ku ishoramari ry’abanyamahanga mu Rwanda ya 2014 irerekana ko abanyamahanga bashora imari mu Rwanda bakomeje kwiyongera, bitewe n’uko igihugu kiborohereza kuzuza ibisabwa.
Umushinga wa Techno serve ukorera mu Karere ka Ruhango, wateye inkunga imishinga y’urubyiruko ifite agaciro miliyoni 9Frw, nyuma y’amahugurwa bahawe.
Minisiteri y’Iterambere ry’Umuryango, MIJEPFOF, iratangaza ko imishinga y’abagore ifite ibibazo muri BDF n’amabanki kugira ngo yemerwe kandi ihabwe inguzanyo.
Abaturage b’i Nyabihu baribaza impamvu uruganda rw’amata rwa Mukamira rwagombaga gutangira bitarenze Werurwe rwatinze gutangira.
Abubatse Biogaz mu Murenge wa Rongi muri Muhanga, bamaze imyaka hafi imyaka itatu bishyuza ibirarane bya miliyoni 30 frw bambuwe.
Ba Rwiyemezamirimo b’Abanyarwanda bakiri bato bashyiriweho uburyo bwo kumenyekanisha imishinga n’ibikorwa byabo ku rwego mpuzamahanga binyuze mu guhura n’abashyitsi bazitabira inama mpuzamahanga ku bukungu “World Economic Forum on Africa”.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda(MINICOM) ivuga ko uruganda Aquasan rukora ibikoresho byifashishwa mu gutwara no kubika amazi rugiye kugabanyiriza u Rwanda amafaranga yajyaga hanze.