Ubuyobozi bwa Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) hamwe n’ibigo by’imari bikorera mu Rwanda birimo gufasha abaturage bafite ibibazo ndetse bagashyirwa mu kigo cy’Ihererekanyamakuru ku myenda TransUnion Rwanda Ltd kizwi nka CRB.
Abarenga 80% by’urubyiruko rwishyuriwe na BK Foundation binyuze mu mushinga Igire bamaze kubona akazi nyuma yo kurangiza amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro, ibintu bavuga ko ari inzozi zabaye impamo nyuma yo gucikiriza amashuri.
Abashora imari mu Rwanda bamaze igihe bavuga ko igiciro gihanitse cy’amashanyarazi gikoma mu nkokora kwaguka kw’inganda kandi kikanagabanya ubushobozi bwazo bwo guhangana ku isoko ry’umurimo no mu karere.
Munezero Lisa Adeline ni umukobwa witabiriye Miss Rwanda 2019. Ubu ni rwiyemezamirimo ufite kompanyi ikora ibikorwa bitandukanye birimo no guhugura urubyiruko uko rwakwihangira imirimo.
Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Manzi Makolo, yavuze ko Afurika ari yo ifite imisoro n’amahoro bihanitse kurusha ahandi hose, bigatuma amatike y’indege ahenda cyane.
Perezida Paul Kagame atangiza inama ya cyenda Nyafurika ku ngendo zo mu kirere ‘Aviation Africa Summit and Exhibition 2025’, ibera muri Kigali Convention Center, yavuze ko hagikenewe gushora imari mu buryo bufatika mu nzego zijyanye n’iby’indege ku Mugabane wa Afurika.
Umuyobozi w’ishami rigenzura ubudahungabana bw’urwego rw’imari muri Banki Nkuru y’Igihugu (BNR), Ferdinand Murenzi, yavuze ko buri Munyarwanda ashobora kwinjira muri iyi Banki akabaza ikibazo afite kigendanye n’iby’imari.
Bamwe mu bahinzi n’aborozi n’abandi bafite aho bahuriye n’ibyo bikorwa, barishimira ko bimwe mu byo bafataga nk’imyanda byatangiye kubabyarira amafaranga, babikesha gahunda y’ubukungu bwisubira (Circular Food System for Rwanda).
NCBA Bank Rwanda yaguye serivisi zayo ku rwego rw’Igihugu, ifungura ku mugaragaro ishami rishya mu Karere ka Rubavu, yongera gushimangira umuhate wayo wo gukora ku buryo serivisi za banki zirushaho kuboneka ku buryo bworoshye, budaheza kandi buzana impinduka nziza mu gihugu hose.
Banki y’iterambere y’u Rwanda (BRD) na Banki ya Kigali (BK) zasinye amasezerano yo gutanga inguzanyo ya Miliyoni 52 z’Amadolari azakoreshwa mu mu mushinga munini wo kwagura icyanya cy’inganda cya Bugesera ‘Bugesera Special Economic Zone (BSEZ)’, iyo ikaba ari intambwe ikomeye itewe mu byerekeye impinduka mu by’inganda u (…)
Umukozi wa Banki y’Inkuru y’u Rwanda, yasobanuye ko mu mpamvu zishobora gutuma ibigo by’imari byihuza, harimo gushaka kongera imbaraga ku isoko ry’imari, kugira ngo bashobore guhaza abakiriya, kandi bitabavunnye.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki 16 Nyakanga 2025, yamenyeshejwe ibyagezweho n’urwego rw’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda, rukomeje kugira uruhare rukomeye mu mpinduka mu iterambere ry’ubukungu.
Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango Habarurema Valens, arasaba abikorera gushora imari mu bwubatsi bw’inzu z’ubucuruzi mu mujyi wa Ruhango, hagamijwe gukomeza kuzamura urwego rw’ishoramari kuko izihari zidahagije.
Banki ya Kigali (BK) irahamagarira Abanyarwanda baba mu mahanga gufata iya mbere bagashora imari yabo mu iterambere ry’u Rwanda, binyuze mu buryo bwizewe kandi bwunguka.
Uruganda Inyange Milk Powder Plant ruri i Nyagatare mu Ntara y’Iburasirazuba, rwatangiye kugurisha amata y’ifu ku bayakeneye mu Rwanda barimo n’inganda, bikaba bizatuma Igihugu kizigama Amadolari ya Amerika arenga Miliyoni 25 buri mwaka, yakoreshwaga mu kugura amata y’ifu aturuka hanze.
Banki ya Kigali (BK) yatangije igikorwa cyo guhura no kuganira n’abakiriya bayo banini mu rwego rwo kugira ngo bagire n’ibindi bikorwa bakorana bishobora gufasha impande zombi bitari kubitsa amafaranga no gutanga inguzanyo gusa.
Wigeze wibaza ku mutekano w’amafaranga yawe igihe banki cyangwa ikigo cy’Imari iciriritse ubitsamo amafaranga yawe bihombye? Uribaza uti ese naba mpombye burundu nta garuriro?
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) irakangurira abagore kwitabira gukoresha ikoranabuhanga rya telefoni muri serivisi z’imari, kuko ari ingenzi mu kuzamura iterambere bagizemo uruhare.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) batangiye urugendo rushishikariza abikorera gushora imari mu Karere ka Rubavu gafite amahirwe menshi y’ubucuruzi n’ubukerarugendo binyuze muri Rubavu Investment Forum.
Ubuyobozi bw’ikigo gishinzwe kwita ku mutungo kamere w’amazi (Rwanda Water Board) burasaba abakoresha umutungo kamere w’amazi y’ibiyaga kujya basaba impushya mbere yo gutangira imishinga yabo kugira ngo bahabwe imyanya hagendewe ku gishushanyo mbonera.
Guverineri Wungirije wa Bank Nkuru y’u Rwanda (BNR) Dr. Justin Nsengiyumva avuga ko hakenewe gukorwa ubushakashatsi mu bukungu kugira ngo gahunda yo guhererekanya amafaranga no kwishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga ikomeze kugenda neza mu gihugu.
Abaminisitiri n’abandi bayobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda bari mu ngendo zitezweho kuzanira u Rwanda ishoramari rishya rizarushaho kuzamura ubukungu bw’igihugu gishaka kuba cyavuye ku irisiti y’ibihugu bikennye mu 2030.
Ubuyobozi bukuru bwa Koperative Muganga SACCO, buratangaza ko bugiye kubona ubushobozi bw’Amafaranga y’u Rwanda agera kuri Miliyari n’igice, azabafasha gukomeza gufasha abanyamuryango kubona inzu.
Ubuyobozi bukuru bwa BK Foundation ku bufatanye n’Ikigo cy’u Budage cy’Iterambere (GIZ) bongereye amahirwe ba rwiyemezamirimo bakiri bato bafite imishinga bifuza ko yahatana muri gahunda ya ‘Urumuri’.
Uruhare rwa Banki ya Kigali (BK), mu bikorwa bitandukanye by’umwihariko ubucuruzi bw’abakiriya bayo, rwafashije abaturage kurushaho kwiteza imbere.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yafunguye Ihuriro mpuzamahanga ry’Ikoranabuhanga ryiga ku budahezwa mu by’imari (IFF2025), asabira igishoro ibyiciro byihariye, cyane cyane abagore bafite ubucuruzi buto butanditse, cyane ko ngo ubudaheza mu bijyanye bukirimo imbogamizi.
‘Hybrid’, ni ijambo rifite igisobanuro cyagutse kuko rikoreshwa henshi mu nzego zitandukanye, ariko ugenekereje warisobanura nk’ikintu gihuriza hamwe cyangwa gihuriweho n’ibintu bibiri bitandukanye.
Ikigega cy’Ingwate (BDF), kivuga ko hari Amafaranga y’u Rwanda arenga Miliyari 30Frw yahawe imirenge SACCO, kugira ngo abakiriya bayo hirya no hino mu Gihugu bafite imishinga mito n’iciriritse babone igishoro cyabateza imbere.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Mine, Gaz na Peteroli bwatangaje ko ubushakashatsi bwakozwe bwagaragaje ko mu Kiyaga cya Kivu hari uduce 13 twabonetsemo peteroli, hakaba hasigaye kumenya ingano yayo n’ikiguzi byasaba ngo icukurwe.