Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Dr. Richard Sezibera, yatangaje ko yagiriye uruzinduko muri Israel kuri Ambasade y’u Rwanda.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame arizera ko umubano hagati y’umugabane wa Afurika n’u Burusiya ushobora gukura mu gihe kiri imbere, mu gihe impande zombi zikomeje guteza imbere ubucuruzi ndetse n’imikoranire hagati y’inzego zitandukanye.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze i Sochi mu Burusiya mu nama ya mbere ihuje u Burusiya n’abakuru b’ibihugu na Guverinoma bo ku mugabane wa Afurika.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Singapore Jean de Dieu Uwihanganye yatunguwe cyane n’ibyo icyo gihugu cyagezeho mu gihe cy’imyaka 50 gusa.
U Rwanda rwabeshyuje amakuru yatangajwe n’ibitangazamakuru byo muri Uganda avuga ko ibihugu byombi bizi itariki izaberaho inama igomba guhuza intumwa z’ibyo bihugu, inama yiga ku iyubahirizwa ry’amasezerano ya Luanda.
Perezida mushya wa Sena Dr Iyamuremye Augustin yahererekanyije ububasha na Bernard Makuza asimbuye kuri uyu mwanya.
Ku wa kane tariki 17 Ukwakira 2019, Abasenateri bashya barahiriye imbere ya Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.
Nyuma yo kurahirira imbere ya Perezida Kagame kuri uyu wa kane tariki 17 Ukwakira 2019, Umuyobozi mushya wa Sena, Dr Iyamuremye Augustin yavuze ko badashaje ku buryo byabananira kujyana n’urubyiruko mu iterambere.
Nyuma yo kurahirira imbere ya Perezida wa Repubulika, Paul Kagame kuri uyu wa kane tariki 17 Ukwakira 2019, abasenateri bashya batoreye Iyamuremye Augustin gusimbura Bernard Makuza ku mwanya wa Perezida wa Sena.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yatangaje ko u Rwanda rwafashijwe mu rugendo rwo kwiyubaka n’abavandimwe b’Abanyafurika n’ab’ahandi, iyi ikaba ari yo mpamvu rwiteguye gusangira ubunararibonye rwungutse n’abandi bashobora kuba babukeneye.
Kuri uyu wa kabiri tariki 15 Ukwakira 2019, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze mu gihugu cya Repubulika ya Santarafurika mu ruzinduko rw’umunsi umwe aho yatumiwe na Perezida w’icyo gihugu, Faustin-Archange Touadéra.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze mu gihugu cya Côte d’Ivoire aho yitabiriye inama ihuza abikorera bo muri icyo gihugu ndetse n’abo mu bihugu byo muri Afurika y’Iburengerazuba, ikaba ari inama ibaye ku nshuro ya munani.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame asanga Abanyafurika ari bo bakwiye gufata iya mbere mu guharanira iterambere rya Afurika kuruta gutegereza ko bizakorwa n’abandi.
Ambasaderi Jean de Dieu Uwihanganye woherejwe guhagararira u Rwanda muri Singapore, yashyizwe ku rutonde rw’urubyiruko 100 ruvuga rikumvikana muri Afurika ndetse ashyirwa ku rutonde rw’abashobora kuzahabwa igihembo cyiswe Africa Youth Awards, gitangwa buri mwaka.
Ihuriro Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya Politiki yemewe gukorera mu Rwanda, rimaze gutorera Madamu Murangwa Ndangiza Hadidja gusimbura Uwamurera Salama muri Sena.
Komiseri mu Itorero ry’Igihugu witwa Twizeyeyezu Marie Josée avuga ko itorero ku mudugudu ari igisubizo ku bibazo byugarije umuryango kuko abaturage bafatanya kubyikemurira.
Ihuriro ry’imitwe ya Politiki mu Rwanda rirateganya kongera guhura rigashaka undi mukandida senateri ritanga ugomba kujya muri Sena.
Madame Jeannette Kagame yasabye Afurika n’Isi muri rusange guteza imbere abagore n’abakobwa mu buyobozi no mu nzego zifata ibyemezo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari kumwe n’Umunyamabanga mukuru wa Commonwealth, Patricia Scotland, batangaje ko Inama y’ibihugu bihuriye mu Muryango w’Ibikoresha Ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth) itaha izabera mu Rwanda ku itariki ya 22 Kamena 2020.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ku cyumweru tariki 22 Nzeri 2019 ubwo yari i New York muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, yahuye n’abagize inteko y’abajyanama be n’aba Guverinoma y’u Rwanda muri rusange barimo Abanyarwanda n’abanyamahanga, abashimira uruhare rukomeye bagira mu iterambere ry’u Rwanda.
Nyirasafari Espérance wari uherutse kugirwa Minisitiri w’umuco na Siporo, Perezida Kagame yamugize umwe mu basenateri binjiye mu nteko ishinga amategeko nyuma y’igihe kitagera ku mwaka ari minisitiri w’umuco na Siporo.
Imitwe ya Politiki yemewe ikorera mu Rwanda yemeje ko Uwamurera Salama na Nkusi Juvenal bayihagararira mu nteko ishinga amategeko, umutwe wa Sena.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yerekeje i Nairobi muri Kenya kuri uyu wa gatatu tariki 18 Nzeri 2019 mu ruzinduko rw’akazi. Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we wa Kenya, Uhuru Kenyatta, bagirana ibiganiro.
Prof Niyomugabo Cyprien yatorewe guhagararira Amashuri makuru na Kaminuza bya Leta muri Sena, mu matora y’abasenateri yabaye ku wa 17 Nzeri 2019 hirya no hino mu gihugu.
Komisiyo y’igihugu y’amatora iratangaza ko abasenateri 12 batorerwa mu mafasi atanu y’igihugu bamaze kwemezwa by’agateganyo.
Nyuma y’ibiganiro byahuje itsinda ry’abayobozi bo mu gihugu cya Uganda n’abo mu Rwanda, kigamije gukemura ibibazo bimaze iminsi hagati y’ibihugu byombi, Umunyamabanga wa Leta y’u Rwanda muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko impande zombi zifite ubushake bwo kumvikana.
I Kigali mu Rwanda kuri uyu wa 16 Nzeri 2019 hatangiye ibiganiro hagati y’u Rwanda na Uganda bigamije gushakira umuti ibibazo bimaze iminsi hagati y’ibihugu byombi.
Intumwa z’u Rwanda na Uganda zirateganya guhurira i Kigali mu cyumweru gitaha kugira ngo ziganire ku masezerano agamije kunoza umubano w’ibihugu byombi, by’umwihariko koroshya ingendo zambukiranya imipaka ihuza ibyo bihugu.
Amakuru yatangajwe n’abo mu muryango wa Robert Mugabe, yemeje ko uyu mukambwe wayoboye Zimbabwe imyaka 30 yapfiriye mu bitaro muri Singapore aho yari amaze iminsi yivuriza.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, aremeza ko uruhare rw’abikorera ari nyamukuru mu migambi igamije iterambere ry’ibihugu.