Mu iserukiramuco ‘Global Citizen Festival’, ribera muri Afurika y’Epfo kuri iki cyumweru tariki 02/12/2018, Perezida wa Repuburika y’u Rwanda Paul Kagame akaba n’umuyobozi w’umuryango w’Afurika yunze Ubumwe yasabye ibihugu by’Afurika gukomeza kwishamamo ubushobozi no kwigira.
Perezida Paul Kagame kuri iki cyumweru yageze muri Afurika y’Epfo, aho biteganyijwe ko yitabira iserukiramuco ryo kwishimira imyaka 100 ishize Nelson Mandela avutse ryiswe "Global Citizen Festival: Mandela 100", hazirikanwa ku murage yasize by’umwihariko urugamba yatangije rwo kurandura ubukene bukabije.
Madame Jeannette Kagame, umufasha wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, yasabye abatuye isi kuvanaho imbogamizi zose zabangamira gahunda yo guha urubuga umugore n’umukobwa ngo nawe yerekane ko ashoboye.
Perezida Paul Kagame yatsindiye igihembo cy’Umunyafurika w’umwaka, gihabwa abantu b’indashyikirwa mu bucuruzi n’imiyoborere bahize abandi mu guteza imbere sosiyete muri rusange.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki 30/11/2018, madame Jeannette Kagame aritabira inama ya 14 y’umuryango utari uwa Leta World Vision, ibera I New York muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, aho ageza ijambo kubayitabira.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo yatangaje ko umuryango w’ibihugu bihuriye ku rurimi rw’Igifaransa (Francophonie), ukeneye gutera intambwe ukava aho uri kuko usa n’unezezwa no kwihamira hamwe. Ni mu kiganiro yaraye agiranye na televiziyo y’Abafaransa TV5 Monde, yari yamutumiye nk’umwe mu (...)
Jean Daniel Mbanda wabaye umudepite mu nteko ishingamateko akomoka mu ishyaka rya PSD hagati 1994-1999, wari watangaje ko aza mu Rwanda, yatangaje ko atakihageze kuri uyu wa 29 Werurwe 2017.
Abayobozi mu nzego z’ibanze babarirwa muri 561 ni bo bamaze kwegura, kuva umwaka ushize ubwo Perezida Kagame yasuraga abaturage mu ntara zose agasanga bamwe mu bayobozi badakemura ibibazo by’abaturage.
Minisitiri w’Intebe w’Ubudage, Angela Merkel yatangaje ko yemeye kuzongera kwiyamamariza kuyobora manda ya kane mu matora ateganyijwe mu mwaka wa 2017.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, avuga ko amatora yo muri Leta zunze ubumwe za Amerika, atanga isomo ry’uko kuyobora atari “bizinesi” y’abayobozi ahubwo ari iy’abaturage”.
Danald Trump niwe watorewe kuyobora Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) nyuma yo gutsinda Hillary Clinton ku majwi 276 kuri 218.
Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi bo mu turere dutandukanye tw’igihugu, bahize kuzarandura ubushomeri no gusabiriza mu Banyarwanda, mu igenamigambi bazagenderaho rya 2017-2024.
Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Rubavu, Dushimimana Lambert, aranenga bamwe mu bakozi b’akarere bamunzwe na ruswa kuko ngo bihesha akarere isura mbi muri rusange.
Perezida wa Benin, Patrice Talon, ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu aho biteganyijwe ko azasura igice cyahiriwe inganda n’ubucuruzi (Free Trade Zone) n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itermambere (RDB).
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango baravuga ko banejejwe cyane no kuba bungutse abanyamuryango bashya 33.
Ubwongereza butangaza ko kuva kwabwo mu Muryango w’Ubwumwe bw’Ibihugu by’Uburayi (EU) ntacyo bizahungabanya ku mibanire yabwo n’u Rwanda.
Umunyarwanda Dr Donald Kaberuka, wahoze ayobora Banki Nyafurika itsura Amajyambere (BAD), ari mu bahabwa amahirwe yo kuba yayobora Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe (AU) aramutse yiyamamarije uwo mwanya.
PL “Parti Liberal” riharanira ukwishira ukizana ririshimira intambwe rimaze kugera mu myaka 25 rimaze ryinjiye muri politiki.
Nyuma y’urupfu rw’Umurundikazi Hafsa Mossi wari umudepite muri EALA rwabaye mu gitondo ku wa13 Nyakanga 2016, impunzi mu Nkambi ya Mahama zirakeka ko yazize guhangayikishwa n’ubuzima bwazo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi buvuga ko gukemurira ibibazo by’abaturage mu ruhame bituma abashaka kubeshya babeshyuzwa na bagenzi babo.
Umuryango w’Aba-Islam mu Rwanda (RMC) uvuga ko Leta y’Ubumwe yababohoye kimwe n’abandi Banyarwanda ikanababohora mu buryo bw’idini.
Komite Nyobozi y’Ihuriro ry’Inteko zishinga amategeko z’Akarere k’Ibiyaga Bigari (ICGLR), irasaba ibisubizo by’umutekano muke kugira ngo akarere kose kadahungabana.
Minisitiri w’Intebe wa Isiraheli, Benjamin Netanyahu, ategerejwe mu Rwanda kuri uyu wa 6 Nyakanga 2016, mu ruzinduko arimo mu bihugu by’Afurika y’Uburasirazuba, birimo Uganda, Kenya, Ethiopia ndetse n’u Rwanda.
Abadepite bongeye kunenga imikorere y’abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari, ubwo babasuraga abaturage mu mirenge bagenzura ibibazo bahura na byo.
Abaturage baganiriye na Kigali Today barashimangira ko itariki ya 1 Nyakanga ya buri mwaka itabashishikaje cyane, nubwo uba ari umunsi w’akaruhuko.
Mu kugaragaza ibibazo basanze mu baturage , itsinda ry’abadepite basuye Akarere ka Kamonyi, banenze abayobozi b’inzego z’ibanze bahohotera abaturage.
Abayobozi mu nzego zitandukanye mu turere twa Rusizi na Nyamasheke barasabwa kutarebera ibidahwitse mu bikorwa by’amatora hirindwa gutora abadafite akamaro.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Burasirazuba barasabwa kwita ku muturage no kumuteza imbere kuko ari we iryo shyaka rishyize imbere.
Abanyamuryango ba FPR/INKOTANYI bo mu Karere ka Rutsiro binenze kubera ko batabashije gutanga imisanzu bari bariyemeje.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Karere ka Gakenke barasabwa kuba abanyamuryango nyabo bakarushaho gukora ibikorwa bitezimbere Abanyarwanda.