Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, kuri uyu wa gatandatu tariki 09 Gashyantare 2019 yageze i Addis Ababa muri Etiyopiya, mu nama rusange ya 32 y’umuryango wa Afurika yunze Ubumwe.
Madame Jeannette Kagame, umufasha wa Perezida wa Repubulika yavuze ko impinduka u Rwanda rwagezeho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, zahereye ku kwita ku muturage.
Kuri uyu wa gatanu tariki 01 Gashyantare 2019, Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yasimbuye uwa Uganda Museveni ku buyobozi bw’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC), mu nama y’abakuru b’ibihugu bigize uyu muryango yabereye i Arusha muri Tanzaniya
Perezida Kagame yageze i Arusha muri Tanzaniya, kuri uyu wa gatanu tariki 01 Gashyantare 2019, mu nama ya 20 isanzwe y’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC), inama ifite insanganyamatsiko igira iti ‘Duharanire gushyira hamwe mu bukungu, ukubana neza ndetse no mu bya politiki mu muryango w’Afurika y’Uburasirazuba.
Perezida Joseph Kabila Kabange, yabwiye Perezida Paul Kagame unayoboye Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe ko atabasha kwitabira inama yiga ku kibazo cyakurikiye itangazwa ry’ibyavuye mu matora y’umukuru w’igihugu muri Congo, kubera ko ibintu bitameze neza mu gihugu cye.
Perezida Teodoro Obiang Nguema Mbasogo wa ‘Guinée équatoriale’ avuze ko imiyoborere ya Perezida Kagame yabashije guteza imbere u Rwanda mu nzego zitandukanye ikwiye kubera urugero ibindi bihugu by’Afurika.
Perezida Teodoro Obiang Nguema Mbasogo wa ‘Guinée équatoriale’ yasuye u Rwanda kuri uyu wa mbere tariki 14 Mutarama 2019, mu ruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe, akaba yakiriwe ku kibuga cy’indege na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Dr Richard Sezibera.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madame bageze I Tokyo mu Buyapani mu ruzidiko rw’akazi rw’iminsi ibiri.
Louise Mushikiwabo uheruka gutorerwa kuba Umunyamabanga mukuru w’Umuryango uhuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (Organisation Internationale de la Francophonie, OIF), kuri uyu wa 3 Mutarama 2019 yatangiye imirimo ye.
2018 wabaye umwaka udasanzwe ku Rwanda mu maso y’amahanga mu buryo butandukanye. Aha twavuga nko kuba ku nshuro ya mbere, umugore w’Umunyafurika atorerwa kuyobora umuryango mpuzamahanga w’ibihugu bivuga igifaransa (OIF), uwo mugore yarabaye umunyarwandakazi.
Imipaka ihuza u Rwanda na Congo mu karere ka Rubavu yafunzwe bitunguranye, kuko itangazo rya Komisiyo y’amatora muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ryari ryavuze ko imipaka irimo n’uwa Goma yo itazafungwa kuri uyu wa 30 Ukuboza 2018, mu gihe muri icyo gihugu bari kwitorera umukuru w’igihugu ugomba gusimbura Joseph (…)
Kuva kuri uyu wa kabiri, perezida w’u Rwanda, akaba n’umuyobozi w’Afurika yunze ubumwe Paul Kagame afatanyije na chancellor wa Autriche akaba nawe ayoboye umuryango w’ubumwe bw’Uburayi Sebastian Kurz barayobora inama yo ku rwego rwo hejuru ihuza Afurika n’u Burayi.
Guverinoma y’igihugu cya Cote d’Ivoire iratangaza ko Perezida w’u Rwanda Paul Kagame azabasura mu cyumweru gitaha, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri kuva tariki 19 kugeza tariki 20 Ukuboza, mu ruzinduko rw’akazi.
Mu kiganiro n’abanyamakuru cyakurikiye inama y’igihugu y’umushyikirano ya 16, Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rutigeze rwinginga ngo rwemererwe kujya mu muryango w’ibihugu by’Afurika y’Uburasirazuba kubera ko byari uburenganzira bwarwo.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara na minisiteri y’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane y’u Rwanda (MINAFET), riravuga ko u Rwanda rutigeze ruhamagaza uruhagarariye muri Afurika y’Epfo nk’uko byagiye byandikwa na bimwe mu bitangazamakuru byo muri icyo gihugu.
Minisitiri w’intebe wa Autriche Sebastian Kurz uri muruzinduko rw’akazi mu Rwanda araganira na perezida Paul Kagame ku myiteguro y’inama izahuza abayobozi b’Afurika n’Abuburayi ‘Africa Europe High Level Forum’ izabera I Vienne muri Autriche tariki 18 z’uku kwezi kw’Ukuboza 2018.
Minisitiri w’intebe wa Autriche Sebastian Kurz, yaraye ageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi.
Mu iserukiramuco ‘Global Citizen Festival’, ribera muri Afurika y’Epfo kuri iki cyumweru tariki 02/12/2018, Perezida wa Repuburika y’u Rwanda Paul Kagame akaba n’umuyobozi w’umuryango w’Afurika yunze Ubumwe yasabye ibihugu by’Afurika gukomeza kwishamamo ubushobozi no kwigira.
Perezida Paul Kagame kuri iki cyumweru yageze muri Afurika y’Epfo, aho biteganyijwe ko yitabira iserukiramuco ryo kwishimira imyaka 100 ishize Nelson Mandela avutse ryiswe "Global Citizen Festival: Mandela 100", hazirikanwa ku murage yasize by’umwihariko urugamba yatangije rwo kurandura ubukene bukabije.
Madame Jeannette Kagame, umufasha wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, yasabye abatuye isi kuvanaho imbogamizi zose zabangamira gahunda yo guha urubuga umugore n’umukobwa ngo nawe yerekane ko ashoboye.
Perezida Paul Kagame yatsindiye igihembo cy’Umunyafurika w’umwaka, gihabwa abantu b’indashyikirwa mu bucuruzi n’imiyoborere bahize abandi mu guteza imbere sosiyete muri rusange.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki 30/11/2018, madame Jeannette Kagame aritabira inama ya 14 y’umuryango utari uwa Leta World Vision, ibera I New York muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, aho ageza ijambo kubayitabira.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo yatangaje ko umuryango w’ibihugu bihuriye ku rurimi rw’Igifaransa (Francophonie), ukeneye gutera intambwe ukava aho uri kuko usa n’unezezwa no kwihamira hamwe. Ni mu kiganiro yaraye agiranye na televiziyo y’Abafaransa TV5 Monde, yari yamutumiye nk’umwe mu (…)
Jean Daniel Mbanda wabaye umudepite mu nteko ishingamateko akomoka mu ishyaka rya PSD hagati 1994-1999, wari watangaje ko aza mu Rwanda, yatangaje ko atakihageze kuri uyu wa 29 Werurwe 2017.
Abayobozi mu nzego z’ibanze babarirwa muri 561 ni bo bamaze kwegura, kuva umwaka ushize ubwo Perezida Kagame yasuraga abaturage mu ntara zose agasanga bamwe mu bayobozi badakemura ibibazo by’abaturage.
Minisitiri w’Intebe w’Ubudage, Angela Merkel yatangaje ko yemeye kuzongera kwiyamamariza kuyobora manda ya kane mu matora ateganyijwe mu mwaka wa 2017.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, avuga ko amatora yo muri Leta zunze ubumwe za Amerika, atanga isomo ry’uko kuyobora atari “bizinesi” y’abayobozi ahubwo ari iy’abaturage”.
Danald Trump niwe watorewe kuyobora Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) nyuma yo gutsinda Hillary Clinton ku majwi 276 kuri 218.
Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi bo mu turere dutandukanye tw’igihugu, bahize kuzarandura ubushomeri no gusabiriza mu Banyarwanda, mu igenamigambi bazagenderaho rya 2017-2024.
Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Rubavu, Dushimimana Lambert, aranenga bamwe mu bakozi b’akarere bamunzwe na ruswa kuko ngo bihesha akarere isura mbi muri rusange.