Ubwo abajyanama b’Akarere ka Nyamasheke bakoraga inama yabo ya mbere, bavuze ko bagiye guhindura imikorere bakajya bagira uruhare mu gukemura ibibazo by’abaturage.
Umuvunyi Mukuru wa Kenya, akaba n’Umunyamabanga w’Ishyirahamwe ry’Abavunyi muri Afurika, Dr Otiende Amollo yaje mu Rwanda kureba ibijyanye n’itangwa ry’amakuru.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu avuga ko nta kintu runaka giteganyirizwa abayobozi b’uturere bashoje manda ariko ngo aho bishoboka bashobora gufashwa gusubira mu buzima busanzwe.
Abayobozi b’inzego z’ibanze mu Ntara y’Amajyepfo barasabwa kwegera abaturage bakabakemurira ibibazo bakirinda kwikorera amarira n’imivumo yabo.
Perezida wa Tanzaniya, Dr. John Pombe Magufuli, azasura u Rwanda ku munsi w’ejo tariki 06 Mata 2016 akaba ari rwo rugendo rwa mbere azaba akoreye hanze y’igihugu kuva yatorwa kuyobora icyo gihugu.
Abo mu muryango wa nyakwigendera Amb Jacques Bihozagara bimwe umurambo we ngo bajye kuwushyingura na bo barikomwa ku buryo ubuzima bwabo buri mu kaga.
Abaturage bo mu Karere ka Rubavu basabye Perezida Paul Kagame kutemerera amadini ya shitani gukorera mu Rwanda bituma anavuga ku nyigisho z’ubwihebe zatangiye kugera mu Rwanda.
Mu Nama Njyanama y’Aarere ka Kamonyi yatarenye kuri uyu wa 16 werurwe 2016, abajyanama biyemeje kwegera abaturage, kuko abacyuye igihe ari byo banezwe.
Urubyiruko rwo mu bihugu by’Ibiyaga Bigari ngo rusanga nta mwanya uhagije rufite mu nzego zifata ibyemezo bigatuma ruhora rutekererezwa.
Abakandida biyamamariza mu Murenge wa Kibungo kumyanya ya Njyanama y’Akarere ka Ngoma ari naho hazatorwamo ukayobora, abaturage barasaba gusezeranya ibyo bazakora.
Abakandida umunani bashaka guhagararira Umurenge wa Runda mu Nama Njyanama y’Akarere ka Kamonyi, biyamamaza bizeza abaturage gukemura ikibazo cy’imihanda n’icy’imyubakire.
Manda z’abayobozi b’inzego z’ibanze zirangiye bimwe mu byo bari bariyemeje mu karere ka Rusizi bitarangiye, kubera imikoranire idahwitse ya ba rwiyemezamirimo bahabwa amasoko.
Kuri uyu wa 30 Ukuboza 2015, Umurenge wa Mukamira wakoze ibirori wizihiza ko abaturage bawo batoye 100% ivugururwa ry’itegekonshinga binyuze muri Referendumu.
Akarere ka Kirehe kishimiye uko amatora ya Referandumu yagenze gahembera Umurenge wa Kigarama wabaye uwa mbere mu karere mu gutora “Yego”.
Abaturage ba Rusizi bakoze urugendo rwo kwishimira intsinzi mu matora ya Referandumu ariko bavuga ko bagitegereje yego y’umukuru w’igihugu.
Nyuma yo kwemererwa gutora batari kuri lisiti y’itora bahisemo kwigurira impapuro ngo babandikire icyangombwa kibibemerera ntibatahire aho.
Abatuye Gisagara baratangaza ko atari bo babona umunsi w’amatora w’ejo ku itariki 18 Ukuboza ugeze, ngo bajye gushimangira ubusabe bwabo.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Ngororero batarabona amakarita y’itora batanagaragara ku malisiti y’itora bababajwe n’uko batazabasha gutora
Abaturage bo mu karere ka Ngororero bavuga ko nta wabasha kubajya mu matwi mu gutora itegeko nshinga kuko ari bo babyisabiye.
Abaturage bo mu karere ka Gicumbi gutora “Yego” nibyo bizabahesha andi mahirwe yo gukomeza kuyoborwa na perezida Kagame nk’uko babyifuzaga.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rubavu bijeje Inteko Ishinga Amategeko kuzatora “Yego” muri referendum kandi bayituma kuri Perezida Kagame ngo azabasure bishimane.
Nyirabikari Theresie,w’imyaka 90 utuye mu Kagari ka Kibare mu Murenge wa Mutendeli mu Karere ka Ngoma arashimira Perezida Paul Kagame ngo wamukuye muri nyakatsi.
Abaturage bo mu Murenge wa Gatore mu Karere ka Kirehe basanga intumwa za Rubanda zikwiriye igihembo nyuma yo kumva ubusabe bwabo bakaba bafite icyizere cyo kugumana Perezida Paul Kagame.
Minisitiri w’Ubwongereza ushinzwe Ibibazo by’Afurika, James Duddridge, avuga ko u Rwanda rushobora kugira icyo rukora ku bibazo bya politiki byugarije u Burundi ari yo mpamvu yarusuye.
Abaturage bo mu Bugesera barashima intumwa za rubanda ko zitirengaje ibitekerezo bazihaye ubwo bakiraga ibitekerezo by’abaturage ku ivugururwa Itegeko Nshinga.
Abaturage bo mu Murenge wa Kinihira mu Karere ka Ruhango, bishimiye ko Inteko Inshingamategeko yise ku byifuzo byabo ku ngingo y’101 yahindurwa.
Mu biganiro intumwa za rubanda zigirana n’abaturage ku matora ya referendum yo ku wa 18 Ukuboza 2015 bazitangarije ko biteguye gutora yego nk’inzira zerekeza ku cyifuzo cyabo cyo kuyoborwa na Perezida Kagame.
Perezida Paul Kagame akaba n’Umuyobozi wa FPR Inkotanyi yatangaje ko ibizava muri Kamarampaka (Referendum) ari cyo gisubizo cy’abashaka ko akomeza kuyobora.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi basabwe gukora badasobanya, bagaharanira ishema n’agaciro by’Abanyarwanda bihutisha iterambere ritagira uwo risiga inyuma.
Mu nteko rusange y’abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Karere ka Gicumbi bishimiye ibyo bagezeho mu mwaka wa 2014-2015 biyemeza no kubisigasira.