Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 10 Mutarama 2022, yakiriye mu biro bye intumwa ziturutse mu gihugu cy’u Burundi.
Urukiko rw’Ikirenga rwo muri Gambia rwatesheje agaciro ubusabe bw’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Gambia, rivuga ko ibyavuye mu matora ya Perezida wa Repubulika ku itariki 4 Ukuboza 2021, aho Perezida Adama Barrow ari we wongeye kwegukana intsinzi, byateshwa agaciro.
Ku wa Gatatu tariki 22 Ukuboza 2021, Abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bakoze inama mu buryo bw’ikoranabuhanga, biyemeza kwihutisha ibijyanye no kwakira Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DR Congo) muri uwo muryango no guhuza imbaraga mu rwego rwo kurwanya icyorezo cya Covid-19. (...)
Kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Ukuboza 2021, hifashishijwe ikoranabuhanga, Perezida Paul Kagame yitabiriye inama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, tariki 19 Ukuboza 2021, yabonanye na Perezida Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’ibiganiro byahuje Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi mu Bubiligi, bitegura inama izahuza iyi miryango yombi muri (...)
Perezida w’Inama y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi (EU), Charles Michel, yagiranye ibiganiro na Perezida Paul Kagame i Buruseli mu Bubiligi. Ni ibiganiro kandi byarimo Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo Félix Tshisekedi ari na we uyoboye Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe.
Kuri uyu wa Gatandatu Tariki 18 Ukuboza 2021, Perezida Kagame yitabiriye inama ya gatatu y’ubufatanye hagati ya Afurika na Turukiya iri kubera muri Istanbul Congress Center. Ikiganiro cya mbere cyibanze ku mahirwe yo gushimangira ubufatanye bwa Afurika na Turukiya binyuze muri gahunda y’ibikorwa bihuriweho.
Raila Odinga yatangaje ko agiye kwiyamamaza mu matora ya Perezida wa Kenya n’ubwo amaze gutsindwa inshuro nyinshi. Yabitangaje nyuma y’amezi yari ashize ntacyo avuga, akaba yari imbere ya Sitade ya Nairobi yuzuye abantu barimo abaturage n’abanyapolitiki batandukanye.
Kuri uyu wa Kane tariki 9 Ukuboza 2021, Perezida Paul Kagame yifatanyije n’Abanyatanzania mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 60 ishize icyo gihugu kibonye ubwigenge, nyuma yo kwibohora ubukoloni bw’Abangereza.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yageze i Dar es Salaam muri Tanzania aho yakiriwe na Minisitiri ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, Prof. Palamagamba John Kabudi.
Intsinzi ya Perezida Adama Barrow yatangajwe ku Cyumweru tariki 5 Ukuboza 2021, bitangajwe na Komisiyo yigenga y’amatora, aho yatangaje ko Perezida Adama Barrow yabonye amajwi 53.2%.
Mu rwego rwo gufasha abaturage kurushaho kumenya abayobozi babo, Kigali Today yagiranye ikiganiro kirambuye na Mukanyirigira Judith watorewe kuyobora Akarere ka Rulindo, avuga byinshi ku mibereho yamuranze anagira ubutumwa agenera abaturage agiye kuyobora.
Ishyaka riharanira kurengera ibidukikije mu Rwanda (DGPR) rirashishikariza abagabo n’abagore kudaceceka cyangwa ngo bahishire abakora ihohotera mu miryango kuko bituma rifatwa nk’umuco kandi risenya imiryango.
Ishyaka PDI (Parti Démocrate Idéal ), ryizihije imyaka 30 ribayeho no gukomera ryagize mu guhagarara rigahangana n’ibyaha byakozwe n’ubutegetsi bwariho mu gihe ryavukaga, kandi rikanashobora gukora n’ubuyobozi bwiza bw’u Rwanda buriho uyu munsi.
Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab, avuga ko manda batangiye yihariye cyane ku buryo bisaba buri muyobozi kuryama gake bagakorana umurava n’ubwitange.
Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo yamaganye icyemezo cyafashwe n’ibihugu bimwe na bimwe cyo guhagarika ingendo ziva cyangwa zijya muri Afurika y’Epfo no mu bihugu bituranye na yo, mu rwego rwo kugabanya ikwirakwira rya Covid-19 yihinduranyije yiswe ‘Omicron’.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame arasaba abayobozi kubanza kureba inyungu z’abo bashinzwe kuyobora hanyuma na bo bakabona kwikurikizaho kuko ari byo bituma imiyoborere myiza itera imbere kandi ikagera ku ntego zayo.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame avuga ko inama yahuriyemo n’abandi bakuru b’ibihugu bya Afurika i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo(RDC) ari ingirakamaro mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa, ariko kandi ngo yari ingenzi mu kubaka amahoro mu Karere.
Umuyobozi mushya w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse, yahawe umukoro n’uwo asimbuye ku buyobozi bw’Akarere ari we Habyarimana Gilbert wari Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu ushoje manda ye.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Kane tariki 25 Ugushyingo 2021 yageze i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho yitabiriye inama yiga ku ruhare rw’abagabo mu guteza imbere imyitwarire ikwiriye kubaranga idahohotera abagore n’abakobwa.
Louise Mushikiwabo, Umunyamabanga mukuru w’umuryango OIF uhuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa yagiriraye uruzinduko i Vatican tariki 22 Ugushyingo 2021, rugamije kuganira ku mikoranire n’imigenderanire hagati ya OIF na Leta ya Vatican.
Mu kiganiro yagiranye n’Umunyamakuru wa Televiziyo Aljazeera mu mpera z’icyumweru gishize, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuze ku mubano w’u Rwanda na Uganda, icyo atekereza kuri opozisiyo hamwe n’ibijyanye no gukomeza kuyobora u Rwanda.
Madamu Jeannette Kagame yavuze ko ntawakwibagirwa ko imiryango myinshi igize umuryango wa FPR-Inkotanyi yarezwe n’Inkotanyi, igakundisha abato u Rwanda bityo bibwiriza gutabarira u Rwanda nta gahato kandi baranarubohora, n’ubu imihigo yabo ikaba igikomeje. Na nyuma yo kubohora u Rwanda, Inkotanyi zasubije umuryango (...)
Jeanne Muvira ni Umufaransakazi ariko ukomoka mu Burundi, akaba umuhanga mu by’imiti(Pharmacienne) ndetse n’umuhanga mu by’ubuzima bwo mu mutwe, akaba afasha abantu kumenya uko barwanya umujagararo (stress)…
Mu Rwanda hamaze iminsi hari ibikorwa by’amatora bigamije gushaka abayobozi mu nzego z’ibanze. Kuri ubu abantu bashobora kuvuga ko amatora ageze mu cyiciro cya nyuma aho abakandida 17 bagize Inama Njyanama ya buri Karere barimo abazayobora uturere bamaze gutorwa. Ku itariki 16 Ugushyingo 2021, Uturere tw’u Rwanda uko ari (...)
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yakiriye Umunyambanga wa Leta w’Igihugu cy’u Buhinde ushinzwe ububanyi n’amahanga Hon. Shri V. Muraleedharan, mu ruzinduko yagiriye mu Rwanda ku wa Mbere tariki 15 Ugushyingo 2021.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Edouard Ngirente, ari i Durban muri Afurika y’Epfo, aho ahagarariye Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame. Ni mu muhango wo gutangiza Imurikagurisha Nyafurika ry’Ubucuruzi.
Mu gihe hitegurwa amatora y’abajyanama bazavamo abayobozi b’uturere, uturere tune mu Ntara y’Iburasirazuba dushobora kuyoborwa n’abashya kubera impamvu zitandukanye.
Ba Guverineri b’Intara z’Iburasirazuba n’Amajyepfo ku ruhande rw’u Rwanda n’abayobozi b’Intara za Kirundo na Muyinga ku ruhande rw’u Burundi, kuri uyu wa Mbere tariki 25 Ukwakira 2021 bahuriye ku mupaka wa Nemba i Bugesera mu Burasirazuba bw’u Rwanda bagirana ibiganiro bigamije kureba uko umubano muri rusange (...)
Ku Cyumweru tariki 24 Ukwakira 2021, i Kigali hateraniye inteko rusange ya 26 y’Ishyirahamwe ry’ Uturere n’Umujyi wa Kigali (RALGA), aho baabayitabiriye baganiriye ku byagezweho mu nzego z’ibanze muri manda ya 2016 - 2021.