• Habuze gato ngo iri shyamba rya Leta rigurishwe n

    Nyanza: Polisi yatesheje umuntu wari uri kugurisha ishyamba rya Leta

    Umusore wamenyekanye ku izina rya Christian ariko ngo ukunze kwiyita François mu Mujyi wa Nyanza, yateshejwe na Polisi y’Igihugu ikorera mu Karere ka Nyanza ari mu biciro n’umukiriya ashaka kugurisha ishyamba rya Leta.



  • Nyamasheke: Bakubiswe hafi yo gupfa bakekwaho gucuragura

    Abasaza babiri bari mu bitaro bya Kibogora mu Karere ka Nyamasheke nyuma yo gukubitwa bikomeye n’abanyeshuri bo mu rwunge rw’amashuri rwa Muraza mu Mudugudu wa Ruganzu mu Kagari ka Kigoya mu Murenge wa Kanjongo, babakekaho ubucuraguzi no kuroga abanyeshuri baturiye icyo kigo.



  • Aka kamashini kazajya gafasha umuntu kuganira n

    Ubuyapani: Bakoze akamashini kifashishwa mu kuganira n’injangwe

    Mu rwego rwo korohereza abakunda korora injangwe kuvugana na zo, isosiyete yo mu gihugu cy’Ubuyapani yakoze akamashini yise Meowlinual gafasha umuntu kumenya ibyo injangwe ivuga ahereye ku myitwarire yayo.



  • Ngo yavutse atwite impanga

    Nyima y’imyaka ine, impuguke mu gihugu cy’Ubushinwa, zatahuye ko umwana w’umukobwa wavuwe yavukanye ibibyimba bibiri mu nda abaganga bakabimukuramo, ngo bitari ibibyima ahubwo uwo mwana yari atwite impanga.



  • Ubufite bwe ngo buramutunze.

    Rusizi: Ubufindo bwe ngo ntaho buhuriye n’amashitani

    Umusore Dusenge Saidi uzwi ku izina rya The Black atangaza ko ubufindo bwe bwo kwitobagura ibice by’umubiri bitandukanye birimo amatwi, amaso, mu ijosi, akanahuza umunwa w’epfo n’uwa ruguru akoresheje igikwasi ntaho buhuriye n’imbaraga za Shitani.



  • Abahatuye baramumenyereye bamucungira ibikoresho bye iyo adahari.

    Nyange: Umugore yiyemeje kurara hanze kugeza igihe azabonera inzu ya Leta

    Umugore witwa Nyirafaranga wo mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Ngororero yiyemeje kujya arara hanze kugeza igihe azabonera inzu ya Leta iri mu murenge atuyemo, kuko ngo adashaka gutaha iwabo naho muri uwo murenge ariko hitaruye umuhanda wa kaburimbo n’agace k’ubucuruzi.



  • Kubera kuvuzwa yatangiye kugenda n

    Shyogwe: Uwagendaga yicaye kubera amavunja ubu agendesha amaguru

    Nyuma y’uko Kigali Today itangaje inkuru y’umugabo witwa Uwiragiye Redepta bita Kazindu utuye mu Kagali ka Ruli mu Murenge wa Shyogwe ho mu Karere ka Muhanga wagendaga yicaye kubera indwara y’amavunja, ubuyobozi bw’umurenge atuyemo bwaramuvuje ku buryo ubu yatangiye kugendesha amaguru nk’uko yari asanzwe.



  • Aha niho inyubako yangiritse uducurama tukaba tubonye inzira.

    Gikundamvura: Intumwa za Rubanda zatunguwe n’umunuko uba mu biro by’umurenge

    Ubwo intumwa za Rubanda mu nteko ishinga amategeko zasuraga Umurenge wa Gikundavura wo mu Karere ka Rusizi zatunguwe n’ibiro uwo murenge ukoreramo, kuko bakihagera bakubitswe n’icyuka cy’impumuro mbi yavaga muri ibyo biro.



  • Ngoma: Abapfumu bamumazeho amafaranga kandi abana be bashira bapfa

    Umwe mu bavuzi gakondo bakorera mu Karere ka Ngoma mu Murenge wa Rurenge avuga ko n’ubwo bamwe bitiranya abavuzi gakondo n’abapfumu we atabemera, kuko abapfumu bamumazeho amafaranga araguza ngo abana be badapfa ariko bakarenga bagashira, bigatuma abivamo akakira gakiza.



  • Akeka ko amavunja arwaye ari amarogano kuko bagerageje kumuhandura ariko akanga akiyongera ari nako amubabaza cyane.

    Shyogwe: Umugabo agenda yicaye kubera kurwara amavunja

    Umugabo witwa Uwiragiye Redepta utuye mu Kagari ka Mbale mu Murenge wa Shyogwe ho mu Karere ka Muhanga ntakibasha kugenda n’amaguru kubera amavunja, ubu agenda yicaye akuruza ikibuno.



  • Inkari zaba zituma umuntu aba mwiza.

    Inkari zaba zituma abantu bagira uruhu rwiza

    Ku bifuza kugera ku bwiza bitabahenze haba harabonetse umuti buri wese yabonera ubuntu. Uwo muti ni inkari!



  • USA: Abagore b’ibibuno binini ngo ‘babyara abana bafite ubwenge bwinshi’!

    Ubushakashatsi bwakozwe n’impuguke zo muri Kaminuza ya Pittsburgh muri USA, buremeza ko abagore bafite ikibuno kinini ngo bafite amahirwe yo kwibaruka abana bafite ubwenge bwinshi.



  • Iyi niyo ndege yavukiyemo umwana w

    Umugore yatunguwe n’ibise abyarira mu ndege

    Umugore ufite imyaka 33 uvuka mu Gihugu cya Yorudaniya (Jordanie) yibarutse umwana w’umukobwa ku buryo butunguranye ubwo yari mu ndege igeze hejuru y’inyanja ya Atarantika (Atlantique) agana muri Leta zunze ubumwe za Amerika, kuwa 21/01/2015, ahagana saa kumi n’imwe n’igice.



  • Rusizi: Bacungiwe umutekano ngo batagirirwa nabi n’ababashinja amarozi

    Abantu batandatu bacungiwe umutekano ku biro by’Umurenge wa Butare kuva tariki ya 20/01/2015, kubera ko bahigwa bukware n’abaturage bagenzi babo bavuga ko babaziza kuroga umuyobozi w’ikigo cy’ishuri ribanza rya Gisovu.



  • Uyu mukobwa yakoresheje hafi miliyoni 145 z

    Ubwongereza: Yakoresheje hafi miliyoni 145 aharanira gusa n’umukinnyi wa filime

    Carolyn, umukobwa w’Umwongerezakazi wo mu kigero cy’imyaka nka 29, mu kiganiro “Mon incroyable addiction” (bishatse kuvuga “icyo nkunda byahebuje”) gihita kuri imwe muri televiziyo zo mu Bwongereza, yatangaje ko yatakaje amayero ibihumbi 170 (hafi miliyoni 145 z’amafaranga y’u Rwanda) kugira ngo ashobore gusa n’umukinnyi (...)



  • Abaturage baje bahinguye abenshi nibwo babimenye.

    Ruhango: Ibiro by’akagari byasizwe amazirantoki

    Mu gitondo cyo kuwa mbere tariki ya 12/01/2015, abaturage baturiye ibiro by’Akagari ka Kebero mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango babyutse basanga abantu bataramenyekana bitumye imbere y’ibiro by’akagari, bafata amazirantoki bayasiga ku nzugi ndetse no ku mafoto y’umunyambanga nshingwabikorwa w’aka kagari.



  • Yamaze imyaka 24 adakandagira ku kazi kandi ahembwa.

    Ubuhinde: Umugabo yamaze imyaka 24 ahembwa adakora

    Igr AK Verma, umugabo wo mu gihugu cy’Ubuhinde, kuwa 8/1/2015 yirukanywe ku kazi nyuma y’imyaka 24 yari amaze atagakandagiraho uhereye mu 1990. Guverinoma y’Ubuhinde ikaba yatangaje ko iki gihe cyose Verma yahoraga yongeresha ikiruhuko ariko akaba atari yakigeze abihererwa igihano na kimwe.



  • Yatanze ishimwe ry

    Canada: Yaguze umugati w’amadorari 7 atanga ishimwe ry’ibihumbi 98 kubera ubusinzi

    Umugabo w’imyaka 35 y’amavuko wo gihugu cya Canada ngo yasomye ku kayoga aragahaga maze agiye kugura umugati wo mu bwoko bwa sandwich ugura amadorari arindwi aha umukobwa wamuhaye serivisi ishimwe (pourboire cyangwa tip) ry’amadorari 98.392.



  • Uyu mugore azinduka yinywera byeri kugirango yiyibagize ibibazo bye n

    Muhanga: Ibibazo mu miryango biratuma abagore bazindukira mu tubari

    Bamwe mu bagore babanye nabi n’abagabo babo baravuga ko bazindukira mu tubari mu rwego rwo kwishakira icyabibagiza agahinda bararana, cyangwa bakaba babonayo abandi bagabo babafasha mu kababaro kabo.



  • Iyi kanzu ikoze mu misatsi.

    Akora amakanzu mu misatsi

    Umurusiya Pablo Kumin ukora akazi ko gusokoza abantu bakunze kwita umukuwaferi (coiffeur), akanaba umuhanzi mu bijyanye no kwambara (mode), yifashisha imisatsi mu gukora amakazu.



  • Cyurinyana ngo akunda akazi ke k

    Gicumbi: Aterwa ishema no kuba ari umuhwituzi w’umukecuru

    Umukecuru w’imyaka 54 witwa Cyurinyana Theophila utuye mu Mudugudu wa Nyamiyaga, mu Kagari ka Nyarutarama, Umurenge wa Byumba avuga ko kuba ashaje bitazamubuza gukomeza kuba umuhwituzi w’umurimo.



  • Nyamasheke: Yaripfushije ashinja umugore kwanga ko batera akabariro

    Ku cyumweru tariki ya 21/12/2014 nibwo inkuru yasakaye ko umugabo witwa Kwitonda utuye mu Mudugudu wa Gasharu mu Kagari ka Rwesero mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke yamaze gushiramo umwuka atari arwaye.



  • Bakunda abanyamakuru kuko babagira inama ariko ngo ntibakunze kubabona uretse kubumva.

    Gakenke: Yatunguwe n’umunyamakuru Jado Fils yari amaze igihe yifuza kubona

    Petronilla Nyirabakunda w’imyaka 80 utuye mu murenge wa Kivuruga mu karere ka Gakenke amaranye igihe icyifuzo cyo kuzabona umunyamakuru wa RBA Jean de Dieu Tuyishime uzwi cyane ku izina rya Jado Fils.



  • Izi nkweto zifite ubwoya bw

    Yakoze inkweto zifite ubwoya bw’abantu

    Umushinwakazi w’umunyabugeni, Zhu Tian, yakoze inkweto ndende (haut talons) z’abagore, zisa n’uruhu rw’abantu, kandi ziriho ubwoya bw’abantu, zitwa « Babe ».



  • Imbwa yarashe shebuja.

    USA: Yarashwe n’imbwa ye

    Umunyamerika w’imyaka 46 yarashwe n’imbwa ye mu kuboko kw’ibumoso bimuviramo kujya mu bitaro, ku bw’amahirwe ntiyakomereka bikabije.



  • Ntibisanzwe: Ubwonko bwe bwarahagaze ariko aratwite

    Mu gihugu cya Irlande umugore usa n’uwapfuye kubera ko ubwonko bwe butagikora, abaganga biyemeje kumufasha gukomeza kubaho kubera ko atwite n’ubwo ababeyi b’uwo mugore batabyemera.



  • Iki gisasu cyabonetse mu gace gasanzwe gatuwe.

    Ubudage: Bavumbuye bombe ishobora kuba yaratewe mu ntambara ya kabiri y’isi

    Abantu babarirwa mu bihumbi icumi mu Mujyi wa Berlin mu gihugu cy’Ubudage bakuwe mu byabo, mu gitondo cyo ku wa 18 Ukuboza 2014, nyuma y’aho bavumburiye ikibombe gipima ibiro 250 ahakorerwaga imirimo y’ubwubatsi bivugwa ko cyaba cyaratewe n’Abongereza mu ntambara ya kabiri y’isi.



  • Ngo bari bafite isezerano ryo kuzabona umwana kandi w

    Nyamasheke: Bibarutse umwana nyuma y’imyaka 18 batabyara

    Umuryango wa Ngendahimana Vincent n’umugore we Marisiyana Nyirabanguka, bari mu byishimo bikomeye nyuma yo kwibaruka umwana w’umuhungu bari bamaze imyaka 18 babana batarabona urubyaro.



  • Uyu wambaye igitambaro n

    Nyanza: Hadutse umukobwa wuzura umwuka akabwiriza indaya n’abasinzi

    Mu mujyi wa Nyanza mu Karere ka Nyanza mu gace k’ahitwa kuri 40 hazwiho kubera uburaya n’ubusinzi bw’ibiyobyabwenge bitandukanye, hagaragaye umukobwa wuzuraga umwuka akabwiriza abasinzi n’indaya yari asanze ku tubari twaho banywa kuri ayo manywa, ku isaha ya saa kumi z’umugoroba wo ku wa 15/12/2014.



  • Kagabo avuga ko agiye gusaba gatanya nyuma yo gusanga uwo bashakaga kubana atwite inda itari iye.

    Nyamasheke: Agiye gusaba gatanya nyuma yo gusanga umukunzi we atwite

    Umusore witwa Kagabo Jacques utuye mu Kagari ka Susa mu Murenge wa Kanjongo mu Karere ka Nyamasheke uri mu kigero cy’imyaka 25, aratangaza ko agiye gusaba gatanya nyuma y’uko yihakanye umukobwa bakundanaga bagiye kurushinga.



Izindi nkuru: