Umuholandi Daan Roosegaarde yabashije gukora ikanzu « Intimacy 2.0 » ibonerana iyo ubushyuhe bw’umubiri w’uyambaye bwiyongereye n’umutima we ugateragura bidasanzwe. Iyo bigeze aho uyambaye ashaka gukora imibonano mpuzabitsina bwo ngo irabura (ntiba ikigaragara).
Sharlene Simon w’imyaka 42, mu myaka itaragera kuri ibiri ishize yagonze abana batatu bari ku magare, umwe muri bo witwa Brandon abikurizamo gupfa. Kuri ubu, ari gukurikirana mu bucamanza abo bana kuko ngo kubagonga byamuviriyemo “agahinda n’ubwoba bikabije”.
Umugabo witwa Felix Ngayaboshya ukorera mu karere ka Ruhango mu ntara y’amajyepfo avuga ko yafashe icyemezo cyo gutandukana n’umugore we nyuma y’aho amufatiye mu cyuho mu rukerera rwo kuwa 28/04/2014 mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza yararanye n’undi mugabo bari basigaye babana nk’umugabo n’umugore.
Nyuma yo kugerageza amarushanwa y’abagabo bahiga abandi mu kugira igitsina gito bakabona abakiliya n’abafana benshi umwaka ushize, mu mujyi wa New York City ahitwa Brooklyn, ku wa 14 Kamena 2014 hagiye kongera kubera andi marushanwa y’abagabo bahiga abandi mu kugira ubugabo buto.
Nyamasheke ni kamwe mu turere two mu Rwanda gakora ku kiyaga cya Kivu, muri ako karere hakorerwa uburobyi bw’amafi, uburobyi bw’isambaza n’ibyo bita indugu (zijya kumera nk’isambaza).
Urukiko rw’ahitwa Blois mu Bufaransa ruherutse kwemeza ko umugore wari waratandukanye n’umugabo we bakiriho, bakaza gushyingurwa mu mva imwe, batandukanywa bisabwe n’umugore we wa kabiri.
Joëlle Morel, umukecuru wo mu kigero cy’imyaka 60 w’ahitwa Neuves-Maisons ho mu Bufaransa, aherutse gutanga ikirego cy’uko umuturanyi atazi yatanze itangazo ku rubuga rwa internet rigurisha inzu ye.
Xiang Junfeng, ukomoka mu gace ka Jimo mu gihugu cy’Ubushinwa ngo amaze imyaka icumi yambara ikanzu ye y’abageni buri munsi kubera ko ngo afata umunsi yambikanyeho impeta n’umukunzi we nk’umunsi imurutira indi mu buzima.
Chamangeni Zulu wo mu gihugu cya Malawi yatakaje ubugabo (igitsina) bwe bwariwe n’impyisi mu mpera z’ukwezi kwa gatatu uyu mwaka nyuma y’uko umupfumu amubwiye ko agomba gutakaza ibice bw’umubiri kugira ngo indoto afite zo kuba umukire kabuhariwe azigereho.
Umwongereza Jude Medcalf ufite imyaka 23, akaba afite uburebure bwa m2,20 yarekuwe kubera ko atakwirwaga aho yari afungiye.
Uwitwa Katella Dash amaze gutanga amafaranga asaga miliyoni 66 muri ibyo bikorwa byo kwihinduza uko umubiri we uteye (plastic surgery) kandi ngo aracyashaka abaganga bamubaga bakamwongerera igituza akamera nk’igipupe kinini.
Umugabo wo mu gihugu cy’Ubushinwa yavumbuye amayeri yo kumara hafi umwaka wose arya ibiryo by’abaherwe mu ndege no mu kibuga cy’indege, mu gice cy’abaherwe ahitwa muri VIP abicyesha itike y’urugendo rumwe yishyuye mu mwaka ushize.
Umunyeshuri w’umukobwa wiga iby’ubuganga muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yatangaje ko agiye gushyira mu cyamunara ubusugi bwe abinyujije ku rubuga rwa internet, aho yifuza kugurisha ubusugi bwe ku musore cyangwa umugabo uzemera gutanga amadorali ibihumbi 400.
Mu gihugu cy’Ubushinwa haravugwa imbwa imaze umwaka umwe ivutse yaguzwe akayabo k’amadolari ya Amerika akabakaba miliyoni ebyiri kuko yaguzwe miliyoni 12 y’amafaranga yitwa amayuwani, Yuan, akoreshwa mu Bushinwa, ikaba ishobora kuba ariyo iciye agahigo ko kuba imbwa iguzwe amafaranga menshi ku isi.
Umukobwa witwa Mukarurema Vestine utuye mu murenge wa Kinigi mu karere ka Musanze, yashyikirijwe itike y’indege yo kujya mu gihugu cya Bresil (soma Burezili) yatsindiye muri tombola yateguwe n’ikigo cy’itumanaho cya Airtel gikorera mu Rwanda.
Eisha, umukecuru w’i Djeddah ho mu burengerazuba bwa Arabie Saoudite, yapfuye asize ubukire bugaragara nyamara akiriho yarahoraga asabiriza.
Umurwayi wari ufite ikibazo cyo kuribwa mu nda ku buryo bukomeye yagiye kwa muganga mu birwa bya Saone et Loire , bamubaze basanga afite mu nda ye igipfunyika cy’amagarama 600 y’ikiyobyabwenge gikomeye kandi gihenda cyane kizwi nka cocaine.
Umugabo w’umwongereza wakundaga guhora aruma inzara z’intoki ze akoresheje amenyo bituma uruhu rukikije inzara ruzana ibikomere byaje kumuviramo indwara ya septicemia yandurira mu maraso ari na yo yaje kumuhitana.
Nyuma y’uko gucuruza urumogi ku mugaragaro byemejwe muri Leta ya Colorado (imwe mu zigize Leta Zunze Ubumwe za Amerika), mu kwezi kwa Mutarama 2014, iyo Leta yinjije imisoro igera kuri miriyoni 3,5 z’amadorari.
Umufaransakazi Pascale Lienard yabwiye “ndemeye” umukunzi we Micheal wari umaze imyaka ibiri yitabye Imana.
Umupasiteri wo mu Mujyi wa Nairobi muri Kenya mu itorero Lord’s Propeller Redemption Church yashyizeho itegeko ko abagore n’abakobwa bose bagomba kuza gusenga batambaye amakariso n’amasutiya ngo ni bwo basenga Imana ikabumva.
Umugabo w’imyaka 47 wo mu gihugu cya Cambodia yafashwe n’abaturage ubwo yari yasinziriye mu mva y’umwana w’umukobwa w’imyaka 17 wari wahashinguwe ashaka kumusambanya.
Umugabo w’imyaka 56 wo mu gihugu cya Bosnie-Herzégovine amaze imyaka itanu amenye ko umubiri we ushobora gukurura ibintu bimwe na bimwe akoresheje ingufu zidasanzwe yifitemo.
Abantu benshi cyane cyane abakora mu mahoteri n’amazu yakira abagenzi, bavuga ko nubwo abagabo b’abirabura badahitamo gushaka abagore b’abazungu, bakunda gusohokana nabo mu gihe cyo kwishimisha kurusha uko bahitamo abiraburakazi bene wabo.
Umukecuru w’imyaka 80 witwa Joyce Atim wo mu Karere ka Soroti mu gihugu cya Uganda yatangaye amashuri abanza aho arimo kwiga mu mwaka wa mbere, ngo agamije kumenya kwandika no gusoma by’umwihariko Bibiliya.
Mu cyumweru gishize, resitora imwe yo mu gihugu cya Nigeriya mu Ntara ya Anambra yafunzwe n’inzego zishinzwe umutekano nyuma yo gutahura ko amafunguro baha abakiriya babagana aba ari ho imyama z’abantu.
Abayoboke b’idini y’Abakirisitu muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika batangiye kujya bajya mu masengesho n’ibiterane byabo bambaye ubusa, bakaba babisabwe n’umupasitoro ukuriye iryo dini ryabo ryitwa White Tail Chapel mu mujyi wa Southampton.
Ngo hari ibintu by’ingenzi abasore bakunze kugendaraho bakaba bakwemeza ko umukobwa akiri isugi niyo baba batarakorana imibonano mpuzabitsina, ariko ibyo bimenyetso hari igihe bibeshya ba nyiri ukubigenderaho.
Bamwe mu bashinze ingo ndetse n’abakurikiranira hafi ibyazo, baremeza ko urukundo mu bashakanye ruri kugabanuka ugereranije no hambere.
Umuhindekazi witwa Manju Dharra utuye mu Mujyi wa New Delhi mu Buhinde amaze imyaka 25 atarya amafunguro akomeye, ngo atunzwe no kunywa amata gusa muri icyo gihe cyose.