Cyimana Christophe wo mu kagari k’Urugarama mu murengewa Gahini mu karere ka Kayonza avug ako aterwa ishema no kuba yarahanze ijambo “Imbaturaburukungu” rikaba risigaye rikoreshwa mu buzima bwa buri munsi bwa’Abanyarwanda.
Ibiro ntaramakuru by’abafaransa AFP bivuga ko kuwa 3 Ukuboza 2014, tereviziyo yo muri Koreya y’Amajyepfo yasohoye inkuru ivuga ko mu gihugu gituranyi cya Koreya ya Ruguru, abantu bose bafite izina rya Kim Jong Un, izina rya perezida w’icyo gihugu basabwa kuyahindura.
Kuwa gatatu tariki ya 03/12/2014 nibwo ubuyobozi bw’Umurenge wa Mushonyi wo mu Karere ka Rutsiro bwemeje ko umugabo witwa Segashari Saleh yiyemereye ko inyama y’injangwe ariyo nyama imuryohera kurusha izindi.
Gwyneth Montenegro, umukobwa w’imyaka 25 ukora uburaya ku buryo butari ubw’umwuga nka bamwe bita mu rurimi rw’Icyongereza “escort-girl” ukomoka i Melbourne mu gihugu cya Australie, aratangaza ko amaze kuryamana n’abagabo 10091.
Umugabo w’umushinwa yemeje abantu aterura umufuka w’amatafari afite ibiro 80. Icyatangaje abantu ariko si ibyo biro yateruye, ahubwo ni uburyo yabiteruye akoresheje udusabo tw’intanga (Testicules).
Umunyabugariya Ventsislav Peychev yahimbye bombo zigiramo umubavu uhumuza umubiri w’uwaziriye. Umubavu uba muri izo bombo ngo ukuraho imyuka isanzwe mu mubiri maze ahubwo ugahumura mu gihe kigera ku masaha atandatu, bitewe n’ibiro by’uwaziriye ndetse n’umubare wa bombo yariye.
María Alejandra Samaniego, umugore wo mu gihugu cya Kolombiya, kubera umujinya udasanzwe yanditse ibitutsi bitabarika ku modoka y’umunzi we babanaga nyuma yo kumufata aryamanye n’undi mugore.
Bamwe mu batuye umujyi wa Muhanga ngo bahangayikishijwe n’umuntu wiyita umuvuzi gakondo uvura amagini, nyabingi n’ibindi kuko ngo abaca amafaranga menshi, kandi ngo bamwe batangiye gutahura ko uwo muvuzi ari umutekamutwe.
Mu bari barashakanye batandukana muri iki gihe, hagenda habonekamo abo bivugwa ko bafashijwe na bagenzi babo kwiga, hanyuma bamara kubona akazi bagasaba ubutane.
Mu gihugu cya Arabie saoudite, umugabo yasenze umugeni ku munsi w’ubukwe bwabo kubera ko ari bwo bwa mbere yari amubonye mu maso ubwo bari bagiye kwifotoza.
Abagabo babiri bo mu Budage biteje imiti ituma bagira amabere mu gihe cy’amasaha 24 bashaka kumva uko bimera kuba umugore, ngo baza gusanga baragowe.
Kuwa gatandatu tariki ya 22/11/2014, abakirisitu basengera mu itorero rya ADEPR Congo-Nil bahawe ubuhamya na Alice Umwali wiyemerera ko yagiye ikuzimu akagaruka, asaba abo bakirisitu gusenga cyane ndetse no kwirinda amadayimoni aba ku isi kuko nawe yabaye ku isi ari igini.
Umugore w’umuherwekazi ufite imyaka 67 y’amavuko wo mu gihugu cy’Ubuyapani, kuri uyu wa gatatu tariki 19 Ugushyingo 2014 yatawe muri yombi akekwaho kwivugana uwa kane mu bagabo be barindwi bamaze gutabaruka akoresheje uburozi bwa siyanire (cyanure).
Umugore witwa Mukamazimpaka Alphonsine usanzwe ari umuvuzi gakondo ukomoka mu Karere ka Karongi, ubu umaze amezi 7 aba mu karere ka Ngororero avuga ko yaje gufasha abagatuye kwica no kwirukana amashitani cyangwa amadayimoni menshi yibasiye abatuye aka karere.
Umusaza w’imyaka 72 witwa Protais Nyamaswa utuye mu karere ka Kirehe arashimira Imana ko ngo yamuhaye umugore bakabyarana nyuma yo gutandukana n’abagore batanu bose bamuziza ko atabyara.
Mu gihugu cy’Ubufaransa, umugabo ufite imyaka 55 yigize umunyamakuru w’ikinyamakuru cyitwa France Culture, kugira ngo akurikirane amaserukiramuco cyangwa amarushanwa y’indirimbo gakondo zishingiye ku muco muri icyo gihugu.
Bamwe mu bagore batuye mu karere ka Rulindo baranenga imyitwarire ya bamwe muri bagenzi babo bagorobereza mu tubari, rimwe na rimwe bakarara mu gasozi kubera gukunda inzoga.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyakarenzo mu Karere ka Rusizi bari bajyanye umuntu ku bitaro ngo akorerwe isuzuma (Autopsy) muganga agaragaze icyamwishe babone kumushyingura, batungurwa no gusanga akiri muzima.
Mu Bwongereza hasohotse amakuru avuga ko Yezu yari yarashakanye n’umugore witwaga Mariya Magadalena benshi bitaga indaya, ndetse ngo bari bafitanye n’abana babiri.
Urubuga rwa internet Colonial Medical rwashyize ku isoko urubindo rwitwa Flat-D rushobora kwifashishwa mu gutuma umusuzi umuntu arekuye utanuka.
Hashize ukwezi kose umuturage witwa Ntamuturano Reverien wo mu murenge wa Butare mu karere ka Rusizi yaraburiwe irengero we n’urugo rwe rwose, intandaro yo kubura kw’abo baturage ngo ni uko uwo mugabo yahigwaga n’abaturage bashaka kumwica bamuziza ko abaroga akabateza inzuki zikabakura mu mirima bagiye guhinga.
Muri iki gihe cy’ibizamini bisoza amashuri yisumbuye ndetse n’ay’icyiciro rusange, umugore umwe n’umukobwa bo mu karere ka Ngororero babyaye bari muri ibyo bizamini ariko ntibyababuza kubikora ngo babirangize, kuko ngo bari bariteguye neza amasomo yabo.
Isosiyete yo muri Amerika yakoze igikomo (bracelet) gihana ucyambaye igihe akoze ibidakwiye. Kimwe mu bihano icyo gikomo gitanga mu gukebura ucyambaye, ni ugufatwa n’amashanyarazi.
Gutanga amande, gufungwa cyangwa gushaka indaya babasanganye, ni igihano umudepitekazi uhagarariye umugi wa Saint-Pétersbourg wo mu Burusiya yatanze mu mushinga w’itegeko rihana abakiriya b’indaya.
Umugabo witwa Bagirishya n’umugore we batuye mu mudugudu wa Nyagashikura mu kagari ka Mwezi mu murenge wa Karengera mu karere ka Nyamasheke, baravugwaho ubwambuzi n’abaturage kubera kubeshya abagore bakarongorwa n’uyu mugabo akanabatwara amafaranga bafatanyije n’umugore we babana.
Ubwo hasezeranywaga mu ruhame imiryango 104 yabanaga bitemewe n’amategeko mu murenge wa Rusenge kuri uyu wa 23/10/2014, umuryango umwe watunguye abantu uhitamo gusezerana ivanguramutungo risesuye.
Imbwa yitwa Bodhi yo mu gihugu cya Amerika yinjiza akayabo k’amayero ibihumbi 10 ku kwezi, aturuka ku kuba yambara imyenda y’abantu ikamenya no kubigendera.
Kanyehene Patrick w’imyaka 79 utuye mu mudugudu wa Kagarama mu kagari ka Kigabiro mu murenge wa Nyabitekeri, yishimira ko afite abagore batandatu n’abana babarirwa hagati ya 30 na 60, kuko avuga ko umubare atawuzi neza.
Abaturage bo mu murenge wa Bugarama mu kagari ka Ryankana ho mu karere ka Rusizi bishe imvubu yari ivuye mu mugezi wa Ruhwa bahita bayibaga barayirya.
Umunya Otirishiya yaguze inzu i Détroit ho muri Leta zunze ubumwe za Amerika, ariko nyuma yo kubona ko isaba imirimo myinshi yo kuvugururwa mbere yo guturwamo yayishyize ku isoko, ngo uzamuha iphone akazayimuha.