Mu rukerera rwa tariki 28 Nzeri 2015 mu gihugu cy’u Bwongereza ukwezi kwagaragaye kwabaye nk’amaraso benshi barakangarana.
Abasore batatu bo mu murenge wa Ntongwe, akarere ka Ruhango batawe muri yombi na polisi bakekwaho kubaga imbwa bakazirya bakanazigaburira abaturage.
Ingabire Angelique wo mu murenge wa Mpanga mu karere ka Kirehe, yabyaye umwana w’umuhungu murukerera rwo kuwa 18/9/2015 amuta mu musarani bamukuramo agihumeka.
Hagaragaye ifoto nshya y’umusore Babou G wamenyekanye cyane kubera amagambo asekeje yavugiye mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru Yohani Umubatiza wa TV10.
Uruganda Sustenable Health Entreprise (SHE) rukorera mu karere ka Ngoma rwaduye uburyo bwo kubyazamo imitumba y’insina impapuro z’isuku zizwi nka cotex.
Umuvugabutumwa ukomoka muri Tanzania Bishop Zachary Kakobe agiye gukorera igitaramo mu Rwanda avuga ko kizaba intangiriro y’ibitangaza bizaturuka ku Mana.
Umusaza Muhimuzi Raphael wo mu mudugudu wa Gihorobwa akagari ka Rutaraka umurenge wa Nyagatare arifuza ubutane kuko akubitwa n’uwo yishakiye.
Abavandimwe babiri Ntahondereye Jacques na Murekatete Anne Marie batuye mu mudugudu wa Kamasera mu kagari ka Rwesero mu murenge wa kagano akarere ka Nyamasheke, babana nk’umugore n’umugabo bibarutse umwana w’umukobwa.
Mu gihe bisanzwe bimenyerewe ko abagore batwite benda kubyara basabwa kwambara imyenda irekuye kandi yorohereza ababyaza gukuraho igihe umubyeyi arimo gufashwa kubyara, mu gihugu cya Maleziya (Malaisie) havumbuwe ipantaro izajya ifasha ababyeyi kubyara batagaragaje imyanya yabo y’ibanga.
James McElvar, umwe mu baririmbyi bagize itsinda ry’abanya-Ecosse ryitwa "Rewind", aherutse kurira indege agerekeranyije imyenda 12 yanga kwishyura amayero 50 (hafi 40.000FRW) kubera ko yari yarengeje ibiro yari yemerewe kujyana mu ndege, bimuviramo kwikubita hasi yataye ubwenge mu gihe cy’urugendo.
Amakuru aturuka muri Bolivia, igihugu kiri muri America y’Amajyepfo, aravuga ko umushumba wa Kiliziya Gatulika, Papa Francis, azagisura ngo akaba yasabye kuzazimanirwa ibibabi bya Coca bikorwamo ikiyobyabwenge cya Cocaine.
Mu kigo cyororerwamo inyamanswa Higashiyama Zoo kiri mu Buyapani (Japan), ingagi y’ikigabo yitwa Shabani ngo yahogoje abakobwa kubera ubwiza buhebuje, n’ukuntu izi kwifotoza iyo abantu baje kuyireba.
Kuri uyu wa 17 Kamena, mu Murenge wa Tabagwe, Akarere ka Nyagatare umwana w’imyaka 17 y’amavuko yasambanyije nyina umubyara, ngo kubera umutobe bita “Ndambiwe agakiza”, atabarwa n’abari ku irondo.
Jenny Buckleff, Umwongerezakazi w’imyaka 58 mu rwego ngo rwo kukora ubukwe budasanzwe, ku munsi wo gusezerana n’umugabo yahisemo kugenda mu isandu yahisemo kugenda mu isanduku y’umukara ifunze ikururwa na moto aho kugenda mu modoka nziza nk’uko abandi babigenza.
Mu gihe kugendesha amaboko bidakorwa n’ubonetse wese, muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika muri Leta ya Indiana ahitwa Indianapolis, umugore witwa Julia Sharpe ngo atwite inda y’ibyumweru 34 y’impanga z’abahungu, yashoboraga kugendesha amaboko ibyo bamwe bita kumangamanga.
Umuturage witwa Ntamukunzi Modeste wo ku kirwa cya Nkombo giherereye mu Karere ka Rusizi yahaye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ikibanza, kubera kumukunda ashingiye ku byo yabagejejeho.
Sydney Engelberg, umwarimu muri kaminuza y’i Yeruzalemu, yabaye icyamamare ku mbuga nkorayambaga kubera ifoto ye ari kwigisha ateruye umwana w’umwe mu banyeshuri be.
Marina Willemsen utuye ahitwa Schilde ho mu Ntara ya Anvers, mu Bubiligi, yamenye ko yitwa umugabo ku myaka 70 agiye gukora ubukwe. Ubu bukwe yari agiye kubugirana n’umugabo bamaranye imyaka 38, ku wa gatanu tariki ya 8 Gicurasi 2015.
Kuri uyu wa 14 Gicurasi 2015, umugabo w’imyaka 45 y’amavuko witwa Ndirerere Samuel wari utuye my Kagari ka Mberi mu Murenge wa Rusebeya ho mu karere ka Rutsiro yibye inyama itogosheje ayimize bunguri imuhagama mu muhogo yitaba Imana.
Nubwo bitoroshye kwemeza ko Umunyamerikakazi, Adrianne Lewis ari we ufite ururimi rurerure ku isi, we avuga ko yumva ku isi nta wa muhiga mu kugira ururimi rurerure.
Nyirampogoza Donathile, ni umubyeyi utuye mu Mudugudu wa Muhe, Akagari ka Ruhengeri mu Murenge wa Muhoza mu gace k’Umujyi wa Musanze kazwi nko mu Kizungu kubera amagorofa n’amazu meza atagerakeranye abamo imiryango yifite yo mu Mujyi wa Musanze.
Ku gicamunsi cyo ku wa 10 Gicurasi 2015, ubwo hasozwaga ikiriyo cy’umucuruzi Twagirayezu Michel wari uzwi ku izina rya Ragadi, nyiri Motel IDEAL iri mu Mujyi wa Nyanza uherutse gupfa mu minsi ishize, mu rugo rwe habereye imidugararo ituma habaho ubushyamiranye bwatumye ab’iwabo w’umugore n’ab’iwabo w’umugabo bahangana mu (…)
Umushinwa witwa Li Peng wamaze no gufata izina ry’ikinyarwanda rya “Irakiza” ukora mu ruganda rukora rwa CIMERWA rubarizwa mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi, nyuma yo gukunda igihugu cy’u Rwanda n’imico y’abagituye, yahisemo gukorera ubukwe bwe mu Rwanda.
Ku cyumweru tariki ya 26 Mata 2015, inka y’uwitwa Karani Jean Damascène wo mu Mudugudu wa Benishyaka, Akagari ka Rurenge, Umurenge wa Rukomo, Akarere ka Nyagatare yabyaye ikimasa gifite amaguru 6 gihita gipfa.
Ku wa gatanu tariki ya 24 Mata 2015, abanyeshuri 12 (abahungu batandatu n’abakobwa batandatu) biga ku ishuri ryisumbuye rya Collège de La Paix riri mu Kagari ka Congo-Nil mu Murenge wa Gihango ho mu Karere ka Rutsiro batumwe ababyeyi, kubera ko hari babiri basanze bambaye ubusa mu ishuri bazimije amatara.
Mu gihe bamwe mu baturage bambika amatungo yabo, cyane ihene, ibihoho ku munwa kugira ngo atona mu nzira bayatwaye cyangwa bava ku masambu yabo, abashinzwe ubworozi mu karere ka Nyagatare bavuga ko ari ukuyabangamira kandi bishobora kuyagira ho ingaruka zirimo ibikomere.
Umugabo witwa Rwigema Samson ukomoka mu Kagari ka Rwesero ahitwa mu Kidaturwa mu Karere ka Nyanza avuga ko imibereho mibi y’ubuzima yatumye yibera mu giti nk’inyoni ariko ubu yibera mu kazu k’amazi ari na ko amaze ukwezi acumbitsemo mu Mujyi wa Nyanza.
Emily Philips, umwarimu wacyuye igihe muri Florida, USA yiyanditse ubutumwa bw’akababaro bwagombaga gusomwa ku rupfu rwe, ariko abwandika mbere gato y’uko yitaba Imana azize canseri y’urwagashya.
Abashakashatsi bo muri Queen’s University y’i Belfast ho mu gihugu cy’Ubwongereza, bavuga ko bavumbuye umubavu (parfum) udasanzwe, kuko wo uzajya awitera azajya arushaho guhumura uko agenda abira ibyuya.
Umugabo wo muri leta ya Alabama, USA, yagizwe umwere nyuma y’imyaka 30 yari amaze mu buroko, ku cyaha cy’ubwicanyi ashinjwa ariko we atemera. Ubucamanza bwamwemereye kongera kuburana ngo arebe ko yasimbuka igihano cyo kwicwa.