Ukozehasi Jean Nepo utuye mu Karere ka Gasabo mu murenge wa Jali, yirirwa acuruza anahetse umwana avuga ko umugore yamutanye.
Umugabo witwa Mukundiyukuri Vedaste wo mu Karere ka Nyamasheke, afunzwe nyuma yo gushaka gusambanya ku ngufu umukobwa we babyaranye.
Igihugu cya Arabiya Sawudite gifite gahunda ko umwaka wa 2020 uzasanga bafite inzu (tower) ifite ubuhagarike bwa kilometero.
Nyuma y’imyaka ibiri yibwe ihene eshanu hakabura uwizijyanye, Umukecuru Nikuze Esperance arasaba ubuyobozi gukurikirana uwo akeka ko yazibye ariko bwamushumbushije inka.
Mu Karere ka Karongi hari umwana wanditse kuri ba se babiri, nyuma y’uko nyina abayaranye n’uwo batashakanaye.
Umuherwe wo muri Hong Kong mu Bushinwa yaguriye umukobwa we impeta ya diyama mu cyamunara kuri miliyoni 48 z’amadorari.
Babiri bafite ubumuga bw’uruhu bakunze kwita ba "nyamweru" kuri uyu wa 29 Ukwakira 2015 basezeranye imbere y’amategeko mu Murenge wa Kinihira mu Karere ka Ruhango bitangaza imbaga yari ihateraniye.
Nkunzurwanda Elias yagiye mu rutoki rwa Ntahobakina Marcel atema insina 30 azishyira hasi ku wa 27 Ukwakira 2015, bapafa ko ngo yamwambuye 300Frw.
Kuri uyu wa 20 Ukwakira 2015, umugabo witwa Niyonzima Jean Bosco yasengerewe ubushera n’abagore bavindimwe apfira aho yabunywereye.
Umugabo witwa Kazage Lambert afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Busasamana mu Karere ka Nyanza akekwaho gusambanya umukobwa we.
Umugore yatunguranye yinjira mu rusengero ateruye umwana, ubwo pasiteri yiteguraga gusezeranya abageni avuga ko uwo mwana ari uw’umugeni w’umusore babyaranye.
Mu rukerera rwa tariki 28 Nzeri 2015 mu gihugu cy’u Bwongereza ukwezi kwagaragaye kwabaye nk’amaraso benshi barakangarana.
Abasore batatu bo mu murenge wa Ntongwe, akarere ka Ruhango batawe muri yombi na polisi bakekwaho kubaga imbwa bakazirya bakanazigaburira abaturage.
Ingabire Angelique wo mu murenge wa Mpanga mu karere ka Kirehe, yabyaye umwana w’umuhungu murukerera rwo kuwa 18/9/2015 amuta mu musarani bamukuramo agihumeka.
Hagaragaye ifoto nshya y’umusore Babou G wamenyekanye cyane kubera amagambo asekeje yavugiye mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru Yohani Umubatiza wa TV10.
Uruganda Sustenable Health Entreprise (SHE) rukorera mu karere ka Ngoma rwaduye uburyo bwo kubyazamo imitumba y’insina impapuro z’isuku zizwi nka cotex.
Umuvugabutumwa ukomoka muri Tanzania Bishop Zachary Kakobe agiye gukorera igitaramo mu Rwanda avuga ko kizaba intangiriro y’ibitangaza bizaturuka ku Mana.
Umusaza Muhimuzi Raphael wo mu mudugudu wa Gihorobwa akagari ka Rutaraka umurenge wa Nyagatare arifuza ubutane kuko akubitwa n’uwo yishakiye.
Abavandimwe babiri Ntahondereye Jacques na Murekatete Anne Marie batuye mu mudugudu wa Kamasera mu kagari ka Rwesero mu murenge wa kagano akarere ka Nyamasheke, babana nk’umugore n’umugabo bibarutse umwana w’umukobwa.
Mu gihe bisanzwe bimenyerewe ko abagore batwite benda kubyara basabwa kwambara imyenda irekuye kandi yorohereza ababyaza gukuraho igihe umubyeyi arimo gufashwa kubyara, mu gihugu cya Maleziya (Malaisie) havumbuwe ipantaro izajya ifasha ababyeyi kubyara batagaragaje imyanya yabo y’ibanga.
James McElvar, umwe mu baririmbyi bagize itsinda ry’abanya-Ecosse ryitwa "Rewind", aherutse kurira indege agerekeranyije imyenda 12 yanga kwishyura amayero 50 (hafi 40.000FRW) kubera ko yari yarengeje ibiro yari yemerewe kujyana mu ndege, bimuviramo kwikubita hasi yataye ubwenge mu gihe cy’urugendo.
Amakuru aturuka muri Bolivia, igihugu kiri muri America y’Amajyepfo, aravuga ko umushumba wa Kiliziya Gatulika, Papa Francis, azagisura ngo akaba yasabye kuzazimanirwa ibibabi bya Coca bikorwamo ikiyobyabwenge cya Cocaine.
Mu kigo cyororerwamo inyamanswa Higashiyama Zoo kiri mu Buyapani (Japan), ingagi y’ikigabo yitwa Shabani ngo yahogoje abakobwa kubera ubwiza buhebuje, n’ukuntu izi kwifotoza iyo abantu baje kuyireba.
Kuri uyu wa 17 Kamena, mu Murenge wa Tabagwe, Akarere ka Nyagatare umwana w’imyaka 17 y’amavuko yasambanyije nyina umubyara, ngo kubera umutobe bita “Ndambiwe agakiza”, atabarwa n’abari ku irondo.
Jenny Buckleff, Umwongerezakazi w’imyaka 58 mu rwego ngo rwo kukora ubukwe budasanzwe, ku munsi wo gusezerana n’umugabo yahisemo kugenda mu isandu yahisemo kugenda mu isanduku y’umukara ifunze ikururwa na moto aho kugenda mu modoka nziza nk’uko abandi babigenza.
Mu gihe kugendesha amaboko bidakorwa n’ubonetse wese, muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika muri Leta ya Indiana ahitwa Indianapolis, umugore witwa Julia Sharpe ngo atwite inda y’ibyumweru 34 y’impanga z’abahungu, yashoboraga kugendesha amaboko ibyo bamwe bita kumangamanga.
Umuturage witwa Ntamukunzi Modeste wo ku kirwa cya Nkombo giherereye mu Karere ka Rusizi yahaye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ikibanza, kubera kumukunda ashingiye ku byo yabagejejeho.
Sydney Engelberg, umwarimu muri kaminuza y’i Yeruzalemu, yabaye icyamamare ku mbuga nkorayambaga kubera ifoto ye ari kwigisha ateruye umwana w’umwe mu banyeshuri be.
Marina Willemsen utuye ahitwa Schilde ho mu Ntara ya Anvers, mu Bubiligi, yamenye ko yitwa umugabo ku myaka 70 agiye gukora ubukwe. Ubu bukwe yari agiye kubugirana n’umugabo bamaranye imyaka 38, ku wa gatanu tariki ya 8 Gicurasi 2015.