Kuri iki cyumweru tariki 22 Werurwe 2015, Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Francis, kuri Katederali ya Naples ababikira ngo bari bamuriye bunguri kubera kumwishimira nk’umuntu bemera byarenze igipimo.
Mu cyumweru gishize, ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho agaragaza abantu bo mu gihugu cy’Ubuhinde bari mu madirishya y’ibyumba by’ikigo kimwe cy’amashuri cyo muri Leta ya Bihar cyarimo gukorerwamo ibizamini bisoza amashuri yisumbuye, bari gukopeza abakoraga ibizamini.
Abageni bo mu Karere ka Rubavu batandukanye k’umunsi w’ubukwe bwo gusaba no gukwa nyuma yo kwipimisha Virusi itera Sida bagasanga umuhungu yaranduye umukobwa agahita amuta nta n’uwo abwiye.
Nick Hess, Umwongereza w’imyaka 34, igihe cyose yariye ifiriti arasinda ngo bitewe n’uko igifu cye gihera kuri ubu bwoko bw’amafunguro kigakora ibisindisha (alcool/alcohol).
Umusore witwa Kwihangana Fils uri mu kigero cy’imyaka 19 utuye mu Kagari ka Karambo, Umurenge wa Mukura ho mu Karere ka Rutsiro mwene Nyirinkindi Callixte na Murekatete Odette yahisemo kwikata igitsina no kwitema amaguru nyuma y’uko ngo bamubeshyeye ko yasambanyije abana bari mu kigero cy’imyaka 3.
Abagore bo mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi baravuga ko mu rwego rwo kubahisha abagabo babo biturutse ku rukundo n’umuco bavutse basangaho, babakorera ibikorwa bimwe n’ibikorerwa umwana w’uruhinja birimo kubuhagira no kubasiga amavuta, ndetse no kubaheka mu mugongo bajya kubaryamisha mu masaha ya ninjoro.
Muri Leta ya Floride, imwe mu zigize Leta zunze ubumwe za Amerika, umugore n’umukobwa we bishimiye ko babyariye igihe kimwe batandukanyijwe n’iminota 34 gusa kandi bose bibatunguye.
Abaturage b’ahitwa Rilima muri Bugesera bataye muri yombi umugabo bashinjaga kubakururira ibyago ngo kuko yaryaga inyama z’imbwa ye yari yapfuye aho kuyihamba agahitamo kuyirya ndetse akanagaburiraho n’abaturanyi be.
Umukambwe Floyd Hartwig w’imyaka 90 n’umugore we Violet w’imyaka 89 bari batuye muri leta ya California, USA bashizemo umwuka mu ntangiriro z’iki cyumweru bari ku gitanda mu nzu yabo umwe afashe undi mu kiganza.
Nyuma y’uko ibitangazamakuru bitandukanye byo mu Rwanda bitangaje ko muri Kamonyi hari umugore wabyaye igikeri, ubuyobozi n’inzego z’umutekano zarabikurikiranye, maze abaganga na nyir’ubwite bemeza ko atigeze atwita cyangwa ngo abyare.
Uko ikinyobwa cya Coca Cola gikoze, biri ku rutonde rw’ibirungo birindwi bita, ‘7X’ bikomoka ku byatsi bituma Coca Cola igira uburyohe bwihariye. Ni ibanga ryabitswe imyaka ijana yose na sosiyete ya Coca Cola.
Umusore wamenyekanye ku izina rya Christian ariko ngo ukunze kwiyita François mu Mujyi wa Nyanza, yateshejwe na Polisi y’Igihugu ikorera mu Karere ka Nyanza ari mu biciro n’umukiriya ashaka kugurisha ishyamba rya Leta.
Abasaza babiri bari mu bitaro bya Kibogora mu Karere ka Nyamasheke nyuma yo gukubitwa bikomeye n’abanyeshuri bo mu rwunge rw’amashuri rwa Muraza mu Mudugudu wa Ruganzu mu Kagari ka Kigoya mu Murenge wa Kanjongo, babakekaho ubucuraguzi no kuroga abanyeshuri baturiye icyo kigo.
Mu rwego rwo korohereza abakunda korora injangwe kuvugana na zo, isosiyete yo mu gihugu cy’Ubuyapani yakoze akamashini yise Meowlinual gafasha umuntu kumenya ibyo injangwe ivuga ahereye ku myitwarire yayo.
Nyima y’imyaka ine, impuguke mu gihugu cy’Ubushinwa, zatahuye ko umwana w’umukobwa wavuwe yavukanye ibibyimba bibiri mu nda abaganga bakabimukuramo, ngo bitari ibibyima ahubwo uwo mwana yari atwite impanga.
Umusore Dusenge Saidi uzwi ku izina rya The Black atangaza ko ubufindo bwe bwo kwitobagura ibice by’umubiri bitandukanye birimo amatwi, amaso, mu ijosi, akanahuza umunwa w’epfo n’uwa ruguru akoresheje igikwasi ntaho buhuriye n’imbaraga za Shitani.
Umugore witwa Nyirafaranga wo mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Ngororero yiyemeje kujya arara hanze kugeza igihe azabonera inzu ya Leta iri mu murenge atuyemo, kuko ngo adashaka gutaha iwabo naho muri uwo murenge ariko hitaruye umuhanda wa kaburimbo n’agace k’ubucuruzi.
Nyuma y’uko Kigali Today itangaje inkuru y’umugabo witwa Uwiragiye Redepta bita Kazindu utuye mu Kagali ka Ruli mu Murenge wa Shyogwe ho mu Karere ka Muhanga wagendaga yicaye kubera indwara y’amavunja, ubuyobozi bw’umurenge atuyemo bwaramuvuje ku buryo ubu yatangiye kugendesha amaguru nk’uko yari asanzwe.
Ubwo intumwa za Rubanda mu nteko ishinga amategeko zasuraga Umurenge wa Gikundavura wo mu Karere ka Rusizi zatunguwe n’ibiro uwo murenge ukoreramo, kuko bakihagera bakubitswe n’icyuka cy’impumuro mbi yavaga muri ibyo biro.
Umwe mu bavuzi gakondo bakorera mu Karere ka Ngoma mu Murenge wa Rurenge avuga ko n’ubwo bamwe bitiranya abavuzi gakondo n’abapfumu we atabemera, kuko abapfumu bamumazeho amafaranga araguza ngo abana be badapfa ariko bakarenga bagashira, bigatuma abivamo akakira gakiza.
Umugabo witwa Uwiragiye Redepta utuye mu Kagari ka Mbale mu Murenge wa Shyogwe ho mu Karere ka Muhanga ntakibasha kugenda n’amaguru kubera amavunja, ubu agenda yicaye akuruza ikibuno.
Ku bifuza kugera ku bwiza bitabahenze haba harabonetse umuti buri wese yabonera ubuntu. Uwo muti ni inkari!
Ubushakashatsi bwakozwe n’impuguke zo muri Kaminuza ya Pittsburgh muri USA, buremeza ko abagore bafite ikibuno kinini ngo bafite amahirwe yo kwibaruka abana bafite ubwenge bwinshi.
Umugore ufite imyaka 33 uvuka mu Gihugu cya Yorudaniya (Jordanie) yibarutse umwana w’umukobwa ku buryo butunguranye ubwo yari mu ndege igeze hejuru y’inyanja ya Atarantika (Atlantique) agana muri Leta zunze ubumwe za Amerika, kuwa 21/01/2015, ahagana saa kumi n’imwe n’igice.
Abantu batandatu bacungiwe umutekano ku biro by’Umurenge wa Butare kuva tariki ya 20/01/2015, kubera ko bahigwa bukware n’abaturage bagenzi babo bavuga ko babaziza kuroga umuyobozi w’ikigo cy’ishuri ribanza rya Gisovu.
Carolyn, umukobwa w’Umwongerezakazi wo mu kigero cy’imyaka nka 29, mu kiganiro “Mon incroyable addiction” (bishatse kuvuga “icyo nkunda byahebuje”) gihita kuri imwe muri televiziyo zo mu Bwongereza, yatangaje ko yatakaje amayero ibihumbi 170 (hafi miliyoni 145 z’amafaranga y’u Rwanda) kugira ngo ashobore gusa n’umukinnyi wa (…)
Mu gitondo cyo kuwa mbere tariki ya 12/01/2015, abaturage baturiye ibiro by’Akagari ka Kebero mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango babyutse basanga abantu bataramenyekana bitumye imbere y’ibiro by’akagari, bafata amazirantoki bayasiga ku nzugi ndetse no ku mafoto y’umunyambanga nshingwabikorwa w’aka kagari.
Igr AK Verma, umugabo wo mu gihugu cy’Ubuhinde, kuwa 8/1/2015 yirukanywe ku kazi nyuma y’imyaka 24 yari amaze atagakandagiraho uhereye mu 1990. Guverinoma y’Ubuhinde ikaba yatangaje ko iki gihe cyose Verma yahoraga yongeresha ikiruhuko ariko akaba atari yakigeze abihererwa igihano na kimwe.
Umugabo w’imyaka 35 y’amavuko wo gihugu cya Canada ngo yasomye ku kayoga aragahaga maze agiye kugura umugati wo mu bwoko bwa sandwich ugura amadorari arindwi aha umukobwa wamuhaye serivisi ishimwe (pourboire cyangwa tip) ry’amadorari 98.392.
Bamwe mu bagore babanye nabi n’abagabo babo baravuga ko bazindukira mu tubari mu rwego rwo kwishakira icyabibagiza agahinda bararana, cyangwa bakaba babonayo abandi bagabo babafasha mu kababaro kabo.