Ijakete ikoze mu ruhu yambawe na nyakwigendera Patrick Swayze muri film yitwa Dirty Dancing yagurishijwe $62,500 muri cyamunara yabereye i Los Angeles, muri Leta zunze ubumwe za Amerika mu Mpera z’ukwezi kwa Mata 2017.
Samuel Abisai wo muri Kenya yatsindiye miliyoni 2 z’Amadolari, arenga miliyari 1.6RWf, mu mikino yo gutega (Betting) mu mupira w’amaguru.
Nyiraminani Epiphanie wo murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, yabyaye impanga z’abana bane bamubaze, abahungu batatu n’umukobwa umwe.
Musawenkosi Donia Saurombe ufite imyaka 23 y’amavuko niwe wabaye Umunyafurika wa mbere ubonye Impamyabushobozi y’ikirenga (PhD) akiri muto.
Abakirisitu Gatolika bo mu mujyi wa Huye bakoze inzira y’umusaraba, bakina bigana uko byagenze mu gihe cya Yezu Kristu.
Ibitangazamakuru byo muri Africa y’epfo bikomeje kwandika inkuru y’umukobwa utarufite icyizere cyo kurenza imyaka 14 kubera uburwayi budasanzwe bwitwa Pro-geria, butuma umuntu asaza vuba cyane.
Ahishakiye Elias na Niyigaba Valens, ni impanga zavutse mu 1992, bavukira mu karere ka Gicumbi, bafana ikipe imwe yo mu Rwanda ndetse no hanze bagafana ikipe imwe.
Kuri Nyirangarama muri Rulindo hororewe imbwa, zatojwe mu buryo bwihariye mu gucunga umutekano kuburyo ushaka ikibwana cyazo kimwe yishyura ibihumbi 300RWf.
Umunyafurika y’Epfo yagaragaye ku mafoto yakwirakwiye kuri Internet arira, avuga ko yarizwaga n’urusenda rwo mu Rwanda yagaburiwe mu biryo.
Sina Gerard ni umushoramali umenyerewe mu bucuruzi bw’ibiribwa n’ibinyobwa bitandukanye birimo imitobe, urwagwa, amandazi ibisuguti n’ibindi.
Ubuyobozi w’ikigo gishinzwe imihanda no gutwara abagenzi i Dubai, bwatangaje ko guhera muri Nyakanga hazatangira gukora taxi zigendera mu kirere nk’indege.
Abanyeshuri 10 b’abakobwa bo ku kigo cy’amashuri cya GS Mpanga, muri Kirehe, bari kwa muganga nyuma yo gufatwa n’indwara itaramenyekana.
Imyaka 11 irashize mu Rwanda hakorera amashyirahamwe y’abaryamana n’abo bahuje igitsina benshi bita “Abatinganyi”. Kurikira ikiganiro gicukumbuye ku gituma aya mashyirahamwe akorera mu bwihisho:
Abageni 12 bari gusezeranira mu Murenge wa Karama muri Kamonyi babuze ubasezeranya bituma badakora ibirori by’ubukwe nk’uko bari babiteganyije.
Gacamumakuba Francois w’i Matimba muri Nyagatare arasaba ubufasha nyuma yuko umugore we amutanye abana umunani akisangira undi mugabo, agasiga anatwaye imyaka yose bari bejeje.
Abaturage bo mu Karere ka Rusizi bavuga ko byababereye nk’igitangaza kubona imodoka ndende yo mu bwoko bwa Hummer ya Limousine (Hummer Limousine) igera mu karere kabo.
Izabayo Marie Grace ni we wegukanye ikamba rya Nyampinga w’Akagari ka Rukaragata 2017, mu Murenge wa Mushishiro, mu Karere ka Muhanga.
Abaturage bo mu Kagari ka Rukaragata mu Murenge wa Mushishiro mu Karere ka Muhanga bagiye kongera gutora Miss w’Akagari kabo.
Abasore babiri bivugwa ko bari bambaye nk’abasirimu bakoresheje amayeri biba ibihumbi 75RWf umukobwa ukorera mu mujyi wa Musanze, bahita baburirwa irengero.
Kugira neza ni ukuguriza Imana kandi ngo iyo ikwishyuye, ibikora mu buryo bwayo ndetse igakuba inshuro zitabarika.
Mu masaha akuze yo ku wa 31 Ukuboza 2016, muri gare ya Nyabugogo hagaragaye abantu ibihumbi n’ibihumbi bateze imodoka ariko bakazibona bigoranye.
Indaya y’ahitwa mu Gahenerezo yacuje imyambaro umugabo asigara yambaye ubusa, imuziza ko yabuze ayo kuyishyura nyuma yo kurarana nayo.
Nyirangaruye Dafrose utuye mu Kagari k’Akagarama, Umurenge wa Rurenge muri Ngoma avuga ko atotezwa n’abaturage bamwita umuvubyi wabujije imvura kugwa.
Mfitumukiza Vestine amaze kwamamara mu Karere ka Musanze kubera gukora umwiyereko w’akarasisi (Parade) mu birori mu buryo bunogeye ijisho.
Ku nshuro ya mbere muri Kenya hagiye gutorwa Rudasumbwa na Nyampinga mu bafite ubumuga bw’uruhu mu rwego rwo kurushaho kwimakaza uburenganzira bwabo.
Polisi y’igihugu ikorera muri Rubavu yatabaye umugore abaturage b’akagari ka Mbugangari bashaka gutera amabuye bamushinja kuba umucuraguzi.
Mu nteko y’abaturage mu Karere ka Kamonyi bamwe mu baturage bahisemo kwandikira umuyobozi w’ako karere batinya ko bashobora kwimwa ijambo.
Umuturage witwa Niyitegeka Emmanuel wo mu Murenge wa Shyogwe, mu Karere ka Muhanga arashinja umukuru w’umudugudu kumutwarira televiziyo yahaweho impano.
Abaturage bo muri Huye bavuga ko indaya basigaye bazita “Ibiryabarezi” kubera ko zirya amafaranga ya bamwe mu bagabo bagataha imbokoboko.
Mu kwizihiza umunsi wa Eid Adhuha muri Nyagatare, hari abiyambitse umwambaro w’Abayisilamu kugira ngo bahabwe inyama z’inka zatanzweho igitambo.