Umunyakorombiyakazi watakaga kubabara mu nda yagiye kwivuza abaganga basanga ububabare yarabuterwaga n’ikirayi yari yarishyize mu nda ibyara agamije kuboneza urubyaro.
Umukecuru Nyirankina Cecilia w’imyaka 80 utuye mu mudugudu wa Gakagati ya mbere akagali ka Cyamunyana umurenge wa Rwimiyaga, avuga ko n’ubwo ageze mu zabukuru kuboha ibyibo bimurinda gusabiriza.
Abapolisi bo mu mujyi wa Grenoble mu gihugu cy’Ubufaransa, bamaze amasaha abiri banze gufasha umusore wabasabaga ubufasha bwihuse kuko yari yishwe n’inyota n’inzara, ahubwo bamubuza kubegera kuko bamukekagaho indwara ya Ebola.
Umushinwakazi Jing Mei, yiyemeje kwambara ikanzu y’abageni idasanzwe mu gihe cy’ubukwe bwe: yari ifite igice gikururuka inyuma cy’uburebure burenga ibirometero bine, kandi ikanzu ye yose yapimaga ibiro hafi 50.
Umugabo witwa Vianney wo mu murenge wa Cyumba mu karere ka Gicumbi yariye injangwe bituma umugore we n’abana be bamuhunga.
Umunyeshuri wiga kuri kaminuza ya Songjiang mu Bushinwa, yiyemeje gukodesha serivisi z’inshuti ye y’umukobwa kugira ngo azabashe kwigurira iPhone 6. Ibi yabitangaje ku rubuga nkoranyambaga Weibo, aho yagaragaye ku ifoto afite icyapa gisobanura ibyo yiyemeje.
Mu mugi wa Burien, i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika hashyizweho itegeko ko nta wemerewe kunukira abandi.
Umufungwa ufungiye muri gereza y’i Lantin ho mu Bubiligi yagombaga kujya kuburanira mu rukiko rw’i Liège, ariko ngo yanze gusohoka muri gereza bitewe n’uko wari umunsi wo kurya amafiriti. Ibi byatangajwe n’igitangazamakuru La Meuse.
Mangli Munda, umuhindekazi w’imyaka 18, yasabwe gukora ubukwe n’imbwa yibunza, kugira ngo imyuka mibi yari imuriho imuveho.
Umunyabureziri w’imyaka 37, Claudio Vieira de Oliveira, w’ahitwa Monte Santo mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Brazil, yavukanye indwara bita arthrogrypose ituma umubiri we utamera nk’iy’abandi ; uruti rw’umugongo we rwarihindukije ku buryo umutwe we ureba inyuma.
Umusore witwa Nshimiyimana Félicien utuye mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera yariye amandazi 10 manini bari bamutegeye arayamara ntiyagira ikibazo na kimwe agira, maze yegukana amafaranga y’u Rwanda ibihumbi bibiri bari bamwemereye.
Umugabo witwa Rutikanga Soter utuye mu murenge wa Minini mu ijoro ryo kuwa gatanu tariki ya 29 Kanama yaryamye ari muzima avuga bucya mu gitondo atavuga.
Umusore w’imyaka 25 mu gihugu cya Canada bamufashe atwara imodoka yasinze maze bamushyira mu mudoka ya polisi yari ku burinzi ku ntebe y’inyuma maze mu gihe bacyumva ubuhamya ku mpanuka yari yatejwe n’uko gutwara imodoka kandi yasinze abaca mu rihumye atorokana imodoka ya polisi bamufata hashize iminsi itatu.
Abaganga mu gihugu cy’Ubuhinde nyuma yo gukura igikanka (skleton) cy’umwana mu nda y’umugore cyari kimazemo imyaka igera kuri 36 kuri uyu wa 25 Kanama 2014, baratangaza ko uwo mugore ari uwa mbere utwise igihe kirekire mu bagore bose babonye.
Urukiko mu gihugu cy’Ubudage rurashaka gucira urubanza umukozi w’iposita ukekwaho kureshya no gukurura abagore mu gihe ari mu kazi ke. Kugira ariko ngo hatangwe ubwo butabera urukiko rwafashe umwanzuro wo kubanza gupima indeshyo y’ubugabo bw’uregwa.
Umugabo witwa Nsabimana Samson w’imyaka 28 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera, kubera gutwika ibiganza by’umwana we w’imyaka itanu abivumbitse mu makara amuziza ko yataye amadarubindi ye.
Inzoga yitwa “La Snow” ikomoka mu Bushinwa niyo iza ku isonga mu nzoga zanywewe cyane ku isi mu mwaka wa 2013 na litiro zingana na miliyari 10,3nk’uko bigaragazwa n’ubushakashatsi bwakozwe na CNN.
Ubusanzwe abakobwa cyangwa abagore n’abandi bantu bose bafite aho bahuriye no gukoresha imisatsi ariko hifashishijwe poroduwi (produit) bemeza ko bikunze kubahenda, ku buryo hari naho bishoboka ko iyo misatsi ikoreshwa amafaranga agera mu bihumbi 20 cyangwa akanarenga.
Umukambwe w’imyaka 101 wo muri Leta zunze Ubumwe za Amerika witwa IDEO Hy Goldman ntatekereza kubyo kujya mu kiruhuko cy’izabukuru nubwo afite imyaka ingana ityo.
Umugore wo muri Reta Zuze Ubumwe z’Amerika muei Leta ya Caroline yamenye ko umugabo we abana n’abandi bagore batatu ku buryo bwemewe n’amategeko nyuma yo gufata icyemezo cyo kureba kuri paji ya Facebook y’umugabo we maze akavumbura amafoto y’ubukwe aho umugabo we yabaga yashakanye n’abandi bagore.
Manirakiza Jean Pierre amaze imyaka igera kuri ibiri anyongesha igare ukuboko kumwe kuko nta kundi afite kandi biramutunze binamugejeje kuri byinshi.
Muri resitora imwe yo mu ntara ya Jiangsu mu burasirazuba bw’igihugu cy’Ubushinwa, hari resitora ikorwamo na za robo: haba mu kwakira abaje muri iyi resitora, mu baseriva abakiriya ndetse no mu gikoni !
Mu nkengero z’umuyi wa Nyanza mu karere ka Nyanza hadutse itsida ry’abagore bamaze kwishora mu mukino utemewe w’urusimbi aho bacyuza abantu utwabo bakoresheje uburyo bw’amanyanga akunze kuranga uwo mukino bita ko ari uw’amahirwe ariko mu by’ukuri wihishemo ubushukanyi.
Donnie McGilvray yasabye umubano inshuti ye Eloise, yifashishije amacupa 6 ya Coca-Cola yatondetse muri firigo akurikije ibyari byanditseho kugira ngo agaragaze icyifuzo cye.
Kampani yo mu Bwongereza yitwa Oxitec iherutse gutangiza ahitwa i Campinas ho mu gihugu cya Brésil, uruganda rukora imibu igenewe kuzatuma imibu yo mu bwoko bwa Ædes ægypti ishiraho.
Bamwe mu bacuruzi ndetse n’abakiriya bahamya ko bakunda kugurira abacuruzi badahuje igitsina kuko aribyo bibagwa neza. UIbi ngo bikorwa by’umwihariko ku bacuruzi batarashaka (abakiri ingaragu) ndetse rimwe na rimwe uwari ingaragu iyo amaze gushaka ngo hari ubwo ahindura ubucuruzi bwe cyane cyane iyo yacuruzaga ibintu (...)
Nyuma y’imyaka 10 atandukanye n’umuryango we kubera umutingito w’isi wateye Tsunami mu gihugu cye cya Indoneziya, kuwa26 Ukuboza 2004, umwana w’umukobwa witwa Raudhatul Jannah, yongeye kubonana n’umuryango we.
Dan Perino, Umugabo wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amaerika wo mu kigero cy’imyaka nka 50, ngo amaze kurambirwa imbuza za internet zihurirwaho n’ababa bifuza urukundo none yiyemeje gukoresha ubwe buryo amanika hirya no hino mu Mujyi wa New York amafoto ariho na nimero za telephone ze amenyekanisha ko yifuza umukunzi bashakana.
Mu rwego rwo kwibuka uwari umukuru w’igihugu cyabo, Hugo Rafael Chávez Frías, witabye Imana ku itariki 5/3/2013, Abanyavenezuwela bahimbye ubwoko bw’inyuguti bwifashishwa muri mudasobwa bwigana umukono we. Ubu bwoko bw’inyuguti babwise ChávezPro.
Ku bitaro Sir J. J. ry’i Bombay ho mu Buhinde, batangajwe no gukura umwana witwa Ashik Gavai, w’imyaka 17, amenyo 232.