Ihuriro ry’abafana b’ikipe ya Manchester United mu Rwanda, bavuga ko atari abafana b’abavuzanduru gusa ahubwo buri mwaka bashaka igikorwa bafashamo Abanyarwanda, cyane cyane abatishoboye hagamijwe kububaka mu bushobozi no mu mibereho myiza.
Ku itariki 24 Kamena 2023, Abanyarwanda baba muri Senegal bakoze urugendo rwo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, banagezwaho ibiganiro ku itegurwa rya Jenoside no kurwanya ihakana n’ipfobya byayo.
Umuryango w’Abahoze ari Abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (GAERG), uvuga ko amatsinda y’abo ufasha agiye kungukira mu kwibukira hamwe k’Urwego rw’Imiyoborere (RGB), n’imiryango itari iya Leta ikorera mu Rwanda.
Ku wa Gatanu tariki 23 Kamena 2023, abakozi b’Ibitaro bya Kibagabaga bagiye kwibukira ku rwibutso rwa Jenoside rw’i Ntarama mu Bugesera, kugira ngo bunguke uburyo bazajya bakira abahura n’ihungabana.
Umuyobozi wa IBUKA mu Karere ka Kayonza, Ndindabahizi Didace, avuga ko mu itangwa ry’akazi mu Makomini yahujwe akabyara Akarere ka Kayonza, Abatutsi bahabwaga akazi gaciriritse ku buryo batafataga icyemezo runaka ndetse baranatotezwa kugeza bishwe muri Jenoside.
Umuryango w’Abanyeshuri barokotse Jenoside (AERG), uvuga ko imyaka 29 ishize Abanyarwanda bamaze babana mu mahoro, imaze kubaka mu rubyiruko indangagaciro nzima, ziruhesha ubushobozi bwo guhagarara mu mwanya w’abitanze babohora u Rwanda.
Viateur Kamanzi ukomoka mu Murenge wa Mata mu Karere ka Nyaruguru, avuga ko hamwe n’umuryango we barokotse Jenoside, abikesha uwari umujandarume bakomokaga hamwe, wakoze uko ashoboye abambutsa umupaka bahungira i Burundi.
Mu rwego rwo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, abakozi b’Ikigega cya Leta gifasha imishinga mito n’iciriritse (BDF), basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kibeho, banaremera abarokotse Jenoside bo muri aka Karere, igikorwa cyabaye ku wa 19 Kamena 2023.
Abagize Inama y’Igihugu y’abantu bafite ubumuga (NCPD), n’abagize imiryango yita ku bafite ubumuga mu Rwanda, basuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe rwa Kabgayi, banaremera imiryango ibiri y’abafite ubumuga barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi babaha inka.
Uruganda rw’icyayi rwa Mata rwibutse Jenoside yakorewe Abatutsi ruha inka abantu batandatu, harimo abakozi barwo bafite ababo bashyinguye mu rwibutso rwa Jenoside rwaho ndetse n’abandi barokotse Jenoside baruturiye.
Abakozi b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bibutse ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, igikorwa cyabereye ku rwibutso rwa Jali mu Murenge wa Jali, mu Karere ka Gasabo.
Abarokokeye mu Kigo Saint Paul (hepfo ya Sainte Famille ku Muhima) bibutse uko batabawe n’Inkotanyi ndetse n’uburyo Musenyeri Hakizimana Celestin wa Diyoseze ya Gikongoro yabitayeho abashakira ibyo bafungura. Iki gikorwa cyabayemo n’ubusabane bwo guhoberana no gusangira amandazi n’icyayi nk’ibiribwa byabatunze igihe bari (…)
Urugaga rw’Abahesha b’Inkiko b’Umwuga mu Rwanda, rurasaba abakora mu rwego rw’ubutabera gutanga ubutabera bwunga, birinda icyakongera gutandukanya Abanyarwanda.
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), irahamagarira abagize Urwego rw’Igihigu rw’Ubugenzacyaha (RIB), guhagurukira ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside, kubera ko bishobora kugira ingaruka mu Rwanda rw’ubu n’urw’ejo hazaza.
Abakoze b’uruganda rwa Rubaya Tea Factory ruherereye mu Murenge wa Muhanda mu Karere ka Ngororero, ku wa Kane tariki 15 Kamena 2023, bibutse abari abakozi b’urwo ruganda n’abandi bari baruhungiyemo, ariko barahicirwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abarokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi Mata 1994, i Rugarama mu Karere ka Kirehe, barasaba abandi baharokokeye ariko nyuma ya Jenoside bakajya gutura ahandi kuhagaruka bagafatanya mu iterambere kuko uretse kubatera irungu ngo n’icyo bahatinyaga cyarangiye kandi kitazongera kuhaba ukundi.
Nyiramatabaro Jeanne D’Arc utuye mu murenge wa Gakenke mu karere ka Gakenke, yavuze uburyo yatabawe n’Inkotanyi nyuma y’uko Interahamwe zari zasiganiye kumwica.
Abarokotse Jenoside bo mu itorero ry’Ababatisita (UEBR), i Huye, bifuza ko bagenzi babo basangiye ukwemera bakoze Jenoside baca bugufi bakabasaba imbabazi, kuko batekereza ko byabafasha gukira ibikomere bafite ku mutima.
Umusore witwa Mukiza Willy Maurice, mu kiganiro yahaye abitabiriye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 29 urubyiruko rwishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, gifite insanganyamatsiko igira iti “Igihango cy’Urungano”, yavuze ko amahitamo ye ari ugufatanya n’abandi Banyarwanda kubaka Igihugu, ntajye mu murongo umwe na se (…)
Madamu Jeannette Kagame arashishikariza Abanyarwanda muri rusange, n’urubyiruko by’umwihariko, kwibona nk’abanyamigabane mu kubaka u Rwanda.
Abagize Urugaga rw’abagore n’Urugaga rw’Urubyiruko rushamikiye ku muryango FPR Inkotanyi mu Ntara y’Amajyaruguru, baragaya abagize uruhare mu koreka Igihugu, bategura Jenoside yakorewe Abatutsi bakanayishyira mu bikorwa.
Mushimiyimana Laurette avuga ko itariki ya 02 Kamena 1994, ari itariki y’umuzuko kuri we kuko Inkotanyi zamurokoye i Kabgayi amaze iminsi itatu agerageje kwiyahura kubera uburwayi bwa macinya yari afite kandi nta muti abona.
I Mibilizi mu Karere ka Rusizi, tariki ya 3 Kamena 2023 bibutse ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi, banashyingura imibiri 1,240 y’Abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi i Kabgayi mu Karere ka Muhanga bavuga ko kuva ku butegetsi bwa Repubulika ya mbere n’iya kabiri, Abatutsi bahohotewe bagakorerwa Jenoside ariko babanje guhangayikishwa, ku buryo bishwe baramaze guteshwa agaciro bikanatuma ntawe ubasha kwirwanaho.
Abayoboke b’Itorero ADEPR muri Paruwasi ya Gasave ku Gisozi mu Karere ka Gasabo bahuriye mu rusengero bamwe barokokeyemo, bibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Prof. Jeannette Bayisenge, avuga ko kwica umugore bigamije kurimbura umuryango, kuko ari we utwita akanabyara naho kwica umwana bikaba bigaragaza kwica ejo hazaza h’Igihugu, byose bikaba byari bikubiye mu mugambi wo kurimbura burundu Umututsi muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Sosiyete y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro yitwa PIRAN Rwanda Ltd, ikorera mu Karere ka Rwamagana izajya yibukirwamo Abatutsi biciwe muri Kiliziya y’i Musha, bitewe n’uko bavanywemo bagatabwa mu birombe byayo.
Abanyeshuri n’abarimu bo ku ishuri ribanza rya Urukundo Foundation mu Karere ka Muhanga, baravuga ko bigiye byinshi mu gusura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kabgayi, ruruhukiyemo imibiri isaga ibihumbi 10 y’abiciwe i Kabgayi.
Abakorera ibigo 18 bya Diyosezi ya Kabgayi birimo iby’uburezi, ubuvuzi n’izindi serivisi bibutse abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, barimo n’abari abakozi babyo, biyemeza gukomeza kubumbatira ubumwe no guharanira ko Jenoside itazongera kubaho ukundi.
Ministiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Prof Bayisenge Jeannette, mu ijambo yagejeje ku bitabiriye igikorwa cyo kwibuka Imiryango yazimye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, cyabereye kuri Stade y’Akarere ka Bugesera ku mugoroba wa tariki 27 Gicurasi 2023, yavuze ko iyi miryango ari imbaraga zikomeye (…)