Ibihugu bya Espagne, Irlande na Norvège byemeje ku mugaragaro Palestine nka Leta yigenga kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Gicurasi 2024, icyo cyemezo cyamaganirwa kure na Israel.
Gukina filime ni umwe mu myuga benshi usanga bifuza kujyamo bitewe n’uko ari uruganda rw’imyidagaduro rurimo amafaranga menshi haba mu bihe byahise ndetse bikaba byararushijeho kuba akarusho muri iyi myaka ya vuba nyuma y’umwaduko w’ikoranabuhanga riteye imbere by’umwihariko mu bihugu byateye imbere mu kuzikina no (...)
Umunyezamu w’Amavubi Maxime Wenssens agiye gukora amateka yo kuba umunyarwanda wa mbere ukinnye irushanwa rya UEFA Champions League, rihuza amakipe yabaye aya mbere mu bihugu byayo ku mugabane w’i Burayi.
Mu kiganiro EdTech Monday cyatambutse kuri KT Radio tariki 27 Gicurasi 2024 gikorwa ku bufatanye na Mastercard Foundation cyagarutse ku iterambere mu burezi bushingiye ku ikoranabuhanga kigaragaza inyungu mu gushyira Isomero muri mudasobwa no gukoresha ikoranabuhanga mu burezi.
Abagabo bitwaje imbuda bateye umudugudu wahitwa Kuchi muri Nigeria bica abantu 8 banashimuta abandi 150.
Ku wa Mbere tariki 27 Gicurasi 2024, nibwo hamenyekanye andi makipe abiri yageze muri 1/2 cya BAL 2024, aho Rivers Hoopers yasezereye US Monastir naho Petro de Luanda isezerera AS Douanes.
Abarokotse bo mu Murenge wa Nyarusange bibutse Abatutsi bishwe mu yahoze ari Komini Mushubati, ahari umwihariko wo kubaroha muri Nyabarongo kuko ari ku Kiraro cyatandukanyaga Perefegitura ya Kibuye na Gitarama, ubu ni mu Mirenge ya Nyarusange na Nyange.
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) Sitasiyo ya Nyagatare, John Kayumba, avuga ko inka 60 ari zo zimaze gukurwa mu bworozi kubera indwara y’uburenge yagaragaye mu cyumweru gishize mu rwuri rw’umworozi wo mu Murenge wa Tabagwe.
Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Mutsinzi Antoine, avuga ko ubuyobozi muri rusange bushima uruhare rw’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere, kuko ibikorwa byabo byigaragaza mu gufasha abaturage kwikura mu bukene.
Perezida Paul Kagame yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Mali, Abdoulaye Diop, amugezaho ubutumwa bwa Perezida w’iki gihugu, Col Assimi Goïta.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 27 Gicurasi 2024, Perezida Paul Kagame yakiriye Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye mu bijyanye n’Umutekano wo mu Muhanda, Jean Henri Todt, uri mu Rwanda muri gahunda yo gutangiza ubukangurambaga bwiswe “Tuwurinde” igamije gushishikariza abakoresha moto (...)
Amakipe ya APR abagabo n’abagore yegukanye shampiyona nyuma y’imikino ya kamarampaka yasojwe kuri iki cyumweru taliki ya 26 Gicurasi 2024.
Inzego zishinzwe ubutabazi n’izishinzwe kuzimya inkongi mu Ntara ya Katavi, muri Tanzania ziri mu bikorwa byo gushakisha imirambo y’abantu batandatu muri barindwi baguye mu mpanuka y’ubwato nyuma yo gusaduka bukinjiramo amazi bukiyubika ku bantu 14 bari baburimo n’imifuka minini 10 y’umuceri udatonoye.
Inzego z’Umutekano mu Karere ka Ngororero, zataye muri yombi, umusore witwa Umazekabiri Froduard w’imyaka 25, ukurikiranyweho kwica mushiki we ndetse akagerageza no kwica umugore w’umuvandimwe we ariko we Imana igakinga ukuboko.
Abaturage batuye mu kagari ka Kabagesera ho mu murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi baravuga ko hatarakorwa umuhanda wa Kaburimbo Gihara-Nkoto bari basanganywe imihanda y’igitaka ibafasha guhahirana byoroshye, none aho baherewe iyo kaburimbo indi mihanda ntikiri nyabagendwa ndetse n’imirima yabo itwarwa n’amazi, imyaka (...)
Kapiteni w’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda (Amavubi), Bizimana Djihad usanzwe ukina mu cyiciro cya mbere mu gihugu cya Ukraine mu ikipe yitwa Kryvbas KR, avuga ko yashimishijwe no kuba ikipe ye yarabonye itike yo gukina imikino ya Europa League ndetse ko bizaha ishusho nziza Igihugu cy’u Rwanda.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA), ifatanyije n’Umuryango w’Abibumbye (UN) hamwe n’izindi nzego, batangije ubukangurambaga bwiswe ‘Tuwurinde’ busaba abamotari gukoresha kasike zujuje ubuziranenge, mu rwego rwo kurinda umutwe w’umuntu ugenda kuri moto.
Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, umutoza w’ikipe y’u Rwanda Amavubi, Torsten Spittler yatangaje byinshi birimo imyiteguro y’imikino ibiri yo guhatanira itike y’igikombe cy’isi, anatangaza byinshi kuri rutahizamu Ani Elijah.
Ku Cyumweru tariki 26 Gicurasi 2024, Abahagarariye Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC) batoye abayobozi bashya, Sheikh Mussa Sindayigaya aba ari we ugirirwa icyizere cyo kuba Mufti mushya w’u Rwanda mu matora yabaye ari we mukandida wenyine.
Ihuriro ry’Imiryango ishingiye ku myemerere (RIC) rifatanyije n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Kicukiro mu Karere ka Kicukiro, ndetse n’abatuye muri uwo Murenge, bateguye igiterane cyo gushimira Imana kubera ibyiza yabagejejeho mu myaka 30 ishize, icyo gitaramo kikaba cyabaye tariki 26 Gicurasi 2024.
Urubyiruko rwahoze mu ngeso mbi zitandukanye, uyu munsi rurihamiriza ko rwahindutse ndetse rugasaba rugenzi rwabo bakibaswe nazo, guhinduka bakabaho mu buzima bwishimye.
Kuri uyu wa Mbere tariki 27 Gicurasi 2024, u Rwanda na Mali byasinye amasezerano 19 y’ubufatanye mu nzego zirimo ubuzima, umutekano, umuco, ubuhinzi, ubukerarugendo, ikoranabuhanga n’ibindi.
Muri Burkina Faso, Perezida Ibrahim Traore, azaguma ku butegetsi mu yindi myaka itanu iri imbere, izatangira kubarwa uhereye ku itariki 2 Nyakanga 2024, nk’uko byemejwe n’Inama ngishwanama yateraniye i Ouagadougou ku matariki 25-26 Gicurasi 2024.
Umukozi wa Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe Itangazamakuru, Julien Mahoro Niyingabira, arasaba abanyarwanda ko mu gihe amaso yabo atangiye kuryaryatwa, kuzana amarira no kubyimba bakwiye kwihutira kugana ivuriro ribegereye ariko bakanirinda kujya mu ruhame rw’abantu benshi kugira ngo batabanduza amaso yandura cyane.
Gashenyi umwe mu Mirenge 19 igize Akarere ka Gakenke, niwo Murenge wahize indi mu bikorwa by’umuganda rusange ku rwego rw’Igihugu, uhabwa igikombe na miliyoni ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda.
Abakora uburaya mu Karere ka Muhanga barasaba ko imiti yo kubafasha kutandura Virusi itera SIDA itangwa mu buryo buzwi nka PEP, yashyirwa ku bwishingizi bakoresha, kugira ngo hagabanywe ibyago byo gukwirakwiza ubwandu bushya bwa SIDA.
Ibigo by’amashuri, ibitanga serivisi, ibitaro n’abakozi bose b’ibigo bishamikiye kuri Diyosezi ya Kabgayi, bibutse Abatutsi bazize Jenoside muri ibyo bigo, barimo abihaye Imana abakozi b’ibyo bigo n’Abatutsi bari bahungiyeyo.
Umuyobozi w’Itorero Apostles and Prophets Church of Christ Jesus, Bishop Augustine Gakwaya, avuga ko kwita ku bo muhuje imyemerere ukirengagiza abakene Imana ikureba nabi.
Kubera amateka yihariye y’uko abatekereje, abateguye ndetse n’abashyize mu bikorwa Jenoside bafite inkomoko mu Karere ka Nyabihu, abakozi b’uruganda rw’Icyayi rwa Nyabihu biyemeje guharanira ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 itazongera ukundi.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko kuri uyu wa Mbere tariki 27 Gicurasi 2024 abakora umwuga wo gutwara abantu kuri moto bakomeza gutwara abagenzi nk’uko bisanzwe, kuko gahunda y’inama yari iteganyijwe yahindutse.
Mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, kuri iki Cyumweru habaye igiterane cyo gusengera Igihugu giteguwe n’abayobozi b’Amadini n’Amatorero abarizwa muri uwo Murenge, abayobozi mu nzego za Leta ndetse n’ahahagarariye urwego rw’abikorera, ku nsanganyamatsiko igira iti, ”Umuyobozi ugeza abaturage ku mpinduka nziza."
Kuri iki Cyumweru, nk’uko byari byitezwe Nkurunziza David yatorewe kuba Perezida wa Kiyovu Sports mu nama y’Inteko rusange idasanzwe yabereye i Remera mu Mujyi wa Kigali igatangira 15h50.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bakomoka mu Murenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango, bakaba batuye i Kigali, kuwa Gatandatu tariki 25 Gicurasi, bibutse imiryango yabo yiciwe mu bice bitandukanye, amazina akaba yanditswe mu Rwunge rw’amashuri rwa Rwingwe.
Mvukiyehe Juvénal wahoze ari Perezida wa Kiyovu Sports yangiwe kwinjira ahari kubera inama y’Inteko Rusange idasanzwe y’iyi kipe yitezwe gutorerwamo ubuyobozi bushya.
Inkongi y’umuriro yibasiye Ububiko bw’Ibicuruzwa bwa Magerwa, buherereye mu Murenge Cyanika mu Karere ka Burera, ibicuruzwa byarimo birashya birakongoka.
Sheikh Sindayigaya Mussa atorewe kuyobora Umuryango w’Abayislamu mu Rwanda (Mufti), asimbuye Sheikh Salim Hitimana.
Mu gihe hategurwa kwibuka imiryango yishwe ntihagire usigara (imiryango yazimye) mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994, bizabera mu Karere ka Huye tariki ya 1 Kamena 2024, iyo miryango yaturiwe igitambo cya misa tariki 24 Gicurasi 2024.
Ministeri y’Ibidukikije iratangaza ko mu myaka 30 ishize u Rwanda rwageze ku ntego yo gutera amashyamba ku kigero cya 30.4% by’ubuso bw’igihugu, nyuma y’uko kugera mu 1996, amashyamba angana na 65% yari amaze kwangirika.
Nubwo hari hategerejwe ko kuwa Gatandatu aribwo igikombe gishobora kubona nyiracyo muri volleyball, haba mu bagore ndetse n’abagabo ntabwo ariko byagenze kuko amakipe yakomeje kwihagararaho bategereza umunsi wa nyuma.
Kuri iki Cyumweru, Ikipe y’abagore ya Scandinavia yo mu Karere ka Rubavu yahagaritswe mu banyamuryango b’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda kubera kutitabira amarushanwa.
Umurenge wa Gashenyi waje ku isonga ku rwego rw’Igihugu mu kwitwara neza mu bikorwa by’Umuganda ngarukakwezi by’umwaka wa 2023-2024, biwuhesha igihembo cy’amafaranga angana na Miliyoni ebyiri y’u Rwanda.
Abagize Inama njyanama y’Akarere ka Bugesera n’abandi bayobozi ku rwego rw’Intara y’u Burasirazuba, bifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Mareba mu gikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Gicurasi 2024, batunganya umuhanda wari warasibye bitewe n’abaturage bagiye bahinga bawusatira birangira ubaye akayira gato k’abanyamaguru.
EdTech Monday ni ikiganiro gikorwa ku bufatanye na Mastercard Foundation kikagaruka ku iterambere mu burezi bushingiye ku ikoranabuhanga, aho igice cyo muri uku kwezi kwa Gicurasi, kizibanda ku ishyirwaho ry’isomero rihamye ry’ikoranabuhanga no guteza imbere ikorwa n’isaranganya ry’ibitabo by’uburezi bikoreshwa na bose mu (...)
Urubyiruko rwiga mu Ishuri Rikuru rya INES-Ruhengeri rwiganjemo abavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ruvuga ko rugiye gushyira imbaraga mu kugaragaza umusanzu ufatika mu guhangana n’abagifite imvugo zibiba urwango, kuko ntaho byageza abanyarwanda mu rugendo barimo rwo kubaka u Rwanda rwifuzwa.
Kuri uyu wa Gatandatu nibwo hakinwe imikino ibiri yo gushaka uko amakipe azahura muri 1/4 cy’irushanwa rya BAL 2024 iri kubera muri BK Arena, aho yasize US Monastir izakina na Rivers Hoopers mu gihe AS Douanes izakina na Petro de Luanda.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe Ubukungu, Matsiko Gonzague, arasaba urubyiruko cyane urwiga muri za kaminuza n’amashuri makuru gufatira ku rugero rw’Inkotanyi zahagaritse Jenoside, rukarwanya uwagerageza kurubibamo ingengabitekerezo yayo ariko rukanarinda ibyagezweho.
Ubuyobozi bukuru bwa Banki ya Kigali bwifatanyije n’Abanyarwanda bari hirya no hino mu Gihugu mu gikorwa cy’umuganda rusange usoza ukwezi kwa Gicurasi bubashishikariza kwiteza imbere babicishije mu gukora umurimo unoze.
Ikipe ya Manchester United yegukanye igikombe cya FA Cup 2023-2024 itsinze Man City ibitego 2-1 ku mukino wa nyuma wakinwe kuri uyu wa Gatandatu.
Pasiteri Cleophas Barore, usanzwe anayobora Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA), aravuga ko kuba umuntu yaminuza mu masomo ajyanye n’Ubumenyamana (Theology), bitamubuza kuyobya abo yigisha.
Nk’uko Kigali Today igenda ibagezaho inyito z’inkomoko y’amazina atandukanye ya tumwe mu duce tugize igihugu yabakusanyirije ahitwa mu Akabira kabi ka Syiki.