Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu Rwanda, kuri uyu wa gatatu tariki 25/07/2012, yasuye ibikorwa by’umushinga FHI Raods 360 mu karere ka Rusizi mu rwego rwo kumenya niba koko inkunga uhabwa ikoreshwa ibyo yagenewe.
Abantu bari bibwe ikaziye ya Primus bafunganywe n’ababibye kubera ko babafashe bakabihanira kandi bitemewe n’amategeko.
Lt Col. Rugigana Rugemangabo yahamwe n’ibyaha byo kugambanira igihugu no guteza imvururu mu baturage, akaba yahanishijwe igifungo cy’imyaka icyenda n’ihazabu y’amafaranga ibihumbi 100 ubwo urubanza rwe rwasomwaga kuri uyu wa gatatu tariki 25/7/2012.
Umubyeyi witwa Nirvanna Jeannette utuye mu majyepfo ya Leta Zunze za Amerika muri Leta ya Georgia mu gace kitwa Savannah yirukanwe mu rusengero nyuma yaho azamuye umwambaro we atangiye konsa umwana we.
Abacuruzi n’abarobyi baravuga ko akabo gashobotse kubera ko hafashwe icyemezo cyo guhagarika uburobyi bw’amafi mu Kivu mu gihe cy’amezi abiri kandi nta yindi mirimo bafite.
Hakizimana Jean Claude w’imyaka 27 utuye mu murenge wa Karago mu karere ka Nyabihu yishe uwo bavukana Nsengiyumva Prince Alias Fils w’imyaka 18 mu rukerera rushyira tariki 24/07/2012 amuziza amakimbirane bari basanzwe bafitanye.
Abantu 10 barokotse impanuka y’modoka itwara abagenzi yagonze icyapa kiri hagati mu muhanda ugisohoka muri gare yo mu mujyi wa Butare werekeza i Kigali, ndetse n’imodoka yari yikoreye imizigo yo mu bwoko bwa Daihatsu mu gitondo cya tariki 24/07/2012.
Musabimana Theogene afungiye mu karere ka Muhanga aho akurikiranwa n’ubushinjacyaha icyaha cyo gukora no gukoresha amafaranga y’amahimbano.
Iyakaremye Zayinabo w’imyaka 21 yarohamye mu musarane ahetse umwana w’imyaka ibiri mu mugoroba wa tariki 24/07/2012 ku bwamahirwe abaturage babakuramo bakiri bazima.
Musonera Emmanuel wari umuyobozi w’ikigo cy’amashuri yisumbuye cya Rusumo mu gihe cy’imyaka 16 yitabye Imana mu ijoro rya tariki 22/07/2012 mu bitaro bya CHUK. Umuhango wo kumushyingura wabaye tariki 24/07/2012 mu murenge wa Kigina mu karere ka Kirehe.
Ikamyo ya rukururana ifite puraki numero T 613 CA yari itwaye ingano yaguye ahitwa kuri poids lourds i Rwamagana mu ijoro rishyira tariki 25/07/2012 irangirika bikabije ku buryo abazi uko imodoka zikorwa bavuga ko izasubira mu muhanda bigoranye.
Itsinda ry’Umuryango w’Abibumbye zakoze raporo yashinje u Rwanda gufasha umutwe wa M23 wigometse ku butegetsi bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ryaje kumva uruhande rw’u Rwanda, nyuma y’aho rurishinjirije kubogamira ku ruhande rumwe.
Umunsi wa mbere w’imurikagurisha mpuzamahanga ry’u Rwanda, ryatangiye kuri uyu wa gatatu tariki 25/07/2012, ryaranzwe n’ubukererwe kuko ku munsi w’itangira ariho bari bagitunganya aho bazakorera, hari n’abari batarabona ibyicaro byabo, nk’uko bamwe muri bo babyitangariza.
Igaraje rya Jean Burayima riri mu murenge wa Gatsata, akarere ka Gasabo ribasiwe n’inkongi y’umuriro tariki 24/07/2012 mu masaha moya za mugitondo, imodoka eshatu zirakongoka, moteri ibyiri z’imodoka n’ibindi bintu binyuranye bitikiriramo.
APR FC ifite ibikombe bitatu bya CECAFA Kagame Cup izakina na Yanga yatwaye igikombe giheruka ku wa kane tariki 26/7/2012, mu mukino wa ½ cy’irangiza uzabera kuri stade y’igihugu i Dar Es salaam muri Tanzania guhera saa cyenda za Kigali.
Hakizimana w’imyaka 20 yagonzwe n’imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Coaster ya sosiyete itwara abagenzi yaVirunga mu kagali ka Rusagara, umurenge wa Gakenke mu ijoro rishyira tariki 24/07/2012 arakomereka bikabije mu mutwe.
Tuyishimire Leontine w’imyaka 22 urwariye mu Bitaro Bikuru bya Nemba atangaza ko atangiye koroherwa nyuma yo gukubitwa ifuni mu mutwe n’umugore wasanze asambana n’umugabo we mu rugo tariki 20/07/2012.
Nyuma yo gukora imibonano mpuzabitsina, abagore baba bashaka kuganira n’uwo baryamanye cyangwa gukomeza iyo mibonano mu gihe abagabo bo bashimishwa no guhita basinzira nta kindi bitayeho ku buryo hari abagore bashobora gukeka ko badakunzwe n’umugabo bari kumwe.
Umusore witwa Nzabanita wo mu kagali ka Kagoma, umurenge wa Gakenke yatewe icyuma mu rubavu mu ijoro rishyira tariki 23/07/2012 bimuviramo kujya mu bitaro.
Inteko rusange y’umuryango w’abibumbye ku isi wafashe icyemezo cyo kongerera abacamanza bane b’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) igihe cy’akazi bakazarangiza manda yabo tariki 31/12/2012.
Ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 (Rwanda U20) yatsinze iya Nigeria igitego kimwe ku busa mu mukino wa gicuti wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku wa kabiri tariki 24/7/2012.
Umwe mu bahagarariye Huguka asbl, Kabagwira Pelagie, yitabiriye ikiganiro cyari kigamije gushakira hamwe uko amakimbirane ari hagati ya Huguka n’abakozi bakoreraga radiyo yayo yakemuka mu bwumvukane babifashijwemo n’umukozi w’akarere ka Muhanga ushinze abakozi n’umurimo.
Rwarinda Munyakayanza w’imyaka 28 bahimbaga Gasongero wari utuye mu mudugudu wa Nyakajuri, akagari ka Nyagihunika, umurenge wa Mareba yarohamye mu kiyaga cya Cyohoha ya ruguru ahita yitaba Imana ubwo yarobaga amafi mu ijoro rya tariki 23/07/2012.
Impunzi z’Abanyekongo zikomeje guhungira mu Rwanda zigiye kujya gucumbikirwa mu nkambi ya Nyabiheke iri mu karere ka Gatsibo kuko inkambi ya Kigeme yari isanzwe izakira yarangije kuzura.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, aratangaza ko ibibazo by’umutekano Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ifite bitazacyemurwa no guhohotera abaturage b’Abanyarwanda bari yo.
Professor John Evans Atta Mills wari Perezida wa Gahana yitabye Imana, kuri uyu wa Kabiri tariki 24/07/2012, nk’uko itangazo ryashyizwe ahagaragara na Perezidansi y’iki gihugu ryabitangaje.
Minisiteri y’ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) iratangaza ko izamuka ry’ibiciro bya hato na hato by’ibikomoka kuri peteroli rirenze ubushobozi bwayo, ariko igerageza kumvisha abacuruzi kuyitangira ku giciro cyo hasi.
Abantu batanu barohamye mu kiyaga cya Cyohoha ya ruguru mu ijoro rishyira tariki 24/07/2012 ubwo barimo kwambutsa inzoga za magendu zo mu bwoko bwa Amstel Bock amakaziya 40 bari bakuye mu gihugu cy’u Burundi rwihishwa.
Uburyo bwajyaga bukoreshwa mu kugeza agakingirizo ku bagakeneye bugiye guhindurwa mu rwego rwo kugira ngo agakingirizo kagere ku muntu ugakeneye mu buryo butagoranye mu rwego rwo gukumira icyorezo cya SIDA no kuboneza urubyaro.
Umusore witwa Iyakaremye Théogène wo mu kagari ka Kamashangi umurenge wa Kamembe ari mu maboko ya polisi azira kurwanya inzego z’umutekano ubwo abasirikare bamubuzaga guhohotera bagenzi be bakorana mu isoko.
Uyu munsi tariki 24/07/2012 kuva saa kumi kugera saa kumi n’imwe z’umugoroba minisiteri y’ubucuruzi n’inganda iraza kwakira ibibazo byose birebana n’ubucuruzi mu Rwanda kandi minisitiri n’abo bafatanya bya hafi barabitangira ibisubizo.
Bizimana André uhagarariye abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza yandikiwe ubutumwa bugufi kuri telefoni ye igendanwa n’umuntu utazwi amutera ubwoba aranamutuka.
Ikipe ya Etincelles FC yarangije guhitamo abatoza babiri bagomba kuvamo umwe ugomba guhabwa inshingano zo gutoza iyi kipe muri shampiyona itaha; nk’uko bitangazwa na perezida w’iyo kipe.
Umuyobozi w’akarere ka Rubavu, Sheikh Hassan Bahame, arasaba abakarani b’ibarura rusange bo muri ako karere kutazatatira igihugu n’akarere by’umwihariko mu murimo bahawe bakubahiriza indahiro.
Ambasaderi w’Ubuholandi mu Rwanda, Frans Makken, asaba abazigisha porogaramu zo gukemura amakimbirane mu karere k’ibiyaga bigari kuzajya bibanda ku ngero zijyanye n’imitere bwite y’igihugu cyangwa agace runaka, kurusha gutegereza ibisubizo biva mu mahanga ya kure.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga mu Rwanda, Louise Mushikiwabo, yatangaje ko u Rwanda rwubaha uburenganzira bw’abafatanyabikorwa mu kugenera u Rwanda inkunga ariko ngo birakwiye ko bagendera ku makuru nyayo.
Iyi kamyo (camion) yo mu bwoko bwa FIAT yakozwe mu 1970 iracyakoreshwa mu kazi gatandukanye mu mujyi wa Karongi. Abazi Kibuye ya kera (Karongi y’ubu) bavuga ko bayizi mbere y’1994 kandi nabwo ngo yari ishaje.
Abarwanyi ba Mai Mai Mutomboki bateye abaturage bo mu gace ka Ngungu mu ntara ya Kivu y’amajyaruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bica abantu 15, bashimuta n’inka zigera kuri 600 z’abaturage bavuga Ikinyarwanda ku cyumweru tariki 22/07/2012.
Umugabo witwa Jacques Kalisa, usanzwe uzwi nk’umuvuzi wa gakondo, yatawe muri yombi 20/07/2012 na polisi ikorera mu karere ka rwamagana, umurenge wa Musha akekwaho kwica Daniel Mparaye biturutse ku miti ya gakondo yamuhaye.
APR FC ihagarariye u Rwanda muri CECAFA Kagame Cup ni yo kipe ya mbere yabonye itike yo gukina ½ cy’irangiza nyuma yo gusezerera URA yo muri Uganda iyitsinze ibitego 2 kuri 1 tariki 23/7/2012.
Umunyamabanga mukuru w’umuryango w’ibihugu bya Afurika y’Uburasirazuba (EAC), Amb. Richard Sezibera, atangaza ko urugaga nyarwanda rw’abikorera ntacyo runengwa ku kuba rudashora imari mu bindi bihugu bigize uwo muryango kuko rukirimo kwiyubaka kandi rugaragaza ubushake.
Jason Deluro uzaririmbira Abanyarwanda ku munsi wo gusoza amarushanwa ya Primus Guma Guma Super Star 2 azasozwa tariki 28/07/2012, azagera mu Rwanda tariki 27/07/2012 ahagana saa mbiri z’ijoro.
Muhire William uzwi ku izina rya K8 Kavuyo yemeje ko umwana Miss Bahati Grace yabyaye ari uwe.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, atangaza ko nta ruhare na rumwe u Rwanda rufite mu ntambara zikunze kuba muri Kongo ngo ahubwo ibyo bibazo biterwa n’umuryango mpuzamahanga (international community) utumva ngo inashake igisubizo cy’ibyo bibazo.
Mu muhango wo gufungura ku mugaragaro ishuri rikuru rya gisirikare ryigisha abasirikare bari mu rwego rw’aba-officiers bakuru, Perezida Paul Kagame yavuze ko ishingwa ry’iryo shuri rigomba guha abasirikare bakuru amahirwe yo gushimangira imikorere y’igisirikare cy’u Rwanda.
Derek, umwe mu bahanzi bari gufasha abahanzi bari muri Primus Guma Guma Super Star 2 kuririmba (backing) kubera ubuhanga azwiho, arihanganisha King James kubera ibibazo ari guhura nabyo muri iyi minsi.
Itegekonshinga rishya riri gutegurwa mu gihugu cya Zimbabwe rirateganya ko muri icyo gihugu bavanaho igihano cyo kwicwa ku bagore bose.
Nzayisenga Samuel yitabye Imana biturutse ku miti yahawe n’umuvuzi gakongo witwa Macumi Francois utuye mu mudugudu wa Buharankakara wo mu kagali ka Mulinja ko mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza.
Afadhali Diallo, umunyeshuri wiga ibijyanye na farumasi muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda yatorewe kuba perezida w’ishyirahamwe ry’abanyeshuri biga ubumenyi mu miti ivura abantu muri Afurika (African Pharmacy Students Association) mu matora yabereye muri Algeria tariki 18/07/2012.