Umuraperi Meek Mill yasabye imbabazi nyuma yo gufatira amashusho y’indirimbo mu ngoro y’umukuru w’Igihugu cya Ghana Nana Akufo-Addo.
Umuhanzi Musoni Evariste yavukiye mu Rwanda ku Kibuye (Karongi) mu 1948, ahunga mu 1973 ari kumwe na nyina bajya mu Burundi, abavandimwe be bahungira mu bindi bihugu, nyuma y’uko ise yiciwe mu Rwanda mu 1963 mu mvururu zishingiye ku ivangura ryari ryaratangiye mu 1959.
Hakizimana Amani wamamaye nka ‘Ama G The Black’ muri muzika, yavuze ko abahanzi bo mu kiragano gishya badabagiye kandi ngo banaririmba ibintu bitumvikana.
Curtis James Jackson, Umuraperi w’Umunyamerika wamamaye nka 50 Cent, yatangaje ko agiye kugaruka gukora umuziki nyuma y’imyaka icyenda atagaragara.
Itsinda rya P-Square ryabiciye bigacika haba iwabo muri Nigeria, Afurika ndetse no ku Isi muri rusange, ryatangaje ko rigiye gushyira hanze umuzingo wa mbere w’indirimbo kuva ryasubirana.
Quavious Keyate Marshall, Umuhanzi w’Umunyamerika wamamaye nka ‘Quavo’, yatangiye umwaka mushya ari kumwe n’inshuti ze za kera, nyuma y’igihe atagaragara mu ruhame bitewe n’urupfu rwa Takeoff bahoranye mu itsinda rya ‘Migos’.
Amashusho ya Bad Bunny ajugunya telefone y’umufana mu mazi yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga, byatumye na nyiri ubwite agira icyo abivugaho.
Mu mpera z’umwaka tumenyereye ko haba ibitaramo byinshi, ariko kuri iyi nshuro igitaramo cyateguwe na East African Promoters ntikitabiriwe nko mu myaka yashize.
Bamwe mu bahanzi n’ibindi byamamare ntibabashije gusoza umwaka wa 2022 abandi bahura n’ibibazo byo kujyanwa mu nkiko ndetse baranafungwa.
Ikiganiro Tory Lanes wahamijwe kurasa Megan Thee Stallion yagiranye na Kelsey Harris kuri telephone Torry afunze mbere yo kugezwa imbere y’urukiko cyagiye hanze.
Mahoro Isaac, umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana, yifurije abantu umwaka mushya muhire abinyujije mu ndirimbo y’umunota umwe n’amasegonda 23. Asobanura impamvu y’icyo gihangano kigufi, yagize ati “Ikubiyemo ubutumwa bwo kwifuriza abantu umwaka mushya muhire bwonyine. Nk’uko abandi bandika amagambo bifuriza abantu (...)
Umuhanzikazi ukomoka mu gihugu cya Nigeria, Oyinkansola Sarah Aderibigbe, uzwi cyane ku izina rya Ayra Starr, yaranyereye agwa ku rubyiniro ubwo yari mu gitaramo cyiswe ‘Afrochella 2022’.
Drake yamaganye icyo yise ibihuha aho umugore yavuze ko yamusohoye mu nzu nabi bamaze kugirana ibihe byiza, ariko uwo mugore akavuga ko yatangiye gukubitwa na Drake amusohora ari na ko umugore amufata amashusho.
Joseph (Jo) Mersa Marley, umuririmbyi w’injyana ya Reggae, akaba n’umwuzukuru wa Bob Marley yitabye Imana afite imyaka 31.
Umuhanzi Israel Mbonyi yahaye urubyiruko ubutumwa, mu gitaramo yamurikiyemo Alubumu ze ebyiri, cyujuje inyubako imenyereye gukorerwamo ibikorwa by’imyidagaduro ya ‘BK Arena’.
Imwe mu ndirimbo zikunzwe cyane zo kwizihiza umunsi w’ivuka rya Yezu Kirisitu cyangwa Yesu Kristo, ni iyitwa Mary’s Boy Child yahimbwe n’itsinda ryo mu Budage ryitwaga Boney M ryamamaye cyane mu myaka ya za 1980.
2001-2022, imyaka 21 irashize umuhanzi Niyomugabo Philémon atabarutse aguye mu Buholandi azize impanuka y’imodoka, akagenda asize benshi mu rujijo ku buryo hari n’abaketse ko yaba yarazize akagambane.
Umuhanzi Kode wamamaye ku izina rya Fayçal, yatunguranye mu gitaramo cyatumiwemo aba DJs ‘Soul Nativez’ bafite izina rikomeye muri Afurika
Ubuyobozi bwa MIE bureberera inyungu z’abahanzi Vestine na Dorcas bwatangaje ko Album ya mbere y’abo bahanzi, ‘Nahawe Ijambo’, izamurikwa tariki 24 Ukuboza 2022 muri Camp Kigali.
Umuhanzi ukomoka muri Côte d’Ivoire akaba icyamamare muri Afurika mu njyana ya reggae, Seydou Koné wamenyekanye nka Alpha Blondy, yasohoye indirimbo nshya itaka ubwiza bw’u Rwanda yerekana uburyo Igihugu gikomeje gutera imbere, nyuma y’ibihe bikomeye cyanyuzemo.
Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Bruce Melodie yagaragaje ifoto ari kumwe n’umugore we bamaze kubyarana abana babiri amwizeza kuzabana na we kugeza mu busaza.
Chorale de Kigali yasubiyemo indirimbo ‘Gusakaara’ y’umuhanzi Yvan Buravan biturutse ku cyifuzo yabagejejeho ataritaba Imana.
Mupende Ramadhan uzwi nka Bad Rama mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda, akaba yaranashinze inzu ifasha abahanzi yitwa ‘The Mane Music’, yapfushije se umubyara azize uburwayi yari amaranye iminsi.
Umuhanzikazi n’umubyinnyi w’icyamamare wo muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, Tshala Muana, yashizemo umwuka ku wa Gatandatu tariki 11 Ukoboza ku myaka 64. Urupfu rwe rwabitswe n’umugabo we Claude Mashala, ari na we wari ushinzwe kumutunganyiriza ibihangano bye (producer).
Abahanzi Ben & Chance bateguye igitaramo bise ‘Yesu arakora’, bagendeye ku bitangaza Imana yabakoreye kugira ngo bahumurize imitima y’abihebye.
Alyn Sano umwe mu bakobwa bamaze kubaka izina mu muziki Nyarwanda kugeza ubu, indirimbo yise ’Say less’ aherutse guhurizamo abahanzi Fik Fameica na Sat B, iri mu ziyoboye kuri Radio ya RFI.
Padiri Byusa Eustache wabayeho kuva mu 1910 kugeza mu 1985, usibye kuba Padiri muri Kiliziya Gatolika, yari n’umuhanzi w’umuhanga mu ndirimbo gakondo, urugero nk’iyitwa ‘Umuhororo’ yahimbiye Paruwasi ya Muhoro, na ‘Kamonyi Nziza Murwa w’Abami’ yahimbye agendeye ku ndirimbo y’Ikidage yo mu kinyejana cya 19.
Umuhanzi w’Umunya-Nigeria ukunzwe cyane hano ku Mugabane wa Afurika, Joe Boy, yamaze kugera i Kigali, aho azitabira igitaramo cyiswe ‘Kigali Fiesta Live Concert’.
David Adeleke, uzwi ku izina ry’ubuhanzi nka Davido, we n’umukunzi we Chioma Rowland bwa mbere bongeye kugaragara mu ruhame nyuma gupfusha umwana wabo w’umuhungu w’imyaka itatu.
Nyuma yo gutandukana na Kim Kardashian, icyamamare mu njyana ya rap Kanye West (usigaye yitwa Ye), yategetswe kujya yishyura indezo y’ibihumbi 200 by’amadolari ya Amerika, ariko urukiko rumwemerera kugira uruhare ku mibereho myiza y’abana babyaranye.