Ikipe ya Rayon Sports yari ihagarariye u Rwanda mu gikombe cya CECAFA Kagame Cup cyaberaga muri Sudan, yavuye muri iryo rushanwa itabashije guhembwa, nyuma yo gutsindwa na El Merreikh igitego 1-0 mu mukino wo guhatanira umwanya wa gatatu wabaye ku wa mbere tariki 01/07/2013.
Vital’o FC, ikipe yari ihagarariye u Burundi mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2013 ryaberaga muri Sudan, niyo yegukanye igikombe, nyuma yo gutsinda APR FC ibitego 2-0 ku mukino wa nyuma wabereye mu mujyi wa Elfasher mu ntara ya Darfur.
Amahirwe ya Rayon Sport yo kongera kwegukana igikombe cya CECAFA ku nshuro ya kabiri yarangiye ubwo yatsindwaga na Vital’o yo mu Burundi igitego 1-0 mu mukino wa ½ cy’irangiza wabereye Elfasher muri Soudan ku wa gatandatu tariki 29/06/2013.
Kapiteni wa Kiyovu Sport Eric Serugaba warangije amasezerano yari afitanye n’iyo kipe, ubu arashakishwa cyane na AS Kigali ishaka kumugura, ndetse akaba amaze iminsi akorera imyitozo muri iyo kipe y’umugi wa Kigali.
APR FC yamaze kugera ku mukino wa nyuma w’igikombe cya ‘CECAFA Kagame Cup’ kirimo kubera muri Soudan, nyuma yo gusezerera El Merreikh yo muri Soudan iyitsinze penaliti 3-1 mu mukino wa ½ cy’irangiza wabaye ku wa gatanu tariki ya 28/6/2013.
Rayon Sport yabonye itike yo gukina ½ cy’irangiza mu gikombe cya ‘CECAFA Kagame Cup’, nyuma yo gusezerera Uganda Revenue Authority (URA) yo muri Uganda iyitsinze ibitego 3-2, ikazakina na Vital’o yo mu Burundi muri ½ cy’irangiza, ku wa gatandatu tariki 29/06/2013.
Umukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro cya 2013 wagombaga kuzakinwa ku wa kane tariki 04/07/2013 wimuriwe ku wa gatandatu tariki 06/07/2013, bitewe n’uko APR FC igomba kuzahatanira umwanya wa gatatu muri icyo gikombe, ubu iri muri CECAFA muri Soudan.
APR FC yageze muri ½ cy’irangiza mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup ririmo kubera muri Soudan, nyuma yo gusezererqa Express yo muri Uganda iyitsinze ibitego 2-0.
Rayon Sport yabonye itike yo gukina ¼ cy’irangiza mu gikombe cya CECAFA Kagame Cup ibera muri Soudan nyuma yo kunyagira Ports yo muri Djibouti ibitego 4-1 kuri uyu wa mbere tariki 24/06/2013.
Umunya-Uganda Johnson Bagoole wakinaga hagati mu ikipe ya Rayon Sport, yamaze gusinya amasezerano yo gukinira Sofapaka yo muri Kenya imyaka ibiri, ndetse akaba agomba gutangira kuyikinira mu gihe gito.
Ibikorwa bigaragara mu ngengo y’imari y’umwaka wa 2013-2014 y’uturere twa Kirehe, Ngoma na Bugesera birimo ko utwo turere tuzatanga amafaranga miliyoni 15 zo gushyigikira ikipe y’umupira w’amaguru yitwa Sunrise FC kandi utwo turere natwo dufite amakipe azahangana na Sunrise FC muri shampiyona y’u Rwanda itaha.
APR FC yamaze kubona itike yo gukina umukino wa ¼ cy’irangiza mu irushanwa ‘CECAFA Kagame Cup’ ribera muri Suidan, nyuma yo kunganya na Vital’o igitego 1-1 mu mukino wayo wa nyuma mu itsinda wabaye ku cyumweru tariki 23/06/2012.
APR FC ihagarariye u Rwanda mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup ririmo kubera muri Soudan yamaze kuba iya mbere mu itsinda rya mbere nyuma yo kunganya na El Merreikh igitego 1-1 mu mukino wabaye ku wa gatanu tariki ya 21/6/2013.
APR FC ihagarariye u Rwanda mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup ririmo kubera muri Soudan yamaze kuba iya mbere mu itsinda rya mbere nyuma yo kunganya na El Merreikh igitego 1-1 mu mukino wabaye ku wa gatanu tariki ya 21/6/2013.
Kuri uyu wa kane tariki 20/06/2013, ikipe y’igihugu ya Espagne yanyagiye ikipe y’igihugu ya Tahiti ibitego 10-0 mu mikino y’igikombe mpuzamigabane (FIFA Confederations Cup) kirimo kubera muri Brazil.
Ikipe ya Rayon Sport ihagarariye u Rwanda mu irushanwa CECAFA Kagame Cup ririmo kubera muri Sudani y’Epfo, yabonye inota rimwe mu mukino wayo wa mbere yakinnye na Electric Sports yo muri Chad ku wa kane tariki 20/06/2013.
Umunyamabanga mukuru wa CECAFA, Nicholas Musonye, yagaye cyane ibihugu byakuye amakipe yabyo mu irushanwa ry’igikombe cya ‘CECAFA Kagame Cup’ cy’uyu mwaka, avuga ko babangamiye cyane imigendekere myiza y’irushanwa.
Ikipe ya Musanze FC, mu rwego rwo kwiyubaka yitegura shampiyona itaha, yamaze kugura abakinnyi batatu bashya, ndetse ngo ikaba iri hafi no kongeramo abandi batatu kuko ibiganiro iyo kipe irimo kugirana nabo bigeze kure.
APR FC, imwe mu makipe ahagarariye u Rwanda muri ‘CECAFA Kagame Cup’ y’uyu mwaka, yatsinze Elman yo muri Somalia igitego 1-0 mu mukino wayo wa mbere wabereye mu mujyi wa Kadugl mu ntara ya Darfur muri Soudan kuri uyu wa gatatu tariki 19/06/2013.
Ikipe ya Yanga Africans FC yo mu gihugu cya Tanzaniya yasubije igikombe cya CECAFA cyitiriwe Prezida Kagame yegukanye mu mwaka wa 2011 nyuma yo kwanga kwitabira iri rushanwa kubera impungenge z’umutekano w’i Darfur aho irushanwa ribera.
Ubukangurambaga bunyuze ku bagore mu kurwanya indwara zitandukanye zirimo n’igituntu ngo bushobora kugira akamaro kanini kuko icyo umugore yashizemo imbaraga gishoboka.
Ikipe ya APR FC iherereye mu itsinda rya mbere (A), mu gikombe cya ‘CECAFA Kagame Cup’ izatangira irushanwa ikina na Elman yo muri Somalia ku wa gatatu tariki 19/06/2013. Muri iryo tsinda kandi harimo El Merreikh yo muru Soudani na Vital’o yo mu Burundi.
Kapiteni wa Rayon Sport Hategekimana Aphrodis ‘Kanombe’ na myugariro wayo Usengimana Faustin ntabwo bajyanye n’abandi bakinnyi b’ikipe ya Rayon Sport bagiye guhatanira igikombe cya ‘CECAFA Kagame Cup’ kizabera muri Soudani kuva tariki 18/6/2013, kugeza tariki 02/07/2013.
Amakosa y’abakinnyi b’inyuma n’umunyezamu b’u Rwanda yatumye Algeria ivana intsinzi y’igitego 1-0 i Kigali, mu mukino wo gushaka itike yo kuzajya mu gikombe cy’isi, wabereye kuri Stade Amahoro ku cyumweru tariki 16/06/2013.
Nyuma y’uko ikipe ya Police FC ije ku mwanya wa kabiri wa Shampiyona ya 2012-2013 yabonye umutoza mushya n’ubuyobozi bushya.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda, Nshimiyimana Eric, aratangaza ko kuba azaba adafite Haruna Niyonzima mu mukino uzahuza u Rwanda na Algeria ku cyumweru tariki 16/06/2013, ngo nta cyuho kizagaragara mu Mavubi.
Ikipe ya Rayon Sport, bitunguranye, izitabira imikino ya CECAFA Kagame Cup igomba kubera muri Sudani mu cyumweru gitaha, nyuma y’ubutumire yahawe n’Ubuyobozi bwa CECAFA.
Mu rwego rwo kubaka ikipe ya Rayon Sport, umutoza wayo Didier Gomez Da Rosa, afite gahunda yo gusezerera abakinnyi batandatu batagaragaje umusaruro mwiza muri shampiyona, akagura abandi 10 bazatuma ikipe ikomera kurushaho.
Nyuma y’iminsi 15 Rayon Sport yegukanye igikombe cya shampiyona, yanegukanye n’igikombe cyo kwibuka abari abakunzi b’umupira w’amaguru bazije Jenoside, itsinze La Jeunesse penaliti 3-1 tariki 08/06/2013.
Ikipe y’u Rwanda Amavubi yakuye inota rimwe imbere ya Mali mu mukino wo gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’isi, wabereye i Bamako ku cyumweru tariki 09/06/2013.